Saturday, September 23
Shadow

RWANDA

Rusizi/ Mashesha: Abaturage bari bamaze igihe basaba kwegerezwa serivisi z’ubuvuzi bw’amenyo basubijwe

Rusizi/ Mashesha: Abaturage bari bamaze igihe basaba kwegerezwa serivisi z’ubuvuzi bw’amenyo basubijwe

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Bijyanye n’icyumweru cyahariwe ubuzima mu itorero ADEPR cyatangiye ku wa 11 Nzeri kikazarangira ku wa 16,umushumba mukuru wungirije w’itorero ADEPR, Rév.past Eugène Rutagarama,yifatanije n’ikigo nderabuzima cya Mashesha,kiri mu murenge wa Gitambi,akarere ka Rusizi, akarere n’ibitaro bya Mibilizi gutangiza serivisi z’ubuvuzi bw’amenyo, herekanwa ku mugaragaro imashini igezweho izafasha muri iki gikorwa yabonetse ku bufatanye bw’itorero n’iki kigo nderabuzima. Muganga w'amenyo mu bitaro bya Mibilizi asobanurira abayobozi banyuranye imikorere y'iyi mashini Ni imashini yatwaye amanyarwanda arenga 7.000.000, nk’uko Rebero.co.rw yabitangarijwe n’umuyobozi w’iki kigo nderabuzima, Ndagijimana Gervais. Yari ikenewe cyane kuko  byari byaramaze kugaragara ko mu mirenge 5 yose y’ikibaya cya...
Ibikorwa byo kwimakaza umuco wo gusoma no kwandika mu Rwanda byatangijwe

Ibikorwa byo kwimakaza umuco wo gusoma no kwandika mu Rwanda byatangijwe

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Minisiteri y’Uburezi yifatanyije n’abafatanyabikorwa mu iterambere mu rwego rw’umuryango wa Soma u Rwanda, abayobozi n’abaturage begerejwe abaturage mu mudugudu w’icyitegererezo wa Rugerero IDP mu Karere ka Rubavu gutangiza ukwezi kwahariwe gusoma no kwandika (NLM) muri Nzeri kugira ngo bateze imbere umuco wo gusoma no kwandika mu Rwanda. Ibirori byo gutangiza NLM byafunguwe kumugaragaro n’umuyobozi mukuru wa politiki y’uburezi n’isesengura muri minisiteri y’uburezi, Rose Baguma wari uhagarariye Minisitiri w’uburezi. Yari aherekejwe nabafatanyabikorwa batandukanye biterambere murwego rwa Soma Rwanda. Ukwezi kwahariwe gusoma no kwandika kwizihizwa ku nsanganyamatsiko: “Guteza imbere gusoma no kwandika kuri bose kugira ngo imyigire ishingiye”. Muri ibyo birori, abanyamuryango ...
Koga: Abatoza 25 bitabiriye amahugurwa y’uburyo bwo kurinda umukinnyi impanuka

Koga: Abatoza 25 bitabiriye amahugurwa y’uburyo bwo kurinda umukinnyi impanuka

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Ku bufatanye n’ishyirahamwe y’umukino wo Koga ku Isi “World Aquatics”, Komite Olempike y’u Budage na Komite Olempike y’u Rwanda, ishyirahamwe ry’umukino wo Koga mu Rwanda “RSF” ryateguye amahugurwa agamije kongerera ubumenyi abatoza no kubahugura ku bijyanye n’uburyo barinda abakinnyi impanuka zo mu mazi “Drowning & Prevention”. Aya mahugurwa azamara iminsi 12, yitabiriwe n’abatoza 25 bahagarariye amakipe 10 agize RSF akaba arimo gutangwa na Sven Spannkrebs, wavuye muri Komite Olempike y’u Budage. Uwiduhaye Jean d’Amour, umutoza w’ikipe ya Rwesero yagaragaje ko mahugurwa azamufasha mu buryo bwo kurinda abakinnyi atoza kuba bagira ikibazo mu mazi ndetse no kubaha ubutabazi bwihuse mu gihe hari abagize ikibazo. Yakomeje avuga ko bizamufasha kandi mu kwigisha no kuzamura...
Kung Fu Wushu : Mu Rwanda hatangiye amahugurwa atangwa n’inzobere yo mu Bushinwa muri uyu mukino

