UBUREZI

Nyamasheke: Institut Sainte famille ya Nyamasheke igicumbi kindashyikirwa cy’ubumenyi

Nyamasheke: Institut Sainte famille ya Nyamasheke igicumbi kindashyikirwa cy’ubumenyi

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Nubwo ishuri Institut Sainte famille ya Nyamasheke ( Mataba) risanzwe rizwiho kuba mu ya mbere ku rwego rw’igihugu mu mitsindishirize, bigaragazwa n’abahiga baba aba mbere mu gihugu mu bizamini bya Leta, bakanahabwa ibihembo n’abayobozi bakuru b’igihugu,abarirereramo baravuga ko ingamba nshya bafashe zigiye kurihindura mu gihe gito cyane, igicumbi ndashyikirwa cy’ubumenyi. Nubuhoro Pax Agrippine ashyikirizwa ibihembo na madamu Jeannette Kagame ku wa 8.3.20219 nk'umukobwa wa mbere mu gihugu uri Arts. Iri shuri  rirererwamo abana b’abakobwa gusa,ryubatse mu mudugudu wa Kikuyu,akagari ka Ninzi,umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, hazwi nko mu Mataba, ryashinzwe  mu 1952 n’ababikira b’Abapenitente ba Mutagatifu Faransisiko wa Asize. Uwarishinze, nk’uko umunyamak
Rusizi: ES Gishoma rirashimira abarirereramo uruhare bagize mu mitsindire y’umwaka ushize

Rusizi: ES Gishoma rirashimira abarirereramo uruhare bagize mu mitsindire y’umwaka ushize

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye rya Gishoma ,mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi, buvuga ko kuba  abahiga bose, ab’icyiciro rusange n’abarangiza ayisumbuye mu mashami 5 yose y’amasiyansi baratsinze ku kigero cya 100/100,byaratewe n’ubufatanye busesuye bw’abarebwa n’uburezi bose bw’ iri shuri, bugashimira cyane abarirereramo uruhare ntagereranywa babigizemo. Abarerera muri irri shuri bishimiye kwihera ibihembo abana batsinze neza ibizamini bya Leta Aganira n’umunyamakuru wa Rebero.co.rw,nyuma y’inama y’inteko rusange y’ababyeyi no guhemba abana bose batsinze neza,umuyobozi waryo Mwitaba Anaclet,yavuze ko iri shuri riri mu mashuri 2  yigisha amasiyanse gusa muri aka karere,mu bizamini bya Leta bisoza umwaka ushize w’amashuri,abana bose bahiga babikoze batsinze ku kigero cya
Karongi:Begerejwe urugo mbonezamikurire bashira impungenge z’umutekano w’abana babo

Karongi:Begerejwe urugo mbonezamikurire bashira impungenge z’umutekano w’abana babo

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ababyeyi barerera mu rugo mbonezamikurire rw’abana bato muri Musebeya,umurenge wa Gitesi,mu karere ka Karongi, barashimira byimazeyo ubuyobozi bw’aka karere n’itorero Angilikani ry’u Rwanda Diyoseze ya Karongi,urugo mbonezamikurire rw’abana babo rugezweho babubakiye,baruhuka impungenge z’umutekano w’abo bana. Uru rugo mbonezamikurire rw'icyitegererezo ni kimwe mu bigiye gufasha abana ba Musebeye gukurana imbaraga mu bwenge no mu gihagararo. Ni urugo mbonezamikurire ruri ku ishuri ribanza rya Musebeya,rwuzuranye n’icyumba kinini (salle) abaturage basengeramo,igihe batahasengeye abatazi gusoma no kwandika bakahigira,byuzuye bitwaye byombi amanyarwanda akabakaba miliyoni 40 nk’uko byemezwa n’umwepisikopi wa  EAR/Diyoseze ya Karongi,Musenyeri Rukundo Jea Pierre Méthode, uvuga ko ryahate
Mu rugo mbonezamikurire ababyeyi bize gutandukanya indyo y’umwana muto n’iy’umuntu mukuru

Mu rugo mbonezamikurire ababyeyi bize gutandukanya indyo y’umwana muto n’iy’umuntu mukuru

