Friday, September 22
Shadow

RWANDA

Urubyiruko rwacu rugomba kumenya ibyabaye muri Jenocide yabaye mu 1994- Birungi

Urubyiruko rwacu rugomba kumenya ibyabaye muri Jenocide yabaye mu 1994- Birungi

IMIKINO, RWANDA
Kuri uyu wa gatandatu nibwo abakinnyi bakina umukino wa Tennis yo kumeza ( Table Tennis ) basuye urwibutso ku Gisozi bamenya byinshi ku byabaye muri 1994 aho basobanuriwe  Jenoside yakorewe abatutsi muri 94 nyuma bashyira indabo ku mibiri iharuhukiye. Iki gikorwa cyari cyabangirijwe n’imikino yabereye kuri Petit Stade ku mahoro aho kuva ku isaha ya saa tatu hatangiye abasore n’inkumi za kinaga uyu mukino waje no gukomeza aho baviriye ku Rwibutso nyuma ya saa sita aho byaje kurangizwa no guhemba abatsinze. Masengesho Patrick wegukanye igikombe ndetse n’iri rushanwa akaba yatangarije Rebero.co.rw ko anejejwe nuko yasobanukiwe nibyabaye mu 1994 kuko yabyumvaga atarasura Urwibutso yagize ati “ Uyu mukino nawutangiye ndi muto cyane ariko uko nkura ndushaho kuwukunda kuko nawutangi...
Icyumweru Olempike kirakomeje mu karere ka Huye

Icyumweru Olempike kirakomeje mu karere ka Huye

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Uyu munsi tariki 21 Kamena 2018 mu Karere ka Huye hakomeje ibikorwa byahariwe icyumweru Olempike (Olympic Week) byabanjirinjwe n’amahugurwa yateguwe na Komite Olempike y’u Rwanda kuri Olympism n’indangagaciro Olempike (Olympic Values), aya mahugurwa akaba yitabiriwe n’umukozi ufite mu nshingano guteza imbere Siporo ku rwego rw’Akarere ka Huye n’abakozi bashinzwe siporo “Animateurs Sportifs” baturutse mu bigo cumi na bitanu (15) by’amashuli abanza n’Ayisumbye akorera muri Huye. Abahuguwe bagize umwanya wo gusubira mu bigo byabo bigisha abanyeshuli icyo Olympism n’indangagaciro Olempike aricyo. Nyuma yo gusobanurirwa Olympism n’indangagaciro Olempike, abana bakoze ibiganiro (Dialogue) hagati yabo ndetse banashushanya uko bumvise Olympism n’Indangagaciro Olempike. Umujyanama muri Ko...
Inama ngarukamwaka y’abafatanyabikorwa ba NCPD ku rwegorw’igihugu

Inama ngarukamwaka y’abafatanyabikorwa ba NCPD ku rwegorw’igihugu

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Iyi nama ikaba yaratangiye muri 2011 ikomeza gukora ubuvugizi kandi  hari ibyagezweho iyi nama ikaba iyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madame Mukabaramba Alvera iyi nama ikaba yatangiye umuyoboziwa NCPD Bwana Romalisi Niyomugabo yakira abashyitsi bitabiriye iyi nama batandukanye. Yakomeje avuga ibiza kuganirwaho uyu munsi cyane cyane ku kijyanye no gushyira mu byiciro abafite ubumuga igikorwa cyashyigikiwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu bafatanije na Minisiteri y’ubuvuzi aho abaganga bakoranye ubushishozi kugira ngo iki gikorwa kigende neza ,nkaba na komeza nshima Leta y’U Rwanda yemeye ko uyu mwaka abafite ubumuga bazajya bivuriza kuri Mitiweli . Inkuru irambuye irabageraho mu kanya
Abakora uburaya mu karere ka Kirehe baterwa agahinda no kutamenya aho bakomoka.

Abakora uburaya mu karere ka Kirehe baterwa agahinda no kutamenya aho bakomoka.

