Monday, September 25
Shadow

Month: April 2021

Abarokokeye i Mibilizi bavuga ko Imana yakinze ukuboko ntibapfira gushira

Abarokokeye i Mibilizi bavuga ko Imana yakinze ukuboko ntibapfira gushira

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abarokokeye Jenoside yakorewe abatutsi i Mibilizi mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatanu bibutse abatutsi bahaguye, bashima Imana kuba batarapfiriye gushira nubwo Interahamwe zari zifite uwo mugambi. Kuri iyi tariki nibwo bibuka ko interahamwe Yusufu Munyakazi wazanye igitero simusiga ahagera avuye mu Bisesero, mu cyahoze ari perefegitura ya Kibuye azana n'interahamwe zo mu Bugarama zica abatutsi benshi. Abaharokokeye bavuga ko uwo munsi Interahamwe zishe abatutsi benshi kurusha abari baragiye bicwa mu bindi bitero byari byabanje uhereye ku cyahagabwe tariki 18 Mata 1994. Abaharokokeye bavuga ko Imana yakinze ukuboko ntibapfira gushira, ubu bakaba bavuga ko n'ubwo bafite ibikomere bidasibangana ku mutima ariko ko bafite inshingano zo gukunda no kurengera igihugu cyabakijije ...
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bigogwe barasaba gusanirwa inzu

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bigogwe barasaba gusanirwa inzu

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Imwe mu miryango yarokotse jenoside yakorewe abatutsi ituye mu Murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu, irasaba ubufasha bwo kubakirwa no gusanirwa inzu kuko izo bubakiwe zangiritse mu buryo bukomeye. Imiryango 54 yo muri uwo Murenge niyo igaragaza ko inzu ituyemo zubatswe huti huti hakoreshwa amatafari atumye, bituma zangirika hadaciye kabiri. Aba baturage bavuga ko bagerageza gushyiraho akabo ariko kubera imyubakire mibi, biba iby’ubusa zigakomeza kwangirika. Barasaba ko izangiritse cyane zisanwa, naho izangiritse bikabije zikubakwa nabo bakabona amacumbi meza. Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, agaragaza ko ku bufatanye n’Ikigega cya Leta gishinzwe gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ‘FARG’, hari gahunda yo ku...
Abafashijwe kugira ubumenyi na Kompanyi ya Rosatom bayivuga imyato

Abafashijwe kugira ubumenyi na Kompanyi ya Rosatom bayivuga imyato

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Mu rwego rwo guha ingufu ahazaza, dukeneye uburyo bwiza, bwizewe bwo kubonamo ingufu, mbega nk’iza nikleyeri. uko bimeze kose, ingufu zigezweho za nikleyeri zihari ku bwinshi ugereranije n’iz’amashanyarazi yandi. Ni ikoranabuhanga rikenewe cyane mu gukuraho ingorane zose za none n’iz’ejo hazaza. Ni ingenzi kandi mu gusigasira Intego Shingiro z’umuryango w’abibumbye, UN. Gusa ku bw’amahirwe make, abantu benshi ku isi usanga batarabona neza ko nikleyeri yaba indi soko y’amashanyarazi. Mu gushaka gukemura iki kibazo, ikompanyi ya Rosatom yizera neza ko ari cyo gihe cyiza ubu, cyo kuba abantu baganira ku buryo bwo guha agaciro Nikleyeri. icyiswe ‘Atoms for Humanity’ ni uburyo bwo gukusanya amakuru agenewe abantu bose ku isi bagasangizwa uburyo ingufu za nikleyeri zihindura ubuzima ...
Inteko yatumije Minisitiri wa MINICOM ngo asobanure ibibazo biri muri CPC

