Monday, September 25
Shadow

Month: November 2020

Joe Biden yavunitse ikirenge cy’iburyo arimo gukina n’imbwa ye

Joe Biden yavunitse ikirenge cy’iburyo arimo gukina n’imbwa ye

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Perezida uheruka gutorwa wa USA, Joe Biden yagize imvune ku kirenge cy’iburyo arimo gukina n’imbwa ye,byatangajwe kuri iki cyumweru n’itsinda rye. Joe Biden w’imyaka 78, yavunitse kuri uyu wa gatandatu anyereye ubwo yakinaga n’imwe mumbwa ze ebyiri afite mu rugo rwe. Nkuko bisanzwe, umuganga we wihariye,Kevin O’Connor, yavuze ko yagize imvune ku kaguru k’iburyo ariko ntabwo yavunitse igufwa, kandi akomeza avuga ko Joe Biden azanyura mu byuma kugira ngo hamenyekane imvuhe yagize. Imidoka za Perezida watowe Joe Biden aho yarageze i Delaware aho bakora insimburangingo kureba Muganga kuri iki cyumweru muri Newark. Ibyo byuma bikaba byemeje ko yagize imvune mu kirenge hagati,bikaba byatangajwe na Muganga murindi tangazo ryasohowe n’ishyaka ry’Abademokarate. Uwahoze ari V...
Imyiteguro ibanziriza gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe irakomeje

Imyiteguro ibanziriza gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe irakomeje

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Mu gihugu hose harimo gukosorwa amakuru arebana n'ingo zituye mu midugudu, igikorwa kibanziriza gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe bizakorwa kuva tariki 4 kugeza kuya 6 Ukuboza uyu mwaka.  Kuva tariki ya 28 Ugushyingo kugera taliki ya 3 Ukuboza abayobozi b'imidugudu, abayobozi b'amasibo ndetse n'urubyiruko rw'abakorerabushake, bari mu gikorwa cyo gukosora amakuru y'ingo zituye mu midugudu, bahuza amakuru ahari n’ayo basanganywe y'ingo bayobora kugira ngo bamenye abatakibarizwa muri iyo midugudu n’abashya bayimukiyemo. Abaturage bakaba bifuza ko gukosora aya makuru y'ingo ziri mu midugudu byakorwa neza, buri rugo rukabarurwa, kugira ngo hatazagira ababura ibyiciro by'ubudehe cyangwa hagafatwa amakuru atajyanye n'imibereho yabo nk'uko byagenze mu byiciro by'ubudehe by...
Patricia Neza Masozera akomeje gutera imbere muri Muzika

Patricia Neza Masozera akomeje gutera imbere muri Muzika

Amakuru, IMYIDAGADURO, MU MAHANGA
Umunyarwandakazi w’umuririmbyi Patricia Neza Masozera, uzwi ku izina rya Neza Da Somgbird yagiranye amasezerano yo gufatisha indirimbo ze  n’umunyanigeriya muri Lebel MCG Empire. Neza ni umunyarwanda utuye muri Canada. Akaba yasinyanye n’umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Innocent Udeme uzwi ku izina rya Udofot wo muri MC Galaxy akaba yiteguye gukomeza kumufasha mu gutegura no kumufasha kwandika indirimbo ze neza. @Rebero.co.rw
ZIMBAWE : Umugore yishe umugabo we kubera kuryamana n’umukobwa we

ZIMBAWE : Umugore yishe umugabo we kubera kuryamana n’umukobwa we

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Police ya Mutawatawa yafshe umugore w’imyaka 40 Merjery Murwira kubera kwica umugabo we Taruvinga Muhwati wari washatse umukobwa we nawe amugira umugore we Prudence Muchemwa. Uwo mugore akaba yari asangiye umugabo we n’umukobwa we, akaba yafashwe ashinjwa kwica umugabo we baryamye. Police ikaba yatangaje ku itriki ya 19 Ugushyingo2020 ZRP Mutawatawa Umubiri wajyanywe muri Clinic ya Nyanzou mbere yo kumwohereza muri Mutawatawa mu bitaro by’Akarere kugira ngo akorerwa ibizami by’umubiri we hanyuma shyirwa mu buruhukiro bw’ibitaro kugira ngo hategurwe uko azashyingurwa. @Rebero.co.rw
Amafoto ya Jerry J Rawlings n’umugore we Nana Konadu agaragaza ko babaga barikumwe

