Monday, September 25
Shadow

Month: March 2021

Nike yareze kubera Inkweto za Satani zirimo amaraso y’abantu zayitiriwe

Nike yareze kubera Inkweto za Satani zirimo amaraso y’abantu zayitiriwe

Amakuru, IMYIDAGADURO, MU MAHANGA
Nike iri gukurikirana abanyabugeni MSCHF kubera inkweto zitavugwaho rumwe ziswe "Inkweto za Satani" zifite igitonyanga cy'amaraso nyayo y'umuntu mu mupira wazo. 'Inkweto za Shitani' za Lil Nas X na MSCHF zaguzwe mu gihe kitageze ku munota umwe kuwa mbere Izi nkweto za siporo zaguzwe $1,018 (arenga miliyoni imwe y'u Rwanda) ziriho umusaraba ucuritse, akamenyetso ka Pentagram hamwe n'ijambo "Luke 10:18", zakozwe bahinduye Nike Air Max 97s. Ku wa mbere MSCHF yasohoye izi nkweto ziriho umubare 666, ifatanyije n'umuhanzi wa rap Lil Nas X, kandi ivuga ko zahise zigurwa mu gihe kiri munsi y'umunota umwe. Nike ivuga ko habayeho kwinjirira uburenganzira n'ikirango cyayo. Izi nkweto z'umukara n'umutuku zagaragaye bwa mbere ku wa mbere mu ndirimbo nshya ya Lil Nas X yitwa Montero (Call M...
Hari isano iri hagati y’ubwoko bw’amaraso n’ibyo umuntu asabwa kurya?

Hari isano iri hagati y’ubwoko bw’amaraso n’ibyo umuntu asabwa kurya?

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Inzobere mu bijyanye n'imirire ntizivuga rumwe ku birebana nuko  abantu bakwita ku mirire yabo cyangwa se bagahitamo amafunguro bagendeye ku bwoko bw'amaraso bafite. Ni mu gihe nyamara Ministeri y’Ubuzima ndetse n’abahanga mu buvuzi bavuga ko nta bushakashatsi bwizewe bwaba bwarerekanye ko hari abantu bafite icyiciro runaka cy’amaraso, bagenewe imirire runaka. Bamwe mu baturage bamenye ubwoko bw’amaraso yabo bagaragaza ko babufiteho amakuru afite aho ahuriye n’ibiranga imiterere ndetse n’imyitwarire yabo.  Abahanga mu bijyanye n'ubuzima bavuga ko  mu bice bigize amaraso y'umuntu harimo uturemangingo tw'umutuku bita cells cyangwa cellules mu ndimi z'amahanga, dutanga ibara ry'umutuku ry'amaraso tukaba ari na two tugena ubwoko bwose bw'amaraso. Dr.Christop...
Perezida Kagame yasabye buri wese kongera imbaraga n’ubushake bwo gukorera hamwe

Perezida Kagame yasabye buri wese kongera imbaraga n’ubushake bwo gukorera hamwe

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Mu masengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu yabaye kuri iki cyumweru, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahamagariye buri wese kongera imbaraga n'ubushake bwo gukorera hamwe n'abandi kugirango u Rwanda rugere aheza rwifuza nkuko bikubiye mu cyerekezo rwihaye. Ni ku nshuro ya mbere mu myaka 26 ishize amasengesho yo gusengera igihugu akozwe hifashishijwe ikoranabuhanga kubera ingamba zo guhangana n'icyorezo cya COVID19. Ku banyamuryango ba Rwanda Leaders Fellowship itegura iki gikorwa, ngo ni iby'agaciro gakomeye kuba iki gikorwa cyashobotse. Emmanuel Ndayizeye ati "Twasengeye igihugu, twasabanye nubwo twasabanye tutari kumwe ariko twahuje imitima. Nubwo bitabaye mu kwa mbere nkuko dusanzwe tubikora ijambo ry'Imana twaryumvise, twakiriye impanuro z'umukuru w'igihugu, twaki...
Abiga muri Rwanda Coding Academy barishimira ubumenyi mu ikoranabuhanga bamaze kunguka

Abiga muri Rwanda Coding Academy barishimira ubumenyi mu ikoranabuhanga bamaze kunguka

