
Irushanwa ryo kwibuka muri Rugby ryegukanywe na Lion de Fer hamwe Kigali Sharks
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda ryateguye Irushanwa ngaruka Mwaka ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ribera ku Kibuga cya Croix Rouge ku Kacyiru. Ni Irushanwa ryegukanywe n’Ikipe ya Lion de Fer mu Kiciro cy’Abagabo na Kigali Sharks mu Kiciro cy’Abagore.
Iri Rushanwa ryaherukaga gukinwa mu Mwaka w’i 2019 mbere ya Covid-19, n’ubundi ryari ryegukanywe na Lion de Fer mu Cyiciro cy’Abagabo, mu gihe mu cyiciro cy’Abagore ritigeze rikinwa.
Iyi nshuro u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 94, iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 9 y’Abagabo n’amakipe 3 mu cyiciro cy’Abagore, mu gihe Amakipe arimo UR Nyagatare mu cyiciro cy’Abagabo n’Abagore atabashije kwitabira, Lion de Fer mu y’Abagore n’Ikipe ya Okap