
Ministiri w’Intebe yagaragarije Inteko ibikorwa bya Guverinoma mu burezi
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente aravuga ko mu rwego rwo gushyigikira uburezi guverinoma y'u Rwanda yafashe umwanzuro wo kongera umubare w'abarimu bashya 580 bigisha mu mashuri y'incuke bakava kuri 32 bari basanzweho.
Asezeranya kandi ko abarimu bagomba guhabwa umushahara wabo hiyongereyeho ibirarane biriho inyongera ya 10% abarwa uhereye mu kwezi kwa 7 uyu mwaka.
Ubwo yari imbere y'Inteko ishinga amategeko imitwe yombi yombi,Minisitiri w'intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye intumwa za rubanda ko muri gahunda yo kwihutisha iterambere NST 1 izageza mu mwaka wa 2024, urwego rw'uburezi rutagomba gusigara inyuma kuko ari rwo shingiro ryo kubaka ubukungu bushingiye ku munyarwanda ufite ubumenyi(knowledge based economy).
Yasabye ababyeyi gushyira imbaraga mu kurwanya imirire m...