UBUKUNGU

Pangira amafaranga yawe uteganyiriza cyangwa utera urubuto rwejo hawe hazaza

Pangira amafaranga yawe uteganyiriza cyangwa utera urubuto rwejo hawe hazaza

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Isoko ry’imali n’imigabane rifatanije n’abafatanyabikorwa bayo batangije icyumweru cyahariwe kuzirikana uko amafaranga akoreshwa, ndetse no gukangurira urubyiruko uko rugomba gutangira kwizigamira ejo hazaza. Muri iki cyumweru harimo ibikorwa bitandukanye ariko cyane cyane aho bazaba bakangurira urubyiruko uko isoko ry’imali n’imighabane rikora ndetse no kubashishikariza kugura imigabane muri icyo kigo. Emmanuel Niyonzima umuyobozi wa AIESEC Rwanda akaba ari umuryango mpuzamahanga ufasha urubyiruko kwiteza imbere mu buryo bw’imiyoborere ndetse n’amajyambere yaryo, ikaba imaze imyaka 11 ikorana n’isko ry’imali n’imigabane. Agira ati: “Kuba urubyiruko rushonje nta mahoro ruba rufite, bityo ubuyobozi bwacu bukora uko bushoboye kugira ngo ruhangire imirimo urubyiruko, ubu tum
Gatsibo: Abagize Komite ya MAC (Multi Actors Communities) basuye abahinzi bakoresha Push-Pull mu murenge wa Nyagihanga

Gatsibo: Abagize Komite ya MAC (Multi Actors Communities) basuye abahinzi bakoresha Push-Pull mu murenge wa Nyagihanga

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abahinzi bo mu Karere ka Gatsibo umurenge wa Nyagihanga bashima inyungu bavana mu guhinga bakoresheje Push-Pull, kuko ubu byabarinze kwangiza ibidukikije bakoresha umuti wa Rokete kuko hari udusimba yica kandi twari dufite umumaro wo kubangurira ku bihingwa. Nyuma yuko hakozwe urugendo rwo gukangurira abahinzi gukoresha uburyo bwo guhinga bakoresheje Push-Pull irwanya ibyonnyi mu bihingwa by’ibigori, bakoresheje ivubwe n’umuvumburankwavu, ubu abahinzi bakaba bamaze kwiyongera ku buryo bamaze kugera ku 183. Abagize Komite ya MAC (Multi Actors Communities) basuye abahinzi bahinga bakoresha Push-Pull mu murenge wa Nyagihanga-Gatsibo muri site zitandukanye zirimo niza bahinzi bashya binjiye muri iyo Technology. Singirumukiza Thereza utuye mu kagari ka Nyagitabire umudugudu wa Kib
Nyabihu: Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Arusha barishyuza amafaranga yabo

Nyabihu: Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Arusha barishyuza amafaranga yabo

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abagemura amata ku ikusanyirizo rya Arusha riherereye mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu baravuga ko batewe ubukene nuko iri kusanyirizo ryanze kubishyura. Aborozi bo mu murenge wa Bigogwe wo mu karere ka Nyabihu, nabo mu murenge wa Kanama kuruhande rw'akarere ka Rubavu, aba borozi bavuga ko batasibye kugemura amata kuri iri kusanyirizo rya Arusha, gusa bagategereza kwishyurwa amafaranga yayo bagaheba. Umwe yagize ati "twe turi aborozi turayikamira, tugeze izi taliki tutarahembwa dufite abana ku mashuri bari kwiga kandi amata barayajyanye, niba ngomba gutungwa n'urwuri ukwezi kugapfa umucuruzi nafasheho ideni ntamwishyuye ntabwo yakongera kunyizera".    Aba borozi bavuga ko biri kubagiraho ingaruka nyinshi, zirimo kwirukanirwa abana ku mashuri, kubura uko bi...
Abaturage barasabwe gutanga raporo irenze urugero rw’abagenzi imodoka itwara

