Monday, September 25
Shadow

Month: November 2021

Abari barushimusi ubu ni abakozi ba RDB mu gutwaza ba Mukerarugendo

Abari barushimusi ubu ni abakozi ba RDB mu gutwaza ba Mukerarugendo

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Bamaze gukangurirwa ibyiza byo kurengera ibidukikije ndetse no kubibungabunga kandi bamaze kubona ko 10% by’amafaranga ava mu bukerarugendo aza kubafasha mu bikorwa remezo nk’amashuri imihanda ndetse n’amavuriro. Abanyamakuru bibumbiye muri REJ bandika ku bidukikije basuye Barushimusi batuye mu mudugudu wa Nyakigina mu Kagali ka Nyabigoma mu murenge wa Kinigi aho berekana amateka y’u Rwanda ku babasuye bakabasigira amafaranga bagabana buri kwezi ari naho twasanze Barora wabaye rushimusi kuva muri 63 ubu akaba atangaza ibibi byo gushimuta inyamaswa. Agira ati “Guhera muri 63 twashimutaga inyamaswa zirimo imbogo ifumberi ndetse n’impongo twaturukaga ku mupaka w’u Rwanda na Uganda tukagenda duhiga kugera ku mupaka w’u Rwanda na RDC, ubu twasanze ari ukwangiza nyuma yaho duhuye ...
Paris Saint-Germain yatangije ishuri ryigisha umupira mu Rwanda

Paris Saint-Germain yatangije ishuri ryigisha umupira mu Rwanda

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Umuhango wo gutangiza ku mugaragaro mu Rwanda ishuri ryigisha umupira w'amaguru ry'ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) wabereye mu mujyi wa Huye mu majyepfo ahari icyicaro cy'iryo shuri. Nadia Benmokhtar ukuriye amashuri y'abana ya PSG yavuze ko ishuri rya PSG i Huye rifite umwihariko w'uko abana bigishwa umupira w'amaguru nta mafaranga bishyura, ngo bitandukanye n'ahandi hari amarerero y'umupira w'amaguru ya PSG ku isi. Ikipe ya PSG ifite amashuri 122 ku isi yigisha abana umupira. Yavuze ko impamvu PSG yahisemo gushyira ishuri ryayo mu mujyi wa Huye ari uko ari umujyi ufite amashuri menshi, bityo bikaba byoroshye guhitamo abana bafite impano. Agira ati: ''Twohereje ikipe y'inzobere ikorana na leta y'u Rwanda guhitamo aho gushyira iri shuri.Twasanze Huye hari amashuri menshi n...
Imbuto Foundation na Abagenerwabikorwa bayo barishimira ibyo bamaze kugeraho mu myaka 20

Imbuto Foundation na Abagenerwabikorwa bayo barishimira ibyo bamaze kugeraho mu myaka 20

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Abagenerwabikorwa b’Umuryango Imbuto Foundation cyane cyane urubyiruko, barashimira uyu muryango wabubakiye umusingi ukomeye w’ubuzima bwabo ubu bakaba bamaze kwiyubaka ndetse baranatangiye kuba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda. Ibyo barabivuga mu gihe Umuryango Imbuto Foundation washinzwe na Madamu Jeannette Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 20 umaze uvutse. Ku myaka 28 y’amavuko, Nayituriki Sylvain afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza, yakuye muri Southern New Hampshire University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Avuga ko ageze mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye icyizere cy’ahazaza cyari kimaze kuyoyoka, ariko Umuryango Imbuto Foundation ukaza kuhagoboka. Uyu musore ukomoka mu Murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, ni umwe...
Kwiga ubuvuzi hanze birasaba kubanza kwiyandikisha mu ngaga z’abaganga

