Monday, September 25
Shadow

Month: August 2021

Umurenge wa Gahanga mu guhanga udushya( Kwimana IFASI n’Igitondo cy’Isuku)

Umurenge wa Gahanga mu guhanga udushya( Kwimana IFASI n’Igitondo cy’Isuku)

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Uyu murenge ni umwe mu Mirenge igize Akarere ka Kicukiro ukaba ukomeje guhanga udushya babifashijwemo n’umunyamabanga nshingwabikorwa Rutubuka Emmanuel ubayobora. Utwo dushya twahereye mu kwimana IFASI bivuga ko wanga ko ibibazo byaba ubirebera iyi ikaba ariyo yatangiye aho buri muturage utuye muri uwo murenge wa Gahanga abigira ibye mu kwirinda ibibazo ndetse no mugihe bibaye bakaba aba mbere mu kubikemura. Iyi gahunda imaze gukwira muri buri Kagali ndetse n’umudugudu yo mu Murenge wa Gahanga nabo batangira guhanga ibindi byabafasha kuba umwe, bitumva bumva ko ifasi yabo bayimanye birimo kwanga ko aho bari hagaragara umwanda bityo bihera muri za Karembure na Nunga bashyizeho Igitondo cy’Isuku. Ubu igitondo cy’isuku cyabaye icy’Umurenge wose kuko bahera sa kumi n’ebyiri z...
Iteganyagihe ry’umuhindo riduteganyirije imvura izaduha umusaruro

Iteganyagihe ry’umuhindo riduteganyirije imvura izaduha umusaruro

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere( Meteo Rwanda) kuri iyi tariki ya 29 Kanama 2021 kinejejwe no gutangariza abanyanrwanda uko umuhindo wa 2021 uzaba uteye. Muri rusange hateganijwe imvura isanzwe igwa mu gihe cy’umuhindo ahenshi mu gihugu, uretse mu majyepfo y’intara y’iburengerazuba, mu gice cy’amayaga no mu turere twa Bugesera, Kirehe na Ngoma ho mu Ntara y’iburasirazuba hateganijwe imvura igabanutse ku isanzwe igwa mu gihe cy’umuhindo. Ibi bikaba bizaterwa nuko ubushyuhe bwo mu Nyanja ngari cyane cyane iya Pacifique n’Ubuhinde burimo kugabanuka muri iyi minsi ndetse binagaragara ko buzakomeza kugabanuka muri uyu muhindo wa 2021, bikaba bizatuma kenshi mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no mu bice bimwe na bimwe by’Igihugu imvura iteganijwe kuzagabanuka ugerer...
Ivubi rifasha umuhinzi kweza neza imyaka iyo ryageze mu murima

Ivubi rifasha umuhinzi kweza neza imyaka iyo ryageze mu murima

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Amavubi menshi atungwa n’ibindi bisimba cyane cyane iyo yageze mu murima arinda utundi dusimba dushobora kwangiza imyaka, kuko ubwayo atangiza ibimera. Amoko menshi y’amavubi abarirwa muri kimwe mu byiciro bibiri bishobora gushyirwamo amavubi,amavubi yigunga ndetse n’amavubi abana n’ayandi. Amavubi yigunga ntiyubaka amazu yo kubamo kandi ubu bwoko bw’amavubi burabyara, ariko amavubi abana n’ayandi abyara gake gashoboka, kuko amavubi abana n’ayandi ntabwo akunze kwororoka. Hari amoko y’amavubi agira umwamikazi w’amavubi ndetse n’ibigabo bibyara naho amavubi y’ingore ntabwo abyara, bityo amavubi agira amababa abiri kuri buri ruhande, uretse ko hari n’atagira amababa. Amavubi y’ingore niyo agira urubori rushamikiyeho ku mwanya ubikwamo amagi, ivubi rigira utwoya duke ...
Tigray: Inyeshyamba zirashinja AU kubogamira kuri leta