Kung Fu Wushu : Mu Rwanda hatangiye amahugurwa atangwa n’inzobere yo mu Bushinwa muri uyu mukino

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Ishyirahamwe ry’umukino njyarugamba wa Kung Fu Wushu mu Rwanda “RKWF” ku bufaranye n’Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, Henan University of Technology binyuze muri “Henan Friendship Overseas Affairs serevice Co.Ltd” harimo kuba amahugurwa atangwa n’inzobere yaturutse mu Bushinwa, Chen Haijun. Inzobere yaturutse mu Bushinwa, Chen Haijun Aya mahugurwa “Seminar on Shaolin Martial Arts and Taiji Boxing of Chen Style” biteganyijwe ko azamara iminsi 50, yatangiye ku mugaragaro taliki 06 Nzeri akazasozwa taliki 25 Ukwakira 2023. Yitabiriwe n’abakinnyi ndetse n’abatoza bagera kuri 45 baturutse mu makipe atandukanye mu gihugu. Amahugurwa azabera munzu y’imikino ya Tsen Sport Kung-Fu Organization ku Kimihurura mu Rugando buri munsi guhera saa tatu (09h00) kugeza saa sita (12h00) ndetse n...
Ihinduka rya NUDOR kuva mu bikorwa bishingiye ku mushinga ujya mu buryo bushingiye kuri gahunda n’imbaraga zishyizwe hamwe

Ihinduka rya NUDOR kuva mu bikorwa bishingiye ku mushinga ujya mu buryo bushingiye kuri gahunda n’imbaraga zishyizwe hamwe

RWANDA, UBUZIMA
Abanyamuryango bagize Ihuriro ry’amashyirahamwe y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) bemeye ihinduka rya NUDOR kuva mu bikorwa bishingiye ku mushinga ujya mu buryo bushingiye kuri gahunda n'imbaraga zishyizwe hamwe. Bizera ko iyi mpinduka izamura imikorere yabo mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye no gutanga ubufasha ku bagenerwabikorwa benshi bafite ubumuga. Ihuriro ry’amashyirahamwe y’abafite ubumuga mu Rwanda, NUDOR, ihuriro rigizwe n’imiryango 15 y’ubumuga mu Rwanda, ryiyemeje kongera ijwi ry’umuryango w’abafite ubumuga mu gihugu no guharanira uburenganzira bungana bw’abafite ubumuga. Muri Kanama 2023, mu gihe cyo gusuzuma ubushobozi bw’amashyirahamwe y’abanyamuryango mu rwego rwa gahunda yo guteza imbere ubushobozi (CDT), impinduka zigaragara ziva mu ishyirwa mu bik...
Rusizi/ Giheke: Bakereye kwishimira byinshi bagejejweho na FPR Inkotanyi

Rusizi/ Giheke: Bakereye kwishimira byinshi bagejejweho na FPR Inkotanyi

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Giheke,amarembo y’umujyi wa Rusizi uturutse mu yindi mijyi nka Kigali,Huye na Karongi ni umwe mu mirenge y’aka karere igaragaza impinduka mu iterambere,zishingiye ku ruganda rw’icyayi,ikaragiro ry’amata,amashanyarazi ku muhanda no mu baturage,n’ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bifatiye runini umujyi wa Rusizi,byose abawutuye bakavuga ko babikesha imiyoborere myiza ya FPR Inkotanyi irangajwe imbere na Perezida Kagame. Gukura abaturage mu bworo bakaba aborozi, kimwe mu byashimishije aba baturage Ubwo abawutuye mu tugari twawo twose 8 bazindukanaga n’iyonka kwishimira ibitarondoreka bamaze kugezwaho n’iyo miyoborere myiza,bamwe banagezwaho ibyo basabye ubuyobozi bw’aka karere ubwo bwabasuraga mu minsi ishize muri gahunda yiswe’ Muyobozi ca ingando mu bawe’ . Birimo amatungo maguf...
Umuntu ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije nawe akenera service z’ubuzima z’imyororokere

Umuntu ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije nawe akenera service z’ubuzima z’imyororokere