Kwiga ubuvuzi hanze birasaba kubanza kwiyandikisha mu ngaga z’abaganga

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Inzego z’ubuzima mu Rwanda, zirasaba abajya kwiga ubuvuzi mu mashuri makuru yo mu mahanga, gukurikiza amabwiriza amwe n’aya bagenzi babo biga mu mashuri yo mu Rwanda, arimo kujya mu ngaga z’abaganga mbere yo gutangira kwiga. Ibi ngo bizabafasha kubona ibyangombwa biha impamyabumenyi yo mu mahanga agaciro kamwe n’iyo mu Rwanda izwi nka Equivalence. Ni kenshi mu bakozi bo mu nzego z’ubuvuzi hagiye humvikana ibibazo bishingiye ku mpamyabumenyi bamwe bakuye mu mashuri yo mu mahanga, ministeri y’ubuzima n’ ikigo cy’u Rwanda gishinzwe amashuri makuru HEC, bagaragaza ko uburyo bizemo budahuye n’ibisabwa ngo umuntu yemererwe kwiga ubuvuzi mu Rwanda, nyamara ariho bazakorera. Dr Theoneste Ndikumbwimana Umuyobozi w’ishami rishinzwe ireme ry’uburezi mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe amashuri m...
Abiy Ahmed yiyambuye inshingano yigira ku rugamba

Abiy Ahmed yiyambuye inshingano yigira ku rugamba

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Dr Abiy Ahmed yasigiye inshingano Demeke Mekonnen Hassen umwungirije, ajya ku rugamba guhangana n’umutwe wa TPLF usumbirije umurwa mukuru. Ni icyemezo yafashe mu gihe abarwanyi bageze mu bilometero 200 uvuye mu murwa mukuru Addis Ababa. Guverinoma ya Ethiopia magingo aya irimo kwinjiza abasirikare bashya ku bwinshi, bagahabwa imyitozo y’ibanze mbere yo koherezwa ku rugamba. Mu bemeye guhita binjira mu gisirikare harimo Haile Gebreselassie na Feyisa Lilesa bafite imidali ya zahabu mu gusiganwa ku maguru. Reuters yanditse ko Minisitiri w’Intebe wungirije Demeke Mekonnen Hassen ari we wasigaranye inshingano zo guhuza ibikorwa bya Guverinoma. Umuvugizi wa Guverinoma, Legesse Tulu, yemeje mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu ko Minis...
Covid yihinduye yatumye Ubwongereza buhagarika ingendo zo mu majyepfo y’Afurika

Covid yihinduye yatumye Ubwongereza buhagarika ingendo zo mu majyepfo y’Afurika

Amakuru, IBIDUKIKIJE, MU MAHANGA
Ubwongereza uyu munsi burahagarika ingendo ziva mu bihugu bimwe byo mu majyepfo ya Africa kubera ubwoko bushya bwa Coronavirus bwabonetse muri Botswana. Minisitiri w'ubuzima w'Ubwongereza Sajid Javid yavuze ko guhera saa sita zo kuwa gatanu ibyo bihugu byongerwa ku rutonde rutukura n'indege zivayo zigahagarikwa. Inzobere imwe muri science mu Bwongereza yavuze ko ubu bwoko bise B.1.1.529 ari bwo bubi cyane twigeze tubona kugeza ubu, kandi hari ubwoba ko ubwirinzi bw'umubiri butabukoraho. Kugeza ubu hamaze kuboneka abantu 59 banduye ubu bwoko muri Africa y'Epfo, Hong Kong na Botswana. Indege zose zivuye muri Africa y'epfo, Namibia, Zimbabwe, Botswana, Lesotho na Eswatini ziraba zibujijwe kuva saa sita z'amanywa. Javid avuga ko abahanga muri science batewe impungenge n...
Minisitiri w’intebe wa Sweden wa mbere w’umugore yeguye akimara gutorwa

Minisitiri w’intebe wa Sweden wa mbere w’umugore yeguye akimara gutorwa

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Minisitiri w'intebe wa mbere w'umugore wa Suède (Sweden) yeguye hashize amasaha ashyizweho.Ku wa gatatu ni bwo Magdalena Andersson yatangajwe nk'umutegetsi mukuru wa Sweden, ariko yegura nyuma yuko ishyaka bahuriye mu rugaga ruri ku butegetsi rivuye muri guverinoma n'igitekerezo cyaryo cy'ingengo y'imari nticyemerwe. Ahubwo, inteko ishingamategeko yatoye yemeza ingengo y'imari yatanzwe n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi, barimo abafite ibitekerezo by'ubuhezanguni byo kwamagana abimukira. Madamu Andersson yabwiye abanyamakuru ati: "Nabwiye umukuru w'inteko ko nifuza kwegura". Ishyaka bari kumwe mu rugaga riharanira kubungabunga ibidukikije rya Green Party ryavuze ko ritashoboraga kwemera ingengo y'imari "Yateguwe ku nshuro ya mbere hamwe n'abahezanguni". Madamu Andersson yavuze...
Muri iyi minsi Ikibazo cy’inda ziterwa abana gihagaze gute?

