Monday, September 25
Shadow

Month: February 2022

Abamotari bo muri Gasabo basabwe guhesha agaciro umwuga wabo

Abamotari bo muri Gasabo basabwe guhesha agaciro umwuga wabo

Amakuru, RWANDA, UMUTEKANO
Kuri uyu wa 26 Gashyantare 2022, abatwara abagenzi kuri moto bo mu karere ka Gasabo bagiranye ibiganiro nyunguranabitekerezo n’inzego zitandukanye ku mikorere mishya n’imirongo ngenderwaho mu kazi kabo ka buri munsi. Ni ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi b’inzego zitandukanye barimo Minisitiri w’ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest, umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP/OPs Felix Namuhoranye, umuyobozi w’agateganyo w’urwego ngenzura mikorere RURA Eng Deo Muvunyi n’abandi. Minisitiri w’ibikorwaremezo yabwiye abamotari ko ibibazo byabo byumvishijwe kandi byahawe umurongo bityo ko nabo bagomba gukomeza guhesha agaciro umwuga wabo ukarushaho kubateza imbere n’imiryango yabo. Ati “Mwavugaga ko mutanga amafaranga menshi haba mu makoperative ndetse n’imisoro mutazi aho i...
Hinga Weze yagize uruhare mukumenyekanisha imashini igendanwa yumisha ibigori

Hinga Weze yagize uruhare mukumenyekanisha imashini igendanwa yumisha ibigori

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Mu nama yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Gashyantare muri Hotel Lemigo yigaga uko imashini zatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi ( RAB) bari kumwe naba Rwiyemezamirimo bahawe izo mashini na Hinga Weze/USAID, barebera hamwe uko izo mashini zifasha abaturage kugira ngo umusaro wabo utagira uruhumbu rutera ubumara bwangiza ( Aflotoxine) muri ibyo bigori. Mu gihembwe cy’umuhindo cya A aricyo barimo basarura ibigori byeze ni toni ibihumbi 350 ariko zishobora kurengaho bitewe nuko ibihe byagenze, uwo musaruro wose ntabwo ariko abahinzi bawumisha kuko ibarurishamibare rigaragaza ko ibirenga 66% bawurya (byokeje cyangwa se bitetse), naho ibigera kuri 34% nibyo byumishwa no kugurishwa nk’umusaruro. Iyi nama ikaba yari igamije kuganira kuri izo mashini leta yagu...
Imikino yo ku rwego rwa 4 muri ITF World Junior Tennis tournament U 18 irasozwa kuri uyu wa gatanu

Imikino yo ku rwego rwa 4 muri ITF World Junior Tennis tournament U 18 irasozwa kuri uyu wa gatanu

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Iyi mikino yatangiye tariki ya 18 Gashyantare 2022 irasozwa kuri uyu wa gatanu hagaragaye abakinnyi beza muri iri rushanwa ariko bose siko bagera ku mukino wa nyuma, ni irushanwa ryanejeje ababyeyi baherekeje abana babo ndetse n’abatoza, kuko rizatanga amanota kuri abo bakinnyi. Aba bana nubwo batageze ku mukino wa nyuma ariko berekanye ishyaka Iyi mikino ya nyuma izatangirwa n’umukino wa babiri abazahura akaba ari Seungmin PARK (KOR) / Pavan UPPU (USA) bazakina na Rayen HERMASSI (TUN) [4] / Skander MEZOUAR (TUN) ukazatangira saa tatu za mu gitondo. Arina Varitova(SKN). Mariam Ibrahim(EGY) Umukino wa nyuma mu bakobwa niwo uzahita utangira uyu w’abahungu bakina ari babiri urangiye ukazahuza Mariam Ibrahim(EGY) na Arina Varitova(SKN). Mu cyiciro cy’abahungu abageze ku muki...
Amakipe 12 ya Baskeball agiye guhatanira kujya mu mikino ya nyuma ya Bal izabera mu Rwanda

Amakipe 12 ya Baskeball agiye guhatanira kujya mu mikino ya nyuma ya Bal izabera mu Rwanda