Amafoto ya Jerry J Rawlings n’umugore we Nana Konadu agaragaza ko babaga barikumwe

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Inkuru y’urupfu rwuwahoze ari Perezida Rawlings rwateye agahinda abanyagana ariko ugomba gukomezwa cyane ni Nana Konadu Agyeman-Rawlings. Uwahoze ari umufasha wa Perezida wahoraga hafi y’umugabo we akomeje kuvuga ko yabuze uwo yakundaga cyane, inshuti ndetse n’umukunzi we akaba n’umugabo we. Uwahoze ari Perezida Jerry John Rawlings ahura n’umugore we mu mashuri makuru ubwo yigaga muri Ashimota Senior High School. Nana Konodu na Rawlings mu kuri bahoraga bari kumwe ntibatandukanaga wari umuryango wintanga rugero nkuko bivugwa na benshi. Ariko Konadu ni umwe mubashinze cyangwa se umubyeyi wa National Democratic Congress ( NDC) umugabo we aho yamushyigikiye aho yemeraga Politike ye. Ibi nibyo byatumye buri wese agirira undi urukundo kandi biherekeza buri wese mu rukundo rwabo. ...
Ese kudaha agaciro ubworozi bw’amatungo magufi byatuma batiteza imbere

Ese kudaha agaciro ubworozi bw’amatungo magufi byatuma batiteza imbere

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Hirya no hino mu bice by’icyaro ni hake wasanga ingo zitarimo byibuza itungo rimwe rigufi nk’inkoko, urukwavu, ihene , intama n’ayandi. Nyamara burya ngo hari bamwe mu boroye bene aya matungo bo batibarira mu borozi kuko hari ababikora nko kurangiza umuhango cyangwa by’umugenzo gusa ariko aya matungo badafite ikindi bayategerejeho kiganisha ku kwiteza imbere. Nyamara abakurikirana iby’ubukungu bo ngo bamaze kuvumbura ko ahubwo bene ubu bworozi bushobora kugira uruhare runini mu iterambere ry’abaturage cyane cyane ab’amikoro make bishingiye ku kuba akenshi budasaba igishoro kinini nk’uko RUCYAHANA Andrew Mpuhwe umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu akaba yabigarutseho nabyo. Iyo urebye mu muco nyarwanda usanga itungo ryagiye rihabwa agaci...
Umukinnyi w’ikinyejana: Drogba na Eto’o abanyafurika nti bagaragaye ku rutonde

Umukinnyi w’ikinyejana: Drogba na Eto’o abanyafurika nti bagaragaye ku rutonde

Amakuru, IMIKINO, IMYIDAGADURO
Uyu mwaka, Ishyirahamwe ry’amakipe ku mugabane w’uburayi (ECA) hamwe n’ishyirahamwe ry’abagurisha abakinnyi ku mugabane w’uburayi (EFFA) bahisemo gushaka umukinnyi w’ikinyejana uwo akazagaragara tariki ya 27 Ukuboza mu muhango Globe Soccer Award bizabera mu bihugu byunze ubumwe by’Abarabu. Muri lisite yashyizwe ahagaragara y’abakinnyi 28 bo mu kinyejana cya 21 hagaragayemo umukinnyi umwe w’umuyafurika iruhande rwa Lionel Messi, Cristiano Ronaldo, Ronaldo hamwe na Zinedine Zidane n’umunyamisiri Mohamed Salah. Abakinnyi 28 batoranijwe Abatoranijwe 28 ngo bahitemo umukinnyi w’ikinyejana  : Andrea Pirlo, Andres Iniesta, Andriy Shevchenko, Arjen Robben, Cristiano Ronaldo, David Beckham, Fabio Cannavaro, Francesco Totti, Frank Lampard, Gianluigi Buffon, Iker Casillas,...
Hinga Weze yinjije urubyiruko rwo mu Karere ka Nyabihu mu murimo w’ubuhinzi

