Monday, September 25
Shadow

Month: October 2022

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Guterres ku bibera muri DRC

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Guterres ku bibera muri DRC

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Perezida wa Republika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres, ibiganiro byagarutse ku bibera mu burasirazuba bwa RDC. Nkuko yabyanditse abinyujije ku rubuga rwe rwa twiiter, Perezida Kagame yavuze ko yagiranye ibiganiro na Guterres ku birebana n’ikibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwaCongo, bombi ngo baganiriye ku nzira n’uburyo bwakwifashishwa mu guhosha izo mvururu biciye mu mahoro n’ishyirwa mu bikorwa ry’ibyumvikanweho mu biganiro bya Nairobi, ibya Luanda ndetse n’ibindi byumvikanweho mu biganiro byagizwemo uruhare n’amahanga.  Perezida Kagame akavuga ko icy’ingenzi ari ukwiyemeza kubishyira mu bikorwa. Ibi bije nyuma y'aho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yirukanye Ambasaderi w'u Rwanda, Vincent...

Gakenke : Hari bamwe bavuga ko ntawe ukwiye kongera kwita abana amazina y’amagenurano

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Bamwe mu baturage bo mu mirenge inyuranye yo mu karere ka Gakenke baravuga ko ntawe ukwiye kongera kwita abana amazina y’amagenurano kuko byagaragaye ko hari abo yakurikiranye. Umusaza Kurubone Phocas yavukiye mu murenge wa Nemba ho mu karere ka Gankenke , Kurubone ubu ageze mu myaka 62 atembereza inkooko muri santere ya Gakenke, kuri iyo myaka yose uyu musaza avuga ko koko yakuze akaba ari kubona icyo ababyeyi be bamubwiraga. Bashingiye ku mibereho ya mugenzi wabo Kurubone,  abaturage barahamagarira bagenzi babo cyane cyane abakibyara kutita abana babo amazina nkayo dore ko bafite ingero ny’inshi zabo ayo mazina yakurikiranye. Amazina y’amagenurano yakunze kuranga abo hambere ngo ni isomo rikomeye ku bari kuvukira mu Rwanda rw'uyumunsi, ahubwo ko bagakwiye kwigiraho ama...
CHUK na Faisal byahawe uburenganzira bwo kwigisha kuvura indwara zo mu nda

CHUK na Faisal byahawe uburenganzira bwo kwigisha kuvura indwara zo mu nda

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Minisiteri y'Ubuzima iravuga ko kuba ibitaro 2 byo mu Rwanda byahawe uburenganzira bwo gutanga amasomo yo gusuzuma no kuvura indwara zo mu nda, bizatuma umubare w'abaganga bavura izi ndwara wiyongera bityo n’abakenera iyi serivisi bayibone vuba. Ibitaro byahawe gutanga amasomo yo gusuzuma no kuvura indwara zo mu nda ni ibitaro bya kaminuza bya Kigali n'ibitaro byitiriwe umwami Faisal byose byo mu Mujyi wa Kigali. Abaganga baziga amasomo azasiga babaye inzobere mu kuvura igifu, amara, umwijima n'izindi ndwara zifata inyama zo mu nda. Minisitiri w'Ubuzima Dr Ngamije Daniel avuga ko guhabwa uburenganzira bwo kwigisha amasomo y'ubuvuzi bw'izi ndwara bizatuma serrivisi abarwayi bakenera zibageraho badategereje igihe kirekire. Yagize ati “Iyo ubonye ubu bushobozi bivuze ko icyiciro...
Umunsi mpuzamahanga w’ibiribwa wizihijwe mu gihe ibiciro byatumbagiye

