UMUTEKANO

Nyarugenge: Akurikiranyweho icyaha cyo kwica Umukunzi we

Nyarugenge: Akurikiranyweho icyaha cyo kwica Umukunzi we

Amakuru, UMUTEKANO
Umusore wari utuye mu Karere ka Nyarugenge, yatawe muri yombi akekwaho kwica ateye icyuma uwo bivugwa ko yari umukunzi we. Mu ijoro ryo ku wa Gatatu nibwo uyu musore yishe umukobwa amuteye icyuma. Bivugwa ko yamwiciye mu muhanda amuherekeje. Uyu mukobwa wishwe yakomokaga mu Karere ka Kayonza akaba yari amaze imyaka isaga itatu akora akazi ko mu rugo mu Mudugudu w’Agatare i Nyamirambo. Umukoresha w’uyu mukobwa yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko abaturanyi bumvise uyu mukobwa ataka avuga ko atewe icyuma n’uwo musore bahagera bagasanga amaze gushiramo umwuka. Ati “Natashye mvuye ku kazi musanga ari guteka mbona ari mu mirimo isanzwe ariko njye nari ndi kumwe n’abana mu nzu ntitwigeze tumenya niba agihari ahubwo twagiye kumva twumva baduhamagaye batubwira ko bamwishe dusohotse
Gatsata: Bahangayikishijwe n’umutekano wabo nyuma y’abagizi ba nabi badutse muri aka gace

Gatsata: Bahangayikishijwe n’umutekano wabo nyuma y’abagizi ba nabi badutse muri aka gace

Amakuru, UMUTEKANO
Abaturage bo mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bahangayikishijwe n’umutekano wabo nyuma y’abagizi ba nabi badutse muri ako gace, bamaze kwica abantu bane barimo babiri batewe ibyuma, mu kwezi kumwe. Muri ibyo bikorwa by’ubugizi bwa nabi, mu minsi ishize  muri uno Murenge bahiciye umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, atewe ibyuma. Abaturage bavuga ko aba bagizi ba nabi bitwikira umwijima ugaragara ku muhanda Gatsata-Karuruma ugana Gatuna, kuko icyo gice kitariho amatara ku muhanda. Bamwe mu baturage bavuze ko muri abo bantu bane baheruka kwicwa, babiri batewe ibyuma naho abandi bigakekwa ko banizwe kuko nta bikomere babasanganye. Umuturage umwe yagize ati “Nta mutekano ubu dufite kuko dusigaye dutinya gutaha nyuma ya saa moya kubera ko ha
Polisi y’U Rwanda yerekanye abajura bibaga mu mujyi wa Kigali bakoresheje ubwenge

Polisi y’U Rwanda yerekanye abajura bibaga mu mujyi wa Kigali bakoresheje ubwenge

Amakuru, UMUTEKANO
Kuri iki Cyumweru polisi y’ u Rwanda yagaragarije itangazamakuru abagabo batatu bakeye bibaga amaduka yo mu mujyi wa Kigali acuruza mudasobwa n’ amatelefone bakoresheje ubwenge polisi ibabwira ko ubwenge bwabo byari kubabera byiza iyo batabukoresha mu bujura. Aba basore batatu umwe yahoze ari umukanishi mu Gatsata, undi yari umukozi wa kampani y’ itumanaho n’ undi bafatanyaga yabaga I Rubavu. Yagize ati “Hari ahantu mu mujyi ku Muhinde no hepfo yaho bacuruza za telefone kwa Innocent, twaragiye turahiba dukurayo imashini 29 ku Muhinde dukurayo n’amafaranga, tujya kwa Innocent dukurayo telefone n’amafaranga miliyoni eshanu na telefone 70.” Uyu musore wahoze ari umukanishi mu Gatsata avuga ko iyo bamaraga kwiba, ibyo bibye babyoherezaga kuri mugenzi wabo ukorera mu Karere ka Ruba
Polisi y’U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afrika mu kugirirwa icyizere

Polisi y’U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afrika mu kugirirwa icyizere

