Author: Sylvester Bahuwiyongera

Nyamasheke: Bishimira uburyo ubwisanzure mu myemerere bwimakazwa mu mashuri

Nyamasheke: Bishimira uburyo ubwisanzure mu myemerere bwimakazwa mu mashuri

Amakuru, IMIKINO
Abanyeshuri ba GS Umucyo Karengera mu karere ka Nyamasheke n'ababyeyi baharerera,bavuga ko bishimira uburyo ubwisanzure mu myemerere bwimakazwa,aho nta we uvutswa uburenganzira bwebitewe n’aho asengera,ababyeyi bakuru bakavuga ko iyi ari intambwe ikomeye igihugu cyateye, kuko mu myaka ya kera ngo atari ko byari bimeze. Nyuma yo kubatizwa,abana bishimiye ko ubwisanzure bwabo mu myemerere bwubahirizwa n'ishuri bigamo. Babitangarije umunyamakuru wa Rebero.co.rw, ubwo yabasuraga ku munsi w’umubatizo w’abana 89,bari babatirijwe mu matorero anyuranye,bakakirwa n’ishuri ubusanzwe ry’itorero ADEPR,bagacyuriza uwo mubatizo hamwe n’ababyeyi babo baturutse impande zose batumiwe, bakanishimira ko ubusanzwe aho umuntu asengera hataba ikibazo ku masomo ye ku ishuri. Niyoneza Israel wabatijwe a
Rutsiro: Ibiti bivangwa n’imyaka ni ntagereranywa mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere

Rutsiro: Ibiti bivangwa n’imyaka ni ntagereranywa mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Abaturage b’imirenge inyuranye y’akarere ka Rutsiro bahamya impinduka mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere zazanywe n’ibiti bivangwa n’imyaka  bamaze imyaka 5 batera buri mwaka,bakavuga ko  mbere yo kubitera ku bwinshi bahuraga n’ibibazo bikomeye birimo n’isuri yabatwariraga ubutaka n’imyaka bahingamo,bamwe bagaheruka uko bagahinze. Ibiti bivanzwe n'imyaka biri hafi y'ingo bitanga umwuka mwiza ku bahatuye Ibi biti birimo n’iby’imbuto ziribwa bahawe na  One Ancre Fund -Tubura, hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere n’icy’ihenda ry’imbuto ziribwa,cyane cyane Avoka. Aho byari bimaze kugaragara ko uretse n’isuri yatwaraga ubutaka,abahinzi bo muri aka Karere bari banafite ikibazo cy’imihembezo bakoresha behembeza ( bashingirira) imyaka nk’ibish
Mu rugo mbonezamikurire ababyeyi bize gutandukanya indyo y’umwana muto n’iy’umuntu mukuru

Mu rugo mbonezamikurire ababyeyi bize gutandukanya indyo y’umwana muto n’iy’umuntu mukuru

Amakuru, RWANDA, UBUREZI, UBUZIMA
Rusizi: Ababyeyi barerera mu rugo mbonezamikurire rwa Murama,  umurenge wa Rwimbogo, mu karere ka Rusizi, bavuga ko inyigisho bahawe zatumye bamenya gutandukanya indyo y’umwana muto n’iyu muntu mukuru hakurikijwe ibyo buri wese akeneye,aho bigishijwe ko umwana uri munsi y’amezi atandatu atungwa n’amashereka gusa. Bamwe mu babyeyi bahagarariye amatsinda bigira hamwe uko indyo yuzuye igenewe umwana muto itegurwa  Nkurunziza Emmanuel utuye mu kagari ka Muhehwe, muri uyu murenge, yemeza ko mbere y’inyigisho baherewe mu rugo mbonezamikurire y’abana bato rwa Murama  barereramo atari azi ko ari ngombwa gutandukanya indyo y’umwana muto n’iya bantu bakuru. Ahamya ko mbere yazo, we na bagenzi be biganjemo abagore,batari basobanukiwe ibigomba kuba bigize indyo y’umwana muto,aho it
Nyamasheke: Abajyanama bashya bijeje imbaraga mu guhangana n’ibibazo  byugarije akarere

Nyamasheke: Abajyanama bashya bijeje imbaraga mu guhangana n’ibibazo byugarije akarere

