Monday, September 25
Shadow

Month: January 2022

REMA yatangije gahunda ifasha abanyarwanda gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro

REMA yatangije gahunda ifasha abanyarwanda gutunga ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Mutarama 2022, Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yatangije Rwanda Cooling Initiative's Green On-Wage (R-COOL GO), gahunda izafasha abaturarwanda kubona ibikoresho bikonjesha bizigama umuriro kandi bitangiza ikirere. Abakozi bujuje ibisabwa, baba bakora mu nzego za Leta cyangwa abikorera, bashobora gusaba inguzanyo muri banki ziri muri iyi gahunda, bakabasha kugura ibikoresho bishya bikonjesha byujuje ubuziranenge bwashyizweho na Minisiteri y’Ibidukikije binyuze mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bidukikije witwa United for Efficiency (U4E) n’ikigo cyitwa Basel Agency for Sustainable Energy. Umuyobozi ...
Bidahindutse uyu munsi Santos Martins Silva arasinya nk’Umutoza wa Rayon Sport

Bidahindutse uyu munsi Santos Martins Silva arasinya nk’Umutoza wa Rayon Sport

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Umunya-Portugal, Pedro Emmanuel Dos Santos Martins Silva yageze i Kigali aho aje gutoza Rayon Sports guhera mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona izatangira ku wa 19 Gashyantare 2022. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 31 Mutarama 2022, ni bwo Pedro Emmanuel yageze i Kigali ari kumwe n’undi mutoza uzamwungiriza. Kuri gahunda, byari biteganyijwe ko agera i Kigali ku Cyumweru mu ijoro, akerekanwa nk’umutoza mushya wa Rayon Sports kuri uyu wa Mbere. Uyu mugabo w’imyaka 46 waherukaga gutoza Al Nassr yo muri Arabie Saoudite, agiye gutoza Rayon Sports iheruka gutandukana na Masudi Djuma wabanje guhagarikwa ukwezi kumwe mu Ukuboza, ikipe igasigaranwa na Lomami Marcel. Imikino ibanza ya Shampiyona yarangiye Rayon Sports iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 26, irushwa at...
Abafite ubumuga bw’ingingo ba Nyagatare bahawe amagare azabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi

Abafite ubumuga bw’ingingo ba Nyagatare bahawe amagare azabafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abafite ubumuga bw’ingingo batuye mu mirenge itandukanye mu karere ka Nyagatare, batangiye guhabwa amagare yabugenewe, bavuga ko ari amahirwe babonye ashobora guhindura abuzima bwabo. Abafite ubumuga bw’ingingo babanjirije abandi mu guhabwa amagare, ni abatuye mu murenge wa Gatunda, nkuko Musengimana Oliver, umukozi w’umuryango Food for Hungry watanze aya magare agaragaza ko yahawe abababaye kurusha abandi. Yagize ati “Nubwo twatanze amagare icumi, ariko amagare twazanye yo guha akarere kose ni amagare 72 afite agaciro ka miliyoni 24. Twabonye ko muri aka gace twabonyemo abantu bafite ubumuga batabasha kubona serivise zimwe na zimwe nk’abana wabonye batabasha kugera ku ishuli. Twashatsemo abababaye kurusha abandi ariko ubushobozi buzagenda buboneka n’abandi azabageraho.” ...
CAN 2021: Stade Olembe yemerewe kwakira umukino wa ½ n’umukino wa nyuma(Finale)

CAN 2021: Stade Olembe yemerewe kwakira umukino wa ½ n’umukino wa nyuma(Finale)

