Saturday, September 23
Shadow

UBUREZI

Mu bigo 1,099 mu mashuri 3,644 nibyo byakiriye abakora ibizamini bisoza amashuri abanza

Mu bigo 1,099 mu mashuri 3,644 nibyo byakiriye abakora ibizamini bisoza amashuri abanza

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ni umunsi wa kabiri w’ibizamini bisoza amashuri abanza aho abana bavuze ko umunsi wa mbere utabagoye cyane cya mu mibare bashima uko babateguriye. Uyu munsi abana bakaba bakoze SET hamwe n’ikinyarwanda ukaba ari umunsi ubanziriza uwa nyuma mu bizamini bya Leta, bikaba byaribtabiriwe n’abanyeshuri basaga ibihumbi 202 mu gihugu hose harimo abahungu 91,067 naho umubare w’abakobwa akaba ari 111,900. Aba banyeshuri bakaba barakoreye ku bigo 1,099 bigize amashuri 3,644 bamwe mu banyeshuri baganiriye na Rebero.co.rw badutangarije ko bagomba gutsinda kuko imyiteguro yagenze neza. Fabiola agira ati: “Twiteguye neza kandi ibyo batwigishije byose twabisubiyemo ku buryo ubu naje gukora ikizamini ntabwoba mfite,intego yanjye akaba ari ugutsinda amasomo yose ngiye gukora”. Ineza Tet...
Nyamasheke:  Abarerera muri GS Buhoro Méthodiste barashimira Leta yasubije icyifuzo cyabo

Nyamasheke:  Abarerera muri GS Buhoro Méthodiste barashimira Leta yasubije icyifuzo cyabo

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Nyuma y’uko ababyeyi barerera muri GS Buhoro Méthodiste,umurenge wa Macuba,akarere ka Nyamasheke bagaragarije Minisitiri muri perezidansi ya Repubulika  Uwizeye Judith wari wabasuye ku wa 28 Mutarama 2018, impungenge z’abana babo bagwaga mu mugezi bajya kwiga kure mu wundi murenge,bakamusaba ishuri ryisumbuye,akaribemerera bakaribona bidatinze,barashimira Leta yabasubije. Ababyeyi barashimira cyane Leta yumvise icyifuzo cyabo ikagisubiza Ni ikibazo bavuga ko cyari kibahangayikishije bikomeye,kuko iri shuri ryashinzwe mu 1948 n’itorero Méthodiste Libre mu Rwanda ari ishuri ribanza, aho igihugu kibohorewe Leta igashyiraho uburezi kuri bose,abana baharangizaga badatsinze ikizamini cya Leta, bamwe basezeraga iby’amashuri kuko n’abageragezaga kujya kwiga muri GS Karambi,mu murenge wa...
Abana bafite ubumuga bagiye gukora ibizami bisoza amashuri abanza ni 561

Abana bafite ubumuga bagiye gukora ibizami bisoza amashuri abanza ni 561

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ibizami bisoza amashuri abanza mu Rwanda byatangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Nyakanga 2023, Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Gaspard Twagirayezu,akaba yabitangirije ku kigo cy’amashuri abanza cya St Dominiko cya Kagugu. Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, akaba yari kumwe n'umuyobozi w'Umujyi wungirije Dr Mpabwanamaguru Merard na DEA w’Akarere ka Gasabo Umwali Pauline, Umuyobozi mukuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri( NESA) Dr Bernard Bahati hamwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa Kinyinya Havuguziga Charles. Mu bana basaga ibihumbi 202,967 bagiye gukora ibizami bisoza amashuri abanza abafite ubumuga butandukanye ni abana 561, harimo abahungu 304...
Nyamasheke: Ishuri GSFAK ryashimiwe n’akarere ubudashyikirwa mu mitsindire y’umwaka ushize

Nyamasheke: Ishuri GSFAK ryashimiwe n’akarere ubudashyikirwa mu mitsindire y’umwaka ushize