Tigray: Inyeshyamba zirashinja AU kubogamira kuri leta

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Inyeshyamba zo mu majyaruguru ya Ethiopia mu karere kibasiwe n'imirwano ka Tigray zishinja umuryango w'Ubumwe bw'Afurika kubogama, nyuma y'iminsi ushyizeho Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria ngo abe umuhuza hagati yazo na leta ya Ethiopia. Getachew Reda, umuvugizi w'umutwe wa Tigray People's Liberation Front (TPLF), yashinje AU kuba ku ruhande rwa leta ya Ethiopia no kwemera gacye gusa ko hari imirwano imaze amezi icumi. Ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko TPLF itarwanya ishyirwaho ry'umuhuza, ariko avuga ko haba harimo ubutesi kwitega ko ubwo butumwa hari icyo buzageraho. Leta ya Ethiopia yakomeje kuvuga ko idashaka kugirana ibiganiro n'umutwe wa TPLF, ivuga ko ari uw'iterabwoba, ariko TPLF yo ivuga ko ari yo leta y'akarere ka Tigray yemewe n'amategeko. I...
Umushinga FH (Food for hungry) urafasha abaturage guhangana n’imvura y’umuhindo utanga isakaro

Umushinga FH (Food for hungry) urafasha abaturage guhangana n’imvura y’umuhindo utanga isakaro

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU, UBUREZI, UBUZIMA
Uyu mushinga wa FH (Food for hungry) ukorera mu turere twa Ruhango,Muhanga,Kamonyi,Gatsibo,Nyagatare na Ngororero ukomeje kuvana abaturage mu bukene ubafasha kuba heza, no kugira imibereho izira uburwayi. Byumwihariko mu Murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga babafasha mu bikorwa bitandukanye harimo ubuhinzi, ubukangurambaga, kwigisha abaturage kwiteza imbere,kubafasha mu burezi,no kwimura abaturage bari mu manegeka babafasha kubona isakaro(Amabati), ndetse no kubafasha kubona ubwiherero buhesha umunyarwanda agaciro Mu cyumweru gishize bahaye abaturage bo mu murenge wa Kabacuzi amabati yo gusakara inzu zabo kugira ngo birinde imvura y’umuhindo iteganijwe mu mezi ari imbere. Umuryango wa Dusabimana Damascene washimishijwe nuko wabonye inkunga y’amabati 30 yo gusakara inzu y...
Abasore n’inkumi bari hejuru y’imyaka 18 batangiye gukingirwa covid-19

Abasore n’inkumi bari hejuru y’imyaka 18 batangiye gukingirwa covid-19

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Minisiteri y'ubuzima mu Rwanda ivuga ko abo mu cyiciro cyo hejuru y'imyaka 18 ari bo bafite ibyago byinshi byo kwandura no kwanduza dore ko ari bo birirwa mu mirimo itandukanye kandi bagahura na benshi. Umujyi wa Kigali ni wo watangiriweho muri iyi gahunda yo gukingira Covid-19 haherewe kubari hejuru yimyaka 18 y'amavuko. Abashinzwe ubuzima mu Rwanda bavuga ko ingamba zo kwirinda zishobora kugabannywaho cyane ubwo hazaba hamaze gukingirwa nibura 60% by'abaturage bose. Minisiteri y'ubuzima ivuga ko iki ari icyiciro cya 3 cy'ikingira igihugu cyinjiyemo nyuma y'icy'abari hejuru y'imyaka 60 bakurikiwe n'abari hejuru y'imyaka 50 na 40. Kuva gahunda yo gukingira yatangira mu kwezi kwa gatatu, abakiri bato bari bakomeje gusa n'abashyirwa ku ruhande bivugwa ko bo bafite ubwiri...
Imbaga y’abantu yitabiriye irahira rya Hakainde Hichilema

Imbaga y’abantu yitabiriye irahira rya Hakainde Hichilema

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Abantu babarirwa mu bihumbi mirongo bateraniye mu murwa mukuru Lusaka wa Zambia, mu muhango wo kurahira kwa Hakainde Hichilema nka Perezida mushya w'iki gihugu wa Karindwi. Abantu batangiye guterana ku wa mbere benshi bavuye hanze ya Lusaka barara mu kibuga cyabereyemo umuhango w'irahira rye, ibintu byitabiriwe n'abantu benshi kuko bari bakeneye impinduka muri Politike yabo. Bwana Hichilema, w'imyaka 59, akaba abaye Perezida wa karindwi muri Zambiya akaba yarasabye ibirimo kwicisha bugufi n'ubushishozi. Yasabye ko we n'abandi bategetsi muri leta "Bita ku bakire n'abakene, urubyiruko n'abakuze, abapfakazi n'impfubyi, abize n'abatize, abatavuga rumwe natwe muri politike na bagenzi bacu, mu cyubahiro, gushyira mu gaciro no mu rukundo" Mu nshuro zose yiyamamaje ntabwo yabu...
Gabon : Mu bakinnyi umutoza yahamagaye ntawe ukina muri Gabon

