RWANDA

Abadepite bo mu Rwanda barasaba ikiruhuko cy’ukwezi kumwe

Abadepite bo mu Rwanda barasaba ikiruhuko cy’ukwezi kumwe

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Bamwe mu badepite basabye ko ikiruhuko cyo kubyara cyakongerwa kuva ku minsi ine iriho ku mugabo ikongerwa kugeza ku minsi 30, hagamijwe gutuma se yita kuri nyina bihagije ndetse no k'umwana wavutse. Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 21 Werurwe, abadepite batanze iki cyifuzo, ubwo komite y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe imibereho myiza y’abaturage yatangiraga gusuzuma umushinga w’itegeko ushaka guhindura itegeko rya 2018 rigenga umurimo mu Rwanda. Nubwo bimeze bityo, abakoresha bamwe batanga ikiruhuko cy'iminsi ine hamwe n'umwana mushya k'umukozi w'umugabo. Muri gahunda isanzweho yemewe n'amategeko umukozi w'umugore afite uburenganzira bw'ibyumweru 12 bikurikiranye cyangwa amezi atatu yikiruhuko cyo kubyara ahembwa (harimo ibyumweru bibiri mbere yo kubyara). Kuba ba se baku
Pangira amafaranga yawe uteganyiriza cyangwa utera urubuto rwejo hawe hazaza

Pangira amafaranga yawe uteganyiriza cyangwa utera urubuto rwejo hawe hazaza

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Isoko ry’imali n’imigabane rifatanije n’abafatanyabikorwa bayo batangije icyumweru cyahariwe kuzirikana uko amafaranga akoreshwa, ndetse no gukangurira urubyiruko uko rugomba gutangira kwizigamira ejo hazaza. Muri iki cyumweru harimo ibikorwa bitandukanye ariko cyane cyane aho bazaba bakangurira urubyiruko uko isoko ry’imali n’imighabane rikora ndetse no kubashishikariza kugura imigabane muri icyo kigo. Emmanuel Niyonzima umuyobozi wa AIESEC Rwanda akaba ari umuryango mpuzamahanga ufasha urubyiruko kwiteza imbere mu buryo bw’imiyoborere ndetse n’amajyambere yaryo, ikaba imaze imyaka 11 ikorana n’isko ry’imali n’imigabane. Agira ati: “Kuba urubyiruko rushonje nta mahoro ruba rufite, bityo ubuyobozi bwacu bukora uko bushoboye kugira ngo ruhangire imirimo urubyiruko, ubu tum
Umunsi wa mbere w’irushanwa rya Dafabet RCA T10 Men’s Tournament 2023

Umunsi wa mbere w’irushanwa rya Dafabet RCA T10 Men’s Tournament 2023

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Kuva kuri uyu wa gatandatu tariki ya 18 Werurwe 2023, Ishyirahamwe ry'umukino wa cricket mu Rwanda (RCA), Ku bufatanye na Dafabet ,Hatangijwe irushanwa ryiswe Dafabet RCA T10 Men's Tournament 2023. Iyi mikino ikaba yatangiye hakinwa imikino itatu,aho CHALLENGERS CC yakinnye na RIGHT GUARD CC kuva kwi saa 09:00, Muri uyu mukino RIGHT GUARD CC niyo yatsinze toss,(Guhitamo kubanza gutera udupira Bowling,cyangwa gutangira bakubita udupira Batting,maze bahitamo gutangira batera udupira(Bowling). Challengers CC yatangiye ikubita udupira ibizwi nka Batting ikaba yashyizeho amanota 75,mudupira 60 tungana na overs 10 bakinnye,Right guard ikaba yasohoye umukinnyi 1 wa Challengers (1 wicket). Right guard CC ntiyigeze ibasha gukuraho ikinyuranyo cyari cyashyizweho na Challengers, kuk...
Mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 30 na 180

Mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 30 na 180

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Werurwe 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 31), ingano y’imvura iteganyijwe izaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu gihugu (ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri iki gice kiri hagati ya milimetero 30 na 100). Imvura iteganyijwe izaba irimo inkuba, ikazaturuka ku miyaga ituruka mu burasirazuba bwa Afurika igana mu karere u Rwanda ruherereyemo. Iyi miyaga idasanzwe imara igihe gito (hagati y’icyumweru n’ibyumweru bibiri) izana ibicu biremereye bitanga imvura nyinshi (iruta isanzwe igwa) n’igabanuka ry’ubushyuhe. Iminsi iteganyijwemo imvura izaba iri hagati y’iminsi ine (4) n’iminsi umunani (8) henshi mu gihugu.Bityo bakaba basaba abaturage kuzirika inzu ndetse no gusibura inzira zitwara amazi kugir
Gatsibo: Abagize Komite ya MAC (Multi Actors Communities) basuye abahinzi bakoresha Push-Pull mu murenge wa Nyagihanga

Gatsibo: Abagize Komite ya MAC (Multi Actors Communities) basuye abahinzi bakoresha Push-Pull mu murenge wa Nyagihanga

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abahinzi bo mu Karere ka Gatsibo umurenge wa Nyagihanga bashima inyungu bavana mu guhinga bakoresheje Push-Pull, kuko ubu byabarinze kwangiza ibidukikije bakoresha umuti wa Rokete kuko hari udusimba yica kandi twari dufite umumaro wo kubangurira ku bihingwa. Nyuma yuko hakozwe urugendo rwo gukangurira abahinzi gukoresha uburyo bwo guhinga bakoresheje Push-Pull irwanya ibyonnyi mu bihingwa by’ibigori, bakoresheje ivubwe n’umuvumburankwavu, ubu abahinzi bakaba bamaze kwiyongera ku buryo bamaze kugera ku 183. Abagize Komite ya MAC (Multi Actors Communities) basuye abahinzi bahinga bakoresha Push-Pull mu murenge wa Nyagihanga-Gatsibo muri site zitandukanye zirimo niza bahinzi bashya binjiye muri iyo Technology. Singirumukiza Thereza utuye mu kagari ka Nyagitabire umudugudu wa Kib
RBC ivuga ko Tripanosoma itera indwara y’umusinziro ntikiba mu Rwanda

RBC ivuga ko Tripanosoma itera indwara y’umusinziro ntikiba mu Rwanda

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Ikigo cy'igihugu cy'ubuzima mu Rwanda (RBC ) kivuga indwara y'umusinziro yacitse burundu mu gihugu nyuma y'uko mu 2020, rwahawe icyemezo cy'uko iyo ndwara yacitse burundu mu gihugu. Ni mu gihe mu Rwanda nta gakoko ka Tripanosoma kakigaragara mu isazi ya Tsetse, yarumaga abantu ikabanduza indwara y'umusinziro. Indwara y'umusinziro mu myaka yatambutse kugeza mu 2016, yatwaye ubuzima bw'abantu mu ntara y'Iburasirazuba by'umwihariko mu karere ka Kayonza ahegereye pariki y'Akagera ndetse no mu karere ka Bugesera ahantu hari hacumbikiye isazi ya Tsetse yarumaga abantu bagahita bandura indwara y'umusinziro,abatabonye ubuvuzi byihuse ikabahitana. Aba baturage bo mu kagari ka Buhabwa umurenge wa Murundi mu karere ka Kayonza, barasabonura uko uwafatwaga n'iyo ndwara yabaga ameze. Umwe ...
Nyabihu: Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Arusha barishyuza amafaranga yabo

Nyabihu: Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Arusha barishyuza amafaranga yabo

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abagemura amata ku ikusanyirizo rya Arusha riherereye mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu baravuga ko batewe ubukene nuko iri kusanyirizo ryanze kubishyura. Aborozi bo mu murenge wa Bigogwe wo mu karere ka Nyabihu, nabo mu murenge wa Kanama kuruhande rw'akarere ka Rubavu, aba borozi bavuga ko batasibye kugemura amata kuri iri kusanyirizo rya Arusha, gusa bagategereza kwishyurwa amafaranga yayo bagaheba. Umwe yagize ati "twe turi aborozi turayikamira, tugeze izi taliki tutarahembwa dufite abana ku mashuri bari kwiga kandi amata barayajyanye, niba ngomba gutungwa n'urwuri ukwezi kugapfa umucuruzi nafasheho ideni ntamwishyuye ntabwo yakongera kunyizera".    Aba borozi bavuga ko biri kubagiraho ingaruka nyinshi, zirimo kwirukanirwa abana ku mashuri, kubura uko bi...
Abaturage barasabwe gutanga raporo irenze urugero rw’abagenzi imodoka itwara