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Mu gitaramo mva rugamba,cyo kureba uko imihigo bihaye yagezweho, imurikabikorwa  no gushimira buri cyiciro cy’abanyeshuri bahize abandi mu bikorwa bitandukanye, akarere ka Nyamasheke kaboneyeho guha icyemezo cy’ishimwe  GS Frank Adamson de Kibogora( GSFAK) ry’ubudashyikirwa mu mitsindire ya 2021-2022, aho iri shuri ryabaye irya 2 ku rwego rw’akarere mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye. Itorero Amariza ry'abanyeshuri bahiga ni ryo ryasusurukije ibirori. Nk’uko umuyobozi w’iri shuri,Rév.past. Ukizebaraza Léon Emmanuel yabisobanuriye abashyitsi   bitabiriye ibi birori, ngo mu dushya rifite, tubafasha kuzamura ireme ry’uburezi,gukora cyane no kutagira ikibarangaza,dore ko nk’ishuri ryubatse ku nkengero y’ikiyaga cya kivu,ibyarangaza abana byaba byinshi hadafashwe ingamba, mu ntangiriro...
Abanyeshuri batangiye kujya mu biruhuko bikuru bisoza amashuri

Abanyeshuri batangiye kujya mu biruhuko bikuru bisoza amashuri

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ko abanyeshuri bacumbikirwa batangiye gutaha guhera kuri uyu wa kane kugeza ku cyumweru tariki ya 16 Nyakanga 2023. Aba banyeshuri barimo gusubira mu biruhuko bikuru imodoka zikana zibageza muri ULK ku gisozi aho bafatira imodoka zibakomezanya mu miryango yabo, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), gitangaza ko imodoka zigomba kuba zageze muri ULK mbere ya saa cyenda kuko nta modoka yemerewe guhagurukamo nyuma yayo masaha. Uyu munsi taliki, 13 Nyakanga 2023, hatangiye gutaha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu turere twa Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro mu mujyi wa Kigali, abo mu Ntara y’Amajyepfo mu turere twa Ruhango na Gisagara, abo mu Ntara y’Amajyaruguru mu...
Igiswahili: uburyo verisiyo isanzwe yururimi rw’iburasirazuba bwa Afurika yashizweho, ikwirakwira kw’isi yose

Igiswahili: uburyo verisiyo isanzwe yururimi rw’iburasirazuba bwa Afurika yashizweho, ikwirakwira kw’isi yose

Amakuru, MU MAHANGA, UBUREZI
Igiswahili cyatangiriye muri Afurika y'Iburasirazuba, gikwira ku mugabane w'isi no ku isi. Cyemejwe nk'ururimi rukora mu Muryango w’ubumwe bw’Afurika kandi hari icyifuzo cyo kuba ururimi rw’Afurika cyangwa ururimi rusanzwe. Abakunzi b'igiswahili mu gihe cy'ibendera ry’urugendo rwabereye i Nairobi muri Kenya, bagamije kumenyekanisha Kiswahili n’ururimi rwa mbere rw’Afurika rwemewe na Unesco umwaka ushize Morgan J. Robinson ni umuhanga mu by'amateka muri Afurika y'Iburasirazuba ufite ubushakashatsi bw'ibanze ku mvugo yasohoye igitabo kiswahili cyitwa Ururimi ku Isi. Twamubajije uko verisiyo yemewe yu Kiswahili yabayeho. Kiswahili ivugwa he? Igiswahili kivugwa muri Afurika y'Iburasirazuba no Hagati. Abavuga ururimi kavukire usanga ahanini ku nkombe, ariko Kiswahili ivugwa nk'uru...
GS Batima kurengera ibidukikije byabaye umuco mu banyeshuri n’abayobozi

GS Batima kurengera ibidukikije byabaye umuco mu banyeshuri n’abayobozi

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA, UBUKUNGU, UBUREZI
Ikigo cy’amashuri cya GS BATIMA kiri mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru, abanyeshuri abayobozi, ibidukikije byabaye umuco kuko buri mwana ndetse n’ubuyobozi n’abarimu buri wese afite igiti yateye kandi agomba gukurikirana kugeza gikuze. Club yo kurengera ibidukikije muri GS BATIMA Rweru Muri iki kigo bimwe mu byatumye ibidukikije babigira umuco ni uko muri aka Karere kagaragaramo izuba ryinshi, kandi kubera ko abanyeshuri basigaye barira ku ishuri, ibi biti byatewe harimo ibyinshi by’imbuto ku buryo usibye ababiteye bizagirira akamaro n’abarumuna babo, haba kubyugamamo izuba ndetse no gutanga umuyaga kuri iki kigo. Niyonkuru Steven umunyeshuri muri GS Batima akaba ari umwe mu bagize Club yo kurengera ibidukikije, iyi club idufitiye akamaro hano muri Rweru, kandi ituma natw...
Nyamasheke: Mu myaka 3 Collège Saint Martin Hanika izaba yinjiza arenga miliyoni 100 ku mwaka mu buhinzi n’ubworozi