Gabon : Mu bakinnyi umutoza yahamagaye ntawe ukina muri Gabon

Amakuru, IMIKINO, MU MAHANGA
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Gabon Patrice Neveu, kuri uyu wa mbere nibwo yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 21 azifashisha mu gushakisha itike y’igikombe cy’isi muri Qatar 2022. Muri urwo rutonde yasohoye nta mukinnyi ukina muri Gabon urimo ahubwo yahamagaye abakina hanze y’igihugu gusa, aho bazakina umukino wa mbere na Libye I Benghazi naho uwo bazakina na Misiri bazayakira Franceville muri Gabon. Abakinnyi bahamagawe 80%  ni abagize uruhare mu guha itike ikipe ya Gabon mu mikino nyafurika y’ibihugu ( CAN) iteganijwe kubera muri Cameroun, aho nyuma ya tombola bisanze mu itsinda rya C, harimo Marocco, Ghana, Comoros na Gabon. Ubusatirizi bwa Pantheres ya Gabon buzayoborwa nkuko bizanzwe na bwabutatu bumenyerewe Pierre Emerick Aubameyang(A...
Zabihullah Mujahid, umuvugizi w’aba Taliban w’amayobera, byarangiye yigaragaje

Zabihullah Mujahid, umuvugizi w’aba Taliban w’amayobera, byarangiye yigaragaje

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Ubwo ku wa kabiri aba Taliban bakoreshaga ikiganiro cyabo cya mbere n'abanyamakuru kuva bakwigarurira Afghanistan, umuvugizi wabo Zabihullah Mujahid ni we wavugaga cyane. Bwana Mujahid yasubije ibibazo ku ngingo zitandukanye byabajijwe n'abanyamakuru muri icyo kiganiro cyanditse amateka, aho yavuze ko uburenganzira bw'abagore buzubahirizwa mu rwego rw'amategeko ya kisilamu. Kuri benshi mu banyamakuru barebaga icyo kiganiro, hari ikindi kintu na cyo cyari icy'agaciro gakomeye: ni bwo bwa mbere bari babonye isura ye. Mu gihe cy'imyaka ishize, yakoreye ahatagaragara, abanyamakuru bakumva ijwi rye gusa kuri telefone. Yalda Hakim avuga ko yumiwe abonye isura y'umugabo yari amaze imyaka irenga 10 avugana na we, ubwo yari arimo gusubiza ikibazo cya mbere cyabajijwe n'umunyamakuru...
Ibyatsi ni bimwe mu bihangana n’izuba kugeza imvura ibonetse y’itumba

Ibyatsi ni bimwe mu bihangana n’izuba kugeza imvura ibonetse y’itumba

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA
Ibihe turimo by’izuba guhera mu kwezi kwa gatandatu kugeza mu kwezi kwa munani gushira ibyatsi n’ibiti bimwe na bimwe birahababarira cyane ibitewe ku muhanda byo biba akarusho. Ariko Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo kwuhira bushya hakoreshejwe amatiyo yashyizwe mu ndabyo kuva kwa Lando kugera winjira mu marembo yuwo mujyi. Iyo ukurikiranye ubundi busitani bwatewe ku nkengero z’imihanda mu nkengero z’umujyi wa Kigali usanga ubwo busitani butitaweho muri iki gihe, nubwo ubwo busitani buhangana n’ibihe byizuba kugeza imvura iguye ariko buramutse buhawe amazi bwarashaho gutuma aho hantu hakomeza gutanga ubusitani bwiza. Umujyi wa Kigali umenyereweho kugira isuku muri Afurika ndetse benshi baturuka mu yindi mijyi yaba iya Afurika cyangwa se iyo ku mugabane w’Ubur...