Monday, September 25
Shadow

Month: March 2022

Perezida Kagame yakiriye Liberata Mulamula wazanye  ubutumwa bwa mugenzi we wa Tanzania

Perezida Kagame yakiriye Liberata Mulamula wazanye ubutumwa bwa mugenzi we wa Tanzania

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Kuri uyu wa Kane Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania, Liberata Mulamula n’itsinda ayoboye. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje aya makuru byavuze ko Minisitiri Mulamuka yagejeje kuri Perezida Kagame ubutumwa bwa Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan. Muri Kanama 2021 Perezida Samia Suluhu Hassan yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Icyo gihe abakuru b’ibihugu byombi biyemeje kwagura ubufatanye n’imikoranire mu nzego zitandukanye mu nyungu z’abaturage b’ibihugu byombi. Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yavuze ko nubwo umubano w’ibihugu byombi ari nta makemwa, hari inzego zimwe na zimwe zikwiye kongerwamo ingufu. Yagize ati “Nk'uko mubizi mu Isi ya none imibanire y’ibihugu ish...
Imbogamizi ku rujya n’uruza hagati ya Kigali n’Intara y’Amajyepfo

Imbogamizi ku rujya n’uruza hagati ya Kigali n’Intara y’Amajyepfo

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Guhera ku wa Gatatu umuhanda Kigali-Huye nturi nyabagendwa butewe n'iyangirika ry'umuhanda ryabereye ahitwa Rwamushumba mu bilometero nka bibiri uvuye ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi. Iyangirika ry'uyu muhanda ryagize ingaruka zikomeye ku bagenzi bava cyangwa berekeza mu Ntara y'Amajyepfo. Magingo aya, ibinyabiziga biturutse mu Ntara y'Amajyepfo birasabwa kunyura umuhanda uva mu Nkoto, ugaca i Gihara ukagera ku Ruyenzi. Ni inzira igoranye cyane, kuko igice kiva mu Nkoto kugera i Gihari ari igitaka, ndetse hakaba ari na hato cyane, ku buryo bigoranye cyane kubisikana kw'imodoka.  Imirimo yo gusana uyu muhanda irarimbanyije gusa ntiharatangazwa igihe izarangira, ukongera kuba nyabagendwa. Bamwe mu bagizweho ingaruka n'iki kibazo narimo n'abanyeshuri barimo kujya mu ...
Umushinga Hinga Weze wasoje imirimo yayo mu Rwanda

Umushinga Hinga Weze wasoje imirimo yayo mu Rwanda

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Uyu mushinga wari ufite gukora imyaka 5 (2017-2022) wari ugamije kuzamura mu buryo burambye umusaruro w’abahinzi n’aborozi bato, kuzamura imirire y’abagore n’abana no kongera imbaraga z’ubuhinzi n’ibiribwa mu Rwanda mu bihe by’imihindagurikire y’ibihe, aho wageze ku ntego yo gufasha abahinzi  bagera ku bihumbi 730 mu turere 10  hakoreshejwe  miliyoni 32.6 z’Amadolari y’Amerika. Ni umushinga watangiye muri Kamena 2017, ukaba wasorejwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Werurwe 2022 mu Kigo cy’icyitegererezo  gitangirwamo serivisi zo gufasha abahinzi n’aborozi cya “AGRAH CARE Farm Services Centre” Kikaba kiri mu Murenge wa Kabarore,ikigo cyurubatswe ku nkunga ya “USAID” binyuze mu mushinga wayo Hinga Weze. Umuhango witabiriwe n’ Umunyamabanga wa Leta mur...
Polisi yahuguye abakozi bo mu bitaro bya Nyagatare kurwanya inkongi