Nyamasheke: Mu myaka 3 Collège Saint Martin Hanika izaba yinjiza arenga miliyoni 100 ku mwaka mu buhinzi n’ubworozi

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU, UBUREZI
Ntibyari bimenyerewe ko ishuri ribanza cyangwa iry’isumbuye ryinjira muri Bizinesi y’ubuhinzi n’ubworozi. Ubuyobozi bwa Collège Saint Martin Hanika, mu murenge wa Macuba,Akarere ka Nyamasheke buravuga ko iri shuri rigiye kuba mu ya mbere mu gihugu abigezeho,aho mu myaka 3 iri imbere bwemeza ko rizaba  ryinjiza arenga miliyoni 100 mu bikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi. Padiri Placide Niyongombwa ( uwa mbere uturutse i bumoso) n'abandi bayobozi basoroma urusenda rweze. Aganira n’umunyamaukuru wa Rebero.co.rw, umuyobozi wa Collège Saint Martin Hanika, Padiri Placide Niyongombwa,yavuze ko nyuma yo kubona ko,nk’ishuri ryigenga, ingufu z’ababyeyi mu kwishyura amafaranga y’ishuri mu mashuri nk’aya zigenda ziba nke bigatuma hari abanyeshuri batakaza kubera ubushobozi buke bw’ababyeyi, ryishatse...
Abana bafite ubumuga ntabwo bahezwa muri NESA mu kubategurira ibizamini

Abana bafite ubumuga ntabwo bahezwa muri NESA mu kubategurira ibizamini

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Uburezi budaheza bugera kuri bose kuko n’abana bafite ubumuga bakeneye kumenya ubwenge kuko nibo Rwanda rwejo hazaza ndetse n’abayobozi mu nzego zitandukanye, ibyo rero ntabwo babigeraho batabashije kwiga neza kandi naho bigira ibikorwa remezo bibemerera  gukurikirana amasomo yabo neza. Abana bafite ubumuga bw'uruhu bicazwa ku ntebe z'imbere kugira ngo babashe gusoma ibyo umwarimu yandika Ni muri urwo rwego Ikigo cy'igihugu gishinzwe ibizamini n'ubugenzuzi bw'amashuri mu Rwanda (NESA), mu gutegura ibizamini by’amashuri abanza n'ayisumbuye batekereza ku bana bafite ubumuga butandukanye ariko cyane cyane, ku bafite ubumuga bw’uruhu kuko baba bafite ikibazo cyo gusoma ku makayi y’ibizamini. Ubwo abanyamakuru basuraga GS Nkanga ndetse na GS Batima abana bafite ubumuga bw’ingingo ndet...
Imikosorere y’ ibizamini bya Leta ndetse n’insimburamubyizi ku bakosozi n’abagenzuzi byose birateguwe

Imikosorere y’ ibizamini bya Leta ndetse n’insimburamubyizi ku bakosozi n’abagenzuzi byose birateguwe

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Ikigo cy'igihugu gishinzwe ibizamini n'ubugenzuzi bw'amashuri mu Rwanda (NESA), kimaze imyaka ibiri n’amezi atatu, kirishimira ibyo kimaze kugeraho birimo ubugenzuzi bw’amashuri n’ireme ry’uburezi ndetse n’itegurwa ry’ibizamini bisoza umwaka w’amashuri hamwe n’ibizamini bya leta by’abanyeshuri basoza amashuri mu byiciro bitandukanye. Abayobozi b'ikigo cy'igihugu gishinzwe ibizamini n'ubugenzuzi bw'amashuri mu Rwanda (NESA) Mu myaka yatambutse hagiye havugwa ikibazo cy’abarimu bakosora ibizamini ariko bagatinda kubona ibihembo by’akazi babaga barangije gukora, ariko ubu Ikigo cy'igihugu gishinzwe ibizamini n'ubugenzuzi bw'amashuri mu Rwanda (NESA) kiratangaza ko ibyo byabaye amateka kuko ubu barangiza akazi babona ibyo basezeranye. Umuyobozi w’ikigo cya Nyamata TSS Murasanyi Kazim...