Abaturage barasabwe gutanga raporo irenze urugero rw’abagenzi imodoka itwara

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Ubwikorezi rusange hirya no hino mu gihugu bikomeje kuba ikibazo gikomeye, aho gutwara abagenzi barenze urugero rw'imodoka ni imwe mu mbogamizi zikomeye nk'uko byavuzwe n'abakoresha ubwikorezi rusange. Nk’uko byatangajwe na Innocent Twahirwa, umuyobozi wa Jali Transport, na Charles Ngarambe, umuyobozi mukuru wa Service ya Bus ya Kigali, ngo bisi zagenewe gutwara abagenzi 70, 40 bicaye na 30 bahagaze, ndetse n’umushoferi. Ariko, abashoferi ntibabyubahiriza kuko barenze umubare w'abagenzi bafite ubwishingizi. Abagenzi bahagaze muri bisi birashoboka cyane ko baremerewe, hamwe na bisi nyinshi zirenza 30. Umwe mu bagenzi, yagize ati: “Ubusanzwe nkoresha imodoka rusange, ariko, ku bwanjye numva bitameze neza igihe cyose bisi irenze. Tuvuye mu rugo dufite isuku ariko iyo dufashe bis
Kagame, yaganiriye ku bufatanye n’abimukira n’Umunyamabanga mukuru w’Ubwongereza

Kagame, yaganiriye ku bufatanye n’abimukira n’Umunyamabanga mukuru w’Ubwongereza

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Kuri iki cyumweru, tariki ya 19 Werurwe, Perezida Paul Kagame, yakiriye umunyamabanga w’imbere mu Bwongereza Suella Braverman kugira ngo baganire ku bijyanye n’ubufatanye bw’abimukira mu Bwongereza n’u Rwanda, amasezerano ashaka gutanga igisubizo ku kibazo cy’abimukira. Ku cyumweru, tariki ya 19 Werurwe, Perezida Paul Kagame yabonanye n’umunyamabanga w’imbere mu Bwongereza Suella Braverman Muri Village Urugwiro ( Ifoto ya Village Urugwiro) Mu masezerano yashyizweho umukono muri Mata 2022, abimukira batemewe bakoresha ubwato buto binjira mu Bwongereza binyuze mu muyoboro utari muto bazimurirwa mu Rwanda kugira ngo batunganyirizwe cyangwa bimurwe. Ku cyumweru, Braverman yatangije umushinga w’imiturire ingana na miliyari 60 z'amafaranga y'u Rwanda azareba amazu agera ku 1.500 yubats
Umushinga Hinga wunguke uzibanda ku bihingwa byongera umusaruro ku muturage ni mirire myiza

Umushinga Hinga wunguke uzibanda ku bihingwa byongera umusaruro ku muturage ni mirire myiza

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Uyu mushinga Hinga wunguke watewe inkunga na USAID Rwanda, uyu mushinga ukaba uzakorana na minisiteri y’ubuhinzi binyuze mu kigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB). Hinga wunguke yatangiye imirimo yayo tariki ya 16 Mutarama 2023, ikaba izamara imyaka itanu ikorera mu turere 13, ariko abakozi izakoresha bakazaba bakorera ku ntara bivuze ko ari intara zose ukuyemo umujyi wa Kigali. Umuyobozi ushinzwe amasoko muri Hinga Wunguke, Esperance Mukarugwiza, yavuze ko umushinga wifuza gukorana n’abagize uruhare mu nzego z’ubuhinzi, kuva ku musaruro ku rwego rw’imirima kugeza ku baguzi kugira ngo ibicuruzwa biva mu buhinzi bikorwe neza, bishingiye ku isoko. Agira ati: “Turimo kureba uburyo ubuhinzi bushobora kugira akamaro, uburyo abaguzi b’ubuhinzi bashobora gukorana neza n’abahinzi k