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Abajyanama bashya batowe ni Dr Kamana Emanuel na Uwabakurikiza Joséph binjiye muri njyanama y’akarere ka Nyamasheke, Dr Kamana  wanahize atorerwa kuba Visi perezida wayo yinjiye asimbuye Iyamuremye Yassin wagiye gukomeza amashuri,uwabakurikiza uyihagarariyemo abantu bafite ubumuga  asimbura Uwitonze Richard witabye Imana ,bombi bizeza imbaraga mu guhangana n’ibibazo byugarije akarere. Abajyanama bashya batowe bo mu Karere ka Nyamasheke Mu bibazo babona byugarije abaturage bavuze ko bumva nibikemuka bazishimira umusanzu wabo mu kubikemura,harimo  icy’ igwingira ry’abana,aho bavuga ko bitumvikana ko akarere nka Nyamasheke kabonekamo ibikwiye byose ngo abagatuye babeho neza,usangamo umubare utari muto w’abana bagwingiye, bakumva ibitekerezo bazanye bizafasha  guhashya burundu
Rusizi: Abasore 2 bafatanywe ihene bibye  ngo zari zijyanywe  I Nyangezi muri RDC

Rusizi: Abasore 2 bafatanywe ihene bibye ngo zari zijyanywe I Nyangezi muri RDC

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU, UBUTABERA
Byatangiye ari ibyo bita kwihangira umurimo, ariko birangiye ubataye muri RIB abo ni Tuyishime Jean de Dieu w’imyaka 19 na Bavugamenshi Pierre wa 17, bo mu mudugudu wa Murambi,akagari ka Rwinzuki,umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyakarenzo  muri aka karere,nyuma yo gufatanwa ihene 3  bibye,bakavuga ko bari bazishyiriye uzambutsa umugezi wa Rusizi azijyana I Nyangezi muri RDC. Izi hene zari zigiye kwambutswa umugezi wa Rusizi zijya kugurishirizwa i Nyangezi muri RDC Aba basore abaturage ba kariya gace bavuga ko babarembeje kubera guhora babiba,n’ababyeyi babo bakavuga ko barambiwe guhora babishyurira ibyo bibye iyo bafashwe, ngo izi hene  bazibye uwitwa Barayavuga Emmanuel,wari waziziritse ku gasozi, bakizizitura, batararenga n’ikilomete
Nyamasheke: Uwarezwe neza arera neza – Musenyeri  Edouard Sinayobye

Nyamasheke: Uwarezwe neza arera neza – Musenyeri Edouard Sinayobye

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Umushumba wa Diyoseze gatolika ya Cyangugu Musenyeri Edouard Sinayobye yemeza  ko uburere buboneye buhera hasi,uwarezwe neza akaba ari we uba unitezweho kuzarera neza ejo hazaza. Akabiheraho asaba ababyeyi n’abarezi ku mashuri kumva neza iyi ndangagaciro,kugira ngo igihugu gikuze abaturage bafite ubumuntu mu mpande zose. Abaharerera basabwe gukomeza ubufatanye ngo uburezi buhatangirwa bukomeze kwizerwa Ni bimwe mu byo yavugiye muri Collège Saint Martin Hanika,ubwo iri shuri riri mu kagari ka Vugangoma,umurenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke ryizihizaga Yubile y’imyaka 25 rimaze rishinzwe, byanajyane n’ibatizwa n’ikomezwa rya bamwe mu bahiga. Mu kiganiro na Rebero.co.rw,nyuma y’igitambo cya misa yashimiyemo abayobozi ,abarezi n’ababyeyi baharerera imbaraga bakoresha ngo ribe ry
Rusizi: Uwarokotse jenoside wabaga mu buzima bumugoye yagobotswe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse jenoside wabaga mu buzima bumugoye yagobotswe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Mukashirimumpu Laurence w’imyaka 62 ,wo mu murenge wa Gihundwe,akarere ka Rusizi, wasizwe iheruheru na jenoside yakorewe Abatutsi,avuga ko imibereho yabagamo, mu nzu iva,yenda kumugwaho  yifuza  urupfu akarubura,yongeye kugarurirwa icyizere cyo kubaho n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ubwo bamushyikirizaga inzu bamwubakiye n’ibindi avuga ko yari abuze. Iyi nzu Mukashirimpumu yayihawe amaze igihe aba mu yenda kumugwaho Uyu mukecuru  washyikirijwe inzu y’agaciro ka miliyoni 12,wo mu mudugudu wa Kanoga,akagari ka Shagasha muri uyu murenge wa Gihundwe,avuga ko mbere ya jenoside yakorewe Abatutsi yabagaho mu buzima bwifashije n’umugabo n’abana 6, jenoside ikamuhitanira umugabo,inzu igasenywa  n’ubutunzi  bwose bugasahurwa,agasigara iheruheru mu itongo. Avuga k