
Ikibazo cy’umutekano mu karere cyitwa u Rwanda – Tshisekedi
Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yabajijwe n’umwe mu bategetsi b’u Rwanda ku kibazo cy'umutekano mucye muri DR Congo utera imbogamizi ku ishoramari maze amusubiza ko ‘ikibazo cy’umutekano mu karere k’ibiyaga bigari kitwa u Rwanda’.
Hari mu nama ngarukamwaka ya World Economic Forum iteraniye i Davos mu Busuwisi, mu kiganiro kibanze ku bikorwa remezo ku bukungu bw'ingufu zitangiza ikirere cyabaye, Perezida Tshisekedi yari umwe mu batumirwa bacyo.
Icyo kiganiro kigana ku musozo, Claire Akamanzi ukuriye ikigo cy’iterambere mu Rwanda yasabye umwanya abaza ikibazo Tshisekedi
Agize ati “Niba koko umutekano ari ikibazo gikomeye kuri wowe, iyo muba mushobora kugikemura nka leta ya DRC cyangwa igisirikare cya DRC mwakabaye mwaragikemuye ubu, ikibazo cyanjye kuri wowe ni kuki m