Amakuru

Zimwe Mu Mbuto Zagufasha Kugabanya Ibiro Mu Buryo Bworoshye

Zimwe Mu Mbuto Zagufasha Kugabanya Ibiro Mu Buryo Bworoshye

Amakuru, UBUZIMA
Nubwo rimwe na rimwe kubera isukari iboneka mu mbuto ishobora kubangamira urugendo rwawe mu gihe wifuza kugabanya ibiro, hari zimwe na zimwe zibonekamo intungamubiri nziza ku buzima bwawe ndetse na calories nke cyane zagufasha kugabanya ibiro mu buryo bworoshye.  Zigufasha kumva uhaze igihe kirekire, bityo bikakurinda kurya cyane no kwiyongera ibiro utifuza.Ese waba uzi imbuto zingenzi zishobora kugufasha gutakaza ibiro mu buryo bworoshye utarinze kwiyicisha inzara? Izi mbuto nizo zagufasha kugabanya ibiro k’uburyo bugaragara, utiriwe wiyicisha inzara: Pome/Apple: Niba wifuza kugabanya ibiro, pome ishobora kugufasha kubigabanya mu buryo bwihuse.Pome ibonekamo calorie nke (iringaniye ibonekamo nka calories 50) kandi nta binure cg umunyu ubonekamo.Pome zibamo amazi menshi
Abahinzi b’ibirayi bijejwe ko batazongera kugura imbuto hanze y’u Rwanda

Abahinzi b’ibirayi bijejwe ko batazongera kugura imbuto hanze y’u Rwanda

Amakuru, RWANDA
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi, RAB, cyijeje abahinzi b’ibirayi ko kigiye kuborohereza kubona imbuto nziza kandi mu buryo bubegereye, ku buryo batazongera kuyikura mu bihugu byo hanze nk’uko byajyaga bigenda rimwe na rimwe. Kuri uyu wa 01 Kanama 2018 RAB yagaragaje ubushakashatsi yakoze mu gutubura imbuto 21, zirindwi muri zo zikaba zaratanze icyizere cy’umusaruro mwiza kandi mwinshi, ku buryo iteganya ko izi mbuto nizimara kwemezwa zizatangira guhingwa muri Nzeri 2018. Umwe mu bahinzi bageragereje izi mbuto ku butaka bwe mu Karere ka Musanze, Hakizimana Thomas, yemeza ko umusaruro wavuyemo ari igisubizo ku iterambere ry’ubuhinzi bw’ibirayi. Yagize ati “Izi mbuto RAB yatangiye kuzigeragereza kuri ubu butaka mu mpera za Werurwe, murabona ko nasaruye ibirayi byiza kandi byi
Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi yagereranyije abanywa ibiyobyabwenge n’ingarani

Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi yagereranyije abanywa ibiyobyabwenge n’ingarani

Amakuru, RWANDA
   Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yemeza ko umuntu unywa ibiyobyabwenge aba yabaye ingarani (poubelle) ababicuruza babijugunyamo, hanyuma bo bakiyungukira amafaranga. Yabivugiye mu gikorwa cyo kwamagana no kurwanya ibiyobyabwenge cyabereye mu Karere ka Gasabo, kikaba cyahuje ahanini urubyiruko rwiganjemo abanyeshuri, bahawe ubutumwa bunyuranye bwatanzwe n’abayobozi batandukanye, kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2018. Minisitiri Mbabazi yasabye urwo rubyiruko kutanywa ndetse no kutagerageza kunywa ibiyobyabwenge kuko ari umwanda rwishyiramo. Yagize ati “Rubyiruko ntimukemere kuba poubelle ishyirwamo imyanda, iyo wemeye kunywa ibiyobyabwenge uba wabaye poubelle abacuruzi babyo babijugunyamo, ni imyanda kuko nta cyiza kibirimo. Ahubwo birakuyobya ugata is
Huye:  Ahazwi nko mu Cyarabu hagiye kuvugururwa