Amakuru, IMIKINO, MU MAHANGA
Ikipe ya REG ya Basketball irahaguruka mu kanya kuri uyu wa kane yerekeje muri Senegal (Dakar) aho bagiye gushaka tike y’imikino ya nyuma ya Bal igomba kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri. Iyi mikino ya majonjora igomba kubera muri Senegal ku makipe atandatu ,naho andi atandatu nayo akazakinira mu Misiri aho buri tsinda rizatanga amakipe ane, agomba kuza mu mikino ya nyuma igomba kubera mu Rwanda. Ubwo iyi mikino iheruka kuba ikipe yari yayitabiriye ni ikipe ya Patriot Basketball yegukanye umwanya wa kane, ubu ikipe ya REG ikaba yiteguye kuzarenga aho iyo Patriot Basketball yagarukiye. Iyi kipe ikaba ihagurutse iteganya guhura n’abandi bakinnyi izasanga muri Senegal bagiye gukinira ikipe y’igihugu y'u Rwanda nayo irimo gukinirayo, bamwe mubo bazasangayo harimo Nshobozwabyos...
Russia yatangije ibitero bigari muri Ukraine

Russia yatangije ibitero bigari muri Ukraine

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Perezida Vladimir Putin yatanze uburenganzira ku basirikare be ko batangiza ibitero muri Ukraine ku buryo abatuye mu murwa mukuru wa Kyiv batangiye guhunga ku buryo habaye umuvurungano w'imodoka bava muri Kapitali Dmytro Kuleba yavuze ko Ukraine izirengera kandi ko isi ishobora kandi igomba guhagarika Putin. Mu gihe Ambasaderi Sergiy Kyslytsya wa Ukraine muri ONU/UN yavuze ko uhagarariye Uburusiya muri ONU yemeje ko Perezida we yatangaje intambara ku gihugu cyanjye. Ariko Minisiteri y'ingabo y'Uburusiya yahakanye ko bari kurasa imijyi ya Ukraine ivuga ko bari kwibasira ibikorwaremezo bya gisirikare, ibirindiro n'ibigo by'ingabo zirwanira mu kirere bifite intwaro zikomeye. Ingabo z'Abarusiya zikaba zamaze kwambuka imipaka zatangiye kurasa ku birindiro by'ingabo za Ukraine...
Ijambo rya Putin ryakangaranyije ibihugu by’iburengerazuba

Ijambo rya Putin ryakangaranyije ibihugu by’iburengerazuba

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Perezida Vladimir Putin w'Uburusiya yaraye avuze ijambo ryatumye ibihugu byinshi bihita bisaba ko haterana inama yihutirwa y'akanama ka ONU gashinzwe umutekano ku isi. Perezida Putin ageza ijambo ku gihugu kuwa mbere nijoro Mu jambo yagejeje ku gihugu igikomeye cyane Putin yavuzemo ni uko Uburusiya bugiye kwemera nk'ibihugu byigenga igice cy'uburasirazuba bwa Ukraine inyeshyamba zise Repubulika za rubanda za Donetsk na Luhansk, kandi akoherezayo ingabo. Ibihugu by'iburengerazuba byahise bikangarana, bisaba inama y'igitaraganya y'akanama gashinzwe umutekano ku isi muri UN yateranye guhera saa kumi n'imwe z'iki gitondo ku isaha yo mu Burundi no mu Rwanda. Ni ibiki by'ingenzi Putin yavuze? Putin yibasiye Ukraine, avuga ko ari igihugu gikolonijwe na Amerika gifite ubutegets...
MAHWI Grain Millers igisubizo ku bahinzi b’ibigori mu karere ka Bugesera

MAHWI Grain Millers igisubizo ku bahinzi b’ibigori mu karere ka Bugesera

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Umuhinzi w’ibigori yahingiraga isoko ndetse no guhunika umusaruro we ariko rimwe na rimwe ukamupfira ubusa kubera kubura aho awugurisha, ikindi burya iyo wejeje kumenya kubika umusaruro wawe utangiritse byashoborwaga na bake kuko kubyanika ndetse no kubihungura byabaga ari akazi gakomeye ku muhinzi. Umushinga Hinga Weze/USAID ni umushinga watangiye k’ubufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi ( RAB) ku nkunga y’umuryango w’Abanyamerika wita ku iterambere mpuzamahanga (USAID) ukaba wibanda k’ubuhinzi no kunoza imirire mu ntego yo gufasha abahinzi barenga 530,000 mu turere icumi ikoreramo mu kwita k’ubuhinzi no kunoza imirire. Hinga Weze/USAID yasuye uruganda MAHWI Grain Millers ruri mu cyanya cy’inganda mu karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora,ah...
Nairobi Expressway Umuhanda wa 27Km kuki ikiguzi cyawo kirimo kwiyongera?