Umunsi mpuzamahanga w’ibiribwa wizihijwe mu gihe ibiciro byatumbagiye

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abahinzi mu Murenge wa Rongi baravuga ko kimwe n'ahandi mu gihugu muri iyi minsi bafite imbogamizi zo kubura imvura n’ibiribwa birimo guhenda ariko ngo ntibacitse intege. Uyu murenge ni wo wizihirijwe mo umunsi mpuzamahanga w'ibiribwa. Ni umunsi wizihijwe hirya no hino mu gihugu humvikana izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa kugeza no mu bice by’icyaro. Gusa ntabwo abahizi ntibacitse intege bakaba bafite icyizere ko imvura itangiye gutonyanga mu mpera z’uku kwa cumi hari ibihingwa izaramira muri aka gace. Muri rusange barashimirwa uburyo bakora ubuhinzi bw'umwuga, Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buhinzi n'ibiribwa (FAO) rikaba rivuga ko hakwiye gukazwa ingamba zo kugabanya umubare w'abaturage kugeza ubu bugarijwe n'ikibazo cy'ibura ry'ibiribwa. Ku mugabane wa Afu...
Amafoto – Perezida Kagame ari mu ruzinduko muri Mozambique

Amafoto – Perezida Kagame ari mu ruzinduko muri Mozambique

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Kuri uyu wa Gatanu, tariki 28 Ukwakira 2022, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Maputo muri Mozambique mu ruzinduko rw'akazi.  Muri uru ruzinduko, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro byo mu muhezo na mugenzi we wa Mozambique Filipe Nyusi, bikurikirwa n'ibiganiro abayobozi b'ibihugu byombi bagiranye hari n'intumwa z'ibihugu byombi. U Rwanda na Mozambique bifitanye umubano mwiza. Kuva muri Nyakanga 2021 , u Rwanda rwohereje itsinda ry'ingabo ndetse n'abapolisi  mu Ntara ya Cabo Delgado yari yarayogojwe n'imitwe y'imitwe y'iterabwoba aho abaturage ibihumbi byinshi bari barakuwe mu byabo kubera umutekano muke, ndetse abandi bakicwa n'ibi byihebe impfu mu buryo buteye ubwoba. Kuri ubu inzego z' umutekano z'u Rwanda bafatanyije n'ingabo za Mozambique ndets...
Nta buzima mu gihe udafite ubuzima bwo mu mutwe

Nta buzima mu gihe udafite ubuzima bwo mu mutwe

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Gusuzuma uburwayi bwo mu mutwe mu bukangurambaga bwakozwe mu Karere ka Rubavu byakorewe mu mirenge 4 ariyo Rubavu, Rugerero, Byahi na Rugeshi, bimwe mu byagaragaye n’indwara z’amarangamutima, indwara zo mu mutwe zigaragara ku mubiri, indwara zo mu mutwe zeruye hamwe n’ubumuga bwo mu bwenge n’imitekerereze Kuri uyu wa gatatu tariki ya 27 ukwakira 2022,mu karere ka Rubavu u Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe  ifite insanganyamatsiko igira iti “Duharanire kubaho neza twita ku buzima bwo mu mutwe bwa buri wese” . Nta buzima mu gihe udafite ubuzima bwo mu mutwe, indwara zo mu mutwe ziravurwa zigakira . Mu Rwanda serivise zita ku buvuzi bw’indwara zo mu mutwe zitangirwa kuva ku bigo nderabuzima kugera ku bitaro bikuru. Ku isi, buri masego...
Gakenke: Gufata ubutaka no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Gakenke: Gufata ubutaka no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Akarere ka Gakenke ni kamwe mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza mu gihe cy’imvura ndetse bihagitana abantu benshi, REMA iri kumwe n’abayobozi b’Akarere hamwe n’abaturage bateye ibiti 16,115. Ibi biti bikaba byatewe ku misozi ya Vugangoma na Muyongwe mu rwego rwo kurwanya gutwarwa k’ubutaka ndetse no gucukura imiringoti nayo izafata ubutaka. Ibiti byatewe bikaba ari ibya gakondo hamwe n’ibivangwa n’imyaka, abayobozi bakaba basabye abaturiye iyo misozi kubifata neza no kubibungabunga kuko bizatuma ubutaka bwabo bwongera gutwarwa n’amazi. Abaturage bakaba bashimishijwe n’icyo gikorwa bakorewe n’abayobozi nabo babizeza ko ibyo bikorwa bagejejweho bagomba kubisigasira kugira ngo babashe kurwanya imihindagurikire y’ibihe. @Rebero.co.rw
Abana batandatu bo mu muryango umwe banduye Ebola