Amakuru, IMIKINO, MU MAHANGA
Abafana b’ikipe y’Igihugu ya Cameroun biruhukije,nyuma y’amarorerwa yabereye kuri iyi stade ndetse hakaboneka n’abahasiga ubuzima 8 ku cyumweru gishize kuri Stade Olembe, Yaounde mu mukino wa 1/8 cya CAN 2021, hagati ya Lion Indomptable na Comores(2-1). Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru (CAF) ryatangaje byagateganyo uko imikino izakinwa ya ½ kuri uyu wa kane,igihugu cyacyiriye Cameroun izahura na Misiri, hanyuma n’umukino wa nyumauzaba ku cyumweru gitaha.Ariko bikaba byemejwe kuri iki cyumweru aribyo bavanyeho ingamba zari zafashwe. Ariko mu ngamba zari zafashwe zo kuganya ingorane itangazamakuru ry’imbere mu gihugu ryagaragaje ko kurangiza gutanga amatike y’ubuntu, gufungura imiryango y’inyongera kugira ngo binjire bizatangira saa kumi n’imwe mbere yuko umukino utangira. ...
Icyuho ku mashuri mu gufatira ifunguro ku mashuri bitaragera hose

Icyuho ku mashuri mu gufatira ifunguro ku mashuri bitaragera hose

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Mu gihe gahunda ya Leta y’u Rwanda ari uko guhera mu mwaka w’amashuli 2021/2022, abanyeshuli kuva mu mashuli abanza kugera muyisumbuye bagomba gufatira ifunguro ku ishuli, hari aho iyi gahunda itatangiye. Ubusanzwe hari hameneyerewe ko abana bafatira ifunguro ku mashuri ari abana biga mu mashuri yisumbuye, n’abiga mu mashuri abanza ariko biga umunsi wose. Leta y’u Rwanda iherutse gutangaza ko muri uyu mwaka w’amashuli abana bose bagomba gufatira ifunguro ku ishuli, cyane ko yanongereye ingano y’abanyeshuli bagerwagaho n’iri funguro. Icyakora amafaranga itanga ku mwana umwe ntiyahindutse aracyari 56 ku mwana buri munsi. Murwunge rw’Amashuru rwa Kacyiru mu karere ka Gasabo, ikigo kirimo amashuli kuva mu nshuke, abanza kugera mu yisumbuye, isanga abafata ifunguro rya sa sita ...
Abanyamuryango ba Toha-Kabuga bemerewe Cana rumwe ntibarazibona bose

Abanyamuryango ba Toha-Kabuga bemerewe Cana rumwe ntibarazibona bose

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije no kurwanya iyangizwa ry’imisozi miremire ya Gicumbi itembanwa n’isuri,GGGI ifatanije na Fonerwa binyuze mu mushinga Green Gicumbi barimo gusazura amashyamba muri ako karere. Ishyamba rya Koperative Toha-Kabuga ntabwo amazi avamo acyangiza imirima y'icyayi n'umuhanda Ni muri gahunda yo kubungabunga amashyamba barwanya imihindagurikire y’ikirere n’ibihe, uyu mushinga ukaba ukangurira ukanafasha ba nyir’ishyamba naya Leta kuyasazura,ku buryo umusaruro wayo urushaho kwiyongera, ndetse no gutanga umwuka mwiza kubayaturiye. Umushinga Green Gicumbi ukorera mu mirenge 9 ariyo: Mukarange,Cyumba,Rushaki,Byumba, Bwisige,Shangasha, Manyagiro, Rubaya, Kaniga. Mu nkingi uyu mushinga wubakiyeho kandi ukorera muri iyi mirenge harimo uw’ imicungire irambye y...
Perezida Kagame yageneye inkunga abaturage basenyewe n’ibiza muri Gisagara bayishyikirizwa na Dr Iyamuremye Augustin

Perezida Kagame yageneye inkunga abaturage basenyewe n’ibiza muri Gisagara bayishyikirizwa na Dr Iyamuremye Augustin

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abaturage bo mu karere ka Gisagara mu Murenge wa Save baherutse kwibasira n'imvura yari irimo umuyaga mwinshi n'urubura, baravuga ko kuba Perezida wa Sena y'u Rwanda yabasuye akabagezaho inkunga Perezida wa Republika Paul Kagame yabageneye ku giti cye, bibagaragariza ko leta ibari hafi mu bibazo bagize. Ibi biza byatwaye ubuzima bw'umuturage umwe, hanangirika inzu 100 mu buryo bunyuranye mu tugari twa Zivu, Shyanda na Munazi mu Murenge wa Save.  Ni ibiza byaturutse ku mvura yarimo umuyaga mwinshi n'urubura yaguye ku mugoroba wo ku wa kane tariki 20, byanangije kandi n'imirima y'abaturage bagera ku 2000. Perezida wa Sena y'u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin wasuye aba baturage, avuga ko yaje nk'uvuka muri uyu murenge wa Save ariko anazanye ubutumwa bwa perezida wa Republika...
Ibikorwaremezo bifite agaciro karenga miliyoni 80 Frw nibyo byatashywe muri nyagatare

