Monday, September 25
Shadow

Month: January 2020

Abana barererwa kwa Gisimba bibarinda ubuzererezi bwo kujya mu mihanda

Abana barererwa kwa Gisimba bibarinda ubuzererezi bwo kujya mu mihanda

Amakuru, UBUREZI, UBUZIMA
Ikigo kizwi kuva kera nko kwa Gisimba giherereye mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, gifite abana bacyirirwamo buri munsi ariko bagataha mu miryango yabo, bagahamya ko bibarinda ubuzererezi no kwirirwa mu mihanda kuko bafashwa muri byinshi. Abo bana ahanini bagizwe n’imfubyi zirererwa mu miryango yazakiriye, babigarutseho kuwa gatandatu tariki 25 Mutarama 2020, ubwo bari basuwe n’abakozi ba sosiyete ya Satguru, mu rwego rwo kubagaragariza ko bafite ababakunda. Icyo kigo gifasha abana mu kwiga, cyane ko gifite n’ikigo cy’amashuri abanza, ariko gifasha kwiga n’abari mu yisumbuye, hari ibibuga by’imikino, isomero, aho bigira gucuranga, gushushanya n’ibindi, bikaba ari byo bibahuza ntibajye mu bidafite akamaro. Umwe mu bana baharererwa, Umujawamari...
Handball: Irushanwa ry’intwali rizasorezwa ku Mulindi w’Intwali

Handball: Irushanwa ry’intwali rizasorezwa ku Mulindi w’Intwali

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Ishyirahanwe ry’umukino wa Handball kuva ku itariki ya mbere Gashyantare 2020 rizatangiza irushanwa ry’intwali rizabera mu karere ka Gicumbi ariko imikino ya ½ hamwe n’imikino ya nyuma izaba ku itariki ya 2 Gashyantare ikazabera ku mulindi w’intwali nkuko byemejwe umwaka ushize. Ubwo habaga Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’umukino wa Handballl mu Rwanda, Utabarutse yatangaje ko imikino y’umunsi w’Intwari izasorezwa ku Mulindi w’Intwari kuko n’imikino izaba mu rwego rwo guha agaciro intwari zitangiye Igihugu Abari bitabiriye inteko rusange bakaba barabyakiriye neza ndetse amakipe amwe n’amwe akaba yaratangiye imyiteguro kugira ngo azabashe kwegukana iryo rushanwa, aho rukomeye akaba ari mu bagabo kuko amakipe abiri ariyo akunze guhurira ku mukino wa nyuma ariyo Police Handball nde...
Kwitegura imikino Nyafurika mu bana muri Tennis biratangirana na Gashyantare 2020

Kwitegura imikino Nyafurika mu bana muri Tennis biratangirana na Gashyantare 2020

Amakuru, IMIKINO
Mu kiganiro Ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis mu Rwanda ryagiranye n’itangazamakuru ndetse ryakiriye abana baherutse mu irushanwa rya Zone ryabereye muri Tanzaniya aho abana bazanye igikombe mu bihugu icyenda byari byitabiriye iri rushanwa. Ibi byose kugira ngo bigerweho byaturutse mu kwitanga kw’abana bafatanije n’ishyirahamwe ryabashakiye abatoza kugira ngo barusheho kumenyera amarushanwa, tukaba twaritwaye neza muri Davis Cup hamwe n’irushanwa rya Zone. Kugira ngo turusheho kugira intsinzi ndetse no guha abana amahirwe yo gukurira mu mukino guhera muri uku kwezi kwa Gashyantare abana baratangira imyitozo bazajya bakorera kuri IPRC Kicukiro ahari abatoza bazafasha aba bana, abo batoza babiri tugiye kuganira uburyo bafata iminsi itatu mu cyumweru kugira ngo bamenyereze abo bana hany...
Rwandair yegukanye ibikombe bitatu mu marushanwa ya ARPST