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Imyaka ibiri irashize Rwanda Coding Acedemy, ishuri ryitezweho gusohora abahanga mu bumenyi bw’icyitegererezo mu gukora porogaramu za mudasobwa (Software Engineering) mu Rwanda no mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba ritangiye. Abana biga muri iri shuri riri mu karere ka Nyabihu, bishimira urwego rw’ubumenyi bahabwa kuko ari ntagereranywa. Rwanda Coding Academy, ishuri rifite umwihariko wo gucura abahanga mu gukora program za mudasobwa (softwares), niryo shuri rukumbi riteye ritya mu Rwanda. Abana baryigamo ni intoranywa hagendewe ku mitisindire yabo. Kuva  muri Gashyantare 2019 rikinguye imiryango, ryigamo abana 118 bari mu mwaka wa kane n’uwa gatanu. Ku bijyanye n’imyigire n’imyigishirize, umunyeshuri niwe umara umwanya mu mishinga n ‘ubuvumbuzi ku giti cye cyangwa mu m...
Huye: I Tumba habonetse imibiri 47 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: I Tumba habonetse imibiri 47 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Amakuru, RWANDA, UBUTABERA
Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye baravuga ko bibabaje kuba nyuma y'imyaka 27 jenoside ibaye hari ahakiboneka imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro nyamara hatuye abantu bagatanze ayo makuru.  Ni nyuma y'uko kuva ku wa Gatanu w'icyumweru gishize mu Kagari ka Cyimana batangiye igikorwa cyo gushakisha imibiri mu isambu y'umuturage, hakaza kuboneka 47. Igikorwa cyo gutangira gucukura hashakishwa iyi mibiri cyatangiye ku wa gatanu w'icyumweru gishize ny'ma y'amakuru yatanzwe n'umuturage mu buryo bw'ibanga. Aya makuru uyu muturage yayahaye Uwimana Beatrice, umwe mu babashije kurokoka wo muri uyu muryango wishwe ukajugunwa mu musarani ufite metero 10 z'uburebure ndetse inzu uyu muryango wari utuyemo igasenwa ku buryo nyuma ...
Ever Given: Ubwato rutura bwari bwaheze mu bunigo bwa Suez bwagobotowe

Ever Given: Ubwato rutura bwari bwaheze mu bunigo bwa Suez bwagobotowe

Amakuru, MU MAHANGA, UBUKUNGU
Ubwato rutura bwari bwahagamye mu bunigo bwa Suez kuva kuwa kabiri, bwagobotowe bugasubira kureremba ku mazi bukomeza iyo bwajyaga. Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga kuwa mbere, yerekanaga ko igice cy'inyuma cya Ever Given kigana ku nkombe z'ubunigo, bihita bifunga inzira yose. Inchcape, kompanyi ya serivisi zo mu nyanja, nayo yatangaje ko ubu bwato bwagobotowe. Gusubiza ubu bwato ku mazi ni ibikorwa byifashishije ubwato busunika n'imashini zicukura zigizayo umucanga. Ubu bunigo buca mu Misiri ni imwe mu nzira zifashishwa kurusha izindi mu bucuruzi ku isi. Gufunga ubu bunigo k'ubu bwato bwa kompanyi ya Evergreen, byatumye andi mato ajya kuzunguruka Afurika ngo agere iburengerazuba. Inzobere mu ibaruramari zavuze ko gufunga ubu bunigo bwa Suez bwatezaga igihombo c...
Indonesia : Abantu bakomerekejwe n’igisasu cyaturikiye ku Kiliziya

Indonesia : Abantu bakomerekejwe n’igisasu cyaturikiye ku Kiliziya

Amakuru, MU MAHANGA, UMUTEKANO
Igisasu cyaturikiye hanze ya Kiliziya Gatolika mu mujyi wa Makassar muri Indonesia mu majyepfo y'intara ya Sulawesi cyakomerekeje abantu batari munsi ya 14. Polisi yavuze ko umwiyahuzi umwe cyangwa babiri biturikirizaho igisasu bari bagambiriye abantu bari barimo bava mu misa y'umunsi mukuru wa mashami, umunsi wa mbere w'icyumweru kibanziriza Pasika. Aho cyaturikiye habonetse ibice bimwe by'imibiri, nkuko polisi yabibwiye ibitangazamakuru, ariko ntabwo biramenyekana ba nyir'ibyo bice. Mu gihe cyashize, intagondwa ziyitirira idini ya Islam zagabye ibitero kuri za kiliziya, ariko kugeza ubu nta mutwe wari wigamba icyo gitero cyo kuri iki cyumweru. Padiri Wilhelmus Tulak wo kuri iyo kiliziya, yabwiye Metro TV ko abacunga umutekano bahanganye n'umwe ucyekwaho kwiturikiriza...
Ikosa yakoze ryatumye yirukanwa mu kazi burundu

