
Perezida Kagame asanga kwigira kwa Afurika bitavuze ko iba nyamwigendaho
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye guhamagarira Abanyafurika kubakira ku masomo yatanzwe n’icyorezo cya COVID19 bityo bagaharanira kwigira no kwiyubakamo ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo kuko akimuhana kaza imvura ihise.
Hari mu nama yamuhurije hamwe n’abandi bayobozi ba Afurika bari i Davos mu Busuwisi mu nama mpuzamahanga y’ihuriro ry’ubukungu mu Isi, World Economic Forum 2022.
Ni inama yitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Hage Geingob wa Namibia, Emmerson Dambudzo Mnangagwa wa Zimbabwe, Dr. Lazarus Chakwera wa Malawi ndetse na Visi Perezida wa Tanzania Dr. Philip Isdor Mpango.
Perezida Kagame yagarutse ku masomo Afurika ikwiye gukura mu kaga k’imyaka 2 icyorezo cya COVID19 cyimaze. Aha umukuru w’igihugu yibukije ko mu gihe inkingo zari zimaze kuvumburwa ib