Rwandair yegukanye ibikombe bitatu mu marushanwa ya ARPST

Amakuru, IMIKINO
Mu mikino itegurwa n’ishyirahamwe ry’imikino y’abakozi mu Rwanda uyu munsi basoje irushanwa ryari ryaratangiye mu kwezi kwa munani umwaka ushize ry’ibigo bya Leta ndetse n’ibigo byigenga. Iri rushanwa rikaba ryaritabiriye n’ibigo bigera kuri 53 harimo ibigo bya Leta bigera kuri 38 hamwe n’ibigo byigenga bigera kuri 15, akaba ari amarushanwa yajemo ibigo bishya kandi birushaho kwitwara neza. Aya marushanwa yasojwe nkuko umwaka ushize twitabiriye amarushanwa nyafurika ubu mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka amakipe yageze ku mukino wa nyuma akaba agomba kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga y’igikombe cy’isi mu bakozi azabera mu Bugereki bityo rero akaba agomba kurushaho kwitoza. Rwandair ikaba yegukanye igikombe cy’umupira w’amaguru itsinze Ikigo cy’ibarurishamibare ibitego 2-1 ...
Pamela Rugabira Girimbabazi atorewe kuyobora Ishyirahamwe ryo Kwoga mu Rwanda

Pamela Rugabira Girimbabazi atorewe kuyobora Ishyirahamwe ryo Kwoga mu Rwanda

Amakuru, IMIKINO
Amatora ya Komite Nyobozi y’ishyirahamwe ry’umukino wo Kwoga mu Rwanda yabaye kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mutarama akaba yari ayobowe n’intuma ya minisport Habyarimana Florent. Ni amatora yagiye asubikwa igihe kinini kuko yagombye kuba yarabaye umwaka ushize ariko kubera kutumvikana kwabitoza ndetse n’abamwe mu banyamuryango bigatuma asubikwa, kuko ni uyu munsi kugira ngo amatora abe habanje kuba inama yamaze umwanya munini ariko birangira bamwe mu banyamuryango basohotse mu cyumba cyaberagamo amatora. Bimwe mu byatumaga batumvikana harimo ko amakipe amwe atari afite ubuzima gatozi kuko ayamaze kububona ari amakipe 4 naho amakipe 11 akaba yarasabye ariko atarabuhabwa, nyuma yaho intumwa ya Minisport ibafashije kwumvikana kugira ngo babashe gutora amakipe 3 yahise yisohokera am...
Kwica gahunda wahawe na Muganga mu ndwara zitandura bituma umurwayi asubira inyuma

Kwica gahunda wahawe na Muganga mu ndwara zitandura bituma umurwayi asubira inyuma

Amakuru, UBUZIMA
Indwara zitandura habarirwamo umuvuduko w’amaraso ( mu gihe amaraso atembera mu mitsi ku muvuduko wo hejuru) Asima ( Indwara z’ubuhumekero) Diyabete ( iyo umuntu afite isukari nyinshi mu maraso) Indwara ya Kanseri, indwara y’impyiko , indwara y’umutima. Indwara zitandura kuri ubu bikaba bigaragara ko zirimo kwiyongera cyane kandi mu myaka yase, kuko ubu n’abana bakiri batora usigaye usanga baramaze kuzirwara kandi ubundi izi ndwara zari zimenyerewe ku bantu bakuze. Kugeza ubu nta bushakashatsi burakorwa kugira ngo bwerekane impamvu cyangwa se igituma abantu barware izi ndwara ariko hakaba hari imbarutso dushobora guheraho tuvuza ko zatera izi ndwara zitandura zirimo umuvuduko w’amaraso cyangwa se diyabete harimo umubyibuho ukabije byatera umuvuduko w’amaraso, kunywa itabi ndetse n’in...
Tombora y’igikombe cy’Amahoro 2020 Rayon Sports izesurana n’Intare FC,APR FC yerekeze Iburasirazuba

Tombora y’igikombe cy’Amahoro 2020 Rayon Sports izesurana n’Intare FC,APR FC yerekeze Iburasirazuba

IMIKINO
Tombora y’uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze mu gikombe cy’Amahoro cya 2020, isize ikipe ya AS Kigali yegukanye igikombe cy’umwaka ushize izahura na Kiyovu Sports n’ubundi zahuriye ku mukino wa nyuma, ni mu gihe APR FC izerekeza Iburasirazuba n’aho Rayon Sports ikazahura na Intare FC. Uyu munsi ku cyicaro gikuru cya FERWAFA ni bwo habaye tombora y’uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro cya 2020. Amakipe 24 ni yo yiyandikishije kuzakina iri rushanwa, harimo amakipe 14 yo mu cyiciro cya mbere ni mu gihe amakipe 10 ari ayo mu cyiciro cya 2. Amakipe abiri yo mu cyiciro cya mbere Gasogi United na Heroes FC ni yo atariyandikishije kuzakina igikombe cy’Amahoro cya 2020. Biteganyijwe ko imikino y’ijonjora rya mbere izatangira tariki ya 4 n’iya 5...
Umugabo yatawe muri yombi azira kwiyita Umujepe kugira ngo ahabwe serivisi yihuse