Huye:  Ahazwi nko mu Cyarabu hagiye kuvugururwa

Amakuru, RWANDA
Nyuma y’igihe kirenga imyaka ine Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bufunze inzu ziri mu Mujyi wa Huye ahazwi nko mu Cyarabu, bugasaba ba nyira zo kubaka amagorofa ajyanye n’igihe ariko ntibikorwe, kuri ubu bwamaze guha abanya-Oman ibyangombwa bitanu byo kuhubaka inzu z’ubucuruzi.  Mu 2014 nibwo ubuyobozi bw’akarere bwafunze inyubako z’ahazwi nko mu Cyarabu, ba nyirazo bakomoka muri Oman basabwa kuvugurura bakubaka izijyanye n’igihe kuko izo zari zishaje cyane. Iki cyemezo gisa n’icyitaratanze umusaruro kuko zimwe mu nzu zafunzwe aho kubakwa bijyanye n’igihe zateje isura mbi Umujyi wa Huye, ku buryo abakunda kuwutemberamo bavuga ko zabaye ibihuru izindi zihindurwa ubwiherero. Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko kuvugurura uyu mujyi biri mu bibahangayikishije kuko a
Menya ibintu wagize akamenyero kandi bishobora kwangiza umutima wawe

Menya ibintu wagize akamenyero kandi bishobora kwangiza umutima wawe

Amakuru, UBUZIMA
Burya kubungabunga umutima ni kimwe mu bintu by’ingenzi bifasha kugira ubuzima bwiza kubera ko hagize ikintu kiba ku mutima ubuzima bwose burahungabana bityo umuntu akaba yanapfa bitewe n’uko zimwe mu ndwara zibasira umutima ziri ku isonga mu zica abantu ku bwinshi. Zimwe muri izo ndwara zifata umutima rero ahanini ziterwa na bimwe mu byo abantu bakunda kugira akamenyero. Mu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu mwaka wa 2010 mu Bwongereza bwagaragaje ko kunywa itabi, kurya imbuto n’imboga nke, kudakora imyitozo, gufata ibiyobyabwenge biri mu bishobora gutuma umutima ugubwa nabi. Bimwe mu bindi bishobora gutuma umutima ugira ibibazo bikomeye abahanga bakomeza bagaragaza birimo: Kurya ibiryo byo mu nganda: biscuits, za saucisses (sosiso), amafiriti yo mu nganda, imigati, ibinyobwa b
Mu karere ka Ngororero hakenewe asaga miliyali ebyiri ngo abasenyewe n’ibiza bubakirwe

Mu karere ka Ngororero hakenewe asaga miliyali ebyiri ngo abasenyewe n’ibiza bubakirwe

Amakuru
  Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bukeneye hejuru ya Miliyali ebyiri z’amafaranga y’u rwanda kugira ngo hubakwe amazu hafi 800 yangijwe n’ibiza.   Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Godefroid Ndayambaje avuga ko n’ubwo Leta yatanze inkunga yo kubakira abaturage bangirijwe n’ibiza, hari na bamwe batangiye kwitanga ngo aya mazu aboneke, ariko hagikenewe imbaraga za buri wese ubishoboye kugira ngo nibura iyi mpeshyi izarangire abasenyewe bamaze kubona aho kuba. Agira ati “Hakenewe amafaranga saga Miliyali ebyiri, turi gufatanya n’inzego zitandukanye no turebe ko aya mazu azaba yuzuye mbere y’uko imvura yongera kugwa, kandi hari icyizere dufatanyije.’’ Abafatanya bikorwa b’Akarere ka Ngororero ku ikubitiro abagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye k'um
Abarwanyi 10 ba Al Shabaab batahutse bataka ubukene n’inzara

Abarwanyi 10 ba Al Shabaab batahutse bataka ubukene n’inzara

Amakuru, MU MAHANGA
  Abarwanyi 10 b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab, bishyikirije abasirikare ba Kenya (KDF), bari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, bavuga ko bari babayeho ubuzima bubi ndetse bafatwa nabi. Umwe mu batahutse witwa Omar Said Omar, ukomoka mu gace ka Lamu gaherereye mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru ya Mombasa, yabwiye inzego z’umutekano ko bari babayeho mu buzima bugoye, bafashwe nabi ndetse ntibanahembwe. Yagize ati “Ubuzima bw’ubukene twari tubayemo nibwo bwatumye mfata icyemezo  cyo guhunga ariko ubwo nabagamo ntaho bitaniye.” Akomeza avuga ko yari yarahisemo kujya muri uriya mutwe w’iterabwoba ajyanywe na nyirarumwe wahoze ari umwarimu ku ishuri rya Kisilamu rya Madarassa, riherereye mu gace kazwi nka Hindi ariko igihe kikaba kigeze ngo asubire mu gihugu cyamubyaye.
Abaturage batuye munsi ya APACOPE baratakamba

