Monday, September 25
Shadow

Month: July 2022

Muzabyaza umusaruro Ibikoresho bigezweho muhawe – Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda ‘Omar Daair’

Muzabyaza umusaruro Ibikoresho bigezweho muhawe – Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda ‘Omar Daair’

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Kuri uyu wa Kane , nibwo ku cyicaro gikuru cy’Ambasade y’Ubwongereza mu Rwanda ku Kacyiru, habereye Umuhango wo gushyikiriza Ishyirahamwe ry’Umukino w’Intoki wa Rugby mu Rwanda, ibikoresho bigezweho bijyanye n’uyu Mukino. Ni Umuhango wayobowe na Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda, Bwana Omar Daair, witabirwa kandi na Bwana Kamanda Tharcisse, Perezida w’Ishyirahamwe rya Rugby mu Rwanda, Kajangwe Joseph, Umunyamabanga mukuru wa Komite Olempike y’u Rwanda, Uwiringiyimana Callixte ushinzwe igenamigambi n’ikurikiranabikorwa muri Minisiteri ya Siporo mu Rwanda ndetse na bamwe mu bakozi ba Ambasade. Bimwe mu bikubiye muri ibi bikoresho iri Shyirahamwe ryahawe, harimo; Imyenda igezweho yo gukinana, iyo gukoresha imyitozo, Imipira yo gukina ndetse n’ibindi bikoresho bijyanye n’igihe ...
Mu gihe cy’impeshyi abaturage barasabwa kwirinda ibikorwa byateza inkongi z’umuriro zibasira amashyamba

Mu gihe cy’impeshyi abaturage barasabwa kwirinda ibikorwa byateza inkongi z’umuriro zibasira amashyamba

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA, UBUKUNGU
Mu gihe u Rwanda rwinjiye mu gihe cy’impeshyi cyirangwa ahanini n’izuba ryinshi rituma bimwe mu byatsi byuma ku buryo bishobora kuba byatera inkongi z’umuriro mu mashyamba, Abaturarwanda bose barakangurirwa kwitwararika birinda ibikorwa ibyo aribyo byose byateza inkongi. Binyuze mu Kigo Gishinzwe Amashyamba mu Rwanda (RFA), u Rwanda rukomeje gushyira mu bikorwa gahunda zigamije kongera ubuso bw’amashyamba ndeste no gusigasira  ahari kugira ngo arusheho gutanga umusaruro mu iterambere ry’Igihugu. Raporo yo mu mwaka wa 2019 yakozwe na Minisiteri y’ Ibidukikije igaragaza ko ubuso bungana na 30.4% by’ubutaka bwose bw’u Rwanda hatabariwemo amazi kugeza ubu buteyeho amashyamba. Ni mugihe kandi imibare itangwa n’Ikigo cy’ibarurisha mibare mu Rwanda, igaragaza ko mu mwaka 2020/...
MONUSCO: Hari umusilikare witabye Imana wa FAR wari mu butumwa muri RDC

MONUSCO: Hari umusilikare witabye Imana wa FAR wari mu butumwa muri RDC

Amakuru, MU MAHANGA, UMUTEKANO
Umwe mu basirikare bari mu butumwa bw'Amahoro w'Ingabo z'umwami Forces Armées Royales) za Maroc woherejwe muri RDC bari muri MONUSCO yitabye Imana kuri uyu wa gatatu Butembo muri Nord Kivu nkuko byatangajwe numwe mu bayobozi bakuru ba FAR. Uyu musrikare yishwe n'isasu ry'umwe mu bapolisi ba ONU mubari boherejwe guhosha imyigaragambyo ubwo abaturage bayikoraga bashaka gusezerera izo ngabo kuko ntacyo zirimo gukora muri RDC Ibi bintu biteye agahinda byuwo musirikare wishwe byabaye ubwo bashakaga kwigizayo abigaragambya aho begeraga abasirikare ba ONU bari Butembo kuko ariho hari ingabo za Maroc hamwe n’Abahinde muri MONUSCO Nyuma yuko abaturage ba RDC bakomeje gusaba ko abo basirikare ba ONU basezererwa bamwe muri abo basirikare bafashe ibyabo batangira guhunga iyo myig...
Kuba ibihugu bya EAC bidahuje amategeko bigira ingaruka ku ntego z’uyu muryango