Umugabo yatawe muri yombi azira kwiyita Umujepe kugira ngo ahabwe serivisi yihuse

Amakuru, UMUTEKANO
Umugabo witwa Innocent Nyirigira yatawe muri yombi na Polisi yiyita kuba umwe mu bagize Umutwe urinda Umukuru w’igihugu [umujepe]kugira ngo ahabwe serivisi yari akeneye. Ku wa Gatatu tariki ya 22 Mutarama 2020, nibwo uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma yo gukora impanuka agasaba ubufasha avuga ko ari umusirikare urinda Umukuru w’Igihugu ufite ipeti rya kapiteni. Ahagana saa kumi n’igice zo kuri uyu wa Kane, tariki ya 23 Mutarama 2020 nibwo polisi yeretse itangazamakuru uyu mugabo. Akigezwa imbere y’itangazamakuru yahakanye icyaha aregwa. Ati “Mu by’ukuri baranshinja ko navuze ko ndi umusirikare ariko ntabwo ariko bimeze. Njye navaga ku Gisenyi umuntu ansaba ko muha lifuti ambwira ko arinda Perezida ari kapiteni noneho tugeze kwa Rubangura agiye gusohoka afungura urugi bararugon...
Umugore yatawe muri yombi azira gukurura umugabo we igitsina agata ubwenge

Umugore yatawe muri yombi azira gukurura umugabo we igitsina agata ubwenge

Amakuru, MU MAHANGA
Polisi yo mu gace kitwa Kapiri Mposhi mu gihugu cya Zambia yataye muri yombi umugore w’imyaka 19 witwa Mulenga Chanda wakuruye igitsina cy’umugabo we John Mwale, w’imyaka 51, kugeza ubwo ataye ubwenge. Uyu mugore yakoze aya mahano kuwa Kabiri w’iki cyumweru nyuma y’aho uyu mugabo bashakanye amusabye ko batera akabariro undi akabyanga amubwira ko atahahiye urugo,intambara irarota,uyu mugore yitabara amukurura igitsina kugeza ataye ubwenge kubera uburibwe. Nkuko ibinyamakuru byo muri Zambia bibivuga,uyu mugabo yasabye uyu mugore we ko batera akabariro arabyanga,niko guhita amusumira atangira kumukubita,umugore yumvise inkoni zimurembeje ahita afata igitsina cye aragikurura mpaka umugabo ataye ubwenge. Umugabo yahise ajyanwa igitaraganya ku bitaro by’akarere bya Kapiri Mposhi...
Dr Isaac Munyakazi yasabye ibigo Kutarengera ku bikoresho bitumwa abanyeshuri

Dr Isaac Munyakazi yasabye ibigo Kutarengera ku bikoresho bitumwa abanyeshuri

Amakuru, UBUREZI
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Isaac Munyakazi avuga ko nta mwana ukwiye kwirukanwa ngo ni uko atazanye ibikoresho byose yatumwe ahubwo ko ababyeyi babo baba bakwiye kubishaka ariko ntibihungabanye uburenganzira bw’umwana. Ababyeyi na bo bibaza ukuntu umwana atumwa isuka atagiye kwiga ubuhinzi.   Yabivuze mu kiganiro yagiranye n’abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abakora mu nzego zifite aho zihuriye n’Uburezi mu karere ka Huye, agaruka ku bibazo biri kuvugwa mu burezi muri iki gihe birimo ibyo kwaka abanyeshuri ibikoresho by’umurengera. Yavuze ko bimwe muri ibi bikoresho bitumwa abana biba bitanafitanye isano n’imyigire ye nk’amasuka, imikoropesho, amafaranga y’ireme ry’uburezi n’amafaranga y’inyubako. Yasabye ibigo bisubi...