Monday, September 25
Shadow

Month: October 2021

Icyizere kirahari nyuma yuko ugize ikibazo cyo mu mutwe

Icyizere kirahari nyuma yuko ugize ikibazo cyo mu mutwe

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Umuryango mpuzamahanga wita k’Ubuzima (OMS) hari amatariki washyizeho yo kwita k’ubuzima bwo mu mutwe nk’itariki ya 10 Nzeri ya buri mwaka ni umunsi wo kuzikana kurwanya kwiyahura ndetse n’impamvu zituma abantu biyahura naho tariki ya 10 Ukwakira buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wo kwita ku buzima bwo mu mutwe. Iyi minsi  mu Rwanda ikaba yarahurijwe hamwe kugira ngo habe ubukangurambaga bw’amezi atatu bukangurira abantu kwirinda icyabashyira mu bibazo byo mu mutwe, buvuga ko nubwo ikibazo gihari ariko n’ubufasha burahari mu bigo bitandukanye bikorera mu Rwanda. Hari imiryango itegamiye kuri Leta nayo ibasha kwita k’ubuzima bwo mu mutwe kuko hari ikora iby’ubumwe n’ubwiyunge no ku buvuzi bwo mu mutwe, hari irwanya ihohoterwa ariko yubaka ubuzima bwo mu mutwe, hari iyubaka u...
Abakora mu rwego rw’ubuzima bagiye gushinga Umuganga Sacco

Abakora mu rwego rw’ubuzima bagiye gushinga Umuganga Sacco

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abakora mu nzego z’ubuzima baravuga ko kwishyiriraho ikigo cy’imari gitanga inguzanyo bakava mu buryo bw’ibimina bizabafasha kwiteza imbere kandi umutungo wabo ukazaba ufite umutekano. Minisiteri y’ubuzima yo ikavuga ko yiteguye gufasha iki kigo cy’imari kwiyubaka. Kuva mu myaka 4 ishize bamwe mu bakora mu nzego z’ubuzima bari barashyizeho uburyo bwo kwizigamira amafaranga bakanaguza, bukora nk’ikimina,buzwi nka Heath Sector Staff Mutual Aid Group(HSS-MAG)ariko noneho kuva kuri uyu wa 4, bateye indi ntambwe aho icyo kimina bagihindura ikigo cy’imarii kizakora nk’Umuganga SACCO. Ni gahunda abanyamuryango bishimira bakavuga ko ije kubateza imbere kandi ikaba yizewe: Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Mpunga Tharcisse asanga ubu buryo bwo guhindura ikimina kikaba ik...
Minisitiri Ndagijimana yasabye ibihugu bya EAC gufata ingamba zihangana n’ingaruka za Covid19

Minisitiri Ndagijimana yasabye ibihugu bya EAC gufata ingamba zihangana n’ingaruka za Covid19

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Mu gihe isi ikomeje guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid19, Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr.Uzziel Ndagijimana yasabye ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba kugira uburyo n’ingamba zihuriweho, zo gukomeza kurwanya no guhangana n’ingaruka z’icyo cyorezo no kuzahura ubukungu bwasubiye inyuma. Ibi byagarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yo gufungura inama y’akanama k’ubukungu bwa Afurika, UNECA ihuza impuguke n’abayobozi bafata ibyemezo muri za leta zibarizwa mu gashami k’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, ECA. Minisitiri Ndagijimana yavuze ko mbere yo gutekereza ku byazamura ishoramari mu bihugu byo mu karere mu rwego rwo kuzahura ubukungu bwazahajwe n’icyorezo cya COVID19, ibihugu byo mu karere bikwiye kunoza ishoramari mu rwego rw’ubuzima mu rwego ...
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yahaye ba Ofisiye bato 656 ipeti

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yahaye ba Ofisiye bato 656 ipeti

Amakuru, UBUTABERA, UMUTEKANO
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ukwakira mu ishuri rya Polisi (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Gishari hasojwe amasomo ya ba Ofisiye bato 656.  Muri bo, abapolisi ni 574 abandi 34 ni abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), 38 bo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS), n’abandi 10 bo mu  rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS). Amahugurwa yatangiye tariki ya 31 Kanama 2020 yari amaze igihe cy’amezi 13, yari yitabiririwe n’abanyeshuri 663, Barindwi (07) muri bo ntibabashije gusoza kubera impamvu z’imyitwarire n’uburwayi. Abasoje ni 656 barimo 80 b’igitsina gore. Umuhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente akaba ariwe umushyitsi mukuru, hari na Minisitiri w’Ubutabera Dr Emmanuel Ugirashe...
Imyiteguro ya Shampiyona muri Handball irarimbanije mu gikombe cy’igihugu

Imyiteguro ya Shampiyona muri Handball irarimbanije mu gikombe cy’igihugu

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Irushanwa ry’igikombe cy’igihugu kirasozwa muri iyi week end amakipe akaba ageze muri ¼ kirangiza aho bisobanura kuri uyu wa gatandatu mu bagabo n’abagore, naho ku cyumweru ni imikino ya nyuma. Utabarutse Theogene umuyobozi wa Handball mu Rwanda akaba avuga ko iri rushanwa ry’igikombe cy’igihugu ari imyitozo y’amakipe ndetse no kugarura abakinnyi muri gahunda ya Shampiyona. Agira ati “Mbere ya byose turashimira Akarere ka Bugesera kashyizeho ikipe ya Handball kandi bafite ikibuga cyiza kiri muri Stade ya Bugesera, buriya turizera ko na Ngoma nayo baza kuyishyiraho kuko hari abana benshi baturuka muri biriya bice bya Ngoma na Kirehe”. Akomeza agira ati “Iri rushanwa riratuma abakinnyi basubira mu munyenga wa Handball kuko Shampiyona izatangazwa nyuma y’inteko rusange itega...
Samuel Eto’o araregwa guta inshingano zo kubyara bishobora kumuviramo kujya muri Gereza

