
Abiga amashuli y’imyuga barasaba ko umwanya n’imbaraga mu masomo ya Pratique byakongerwa.
Abanyeshure biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro barasaba ko umwanya n’imbaraga zishyirwa mu masomo ya Pratique byakongerwa ndetse bagahabwa n’ibikoresho bihagije. Urwego rw’igihugu rushinzwe tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro (RTB), ruvuga ko Leta y’u Rwanda iri gushyira imbaraga mu gushaka ibikoresho bigezweho kw’isoko ry’umurimo ndetse no guhugura Abarimu.
Abanyeshuri biga mu bigo bitandukanye by’imyuga n’ubumenyingiro basaba ko hashyirwa imbaraga mu bikorwa bya Pratique muri aya mashuli, ibikoresho bikongerwa, ndetse kandi naho biri bigakoreshwa kuko bavuga ko haraho bibanda cyane mu masomo ya Theories.
Umwe muribo waganiriye n’umunyamakuru w’Isango Star, yamubwiye ko “Hari ibigo biba bidafite ibikoresho bihagije, nk’ibivanga beton,…icyakorwa ni ukubyongera mu bigo b