Polisi yahuguye abakozi bo mu bitaro bya Nyagatare kurwanya inkongi

Amakuru, RWANDA, UMUTEKANO
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Werurwe,  Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi n'ubutabazi (Fire and Rescue Brigade) ryahuguye abakozi bo mu bitaro bya Nyagatare  biherereye mu murenge wa Nyagatare, Akagali ka  Nyagatare II,  ku kwirinda no kurwanya inkongi. Aya mahugurwa y’umunsi umwe yahawe abakozi 83 bakora muri ibi bitaro barimo, abayobozi b’amashami, abaganga, abaforomo, abashinzwe amasuku ndetse n’abashinzwe umutekano muri ibi bitaro.Abahuguwe basobanuriwe ibitera inkongi, amoko y'inkongi n'ibigize inkongi. Basobanuriwe uko bakumira inkongi, berekwa n'uko bakwirwanaho  haramutse habaye inkongi ndetse banerekwa uko  bakwitabara bazimya inkongi bakoresheje bimwe mu bikoresho birimo za kizimyamuriro n'uburingiti butose.Umuyobozi w'ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ink...
Ukraine – Russia : Ibiro bya perezida wa Amerika bivuga ko Perezida Vladimir Putin ayobywa n’abajyanama be

Ukraine – Russia : Ibiro bya perezida wa Amerika bivuga ko Perezida Vladimir Putin ayobywa n’abajyanama be

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Ibiro bya perezida wa Amerika bivuga ko Perezida Vladimir Putin ayobywa n’abajyanama be bafite ubwoba bwo kumubwira ko intambara muri Ukraine irimo kugenda nabi. White House ivuga kandi ko Putin atabwirwa ingaruka zose ibihano byafatiwe igihugu cye birimo kugira ku bukungu. Naho ubutasi bw’Ubwongereza buravuga ko ingabo z’Uburusiya muri Ukraine zacitse intege, zitagifite ibikoresho bihagije, kandi zirimo kwanga amabwiriza. Kremlin ntacyo iratangaza kuri ibi bivugwa na Amerika n’Ubwongereza. Umuvugizi wa White House Kate Bedingfield yavuze ko Amerika ifite amakuru ko Putin "yumva yayobejwe n’igisirikare" kandi ibyo byateye "ubushyamirane hagati ya n’abakuriye igisirikare". Kate yagize ati : "Intambara ya Putin yabaye ikosa ryatumye Uburusiya buzacika intege mu gihe ...
Ikipe yu Rwanda yatsinze umukino wayo wa 2 itsinze Sierra Leone

Ikipe yu Rwanda yatsinze umukino wayo wa 2 itsinze Sierra Leone

Amakuru, IMIKINO, MU MAHANGA
Ikipe y’igihugu y’abagore mu mukino wa Cricket, irikubarizwa mu mujyi wa Lagos muri Nigeria aho yagiye kwitabira irushanwa ryateguwe na NIGERIA CRICKET FEDERATION. Iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu 5 aribyo : SIRRRA LEONNE,GHANA,GAMBIA,NIGERIA,nu RWANDA, Imikino yose ikaba iri kubera ku Kibuga cya TBS CRICKET OVAL Ikipe y’igihugu yu Rwanda icumbitse muri Hotel yitwa BEN GOLDEN. Umukino wa kabiri u Rwanda rukaba rwahuye n’ikipe y’igihugu ya Sierra Leone, Sierra Leone niyo yatsinze toss, gutombora kubanza ku Batting (gukubita udupira unashyiraho amanota menshi,cyangwa ku bowling(gutera udupira arinako ubuza aba Batting gushyiraho amanota menshi) . Maze Sierra Leone ihitamo kubanza ku Battinga mu gihe u Rwanda rwatangiye ru Bowling ari nako rubuza Sierra Leone gushyiraho amanot...