Abana batandatu bo mu muryango umwe banduye Ebola

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Abategetsi bo mu murwa mukuru wa Uganda bavuga ko abana batandatu bo mu muryango umwe w'i Kampala banduye Ebola. Abakozi bo mu buvuzi bamaze ibyumweru basaba ko hashyirwaho ingamba zikaze kurushaho mu kwirinda ko iyi virusi ikwirakwira ikagera i Kampala. Za virusi zishobora gukwirakwira byihuse cyane mu duce dutuwe n'abantu mu buryo bw'ubucucike kandi iyi Ebola yo muri ubu bwoko yitwa Ebola yo muri Sudan nta rukingo ifite kugeza ubu. Muri uku kwezi kwa cumi, uturere tw'izingiro ry'iki kiza cya Ebola twa Mubende na Kassanda, twashyizwe mu kato. Abategetsi bemeza ko abo bana batandatu bavukana banduye Ebola nyuma yuko mwenewabo aje kubana na bo avuye muri kamwe mu turere twibasiwe cyane, nyuma arapfa. Kuva iki cyorezo cyatangira mu kwezi kwa cyenda, minisiteri y'ubuzima ya U...
Perezida Touadéra wa Santrafurika ari mu ruzinduko mu Rwanda

Perezida Touadéra wa Santrafurika ari mu ruzinduko mu Rwanda

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku wa Gatatu, yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika Faustin Archange Touadéra uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Aba bakuru b'ibihugu byombi bagiranye ibiganiro kuri politiki ndetse n'ubufatanye bukunze kuranga ibihugu byombi ku bijyanye n'umutekano n'ibindi. Perezida Touadera yaherukaga mu Rwanda muri Kanama umwaka ushize. Icyo gihe uruzinduko rwa Perezida wa Santrafurika mu Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake bw'impande zombi, bwo gushimangira ubufatanye n'ubutwererane hagamijwe iterambere n'imibereho myiza by'abababituye nk’uko byagarutsweho na ba perezida Kagame na Touadera mu ntangiriro y'uru ruzinduko. Perezida Kagame yagize ati “U Rwanda rwishimiye gufatanya n'abaturage ba Santrafurika mu guharanira amahoro, ubw...
Umugabo umaze imyaka myinshi adakaraba yapfuye ku myaka 94

Umugabo umaze imyaka myinshi adakaraba yapfuye ku myaka 94

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Umuntu uba ukwa wenyine wiswe “umugabo usa nabi kurusha abandi ku isi” yapfuye ku myaka 94 nyuma y’amezi macye akarabye bwa mbere mu myaka ibarirwa muri za mirongo.  Amou Haji yanze kwikoza amazi n’isabune mu myaka irenga 60 ishize, atinya ko byamutera kurwara,ariko yarakarabye bimuviramo urupfu.  Uyu munya-Iran wari utuye mu ntara ya Fars mu majyepfo ya Iran kenshi yahunze ibikorwa by’abaturage byo kugerageza kumusukura.  Ibinyamakuru byaho bivuga ko amaherezo mu mezi ashize Haji yananijwe n’igitutu cy’abantu akemera gukaraba, akaba aricyo cyatumye asezera ku isi. Ibiro ntaramakuru bya Iran, IRNA, bivuga ko nyuma yahise arwara, akaba yarapfuye ku cyumweru.  Mu kiganiro yatanze mu 2014 ku kinyamakuru Tehran News, Haji yavuze ko icyo kurya akunda ari inyama z’ikinyogot...