Nairobi Expressway Umuhanda wa 27Km kuki ikiguzi cyawo kirimo kwiyongera?

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Ikiguzi cyo kubaka uyu muhanda mugari uzwi nka Nairobi Expressway cyiyongereyeho hejuru ya 34% kuva utangiye kubakwa muri Kamena(6) 2020. Uyu muhanda ufite igice kinini kiri hejuru y'undi usanzwe wambukiranya umujyi wa Nairobi biteganyijwe ko urangira mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka. Utangira kubabwa ikigo gishinzwe imihanda migari, Kenya National Highways Authority (Kenha), cyavuze ko uzuzura utwaye miliyoni $576, ariko ubu iki kiguzi kigeze kuri miliyoni $777. Ku gaciro ka miliyoni £32 ku kubaka kilometero imwe, uyu muhanda niwo mushinga uhenze cyane w'icyuma n'isima (cement) muri Kenya no muri Africa y'Iburasirazuba, ariko icyo kiguzi cyawo kirakomeza kuzamuka, nk'uko inzobere zibivuga. Abaturage ba Kenya bo bakomeje kugaragaza impungenge kuri icyo kiguzi kubera amateka y...
Iteganyagihe ry’igihembwe cy’itumba Werurwe-Mata-Gicurasi 2022

Iteganyagihe ry’igihembwe cy’itumba Werurwe-Mata-Gicurasi 2022

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) kinejejwe no gutangariza abaturarwanda bose ko muri rusange imvura y’Itumba (Werurwe – Mata- Gicurasi) 2022 iteganyijwe, ari imvura ingana n’isanzwe igwa mu bihe byiza mu bice byinshi by’igihugu. By’umwihariko hateganyijwe imvura iziyongera gato mu ntara y’Iburasirazuba igice kinini cy’intara y’Amajyaruguru no mu majyepfo y’Intara y’Iburengerazuba, Imvura iteganyijwe izaterwa ahanini n’ubushyuhe bwo mu Nyanja ngari iya Pasifika n’iy’Abahinde buteganyijwe kuba ari ubushyuhe busanzwe muri iki gihembwe cy’Itumba 2022. Ingano y’imvura iteganyijwe mu gihembwe cy’Itumba hashingiwe ku miterere ya buri karere: Imvura iri hagati ya milimetero 300 na 400 iteganyijwe mu ntara y’Iburasirazuba mu turere twa Nyagatare, Gatsib...
Umunyamerika Tristan Stringer niwe watsinze igice cya mbere cya ITF World Junior Tennis U18

Umunyamerika Tristan Stringer niwe watsinze igice cya mbere cya ITF World Junior Tennis U18

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Mu irushanwa riri kubera mu Rwanda rya ITF World Junior Tennis U18 ryo mu rwego rwa 4 ryahuje abakinnyi 83 baturuka mu bihugu 33 igice cya mbere kirangiye abahuriye ku mukino wa nyuma ari umunyamerika Tristan Stringer hamwe n’Umuhinde Pranav Karthik mu rwego rw’abahungu. Umunyamerika Tristan Stringer Umuhinde Pranav Karthik Umukino wa nyuma wa ITF World Junior Tennis U18 ririkubera mu Rwanda kubakina ari umwe umunyamerika Tristan Stringer yatsinze Pranav Karthik w'umuhinde  6-2 na 7-6. Guhera kuri uyu wa gatandatu harongera gutangira umwanya w’amajonjora kubagomba kwinjira mu gice cya kabiri kigomba gusozwa tariki ya 25 Gashyantare, aho bagomba no kubona rank ku rwego rwa ITF. Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis bukaba bushimira abitabiriye igice cya mbere c...