Ikosa yakoze ryatumye yirukanwa mu kazi burundu

Amakuru, MU MAHANGA, UBUKUNGU
Umupilote utwara indege (Commandant de Bord) yahagaritswe ku kazi ke nyuma yo guhererekanya amafoto ku mbuga nkoranyambaga, ibi byatumye icyo gikorwa gihererekanywa bigera ku bayobozi be bakuru. Kompanyi y’indege ya Air Guilun yafashe umwanzuro wo guhana umupilote wayo kubera amakosa yakoze akomeye cyane ubwo yicazaga umuntu udakora ako kazi mu mwanya we akemera ko yifotorezayo. Nkuko bitangazwa na Magazine ya The Global Times. Abashinzwe ibigenda mu kirere ubwo babonaga amafoto agenda ahererekanywa ku mbuga nkoranya mbaga ntabwo uyobora iyi Kompanyi byihishe kuko nawe byamugezeho. Muri ayo mashusho yazengurukaga hagaragayemo iyu mukobwa wimenyerezaga akazi ko gutanga amafunguro mu ndege ibyatumye abagenzi bagenda muri iyo Kompanyi bagabanuka kubera ayo mafoto. Mur...
Guverinoma yageneye inganda miliyari 150 yo gukomeza kuzahura inganda zashegeshwe na COVID19

Guverinoma yageneye inganda miliyari 150 yo gukomeza kuzahura inganda zashegeshwe na COVID19

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko ko Leta yagennye miliyari 150 z’amafranga yo kuzahura inganda zazahajwe n’icyorezo cya COVID19, ibi bikazatuma umusaruro wazo wongera kuzamuka kuko mwaka ushize wagabanutse ku gipimo cya 4%. Ni ikiganiro cyakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga, aho Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente yagaragarije abagize Inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi ibikubiye muri gahunda yo kuzahura ubukungu bw’igihugu bwashegeshwe n’icyorezo cya CIVID19 by’umwihariko mu rwego rw’inganda cyane ko umusaruro warwo wagabanutse ku mpuzandengo ya 4%. Dr Ngirente yagaragaje ko icyorezo cya COVID19 cyasanze ubukungu bw’isi muri rusange bwari bwazamutse ku gipimo cya 2.8% muri 2019 mu gihe byari biteganijwe ko buzamuka ku gipim...
Ubwato bwafunze ubunigo bwa Suez burimo guteza igihombo cya miliyari $9.6 ku munsi

Ubwato bwafunze ubunigo bwa Suez burimo guteza igihombo cya miliyari $9.6 ku munsi

Amakuru, MU MAHANGA, UBUKUNGU
Ever Given ubwato rutura bwikorera kontineri bwahagamye mu bunigo bwa Suez buri guhagarika ibicuruzwa bibarirwa agaciro ka miliyari $9.6 buri munsi, nk'uko bigaragazwa n'imibare ya kompanyi y'ubwikorezi bwo mu nyanja. Iyi mibare iva kuri miliyoni $400 zibarwa ku isaha imwe z'ibicuruzwa bica muri ubu bunigo bwifashishwa cyane mu guhuza uburasirazuba n'uburengerazuba. Imibare ya kompanyi izobereye mu bwikorezi bwo mu nyanja, Lloyd's List, iha agaciro ka miliyari $5.1 ibicuruzwa bigana iburengerazuba na miliyari $4.5 ku bigana iburasirazuba, bica muri Suez ku munsi. Mu gihe hakomeje umuhate wo kugobotora ubu bwato, inzobere muri iyo mirimo zivuga ko bishobora gufata ibyumweru. Ever Given, ubwato bukoreshwa na Evergreen Marine kompanyi yo muri Taiwan, bureshya n'ibibuga bi...