Inteko yatumije Minisitiri wa MINICOM ngo asobanure ibibazo biri muri CPC

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Umutwe w’Abadepite watumije Minisitiri w'ubucuruzi n'inganda ngo azatange ibisobanuro mu magambo ku bibazo biri muri gahunda yiswe uruganda iwacu. Intumwa za rubanda ngo zasanze idatanga umusaruro nyamara Leta yarashoyemo arenga miliyari 4. Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'Imari n'Umutungo by'Igihugu PAC, bagaragarije inteko rusange umutwe w’abadepite, uruhuri rw'ibibazo byagaragajwe n'umugenzuzi mukuru w'imari ya leta, biri muri iyi gahunda yiswe Uruganda Iwacu. Leta yashyizeho inganda 6 mu turere 6 hagamijwe kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi ariko ngo ntitanga umusaruro wari witezwe. Ibibazo bivugwa muri iyi gahunda bishingiye ku nyigo zakozwe nabi byatumye zimwe mu nganda zubakwa ahatera ibihingwa zagenewe gutunganya, ndetse ...
OMS ivuga ko COVID19 yatumye abana batabafasha kubona inkingo biyongereye

OMS ivuga ko COVID19 yatumye abana batabafasha kubona inkingo biyongereye

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Bamwe mu baturage bavuga ko iyo baza kugira amahirwe yo guhabwa inkingo bakiri bato,byari kubarinda indwara zirimo indwara y'imbasa,yabaye intandaro y'ubumuga bamaranye igihe. Ku rundi ruhande ariko bashima uburyo kuri ubu hari inkingo nyinshi zitangwa,zigafasha mu kurengera ubuzima bw’ abatuye isi. Hategekimana Paul na Claire Mukanganizi bombi bakora mu bijyanye no gupima indwara muri labo, bahuriza ku kuba indwara y’imbasa ar iyo yabaye intandaro y’ubumuga bafite. Hategekimana Paul ati “Mfite ubumuga bw’ingingo bwaturutse ku mbasa narwaye mfite imyaka 3,nari navutse neza,ndagenda ariko ndwaye imbasa inyunyuza akuguru k’iburyo, kera muri sosiyete, ubu byarahindutse, bagufataga nk’ikintu, nk’umuntu udashoboye,baguhaga akato.  Iyo nageraga ku kigo gishya, barazaga bakanki...
Baragaya Loni kuba ntacyo yakoze ngo ihagarike Jenoside yakorewaga abatutsi mu 1994

Baragaya Loni kuba ntacyo yakoze ngo ihagarike Jenoside yakorewaga abatutsi mu 1994

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Bamwe mu bari bahagari ye ibihugu byabo mu muryango w’abibumbye banenze uyu muryango kuba  ntacyo wakoze ngo uhagarike Jenoside yakorewaga abatutsi. Hari mu kiganiro cyateguwe na Ambasade y’u Rwanda mu muryango w’abimbumbye muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 27  Jenoside yakorewe Abatutsi Ni kiganiro cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kuko abakitabiriye bari hirya no hino ku Isi. Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta wagitangije yagaragaje ko ikiganiro nk'iki ari urubuga rwo kongera kwisuzuma ku ruhande rw'umuryango mpuzamahanga ugatekereza ku byemezo by'ingirakamaro wafashe n'ibyo wirengagije cyangwa ibyatinze gufatwa haba mbere ya jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe yabaga, nyuma yayo  ndetse n'ingaruka ibyo byose byagize....
Bamwe mu bubatse imiturirwa y’ubucuruzi ikabura abayikoreramo batakambiye Minisitiri Gatabazi

Bamwe mu bubatse imiturirwa y’ubucuruzi ikabura abayikoreramo batakambiye Minisitiri Gatabazi

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Abashoye imari mu kubaka inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Kigali basabye Minisitiri w’ubugetsi bw’igihugu  Gatabazi Jean Marie Vianney ku bakorera ubuvugizi ku bigo by’imari kuko ngo kubura abazikoreramo byatumye badashobora kwishyura inguzanyo uko bikwiye. Nyuma y’iminsi mike ashyizwe muri uyu mwanya,Minisitiri w’ubutgetsi bw’igihugu Gatabazi Jean Mari Vianney akomeje gusura ibikorwa by’amajyembere bitandukanye hirya no hino mu gihugu areba impinduka byazanye mu buzima bw’abaturage. Mu murwa Mukuru w’u Rwanda, uyu muyobozi yasuye imishinga y’ibikorwa remezo by’ubukungu n’imibereho myiza. Mu bibazo yagaragarijwe, harimo ibiciro by’ubukode bw’inzu zicururizwamo bihanitse. Ni mu gihe abashoye imari muri izi nzu z’ubucuruzi na bo basaba ubuvugizi kuko bakererewe kwishyura inguz...
Imikino ya nyuma yo kwitegura gutangira Shampiyona kuri uyu wa gatandatu