Amakuru, RWANDA, UBUREZI, UBUZIMA
Rusizi: Ababyeyi barerera mu rugo mbonezamikurire rwa Murama,  umurenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi, bavuga ko inyigisho bahawe zatumye bamenya gutandukanya indyo y’umwana muto n’iyu muntu mukuru hakurikijwe ibyo buri wese akeneye,aho bigishijwe ko umwana uri munsi y’amezi atandatu atungwa n’amashereka gusa. Bamwe mu babyeyi bahagarariye amatsinda bigira hamwe uko indyo yuzuye igenewe umwana muto itegurwa  Nkurunziza Emmanuel utuye mu kagari ka Muhehwe, muri uyu murenge, yemeza ko mbere y’inyigisho baherewe mu rugo mbonezamikurire y’abana bato rwa Murama  barereramo atari azi ko ari ngombwa gutandukanya indyo y’umwana muto n’iya bantu bakuru. Ahamya ko mbere yazo, we na bagenzi be biganjemo abagore,batari basobanukiwe ibigomba kuba bigize indyo y’umwana muto,aho it
Nyamasheke: Uwarezwe neza arera neza – Musenyeri  Edouard Sinayobye

Nyamasheke: Uwarezwe neza arera neza – Musenyeri Edouard Sinayobye

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Umushumba wa Diyoseze gatolika ya Cyangugu Musenyeri Edouard Sinayobye yemeza  ko uburere buboneye buhera hasi,uwarezwe neza akaba ari we uba unitezweho kuzarera neza ejo hazaza. Akabiheraho asaba ababyeyi n’abarezi ku mashuri kumva neza iyi ndangagaciro,kugira ngo igihugu gikuze abaturage bafite ubumuntu mu mpande zose. Abaharerera basabwe gukomeza ubufatanye ngo uburezi buhatangirwa bukomeze kwizerwa Ni bimwe mu byo yavugiye muri Collège Saint Martin Hanika,ubwo iri shuri riri mu kagari ka Vugangoma,umurenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke ryizihizaga Yubile y’imyaka 25 rimaze rishinzwe, byanajyane n’ibatizwa n’ikomezwa rya bamwe mu bahiga. Mu kiganiro na Rebero.co.rw,nyuma y’igitambo cya misa yashimiyemo abayobozi ,abarezi n’ababyeyi baharerera imbaraga bakoresha ngo ribe ry
Ikibazo cy’imodoka zitwara abanyeshuri gikomeje kuba ingorabahizi

Ikibazo cy’imodoka zitwara abanyeshuri gikomeje kuba ingorabahizi

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ubwo hasohokaga itangazo rya NESA ryuko abanyeshuri bagomba gusubira ku ishuri hari ababyeyi batabihaye agaciro, ndetse bituma no kugeza kuri uyu munsi abana barimo kubyigana muri Gare ya Nyabugongo ngo babone uko bagera ku ishuri. NESA yatanze iminsi itanu yo gutwara abo banyeshuri basubira kwiga mu gihembwe cya kabiri, uyu munsi bikaba byari biteganijwe ko ku bigo batangira isuzumabumenyi ku masomo bize mu gihembwe cya mbere, ariko kugeza ubu hari bamwe mu bana bakiri muri gare batarajya ku ishuri kubera ibibazo bimwe na bimwe. Umwe mu banyeshuri waganiriye n’itangazamakuru yagarutse ku bibazo bahura nabyo iyo bageze ku ishuri, ndetse biri mu byatumye batinda kujya ku ishuri. Cyane cyane ku kibazo cya minerval bakwa bakigera ku ishuri ku buryo abagenda batayajyanye batemererwa
Ikoranabuhanga rikoreshejwe neza,inzira yo kurwanya  ihohoterwa mu bana.

Ikoranabuhanga rikoreshejwe neza,inzira yo kurwanya ihohoterwa mu bana.