Abaturage batuye munsi ya APACOPE baratakamba

Amakuru, RWANDA
Nyuma yaho hatangiye gutegurwa umuhanda uva Yamaha werekeza mu mujyi unyuze kuri RIAM ugatunguka munsi ya Gare yo mu mujyi aho hari mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka abatuye aho uwo muhanda urimo gukorwa baratakamba ngo WASAC itangire ibibuke kuko ayo mezi yose ashize kubona amazi ni ikibazo kubahasigaye batimutse abo umuhanda utagonze. Nkuko abaturage baganiriye na Rebero.co.rw badutangarije ko ubu aho basigaye bavoma kubera ko batemerewe kuvomesha byatumye amafaranga bishyuraga mu kwezi yikuba nk’ icumi kuko fagitire ye yiyongereye, bigatuma abo bafashaga bagenzi babo ngo batabura amazi bagiye kubihagarika kuko bishyuzwa menshi ndetse kuyabona nabo bikaba byatuma bajyamo umwenda batateganyaga. Ubundi iyo ubona ibikorwa by’umuhanda bisa nkaho birimo kurangira kuko ubu ikig
Ubumuga butumye agira imyaka hafi 20 nta ndangamuntu agira.

Ubumuga butumye agira imyaka hafi 20 nta ndangamuntu agira.

Amakuru, UBUZIMA
Mu gihe gutunga indangamuntu ari uburenganzira bw’ibanze buri muntu wese akenera iyo agwije imyaka, umwana w’umukobwa witwa Bamporiki Jeannette agize imyaka  ikabakaba  20 nta ndangamuntu arafata kubera ikibazo cy’ubumuga bw’ingingo yavukanye butuma agendera mu kagare. Mama w’uyu mwana Mukamazimpaka Silivaniya utuye mu mudugudu wa Kunini, akagari ka Cyarusera, umurenge wa Mushubati , akarere ka Rutsiro ho mu ntara y’uburengerazuba avuga ko kuba Bamporiki Jeannette agejeje iki gihe cyose atarafata indangamuntu ari uko ngo rimwe ubwo yatekereje kujya kumufotoza ngo uwari kumusunika mu kagare yarwaye ubundi akarekera iyo. Yongeraho ko uretse kubaho atagira indangamuntu ataritabira amatora na rimwe mu gihe afite imyaka yo gutora. Umukozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’abafite ubumuga mu karere
Ethiopian Airlines yakoze urugendo rw’amateka muri Eritrea.

Ethiopian Airlines yakoze urugendo rw’amateka muri Eritrea.

Amakuru, MU MAHANGA
Ururabo rwa Rosa hamwe na Champanye nibimwe mu byatanzwe ku mugenzi wakoze urugendo rwa mbere rw’ubucuruzi hagati ya Ethiopia na Eritrea nyuma y’imyaka 20 Ethipian Airline yiswe “ Inyoni y’amahoro”,Yerekeje muri Eritrea nyuma yo kurangiza “Amasezerano y’intambara”. Ndi mu bantu icyenda bayitwaye ” Kapiteni wari uyoboye indenge yerekeje muri Eritrea Yosef Haibu, Ubucuti n’ubuvandimwe biri mu biduhuza bwa mbere nyuma yo kuva 1998 na 2000 ubwo habaga imirwano ku mupaka uhuza ibihugu byombi bigahagarika ingendo zaba izo mu kirere no ku butaka. Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yiyemeje ko inzira y’amahoro igomba gukomeza na Eritrea nyuma yahoo afatiye ubuyobozi muri Mata. Basinye “ Amahoro n’ubucuti” by’amasezerano na Perezida wa Eritrea Isaias Afwerki kuya 9 Nyakanga ba