Abaturage barasabwe gutanga raporo irenze urugero rw’abagenzi imodoka itwara

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Ubwikorezi rusange hirya no hino mu gihugu bikomeje kuba ikibazo gikomeye, aho gutwara abagenzi barenze urugero rw'imodoka ni imwe mu mbogamizi zikomeye nk'uko byavuzwe n'abakoresha ubwikorezi rusange. Nk’uko byatangajwe na Innocent Twahirwa, umuyobozi wa Jali Transport, na Charles Ngarambe, umuyobozi mukuru wa Service ya Bus ya Kigali, ngo bisi zagenewe gutwara abagenzi 70, 40 bicaye na 30 bahagaze, ndetse n’umushoferi. Ariko, abashoferi ntibabyubahiriza kuko barenze umubare w'abagenzi bafite ubwishingizi. Abagenzi bahagaze muri bisi birashoboka cyane ko baremerewe, hamwe na bisi nyinshi zirenza 30. Umwe mu bagenzi, yagize ati: “Ubusanzwe nkoresha imodoka rusange, ariko, ku bwanjye numva bitameze neza igihe cyose bisi irenze. Tuvuye mu rugo dufite isuku ariko iyo dufashe bis
Umushinga Hinga wunguke uzibanda ku bihingwa byongera umusaruro ku muturage ni mirire myiza

Umushinga Hinga wunguke uzibanda ku bihingwa byongera umusaruro ku muturage ni mirire myiza

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Uyu mushinga Hinga wunguke watewe inkunga na USAID Rwanda, uyu mushinga ukaba uzakorana na minisiteri y’ubuhinzi binyuze mu kigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB). Hinga wunguke yatangiye imirimo yayo tariki ya 16 Mutarama 2023, ikaba izamara imyaka itanu ikorera mu turere 13, ariko abakozi izakoresha bakazaba bakorera ku ntara bivuze ko ari intara zose ukuyemo umujyi wa Kigali. Umuyobozi ushinzwe amasoko muri Hinga Wunguke, Esperance Mukarugwiza, yavuze ko umushinga wifuza gukorana n’abagize uruhare mu nzego z’ubuhinzi, kuva ku musaruro ku rwego rw’imirima kugeza ku baguzi kugira ngo ibicuruzwa biva mu buhinzi bikorwe neza, bishingiye ku isoko. Agira ati: “Turimo kureba uburyo ubuhinzi bushobora kugira akamaro, uburyo abaguzi b’ubuhinzi bashobora gukorana neza n’abahinzi k
Gatsibo: Members of the MAC Committee (Multi Actors Communities) visited farmers who use Push-Pull in the Nyagihanga Sector

Gatsibo: Members of the MAC Committee (Multi Actors Communities) visited farmers who use Push-Pull in the Nyagihanga Sector

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Farmers in Gatsibo District, Nyagihanga sector are appreciating the benefits of Push-Pull farming, because now they have avoided damaging the environment by using Rocket because there are deadly bugs and we had the benefit of getting rid of them on the crops. After a campaign to sensitize farmers to use the Push-Pull farming method against insects in maize crops, using a Bracharia and a Desmodium, the number of farmers has now increased to 183. Members of the MAC Committee after the Meeting (Multi Actors Communities) visited farmers who are using Push-Pull in the Nyagihanga sector in different sites including new farmers who have joined the Technology. Singirumukiza Therese, who lives in Nyagitabire cell, Kibatsi village, says that since they started working with this farming...
Abatwara imodoka za Tax voiture muri Musanze babuze aho guparika

Abatwara imodoka za Tax voiture muri Musanze babuze aho guparika

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abakora umurimo wo gutwara abantu mu modoka ntoya zizwi nka Tax Voiture, baravuga ko babuze iyo berekeza nyuma yuko aho baziparikaga hose hashyizwe iminyururu bitewe nuko hari kubakwa amagorofa. Aba batwara imodoka za Tax voiture bo mu mujyi wa Musanze w’akarere ka Musanze, bavuga ko nyuma y'icyemezo cyuko amazu yose atageretse yo muri uyu mujyi asenywa hakubakwa amagorofa, nabo aribwo batangiye uru rugendo rwo kubura aho baparika imodoka zabo bakoresha, ngo dore ko aho baziparitse uyu munsi ejo basanga hazitiwe, ahari hasigaye imbere y’isoko rinini ryo muri aka karere rya Goico Plazza aha naho bwakeye hakikijwe iminyururu n’abasekirite batabemerere kuzihageza. Aba bashoferi bavuga ko aha birukanywe ari ahacyenda muri uyu mujyi ibinashimangirwa n’ubuyobozi bwa koperative yabo.
Abaguzi n’abacuruzi ntibavuga rumwe ku buziranenge bw’iminzani ikoreshwa mu bucuruzi