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Mu bushakashatsi buherutse gukorwa n’Umuryango w’abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije (RULP) bafatanije n’abaganga binzobere muri kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye no gukurikirana umugore utwite (Gynecologie),hamwe n’Urugaga rw’imiryango y’abafite ubumuga mu kurwanya virusi itera SIDA no guteza imbere ubuzima (UPHLS). Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Nzeri 2023, nibwo ubu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu kiganiro umuryango w’abafite ubumuga bw'ubugufi bukabije bagiranye n’inzego zitandukanye kugira ngo basobanukirwe n’imbogamizi bahura nazo. Usibye kuba hari ibikorwa remezo bikizitira abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije, ndetse n’imyumvire y’abantu bamwe na bamwe batanga service z’ubuzima batarasobanukirwa neza ko umuntu ufite ubumuga bw'ubugufi bukabije nawe ashobora gukenera...
Rusizi: Abahinzi b’umuceri bashyikirije umuturage inzu bamwubakiye

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bashyikirije umuturage inzu bamwubakiye

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Nzeyimana Silas  wo mu kagari ka Mashyuza,umurenge wa Nyakabuye,akarere ka Rusizi,wari umaze igihe asemberana n’umugore n’umwana,batagira aho barambika umusaya, bari mu byinshimo byinshi nyuma yo guhabwa inzu n’abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama,mu gice cy’umurenge wa Nyakabuye,bibumbiye muri koperative KOIMUNYA,akavuga ko ubwo abonye aho aba ibisigaye azirwanaho. Nzeyimana Silas( wambaye bodaboda) ashyikirizwa na Gitifu Kimonyo Kamali Innocent inzu KOIMUNYA yamwubakiye. Ni inzu y’amatafari ahiye,y’amabati 40,y’ibyumba 3 na salo,ifite igikoni n’ubwiherero,inarimo sima hasi,yuzuye itwaye arenga 4.200.000. Aganira na Rebero.co.rw, Nzeyimana  Silas,yayitangarije ko kuba akiri muto kuko afite imyaka 32 gusa n’umugore we akaba afite 21,bafite umwana umwe, nta kibazo bafite cy’...
Abajyanama b’ubuzima bagiye kwongera gutanga urukingo rw’imbasa ku bana

Abajyanama b’ubuzima bagiye kwongera gutanga urukingo rw’imbasa ku bana

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Mu rwego rwo gukumira icyorezo cy’imbasa mu bana cyagaragaye mu bihugu duhana imbibi, Ministeri y’Ubuzima iramenyesha ababyeyi bose ko kuva ku itariki ya 11 kugera ku ya 15 Nzeri 2023, hateganyijwe urukingo rw’imbasa, ruzahabwa abana bose kuva ku mwana ukivuka kugeza k'ufite imyaka irindwi. Nk’uko byakozwe mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka, gukingira bizakorwa n’abajyanama b’ubuzima babihuguriwe, baha buri mwana udutonyanga tubiri gusa mu kanwa, kandi bakazabasanga iwabo mu rugo.   Imbasa ni ndwara ki? Imbasa ni indwara yandura, iterwa n’agakoko ka Poliyovirusi (Poliovirus) karimo ubwoko 3. Imbasa yandura binyuze mukanwa ikagera mu rwunganongogozi ikaba yagera no ku myakura, bigatera ubumuga bw'ingingo z'amaguru n'amaboko buhutiyeho kandi budakira, ndetse n’urupfu mu gihe hafash...
Ubwiza bw’ikirere n’umwuka ukeye mu nganda zirekura imyuka ihumanya ikirere

Ubwiza bw’ikirere n’umwuka ukeye mu nganda zirekura imyuka ihumanya ikirere

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Muri iki cyumweru cyahariwe Ubwiza bw’ikirere gicyeye, ni ku nshuro ya kane u Rwanda ruzifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umwuka mwiza n’ikirere gikeye uba tariki ya 7 Nzeri buri mwaka, indanganyamatsiko ikaba igira iti: “Twese hamwe duharanire kugira umwuka mwiza”. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA), cyakomereje ubukangurambaga mu nganda, zisohora imyuka ihumanya ikirere kugira ngo barebe ko izo nganda zikomeje kwirinda guhumanya ikirere. Muri ubwo bukangurambaga habaye kuganira n’abakozi, uburyo bashobora kwirinda imyotsi iba muri izo nmganda bakoramo, kuko nabo bagomba kurinda ubuzima bwabo bambara ibibarinda iyo myotsi. Umwe mu bakozi b’uruganda B HAVESH Overseas Limited rushongesha Bateri z’imodoka rugakuramo umushongi ujya gukor...