Imikino ya nyuma yo kwitegura gutangira Shampiyona kuri uyu wa gatandatu

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Umukino wahuje Gasogi United na Bugesera Fc warangiye Bugesera itsinze Gasogi United igitego kimwe ku busa umukino waranzwe no guhangana ku makipe yombi nubwo Bugesera yanyuzagamo ikarusha Gasogi United ariko ubona ko amakipe yombi asa naho ari mu kigero kimwe. Ikipe ya Bugesera yinjiye mu mukino mbere ya Gasogi United ari nabwo yahise ibona igitego cyatandukanije amakipe yombi, aya makipe akaba ari umukino wa nyuma w’imyiteguro mbere yuko Shampiyona isubukurwa nubwo yari yatangiye igahita ihagarara, ubu ikazakinnywa mu matsinda. Ntitwabura kunenga ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru bigaragara ko nta buyobozi buriho nyuma yaho Perezida yeguriye kuko ntabwo Vice Perezida yagombye kugisha inama umukozi we ariwe munyamabanga wiryo shyirahamwe ndetse umaze iminsi aha...
Impunzi ziba mu mijyi ya Malawi zirahangayitse cyane

Impunzi ziba mu mijyi ya Malawi zirahangayitse cyane

Amakuru, MU MAHANGA, UMUTEKANO
Impunzi ibihumbi z'Abarundi, Abanyarwanda n'Abanyecongo ziba mu mijyi itandukanye muri Malawi zivuga ko zihangayitse cyane kuko itariki ntarengwa zahawe na leta ko zigomba gusubira mu nkambi ari uyu munsi ku wa gatatu. Mu ntangiriro z'uku kwezi kwa Mata leta ya Malawi yasohoye itangazo rivuga ko ku mpamvu z'umutekano impunzi zose ziba hanze y'inkambi zigomba gusubira kuba mu nkambi, bitaba ibyo hagakoreshwa ingufu. Elie Umukunzi, umuvugizi w'izi mpunzi, yabwiye BBC ko ku wa mbere ushize UNHCR n'umuryango Human Rights Defenders Coalition (HRDC) baganiriye na leta basabira izi mpunzi nibura amezi atandatu yo kwitegura, ariko ko ntacyo byagezeho. kubera ko itegeko ryo mu 1989 rigenga impunzi muri Malawi ritegeka ko impunzi zose zigomba kuba mu nkambi. Gusa muri zo ababarirwa m...
Sena n’uturere mu biganiro ku ngengabitekerezo ya Jenoside

Sena n’uturere mu biganiro ku ngengabitekerezo ya Jenoside

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Abagize inzego z’ibanze bahawe ibiganiro bigamije gukumira ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi hagamijwe kubaka ubumwe n'ubwiyunge butanyeganyezwa. Ni mu gihe ariko hari hamwe mu turere hakigaragara ingengabitekerezo ya Jenoside.  Ibi biganiro byateguwe na Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, umutekano n’ubutwererane muri Sena, ikaba iganira n’abagize Komite nyobozi z’uturere, ndetse n’abahagarariye imiryango itari iya Leta.  Ku  ikubitiro,abagiranye ibiganiro n’abagize iyi Komisiyo, ni abo mu  turere turindwi tugize intara y’Iburasirazuba.  Ibi ngo bigamije kumenyekanisha amahame remezo ateganywa n’itegeko nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 ihame remezo ryibanzweho, ni iryo gukumira, no guhana icyaha cya jenoside...