Hinga Weze yinjije urubyiruko rwo mu Karere ka Nyabihu mu murimo w’ubuhinzi

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kintobo mu Karere ka Nyabihu bakuye amaboko mu mifuka binjira mu mwuga w’ubuhinzi ubu bakaba bashima ibyo bamaze kugezwaho na Hinga weze kubwo kubona imirimo bakora kandi ibinjiriza umutungo. Ubundi urubyiruko rurangije amashuli rwihutira kujya gushaka aho babona akazi kandi bagasize iwabo, ni muri urwo rwego ubwo Hinga Weze yajyaga guca amaterasi mu Karere ka Nyabihu kubera ko ari Akarere k’imisozi miremire kugira ngo barwanye isuri yahuye n’abasore bari baje kwaka akazi maze babagira inama yo kwinjira mu buhinzi bakabikora kinyamwuga. Tuyishime Olivier ni urubyiruko akaba ari umuhinzi wabigize umwuga, uyu ni umwe mubasore bavuga ko ubu ubuzima bwe bwamaze guhinduka abikesha inama yagiriwe na Hinga Weze yo kuyoboka ubuhinzi. Agira ati “Ub...
Mota-Engil Rwanda yiteguye gukomeza gutera inkunga amarushanwa ya Tennis

Mota-Engil Rwanda yiteguye gukomeza gutera inkunga amarushanwa ya Tennis

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Amarushanwa y’abana yabaye muri week end irangiye guhera tariki ya 20-23 Ugushyingo yagaragaje abana bafite impano mu mukino wa Tennis aho abo bana batatu ba mbere bahawe ibikoresho by’ishuli ndetse no kurihirwa umwaka wose. Mota-Engil Rwanda ikaba inejejwe no gushyigikira ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis aho bahera mu bana bakiri batoya kuko ariyo mizero y’umukino wa Tennis, ikindi iyo ufashije umwana gukina bituma amasomo ye ayakurikira neza. Umuyobozi muri Mota-Engil Rwanda akaba avuga ko ari byiza gushyikira aho abana bakina kandi babasha mo kwiga kuko bituma umwana akurikira neza ibyo yiga, kuko abona umwanya wo gukina. Agira ati “Kubaka umukino mu ishyirahamwe nuko ugomba guhera mu bana batoya, kuko ufatanya gukina no kwiga kandi biratunezeza gushyigikira abana tub...
Mu karere ka Rusizi MIGEPROF ibangamiwe n’abakobwa bagura abagabo

Mu karere ka Rusizi MIGEPROF ibangamiwe n’abakobwa bagura abagabo

Amakuru
Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango iratangaza ko yahagurukiye umuco wadutse mu bice by’akarere ka Rusizi aho abasore basaba abakobwa amafaranga ngo bakunde babagire abagore. Mu Ukwakira 2018 ni bwo hamenyekanye  ko hari umusore ubuyobozi bw’umurenge wa Nkungu bwanze gusezeranya kubera ko hari umukobwa wamushinjaga ko nubwo agiye gusezerana n’undi na we bari bafitanye gahunda yo kubana,icyo gihe uwo mukobwa yavugaga ko yahaye uwo musore amafaranga Ibihumbi magana abiri (200,000Frw) nk’ikiguzi gisanzwe gihabwa umusore muri aka gace ngo akunde amugire umugore nyamara ngo uyu musore yaje kubona undi warengejeho amuha ibihumbi magana atanu (500,000 Frw) aba ari we ahitamo gusezerana na we ari na bwo byaje guteza imvururu. Uyu ni umuco ababyeyi bamwe bagaragaza k...