Muri iyi minsi Ikibazo cy’inda ziterwa abana gihagaze gute?

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Inzego zitandukanye zagaragaje ko n'ubwo imibare y’abana baterwa inda yagabanutseho hafi 17% ugereranyije n'umwaka wa 2019 na 2020, iki kibazo gikomeje kuza ku isonga mu bibangamiye ituze n’iterambere ry’umuryango.  Kudahishira iki kibazo bigaragazwa nk'imwe mu ngamba zo guhangana nacyo. Hashize imyaka isaga 5 ikibazo cy’abana basambanywa bagaterwa n’inda gifashe indi ntera, aho hirya no hino mu gihugu uhasanga abana bari munsi y’imyaka 18 bafite impinja. Usesenguye imibare y’abana baterwa inda batarageza imyaka y’ubukure usanga mu myaka 3 ishize ikiri hejuru, kabone nubwo hagati ya 2019 na 2020 yari yagabanutseho hafi ibihumbi bine. Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Mireille Batamuliza nawe yemera ko iki kibazo kitagabanuk...
Kwandika ku bidukikije bisaba ubumenyi bwinshi na Siyansi-Rushingabigwi

Kwandika ku bidukikije bisaba ubumenyi bwinshi na Siyansi-Rushingabigwi

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yaberaga I Musanze yateguwe n’umuryango w’abanyamakuru barengera ibidukikije( REJ) ku nkunga ya Internews bafatanije n’Ikigo k’Igihugu cy’imiyoborere myiza (RGB), Ikigo k’Igihugu gishinzwe iterambere ( RDB) n’Ikigo k’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije ( REMA) na Police y’u Rwanda. Rushingabigwi Jean Bosco ushinzwe ishami ry'itangazamakuru muri RGB Aya mahugurwa yabaye tariki ya 22-23 Ugushyingo 2021, yahuriyemo abanyamakuru bagera kuri 20 baturuka mu bitangazamakuru bitandukanye bandika ku bidukikije aho bahugurwa mu gukora no gutegura inkuru isobanurira umuturage kurinda no kubungabunga ibidukikije. Umunya-Kenya Kiundu Waweru umukozi wa Internews muri Eastafrica harimo n’u Rwanda akaba ariwe wafashije REJ guhugura abanyamakuru ndetse anabi...
Uganda Cricket yegukanye igikombe ndetse ibona itike y’igikombe cy’isi

Uganda Cricket yegukanye igikombe ndetse ibona itike y’igikombe cy’isi

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Uganda yakiriye Tanzania umukino wabereye kuri stade mpuzamahanga ya cricket iri I Gahanga, mu gihe kenya na Nigeria bakinira muri IPRC Kigali Mu mukino wabereye kuri stade mpuzamahanga ya cricket iri I Gahanga ikipe y’igihugu ya Tanzania yakinaga na Kenya Ikipe y’igihugu ya Uganda niyo yatsinze Toss gutombora kubanza gukubita udupira (Batting) cyangwa gutera udupira (Bowling), maze ikipe y’igihugu ya Uganda ihitamo kubanza gutegura udupira(Bowling) ari nako bashaka uko babuza Tanzania gushyiraho amanota menshi, Tanzania yo ikaba yatangiye ikubita udupira (Batting) inashaka uko yashyiraho amanota menshi. Ikipe y’igihugu y’Ubugande yaje muri uyu mukino iri kurwego rwohejuru, kuko muri Overs 15 n’udupira 4 bingana n’udupira 94,yarimaze gusohora abakinnyi bose ba Tanzania (All o...