Amakuru, UMUTEKANO
Polisi y’igihugu yashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afurika no ku mwanya wa 13 ku rwego rw’isi mu kunoza akazi kayo no kugirirwa icyizere mu baturage. Urwo rutonde rwakozwe n’Ikigo cya World Economic Forum gisanzwe gisohora intonde zitandukanye zigaragaza uko ibihugu byitwara mu bice bitandukanye birimo iby’ubukungu, politiki n’imibereho myiza y’abaturage. Kuri urwo rutonde rugizwe n’ibihugu 137, nta gihugu cyo muri Afurika kiri mu 10 bya mbere. Kuri uru rutonde kandi ibihugu biyobowe na Finland, muri Afurika u Rwanda ni rwo ruza ku mwanya wa hafi wa 13. Igitangaje ni uko urwo rutonde rugaragaraho ibihugu bibiri bya Afurika gusa, ari byo u Rwanda na Misiri iri ku mwanya wa 50. Polisi y’u Rwanda izamutse ku buryo bwihuse kuri uru rutonde, ni na yo nto muri Afurika kuko im
Kacyiru: Abapolisi kazi bibukijwe ko bashoboye

Kacyiru: Abapolisi kazi bibukijwe ko bashoboye

Amakuru, UMUTEKANO
Abapolisi kazi bibukijwe ko bashoboye kimwe na basaza babo bityo bakwiye  kwirengagiza amateka yakunze kuranga umuryango nyarwanda wahezaga inyuma igitsina gore mu mirimo imwe n’imwe bitwaje ko ari abanyantege nkeya. Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa Kane tariki 23 Kanama mu nama yahuje abashinzwe gukurikirana uko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryubahirizwa muri Polisi y’u Rwanda (Gender Focal persons) Ubwo yatangizaga ku mugaragaro iyi nama y’iminsi ibiri, Umuyobozi w’ishami rishinzwe imicungire y’abakozi muri Polisi y’u Rwanda Assisstant Commission of Police (ACP) Bartelemy Rugwizangoga yasabye abashinzwe gukurikirana uko ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye byubahirizwa muri Polisi y’u Rwanda kujya bamanuka mu mirenge kureba ibibazo  abapolisikazi  bafite kandi bagakorana
Karongi: Umuyobozi w’ishuli yafatanywe umufuka w’urumogi

Karongi: Umuyobozi w’ishuli yafatanywe umufuka w’urumogi

Amakuru, UMUTEKANO
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Karongi kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Kanama 2018 yataye muri yombi umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri rwa Bugarura mu karere ka Rutsiro, ahetse umufuka w’urumogi kuri moto. Uyu mugabo yabwiye itangazamakuru ko atari azi ko ari urumogi ahetse kuko ari umuntu wamuhaye igikapu, ariko atari azi ikirimo. Yagize ati “Nari mvuye ku kazi ngeze i Muramba mpura n’umwarimu dukorana ampa umufuka uri mu gikapu arambwira ngo harimo isambaza ngo ninkimujyanire nkimuhere imodoka igiye i Kigali, ampa na numero ya shoferi. Nuko ngeze aho bita Ku rya Nyirakabano mpahurira n’iyo modoka, irahagarara, nuko havamo umushoferi n’abagabo batatu bahita bamfata.” Gusa Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Innocent Gasasira we avuga ko uyu Muyobozi w’ikigo
Rubavu: Batatu barashwe umwe yitaba Imana

Rubavu: Batatu barashwe umwe yitaba Imana

Amakuru, UBUZIMA, UMUTEKANO
 Umusirikare witwa Private Ngendahimana Jean Damascène, yarasiye mu kabari abantu batatu umwe yitaba Imana aguye mu bitaro bya Gisenyi, mu gihe abandi babiri barimo nyiri akabari bajyanwe mu bitaro bya Ruhengeri. Ahagana Saa tatu z’ijoro ryacyeye mu kabari k’uwitwa Mugwaneza Christine, gaherereye mu mudugudu wa Rurembo, Akagari ka Byahi, Umurenge wa Rubavu ho mu Karere ka Rubavu, umusirikare wari wambaye imyenda isanzwe yarashe Hakizimana Vincent, Benimana Jean Marie Vianney na Nzabahimana Theoneste. Uwitwa Benimana akaba yaguye mu bitaro bya Gisenyi aho babanje guhererwa ubuvuzi bw’ibanze nyuma yo kuraswa, mu gihe abandi boherejwe n’ibi bitaro mu bya Ruhengeri kugira ngo bakomeze kwitabwaho. Nyir’akabari Umugwaneza, yavuze ko uyu musirikare Ngendahimana, yageze muri aka kabar
Kicukiro: Umusore yatabawe na polisi ubwo yari agiye kwiyahura ku mashanyarazi