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Umuryango nyarwanda  w’Abanyamakuru barwanya Sida ukomeje ubukangurambaga mu gihugu hose ku bagore bakora uburaya .Iki gikorwa n’uyu muryango w’aba banyamakuru kimaze kwerekana ko bamwe mu bavugwaho gukora uburaya bamaze kwibumbira mu mashyirahamwe kuva batangira kubakorera ubuvugizi. Abakora uburaya mu karere ka Kirehe baratabaza inzego zibishinzwe kubacungira umutekano kuko babona ubuzima bwabo bujya  mu kaga  uko bwije n’uko bukeye. Abagore bitwa ko bakora uburaya bakanabyemera bakanibaruza baganirije itangazamakuru ko umutekano wabo ari mukeya kandi  biterwa n’inzego z’ibanze. Ubwo aba bagore baganiraga n’itangazamakuru hamwe n’umukozi w’akarere ka Kirehe Mugabo Frank bahamije ko inzego  zishinzwe umutekano zibabuza amahoro  n’amahwemo kandi bo bemeza ko nta makosa bakora. Aba ba...
Club Sportif ya La Palisse yaremeye abaturage bongera kunywa amata

Club Sportif ya La Palisse yaremeye abaturage bongera kunywa amata

Amakuru, RWANDA
Haracyariho abantu bafite umutima wo gufasha  nka Club Sportif  ya La Palisse yakoze igikorwa cy’ubu muntu aho baremeye abaturage mu karere ka Bugesera igikorwa cyagaragaye abayobozi batandukanye barimo abayobora akarere ka Bugesera hamwe na Guverineri w’intara y’iburasirazuba. Nkurunziza bakunze kwita Majimaji ndetse wavuze amazina y’inka zagabiwe abo baturage yagize ati “ Ubundi umuntu yahabwaga inka yayihakiwe ariko iyi leta yacu yatoje umuco wo kuremera abandi kandi bikozwe n’abagenzi babo.” Bityo rero Club ya La Palisse ibumbiye hamwe Siporo zihakorerwa niyo yagize uwo mutima mwiza wo kworoza bamwe mu baturage batanzwe n’umurenge wa Ntarama. Abo baturage baremewe harimo Mukanyandwi Florida wagabanye imbyeyi ikamwa akaba yarayishyikirijwe na Guverineri wari witabiriye...
Irushanwa rya  20 km za Bugesera ryamaganye ibiyobyabwenge.

Irushanwa rya  20 km za Bugesera ryamaganye ibiyobyabwenge.

IMIKINO, RWANDA
Kuri iki cyumweru mu karere ka Bugesera habereye irushanwa rya 20 Km Bugesera ariko rikubiyemo ibice bitandukanye harimo 8 km hamwe na 3 km ku bantu batandukanye bitewe naho ushoboye kdi hanitabirwa umukino w’amagare aho abana bagiye bagaragaza impano zabo. Nkuko rimaze kumenyerwa ni irushanwa ritegurwa na Fondation Gasore afatanije n’Akarere ka Bugesera ariko bakaba barabonye n’abafatanya bikorwa batandukanye aho ribaye ku nshuro ya gatatu rikaba ryafunguwe ku mugaragaro na Guverineri w’intara y’iburasirazuba ahafashwe umunota wo kwibuka abatutsi bazize Jenocide yakozwe muri 1994, rikaba ry’itabiriwe n’abaturutse mu Rwanda hose hamwe n’abanyamahanga bakorera mu Rwanda Gasore Serge wamenyekanye mu mukino ngorora mubiri nawe akaba yavuze ko ari irushanwa ryagenze neza ati “ Ni...
Irushanwa rya GMT muri Tennis n’imyiteguro myiza ya Davis Cup

Irushanwa rya GMT muri Tennis n’imyiteguro myiza ya Davis Cup

IMIKINO, RWANDA
GMT muri Tennis ryahuje abakinnyi batanduka harimo ababigize umwuga, abatarabigize umwuga abakiri bato hamwe n’abafite ubumuga bw’ingingo, gusa abaturutse hanze babaye bake ariko muri rusange ryagenze neza. Ni rushanwa ryegukanywe na Gatete Hamisi ndetse wagaragaje ibyishimo bye kuko nibwo bwambere aryegukanye akaba yaratangarije itangazamakuro ibyishimo bye agira ati “ Mu byukuri ndishimye kuko umwaka shize natsinzwe ku mukino wa nyuma, ariko ubu naryitabiriye mfite intego yo kuryegukana kandi ikindi ikaba ari imyitozo myiza kuko kuri uyu mugoroba tujya kwitabiri Davis Cup igiye kubera muri Kenya”. Habiyambere Dieudonne wari usanzwe afite iki gikombe we yakiriye ibyamubayeho ati “ Burya iyo uharanira icyo wari ufite ahanini iyo utiteguye neza ntabwo wongera kukibona Hamisi yandu...
ARPST yitabiriye imikino ya GMT bwa mbere