Ibikorwaremezo bifite agaciro karenga miliyoni 80 Frw nibyo byatashywe muri nyagatare

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Mu Murenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare, hatashywe isoko rya kijyambere hamwe n’ibyumba by’amashuri byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 83 Frw z'amafaranga y’u Rwanda.  Abaturage bubakiwe ibi bikorwaremezo barabyishimiye cyane bavuga ko ubu ari uburyo bwo kubazanira iterambere. Haherewe ku isoko rya kijyambere ryatashywe, ryubatse mu kagari ka Nyamikamba rikaba rifite imyanya yo gucururizamo 37 yakira abacuruzi 37 kandi bubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 mu guhana intera.  Abaturage bo mu tugari twa Nyamikamba, Nyarurema na Nyamirembe  two muri uyu murenge wa Gatunda ni bamwe mu bagomba gukoresha iri soko ryuzuye ritwaye miliyoni 48 Frw. Muri uyu murenge wa Gatunda kandi hanubatswe ibyumba by'amashuri 4 mu kagari ka Nyarurema byuzuye bity...
Paul Biya stadium iri mu murwa mukuru Yaoundé yaguyeho abantu

Paul Biya stadium iri mu murwa mukuru Yaoundé yaguyeho abantu

Amakuru, IMIKINO, MU MAHANGA
Abantu umunani biravugwa ko bapfuye naho ababarirwa muri mirongo bagakomereka mu mubyigano hanze ya stade mu gikombe cya Africa cy'ibihugu muri Cameroun. René Emmanuel Sadi umuvugizi wa leta ya Cameroun yasohoye itangazo rivuga ko hapfuye abantu umunani naho abakomeretse ari 37, muri bo barindwi bakomeretse bikomeye. Amashusho yerekana abafana b'umupira babyigana cyane mu kwinjira kuri Paul Biya stadium iri mu murwa mukuru Yaoundé ahari hagiye kubera umukino wa 1/8. Umwana umwe ari mu bapfuye, nk'uko byatangajwe na raporo ya minisiteri y'ubuzima yabonywe n'ibiro ntaramakuru AFP. Undi muntu avuga ko hari umubare utari muto w'abana batakaje ubwenge. Iyi stade ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 60,000 ariko kubera amabwiriza yo kwirinda Covid bitegetswe ko itagomba kuren...
Imirwano yongeye kubura hagati y’Ingabo za Ethiopia na TPLF izishinja kuyishotora

Imirwano yongeye kubura hagati y’Ingabo za Ethiopia na TPLF izishinja kuyishotora

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Inyeshyamba z’ishyaka rya TPLF riyoboye Intara ya Tigray, ziravuga ko ku wa Kabiri zashotowe n’Ingabo za Ethiopia bikaba ngombwa ko zigaba igitero ku ngabo za leta mu Ntara ya Afar. TPLF ivuga ko mu gitondo cyo ku wa Mbere abarwanyi bayo bahanganye n’abarwanyi bo mu Ntara ya Afar bashyigikiwe na Leta ya Ethiopia. Uyu mutwe watangaje ko abarwanyi bawo nta mugambi bafite wo kuguma mu Ntara ya Afar ndetse utifuza ko intambara zakongera kwaduka. Hari hashize ukwezi kurenga TPLF itangaje ko yakuye abarwanyi bayo mu ntara za Afar na Amhara ahatangiriye intambara yahuje inyeshyamba na Leta ya Ethiopia mu Kwakira 2020 nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga. Kuvana ingabo zayo muri iyi ntara byari byatanze icyizere cy’uko intambara igiye guhagaragara ariko siko byagenze. TPLF iv...