Kicukiro: Umusore yatabawe na polisi ubwo yari agiye kwiyahura ku mashanyarazi

Amakuru, UMUTEKANO
Umusore w’imyaka 26, wo mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Kamashashi mu Murenge wa Nyarugunga, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu yuriye ipoto y’amashanyarazi ashaka kwiyahura atabarwa na Polisi n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu (REG). Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugunga, Uwamahoro Geneviève, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu musore asanzwe afite uburwayi bwo mu mutwe. Yagize ati ‘‘Arwara igicuri ariko afite n’uburwayi bwo mu mutwe, iyo bwamufashe rero hari igihe yurira ipoto y’amashanyarazi ashaka kwiyahura. Inshuro ebyiri yuriye ipoto y’i Nyamirambo hafi y’aho yabaga mu Kigo cy’imfubyi cyo kwa Gisimba, aho bamuzaniye kuba inaha nabwo amaze kuyurira kabiri, umwaka ushize bwo yaruriye umuriro uramukubita uranamutwika yitura hasi.’’ Yakomeje ati ‘‘Polisi
Ubujura bukoreshejwe ikoranabuhanga bukomeje kwambura benshi

Ubujura bukoreshejwe ikoranabuhanga bukomeje kwambura benshi

Amakuru, UMUTEKANO
Kuri uyu wa mbere ikigo cy’igihugu cy’ubugenza cyaha ( RIB ) cyerekanye umusore wacikirije amashuli y’ikorana buhanga aho akekwaho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane z’abahanzi akaziyitirira kugira ngo abone uko bacuza utwabo, uyu musore yatangaje ko hari benshi mu bahanzi yagiye yambura nyuma yo kwinjira mu mbuga zabo izo akunze kwinjiramo akaba ari ( Facebook, instagram ) . Yakomeje atangariza itangazamakuru ko iyo afite indangamuntu yuwo ashaka kwinjira ku rubuga rwe biramworohera kandi ibyo ashaka kugeraho byose abikora yiyita nyiri urwo rubuga, aha akaba yanadutangarije ko Atari ubwa mbere afatirwa muri iki cyaha ahubwo ari inshuro ya kabiri, gusa ntabwo yambura abanyarwanda kuko abasha no kwambura abanyamahanga nkaho yinjiye kuri Konti y’umunyamabanga w’ishyirahamwe rya Ru
Ikibuga cy’indege cya Kigali cyashyizweho ikoranabuhanga risaka intwaro n’ibiyobyabwenge mu modoka

Ikibuga cy’indege cya Kigali cyashyizweho ikoranabuhanga risaka intwaro n’ibiyobyabwenge mu modoka

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU, UMUTEKANO
Abinjira ku kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, ntibazongera gusabwa gufungura imodoka ngo bakuremo imizigo yabo kugira ngo ibanze isakwe n’imbwa zatojwe gusaka intwaro, ibiyobyabwenge n’ibindi bitemewe, nkuko byari bisanzwe. Ubu buryo wasangaga butwara igihe ntibuzongera gukoreshwa kuko ku muryango winjira ku kibuga hashyizwe icyuma gisaka imodoka (Vehicle Scanner), kitarindiriye ko ibiyirimo bikurwamo. Iki cyuma gifite ubushobozi bwo gusaka vuba kandi mu buryo bwizewe imodoka irimo imizigo hirindwa ko hari iyakwinjirana ibintu bitemewe nk’imbunda n’ibiyobyabwenge. Iri koranabuhanga rya HCVL rya Smiths Detection rimaze icyumweru rikoreshwa, ryitezweho kunoza umutekano, gusaka mu buryo bwizewe ndetse no kugabanya igihe byatwaraga. Bamwe mu bakoresha ikibuga cy’indege cyan