Samuel Eto’o araregwa guta inshingano zo kubyara bishobora kumuviramo kujya muri Gereza

Amakuru, IMIKINO, MU MAHANGA
Samuel Eto’o arashyirwa mu gahunda zo kwanga kurera uwo yabyaye igihe kinini, ariko bishobora kumugiraho ingaruka zikomeye kuriwe, kuko atemera ibyo yakoze byo kubyara umwana akamutana Nyina ntacyo amufasha. Erika do Rosário Neves, Umwana w’umukobwa w’imyaka 19 wemeza ko ari umwana wa Samuel Eto’o, bigaragara ko afitanye isano n’umunyakameruni ufite umubyeyi wo muri Cap Vert ariko uba muri Espagne , Madrid Adinelsa do Rosário. Uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru akomeje guhakana ko atazi Erika do Rosario nk’umukobwa we,ari nabyo bakomeje kugenda batanga ibimenyetso kuri iki kibazo. Fernando Osuna, Umunyamategeko wa Erika na Adinelsa do Rosario w’imyaka 42 ariwe mubyeyi we. Yemeza ko Eto’o yirengagije inshingano ze. Ariko guceceka k’Umunyakameruni,Umwavoka akaba ...
Umwamikazi Elizabeth II ntakitabiriye inama ya COP26 I Glasgow

Umwamikazi Elizabeth II ntakitabiriye inama ya COP26 I Glasgow

Amakuru, IBIDUKIKIJE, MU MAHANGA
Umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth II ntazitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye ku mihindagurikire y’Ikirere ya COP26 izatangira mu cyumweru gitaha Glasgow muri Ecosse, nkuko byatangajwe kuri uyu wa kabiri n’Ibwami Buckingham. Nkuko byasohowe mu itangazo ry’Ibwami “Nyuma yo kugirwa inama yo kuruhuka, Umwamikazi azakora imirimo yoroheje muri Shato ya Windsor, akaba ababajwe nuwo mwanzuro wafashwe, ko atazerekeza muri Glasgow kwitabira ijoro ryo gutangiza COP26 ku wa mbere itariki 1 Nyakanga 2021”. Umwamikazi ntashimishijwe no kutazahaboneka ariko hari ubutumwa yateguye yahaye abazamuhagararira bazatambutsa bw’amashusho kuri uwo munsi nkuko byatangajwe. Umwamikazi w’imyaka 95 aherutse kurara mu bitaro kubw’ibizamini yakorerwaga kuwa gatatu ushize, bikaba byaratumye asubika ...
Perezida wa Sena yakiriye Ambasaderi wa Koreya mu Rwanda

Perezida wa Sena yakiriye Ambasaderi wa Koreya mu Rwanda

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Kuri uyu wa Kabiri Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa  Koreya y’Epfo mu Rwanda, Chae Jin-Weon byibanze ku guteza imbere umubano w’ibihugu byombi. Weon yashimye umubano usanzwe uranga ibihugu byombi n’uw’Inteko zishinga amategeko z’ibyo bihugu, avuga ko yaje kuganira na Perezida wa Sena mu rwego rwo kumugezaho ubushake igihugu cye gifite mu gushyira imbaraga mu gukomeza umubano n’imikoranire ibihugu bifitanye, ndetse no guteza imbere umubano ushingiye ku Nteko zishinga Amategeko. Perezida wa Sena yagarutse ku nzego z’imikoranire zitandukanye zishimangira umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Koreya y’Epfo, aho yagaragaje ibikorwa Koreya y’Epfo igiramo uruhare mu Rwanda birimo ibikorwa by’ikoranabuhanga, uburezi, ubucuruzi n’ish...
Akaga k’ubushyuhe kugarije isi,ibihe biri imbere ntibyoroshye niba nta gikozwe

Akaga k’ubushyuhe kugarije isi,ibihe biri imbere ntibyoroshye niba nta gikozwe

Amakuru, IBIDUKIKIJE
Ubushyuhe bw'isi bukomeje kwiyongera kubera ibikorwa by'abantu, ubu noneho ihindagurika ry'ibihe rikaba rikomeje kugera mu bice byose by'ubuzima bw'abantu Biramutse bidakurikiraniwe hafi, abantu n'isi bigaragara ko bazagerwaho n'akaga k'ubushyuhe , buzatuma izuba rwiyongera, inkombe z'inyanja n'ibiyaga zirengerwe kurushaho, ubwoko bwinshi bw'inyamaswa n'ibiterwa nabyo buzime. Ibihe biri imbere ntibyoroshye na gato, ariko hari igisubizo gishoboka. Ihindagurikire y'ibihe ni iki? Ibihe n'uburyo ikirere kigomba kuba  cyifashe muri rusange ku myaka myinshi. Ihindagurika ry'ibihe n'ukuba hari ibyahindutse muri uko kuba ibintu biba bisanzwe byifashe muri rusange. Hashize imyaka isaga ijana ibyo byuka bigenda bikomeza kwiyongera, bitewe ahanini na “carbon dioxide” yoherezwa m...