ARPST yitabiriye imikino ya GMT bwa mbere

IMIKINO, RWANDA
Ishyirahamwe ry’imikino y’abakozi mu Rwanda ku nshuro ya mbere ry’itabiriye imikino yo kwibuka abatutsi bakorewe Jenocide muri 94, iyi mikino ikaba yaraye kuri uyu wa gatandatu hakaba harakinnye Volleyball gusa kuko byari ku nshuro ya mbere. Amakipe yahuye akaba ari amakipe 4 yabaye aya mbere muri Volleyball ariyo : Minisiteri y’umuco na Siporo, UTB, REG na Kaminuza yu Rwanda , aya makipe yarahuye maze amakipe yageze ku mukino wa nyuma akaba ari UTB yahuye na UR igikombe cyegukanwa na UTB nyuma yo gutsinda UR amaseti 3-0 naho umwanya wa gatatu waje gutwarwa na REG 3-1 Minispoc Tubibutse ko mu marushanwa y’abakozi igikombe cyari cyegukanywe na Minispoc , ibi bikaba byerekana ko aya marushanwa nubwo yabaye habayemo gutungura kuko byagaragaye ko Minispoc itari yiteguye. Umuyobozi...
Dream Taekwondo Club  Imaze gutwara igikombe cyo Kwibuka inshuro enye

Dream Taekwondo Club  Imaze gutwara igikombe cyo Kwibuka inshuro enye

IMIKINO, RWANDA
Mu mikino yo kwibuka muri Taekwondo  yabaye Tariki 9 Kamena 2018, muri Vision Jeunesse Nouvelle mu Karere ka Rubavu, Dream Taekwondo Club ikorera mu kigo cy'urubyiruko cya Don Bosco Gatenga yatwaye igikombe cy'Irushanwa ryo kwibuka abasportif n'abakunzi ba siporo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu w'1994. Irushanwa ryo Kwibuka ryitabiriwe n'amakipe aturuka mu bihugu bitandukanye aribyo: U Rwanda, U Burundi, Congo na Kenya. Dream Taekwondo Club yo mu Rwanda ikaba muri iri rushanwa yarabashije kuhakura imidari mu byiciro bitandukanye byayihesheje igikombe cy'irushanwa. Urutonde rw'abakinnyi ba Dream Taekwondo Club batwaye imidali : Icyiciro cy'abakobwa bakiri bato:    Umutoniwase Kevine -Umudari wa Zahabu (1) Benimana Yvonne -Umudari w'umuringa (3) Umuhoza Adinette- Um...
Umuco wo kurenza imyaka ukomeje kugaragara mu mashyirahamwe.

Umuco wo kurenza imyaka ukomeje kugaragara mu mashyirahamwe.

IMIKINO, RWANDA
Mu kwezi gutaha nibwo hateganijwe imikino y’urubyiruko mu gihugu cy’Algeria abana baterngeje imyaka 18 baherutse gusiganwa bacaguramo abazitabira umwiherero uzasiga abazajya muri Algeria, mu bana babashije gutsinda bagera kuri 17 bagomba kujya mu mwiherero mu cyumweru gitaha 9 muribo basanze barengeje imyaka 18 nkuko ari amakuru aturuka muri Komite Olimpike. Twagerageje gushaka Hermine ku murongo wa Telefone kugira ngo tumenye neza ikizakurikiraho niba bazategura amarushanwa abasimbura ariko ntitwabasha kumubona cyakora twiyambaza ishyirahamwe ry’umukino ngorora mubiri  tuvugana na SG waryo agira ibyo adusobanurira . Aganira na Rebero.co.rw yagize ati “ Nibyo koko ku makuru mfite nuko hari abana twasanze barengeje imyaka ariko mu bahungu habonetsemo 4 naho mu bakobwa bose bakwije...