Imfubyi yaje kuba umuherwe Roman Abromovich

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Yabaye impfubyi afite imyaka itatu ariko agera aho aba umwe mu bantu bakize cyane ku isi. Ariko ubu ibyo Roman Abramovich ahuriyeho na Vladimir Putin byatumye afatirwa ibihano birimo kumuhombya, mu gihe kandi ari no mu biganiro bishaka amahoro. Ubwo yaguraga ikipe ya Chelsea mu 2003, Abramovich yagize ati: "Ndabizi abantu bazanyibandaho mu minsi itatu cyangwa ine ariko bizarangira. Bazibagirwa uwo ndi we, kandi ndabikunda." Gusa ubu ntiyorohewe mu Bwongereza, kuva mu byumweru bishize leta yafatiriye imitungo ye irimo inzu, ibikorwa by'agaciro by'ubugeni ndetse na Chelsea kandi yabujijwe kuhagaruka. Leta y'Ubwongereza imushinja kuba umufatanyabikorwa wa Perezida Putin ku bitero muri Ukraine. Kwandagaza uyu mugabo wari ku gasongero k'umupira w'amaguru mu Bwongereza byaciyemo i...
Ruto yashinje Perezida Kenyatta kuryanisha abaturage

Ruto yashinje Perezida Kenyatta kuryanisha abaturage

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Visi perezida William Ruto yashinje Perezida Uhuru Kenyatta, gukoresha ububasha nka perezida akaryanisha abanya-Kenya, nyamara atari inshingano za mbere za Perezida. Ikinyamakuru Daily Nation cyanditse ko bwana Ruto avuga ko ingengo y’imari y’ibiro bya perezida iri gukoreshwa nabi, kandi ko urwego rwa perezida ubundi rukwiye kuba rurebera inyungu abanya-kenya bose atari Kenyatta gusa. Nomero ya kabiri mu gihugu washwanye na nomero ya mbere, amushinja kugira ibiro bye indiri y’abatanya abaturage, ahanini bashaka gushyira imbere amoko n’ibindi bitagezweho muri iki gihe. William Ruto wavuye mu ishyaka Jubilee yahuriragamo na Perezida Uhuru Kenyatta akaba aziyamamaza ku itike y’ishyaka UDA, avuga ko nubwo Uhuru atamushyigikiye, atari byiza kumwangisha abaturage amuvuga nabi kuko ...
BRN iratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 10,9% mu mwaka ushize wa 2021

BRN iratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 10,9% mu mwaka ushize wa 2021

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Banki nkuru y’u Rwanda BRN iratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 10,9% mu mwaka ushize wa 2021,ni mu gihe gutakaza ifaranga byagabanutse bikagera ku mpuzandengo ya 3,8%. Mu kugaragaza uko ubukungu buhagaze na Politiki y’ifaranga mu Rwanda ,hagarukwa ku buryo bwari bwifashe mu mwaka wa 2020 ,no mu mwaka wa 2021 ,ariko kandi hakanareberwa hamwe uko bizegenda muri uyu mwaka wa 2022. Banki nk’uru y’u Rwanda ivuga ko ishingiye ku buryo umwaka wa 2020 wazahajwe na Covid 19 maze ubukungu bukadindira ,mu mwaka wa 2021 ubukungu bwariyongereye kubera ko ingamba zo kwirinda Covid 19 zorohejwe. Hon.John Rwangombwa ni Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda(BNR) yagize ati. Isi yahuye n’ibibazo bya Covid 19 muri 2020 ubukungu busubira inyuma cyane ari kurwego rw’Isi ari ku r...
Abasirikare umunani ba MONUSCO bapfiriye mu ndege yarasiwe muri RDC

Abasirikare umunani ba MONUSCO bapfiriye mu ndege yarasiwe muri RDC

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Abasirikare umunani bo mu ngabo za LONI zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) baguye mu ndege yarashwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Werurwe 2022. Indege ya kajugujugu yari ibatwaye yarashwe ubwo bari mu bikorwa by’iperereza. Impamvu yo kuraswa kw’iyi ndege ntirasobanuka. Amakuru avuga ko mu bapfuye harimo Abanya-Pakistan batandatu bari mu ngabo za MONUSCO. Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Imran Khan, yatangaje ko yatewe agahinda n’urupfu rw’abo basirikare. Ikigo cy’itangazamakuru cy’u Burusiya cyatangaje ko mu bapfuye harimo umusirikare ukomoka muri iki gihugu. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, MONUSCO yari yatangaje kuri Twitter ko imwe muri kajugujugu yari mu bikorwa by’iperereza mu gace kaberagamo imirwano ish...