
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi wasabye Ukraine kongera ingufu mu guhangana na ruswa
Perezida wa Komisiyo y’Uburayi, Ursula von der Leyen, yahamagariye Ukraine kwihutisha amavugurura mu kurwanya ruswa, yizeza ko iki gihugu kuzashyigikirwa na bigenzi bacyo binyamuryango mu nzira nzira ndende igana mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi.
von der Leyen yashimye ivugurura rimaze gukorwa ndetse n’inzego zashyizweho kugira ngo hashyirweho uburyo bwo kurwanya ruswa. Ibi yabigarutseho kur’uyu wa gatanu ku ya 1 Nyakanga(7) 2022, mu kiganiro yahaye abadepite bo muri Ukraine.
Yavuze ko”Ariko ntimwibagirwqe ko ibigo bikeneye uburyo bwo gukora ndetse n’abantu bakwiriye kuba mu nshingano zabo.”
Yongeyeho ko “Birakwiye ko umuyobozi mushya w’ubushinjacyaha azobereye mu kurwanya ruswa ndetse n’umuyobozi mushya w’ikigo cy’igihugu cya Ukraine gishinzwe kurwanya ruswa a