Kuba ibihugu bya EAC bidahuje amategeko bigira ingaruka ku ntego z’uyu muryango

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, yagaragaje ko basanze ukudahuza amategeko mu muryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, bikomeje gutera ibibazo mu kugera ku ntego z’umuryango. Nyuma y’ibiganiro bagiranye n’abadepite b’u Rwanda bari mu nteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba EALA, abagize komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, bagaragarije inteko rusange y’abadepite ko basanze uyu muryango wa EAC ugifite imbogamizi nyinshi mu kugera ku ntego zimwe na zimwe. Muri izo mbogamizi Hon. Munyangeyo Theogene, Perezida wa komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi yashyizemo ukudahuza amategeko, bigikomeje kuzitira abatuye ibi bihugu kugera ku zindi serivise mu buryo bu...
Dr Biruta yagiranye ibiganiro n’uhagarariye Oman mu Rwanda

Dr Biruta yagiranye ibiganiro n’uhagarariye Oman mu Rwanda

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vicent Biruta yagiranye ibiganiro n’uhagarariye igihugu cya Oman mu Rwanda ambassadeur Saleh Suleiman Bin Al-harthi, ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi. U Rwanda na Oman bifitanye umubano wa dipolomasi watangiye mu mwaka wa 1998, ubufatanye hagati y’ibihugu byombi wibanda ku burezi, ubukerarugendo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nibindi. Minisitiri Biruta kandi yakiriye Coumba Dieng Sow, Umuyobozi mushya w’Ishami ry’Umuryango Umuryango w'Abibumbye ryita ku buhinzi n'ibiribwa (FAO), wamushyikirije ibyangombwa bimwemerera guhagararira FAO mu Rwanda. @REBERO.CO.RW
Compaoré  yasabye imbabazi umuryango wa Sankara

Compaoré yasabye imbabazi umuryango wa Sankara

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Blaise Compaoré wahoze ari Perezida wa Burkina Faso yasabye imbabazi umuryango wa Thomas Sankara, uwo yasimbuye wishwe arashwe kuri coup d’Etat yo mu 1987. Muri Mata, Compaoré yakatiwe adahari gufungwa burundu kubera uruhare rwe muri ubwo bwicanyi. Igihe cyose we yavuze ko urwo rupfu rwari impanuka. Compaoré yabaye mu buhungiro mu gihugu gituranyi cya Côte d'Ivoire kuva mu 2014 amaze kuva ku butegetsi yari amazeho imyaka 27, ahiritswe na rubanda. Mu butumwa yatanze, Compaoré yagize ati: "Nsabye abanya-Burkina Faso ngo bambabarire ku byo nakoze byose mu gihe nari ku butegetsi, by’umwihariko umuryango w’umuvandimwe wanjye inshuti Thomas Isidore Noël Sankara.Nirengereye kandi mbabajwe, mu ndiba y’umutima, n’abantu bose batewe intimba n’ibibazo mu gihe nari umukuru w’igihugu kand...
Kigali: Abatega imodoka rusange barinubira umwanya munini bamara ku byapa no muri gare

Kigali: Abatega imodoka rusange barinubira umwanya munini bamara ku byapa no muri gare

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Bamwe mu bagenzi batega imodoka rusange mu Mujyi wa Kigali barinubira amasaha bamara bahagaze ku mirongo babuze imodoka. Urwego ngenzuramikorere RURA rukavuga ko iki kibazo rukizi kandi kirimo kwiganwa ubushishozi. Mu masaha y'umugoroba hirya no hino mu Mujyi wa Kigali aho abagenzi bategerereza imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange. Hari imirongo miremire y'abavuye mu kazi bategereje imodoka ziberekeza mu ngo zabo. Aba bavuga ko bamara igihe kinini bategereje imodoka bigatuma bagera mu ngo zabo amasaha yakuze kubera ubuke bw'imodoka. Ibi kandi ni nako bimeze mu masaha ya mugitondo haba muri za gare ndetse no kubyapa bitandukanye, uhasanga umurongo w'abantu benshi babuze imodoka bavuga ko bibagiraho ingaruka zo gukererwa ku murimo. Kugeza ubu sosiyete eshatu ni zo zeme...
Ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ni kiciro rusange cy’amashuri yisumbuye byatangiye kuri uyu wa kabiri

Ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ni kiciro rusange cy’amashuri yisumbuye byatangiye kuri uyu wa kabiri

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Abanyeshuri basoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye n’abasoza amashuri yisumbuye, kuri uyu wa kabiri batangiye ibizamini bya leta. Bamwe muri bo babwiye Rebero.co.rw  ko n’ubwo bari mu badindijwe n’icyorezo Covid19, nta mpungenge bafite ku migendekere myiza y’ibizamini kuko bagize igihe gihagije cy’imyiteguro. Mu gihe hashize icyumweru kimwe abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye batangiye ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri 2021/2022, kuri uyu wa kabiri mu masaha y’igitondo, hirya no hino mu gihugu, mu mihanda hagaragaraga abanyeshuri, bambaye impuzankano bijyanye n’ikigo buri umwe yigaho, bagendaga bihuta, basiganwa no kugera aho bari bagiye gukorera ibizamini bya leta. Rebero.co.rw  yanyarukiye hirya no hino kuri site zitandukanye   zigiye guko...

Abakoresha umuhanda wa Rwankeri-Nyakiriba baravuga ko batewe impungenge nuko utakiri nyabagendwa

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abaturage bakoresha umuhanda wa Rwankeri-Nyakiriba baravuga ko batewe impungenge z’uko utakiri nyabagendwa nyuma yo kwangizwa n’ibiza. Basaba ko wakorwa kuko uhuza ibikorwaremezo byinshi byo mu bice bitandukanye. Nimugihe Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buvuga ko uyu muhanda wari wahawe rwiyemezamirimo ariko akawuta utarangiye none bakaba bari mu manza. Icyakora buvuga ko mugihe hategerejwe umwanzuro w’urukiko hagiye kuba hakozwe iby’ingenzi. Umuhanda Rwankeri-Nyakiriba niwo uca ahitwa I Gatovu, ukanyura ahazwi nko ku Murama, ukagera muri Nyakiriba ho mu murenge wa Rugera wo mu karere ka Nyabihu. Abawukoresha umunsi ku wundi bavuga ko bagorwa cyane nawe kuko wangiritse bikabije bitewe n’ibiza kuko kuwunyuramo bibavuna cyane. Amateme yo muri uyu muhanda yaracitse bituma nta kinyabiz...
Mu Mujyi wa Kigali hari ibindi bishanga 5 bigiye gutunganywa

Mu Mujyi wa Kigali hari ibindi bishanga 5 bigiye gutunganywa

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA, UBUKUNGU
Ministeri y'Ibidukikije irashimangira ko hari ibindi bishanga 5 bigiye gutunganywa kugira ngo Umujyi wa Kigali ukomeze kugira isura nziza ariko irengera ibidukikije ari na ko abantu barushaho kugira ahantu henshi ho kuruhukira bimwe muri ibyo bishanga twavuga nko muri Parc industriel ya Gikondo inganda zarimo zose zamaze kwimurwa. Parc Industriel ya Gikondo yahozemo inganda ubu zimukiye Masoro muri Free Zone Ni mu gihe abatuye mu murwa w’u Rwanda n’abawugenda ndetse n'abarengera ibidukikije, bashima intambwe yatewe hashyirwaho icyanya gifasha abantu kuruhuka no kwidagadura cya Nyandungu. Mu masaha y'agasusuruko, icyanya cya Nyandungu kimaze icyumweru gifunguwe abantu barimo kugisura. Mu magana y'abarimo kuhatemberera harimo n'itsinda ry'abana biga mu ishuri ribanza rya Source du...