Abaguzi n’abacuruzi ntibavuga rumwe ku buziranenge bw’iminzani ikoreshwa mu bucuruzi

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abaguzi n’abacuruzi bakoresha umunzani mu kugurirana baritana ba mwana ku buziranenge bwayo bitewe nuko ikomeje gutandukana. Abaguzi bavuga ko hari iminzani batizera, mugihe abacuruzi bo bemeza ko nta munzani wiba ubaho ahubwo hiba uwukoresha. Ubuyobozi bw’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuziranenge, RSB, busaba abaguzi kujya bizera gusa umunzani wagenzuwe ugashyirwaho ikirango. Naho iyindi yose si iyo kwizerwa. Abajya guhaha bifashishije iminzani bigendanye n’ibiro bakeneye, usanga rimwe na rimwe baharira n’abacuruzi bapfa kubaha ibiro bituzuye, bitewe n’uko umunzani uregeye cyangwa se kuba waba utizewe imikorere yawo. Urugero ni abaguzi bo mu mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bavuga ko iminzani yose itizerwa kimwe. Umwe yabwiye Isango Star ko “uriya munzani waje wa Org
Avoka mu mushinga “Avoka Iwawe” Byiringiro Jean Elysee agannye iy’ubuhinzi

Avoka mu mushinga “Avoka Iwawe” Byiringiro Jean Elysee agannye iy’ubuhinzi

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA, UBUKUNGU
Avoka Iwawe, ni umushinga uri gushakirwa abaterankunga, witezweho kugabanya igiciro cyayo, kurwanya igwingira na kanseri  n’indwara y’umutima mu Rwanda. Umushinga Avoka Iwawe, ni umushinga uje kunganira Leta gukemura ikibazo cy’ihenda rya Avoka ku isoko, kurwanya igwingira ry’abana, kurwanya indwara zitandura no guha ifaranga kuwemeye kuyitererwa iwe mu rugo. Byiringiro Jean Elysee usanzwe ari umunyamakuru hano mu Rwanda wakoze uyu mushinga wa  Avoka  Iwawe, avuga ko yahisemo kubera  ihenda rya avoka ku isoko,guhangana n’igwingira ry’abana batabona imbuto zihagije, kurwana n’indwara zitandura zibasiye abakuru n’abakuze no kongerera agaciro igihingwa cya Avoka. Yagize ati “ Ubu Avoka irahenze kubera ko iri kurwanirwa na benshi ku isoko kandi ntaho iri kuva, byag
Umushinga Hinga wunguke ugiye kwagurira isoko abahinzi bo mu turere 13

Umushinga Hinga wunguke ugiye kwagurira isoko abahinzi bo mu turere 13

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Umushinga Hinga Wunguke ufite ibikorwa bizamara imyaka itanu (2023 - 2028) uyu mushinga ukaba waratangiye mu Rwanda mu kwezi kwa Mutarama 2023, ni gahunda yatewe inkunga na USAID Rwanda. Porogaramu ikoresha uburyo bwo guteza imbere sisitemu (MSD) uburyo bwo gushimangira uruhare rw’abikorera binyuze mu bufatanye mu kongera umusaruro w’ubuhinzi n’umusaruro w’abahinzi, no kuzamura imikoreshereze y’ubuhinzi bufite intungamubiri. Hinga Wunguke izibanda ku bikorwa byayo (Kugaburira ahazaza h’ingaruka) mu turere 13, aribyo: Bugesera, Burera, Gakenke, Gatsibo, Karongi, Kayonza, Ngoma, Nyabihu, Nyamagabe, Nyamasheke, Ngororero, Rubavu, na Rutsiro. Umuyobozi wa Hinga wunguke mu Rwanda Daniel Gies, yagize ati:"Twishimiye cyane gukorana n'abahinzi bo mu Rwanda ndetse n'abandi bakora k