Amakuru, POLITIQUE, UBUREZI
Aime Musoni ari kumwe n’umwana we Atete ubwo yahembwaga n’umushinga SOMA Rwanda hasozwa  ukwezi ko gusoma.  umwana we Atete akaba yahembwe kuko yafashije abandi bana gusoma mu gihe cya Covid-19 Aime Musoni ari kumwe n’umwana we Atete baganira n'itangazamakuru Uyu mubyeri arasobanura akamaro k'ikoranabuhanga mu myigire y'abana ariko akagaragaza impungenge igihe abarezi barangara. Ati “Gukoresha ikoranabuhanga ku bana mu mashuri y’incuke hamwe n’amashuri abanza ni ikintu cy’ingirakamaro, gusa abarezi bagomba kuba hafi y’abana kuko abana bagira amatsiko yo kuba bashobora gushaka kumenya ibindi, bityo rero abarezi batababaye hafi bishobora kubagiraho ingaruka”. Umuyobozi w’ishami rishinzwe ikoranabuhanga muri REB, UWASENGA Sengati Diane, avuga ko leta y'u Rwanda nubwo ishyize imb
Abasenateri basabye ko ikibazo cy’abana bakomeje guta ishuri gihagurukirwa

Abasenateri basabye ko ikibazo cy’abana bakomeje guta ishuri gihagurukirwa

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Abasenateri batangaje ko hakenewe ubufatanye bwa buri wese, mu gukemura ikibazo cy'abana bakomeje guta ishuri, kugira ngo intego y'igihugu yo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi izagerweho. Ku rwunge rw’amashuri rya Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, higa abanyeshuri 4105 bo mu mashuri y’inshuke, abanza ndetse n’ayisumbuye. Itsinda ry’abasenateri bo muri Komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu basuye iki kigo cy’amashuri, hagamijwe kumenya ibikorwa mu gukemura ikibazo cy’abana bata ishuri mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12. Umuyobozi w’iki kigo, Nsengimana Charles avuga ko hari imwe mu myitwarire igaragara kuri bamwe mu bana benda guta ishuri. “Buri cyumba cy’ishuri kiba gifitemo abana hagati y’ 1 na 3 biga tugenda turwaza, none yasibye, ejo yagar
Saint Filippo Smaldone Nyamirambo yatangiye yigisha abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga

Saint Filippo Smaldone Nyamirambo yatangiye yigisha abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA, UBUREZI
Kuri uyu munsi tariki ya 22 Ugushyingo 2022 Inama nkuru y’igihugu v’abantu bafite ubumuga mu Rwanda bari kumwe n’abafatanyabikorwa bayo basuye ikigo cya Saint Filippo Smaldone kugira ngo barebe uburyo batanga uburezi budaheza. Kuri uyu munsi hakaba hanatangijwe icyumweru cyahariwe abafite ubumuga gihugu hose ahazasurwa ibikorwa bitandukanye, bizasozwa hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga mu Rwanda wizihizwa tariki ya 3 Ukuboza buri mwaka. Insanganyamatsiko yatanzwe n’umuryango w’abibumbye ikaba igira iti “Twishakemo ibisubizo bigamije impinduka mu iterambere ridaheza”.Uyu munsi mpuzamahanga ukaba uzizihirizwa mu Karere ka Gicumbi. Umuyobozi wa Saint Filippo Smaldone Soeur Marie Jeanne Uwayisaba yatangiye avuga ko mu kigo cyabo batanga uburezi budaheza bafite ab
Abarimu babaye indashyikirwa mu kazi kabo ndetse no Mu rwego rwo gukoresha neza inguzanyo bakabasha kwiteza imbere

Abarimu babaye indashyikirwa mu kazi kabo ndetse no Mu rwego rwo gukoresha neza inguzanyo bakabasha kwiteza imbere

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'umwarimu hashimiwe abarimu babaye indashyikirwa 10 harimo 5 bitwaye neza mu kazi mu mashuri ya Leta afatanya na Leta ndetse n'ayigenga. Hanashimirwa kandi 5 bakoresheje inguzanyo neza bakiteza imbere. Buri wese yahawe moto nshyashya. Abarimu 5 babaye indashyikirwa ku rwego rw’Igihugu mu mashuri ya Leta afatanya na Leta ndetse n’ayigenga ni: Nshimiyimana Eustache (Nyagatare), Nsiimenta Nafutali (Bugesera), Rebero Valentin (Muhanga), Nsanzumuhire Benjamin(Rubavu), Ndabahariye Jean Aime (Nyarugenge). Mu rwego rwo gukoresha neza inguzanyo bakabasha kwiteza imbere, abarimu 5 babaye indashyikirwa ku rwego rw’Igihugu ni : Uwimbabazi Chantal (Ruhango), Nirere Venerande (Kicukiro), Nzeyimana Thomas (Nyabihu), Habumuremyi Jean Baptiste