Monday, September 25
Shadow

Month: December 2019

Gushakisha impano mu bana bakina Tennis byasojwe kuri iki cyumweru

Gushakisha impano mu bana bakina Tennis byasojwe kuri iki cyumweru

Amakuru, IMIKINO
Kuva ibiruhuko bitangiye hashyizweho umwiherero w’abana ukaba warabereye mu makipe atandukanye agera kuri 12 mu gihugu cy’u Rwanda, ariko amakipe akomeye akaba ariyo yatoranyijwe abana baza kwitabira uwo mwiherero wateguwe na Federation ya Tennis. Uyu mwiherero ukaba warasojwe n’irushanwa kugira ngo haboneke abana barusha abandi kandi dushobora kwubakiraho Tennis Nyarwanda,iri rushanwa rikaba ribaye iminsi itatu aho ayo makipe yabashije kwohereza abana kugira ngo babashe kurushanwa, kandi bigaragara ko byatanze umusaruro mwiza. Abana bitabiriye aya marushanwa bakaba bari mu byiciro bitandukanye kuko hari nabari batangiye bwa mbere gukina uyu mukino wa Tennis kandi bakiri batoya cyane bari mu myaka 5,8 ndetse no kuzamura hejuru kuko hari abatoza batandukanye babakurikiranaga. ...
Mu mujyi wa Kigali:Polisi yerekanye abagabo batatu biyitaga abapolisi bakambura abaturage

Mu mujyi wa Kigali:Polisi yerekanye abagabo batatu biyitaga abapolisi bakambura abaturage

Amakuru, UMUTEKANO
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Ukuboza, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abagabo batatu bafashwe na Polisi bakaga abaturage amafaranga babizeza ko bazabaha impushya zo gutwara ibinyabiziga (permit).   Abo bagabo ni Ndagijimana Daniel wiyitaga umupolisi ufite ipeti rya  Chief Inspector of Police(CIP), akoresheje izina rya  CIP Babu Yves usanzwe ari umupolisi muri Polisi y’u Rwanda mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, undi ni Ngirimana Christian na Ndagijimana Mussa Uyu Ndagijimana Daniel aremera ko ariwe wari umuyobozi wa bariya bagenzi be,  avuga ko icyabafashaga kwakira amafaranga y’abaturage ari uko bari bafite umurongo wa telefoni (Sim card) ya CIP Babu Yves usanzwe ari umupolisi, bakayifashisha babwira abaturage ko ariyo boherezaho amafaranga...
Mukantabana Seraphine yirukanywe  ku mirimo ye na Minisitiri w’intebe

Mukantabana Seraphine yirukanywe ku mirimo ye na Minisitiri w’intebe

Amakuru
Mukantabana Seraphine wari wari Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikaree, yahagaritswe ku mirimo ye na Minisitiri w’Intebe. Ibaruwa yashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yanditseho impamvu igira iti “Kuvanwa ku mirimo.” Iyi baruwa, itangira igaragaza ishingiro ry’uku kwirukana Mukantabana, ko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 cyane mu ngingo yaryo ya 112. Ikomeza igira iti “Ndakumenyesha ko guhera none ku wa 29/12/2019, uvanywe ku mwanya wo kuba Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (Chairperson of the Rwanda Demobilization and Reintegration Commission).” Iyi baruwa ivuga ko ibi ...
Abasirikare b’u Burundi mu myitozo ikaze nyuma yo guteguzwa kugabwaho ibitero

Abasirikare b’u Burundi mu myitozo ikaze nyuma yo guteguzwa kugabwaho ibitero

Amakuru
Abasirikare b’u Burundi bamaze iminsi bari mu myitozo ikaze yo kurwanya ibitero by’iterabwoba, ni mu gihe iki gihugu kitegura amatora y’umukuru w’igihugu azaba umwaka utaha kandi hari imitwe itandukanye irwanya Leta iriho bikekwa ko yaba kidobya bitewe n’integuza yagiye itanga. Ni imyitozo yabereye mu Ntara ya Muramvya mu kigo cya gisirikare kizwi nka Brigade d’Artillerie kikaba kibarizwamo abasirikare kabuhariwe ndetse n’ibirwanisho bikomeye by’igisirikare cy’u Burundi. Ikinyamakuru cy’i Burundi, bujatoday gitangaza ko iyi myitozo yari ifite intego yo kongerera abasirikare b’iki gihugu ubumenyi bujyanye no kurwanya imitwe y’iterabwoba n’ibindi bitero mu gihe igihugu cyaba cyabigabweho. Igisirikare cy’u Burundi ni kimwe mu bifite abasirikare benshi boherejwe mu butumwa bwo kug...
Amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa P6, S3, TTC byasohotse n’ibigo abanyeshuri bazigamo

Amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa P6, S3, TTC byasohotse n’ibigo abanyeshuri bazigamo

Amakuru, UBUREZI
Kuri uyu wa mbere tariki 30 Ukuboza 2019 kuri Minisiteri y’uburezi  ni bwo hatangajwe amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, icyiciro rusange Tronc Commun ndetse n’ay’abize mu mashuri nderabarezi. REB yabanje gushyikiriza amanota Minisiteri y’Uburezi ngo iyatangaze ku mugaragaro mu rwego rwo kumurika umusaruro wavuye mu byo abana bamaze imyaka itandatu biga ku barangije amashuri abanza ndetse n’abamaze imyaka itatu biga ikiciro rusange (Tronc Commun), ndetse n’abize muri TTC , bakaba bari barakoze ibizamini bisoza ibi byiciro byombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2019. Atangaza ku mugaragaro aya manota, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Isaac Munyakazi yavuze ko ku nshuro ya mbere mu Rwanda, amanota yasohokanye n’ibigo abana bazigaho k...
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwagaragaje uko umwaka wa 2019 urangiye  ruhagaze

Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwagaragaje uko umwaka wa 2019 urangiye ruhagaze

Amakuru
Komiseri mukuru w’urwego rw’imfungwa n’abagororwa (RCS) CG George Rwigamba yabisobanuriye abanyamakuru kuri uyu wa Mbere mu kiganiro cyibanze ku byakozwe n’urwo rwego muri uyu mwaka n’ibiteganyijwe mu gihe kiri imbere. Bimwe mu bikorwa bikorwa na RCS bitandukanye byinjiza amafaranga habonetse amafaranga agera kuri Miliyoni 384 z’amafaranga y’u Rwanda  aba yaragiye aboneka mu bikorwa byakozwe na bagororwa mu bikorwa bitandukanye  ababigizemo uruhare ba bagororwa bakabonaho agera 10% bya mafaranga yinjiye. Kuri ubu Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rubarirwamo abacunga gereza bagera ku 2400,bivuga ko buri mucungagereza aba agomba gucunga abagera kuri 30 bikaba aribyo byatumye hashakishwa abandi mu rwego rwo kunganira abasanzwe bari mu kazi,abagera kuri 600 bak...
Sugira Ernest yatijwe Rayon Sports igihe kingana n’amazi atandatu bishobora kuvamo kugumamo burundnu

Sugira Ernest yatijwe Rayon Sports igihe kingana n’amazi atandatu bishobora kuvamo kugumamo burundnu

Amakuru, IMIKINO
Nyuma y’uko we ubwe, Sugira Ernest atangaje ko yatijwe muri Police FC, ikipe ya APR FC yari asanzwe akinira yafashe icyemezo cyo kumutiza muri Rayon Sports igihe kingana n’amazi atandatu. Ernest Sugira atijwe ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kumara amezi 2 ari mu bihano yari yahawe n’ikipe ye ya APR FC akaba yari amaze ayo mezi abiri yose akorera imyitozo mu ikipe y’abato ya APR FC. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yatangaje ko uyu rutahizamu wa APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi  atijwe na APR FC mu ikipe ya Rayon Sports nyuma y’ubwumvikane hagati y’amakipe yombi . Ibi bibaye muri iki gitondo nyuma y’ibiganiro birebire byabereye Kimihurura aho ikipe ya APR FC ikorera, hagati y’abayobozi ba Rayon Sports barangajwe imbere na King Bernard Itangishaka, wari kumwe na Cyiza Richard u...
Gicumbi:Abaturage bati iterambere rivanze n’umwanda ntaho rituganisha

Gicumbi:Abaturage bati iterambere rivanze n’umwanda ntaho rituganisha

Amakuru, UBUKUNGU
Kuri uyu wa gatanu itsinda ry'abanyamakuru basuye akarere ka Gicumbi abaturage babasaba kubavuganira ku kibazo  cy’isuku nke irangwa hafi y’isoko no mw’isoko imbere nahari amazu yafunzwe kubera ko atajyanye n'igihe. Nyuma yo guhabwa umuhanda na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika wasimburaga uwari umaze gusaza byatumaga Akarere ka Gicumbi kataba nyabagendwa kuri ubu ubuyobozi buvugako akarere kabo gasigaye ari nyabagendwa. Muri ako Karere ka Gicumbi kakaba kaza ku mwanya wa kabiri mu gihugu  mu gushishikariza abaturage kujya muri ejo heza,kandi ubwitabire bw'abaturage bakoresha mitiweli bugeze kuri 75% mu Karere kose. NDAYAMBAJE Felix Umuyobozi wa karere ka Gicumbi mu kiganiro n’itangazamakuru yagaragaje ko Akarere ka Gicumbi nyuma yo kubona bimwe mu bikorwa remezo birimo um...
Abarwanyi batanu ba CNRD n’imiryango yabo bagejejwe mu Rwanda

Abarwanyi batanu ba CNRD n’imiryango yabo bagejejwe mu Rwanda

Amakuru, POLITIQUE
Abarwanyi batanu bo mu mutwe CNRD wiyomoye kuri FDLR, n’abandi 28 babakomokaho, bagejejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu bavanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi gahunda yabereye mu Karere ka Rusizi ku mupaka wa Rusizi, aho ibihugu byombi bihana imbibi,Ni umuhango witabiriwe n’umuyobozi ushinzwe iperereza mu Burengerazuba bw’u Rwanda, Maj Pascal Munyankindi, n’abandi bashinzwe iperereza muri batayo ya 33 yo muri RDC,Abazanywe barimo abarwanyi batanu, abana 18 n’abagore 10. Captain Dieudonné Kasereka, umwe mu bavugizi ba Batayo ya 33 ikorera muri Kivu y’Epfo na Maniema, yavuze ko iki ari igikorwa gikomeje cyo guhiga bukware aba barwanyi cyatangiriye muri Kivu y’Epfo, mu minsi ishize. Yagize ati “Aba bantu batawe muri yombi mu hantu hatandukanye, murabizi ko mu ...
Ikibumbano cy’agatangaza kimwe mu bizibukwa mu mwaka wa 2019

Ikibumbano cy’agatangaza kimwe mu bizibukwa mu mwaka wa 2019

Amakuru
Umujyi wa Kigali washyize ikibumbano cy’agatangaza mu masangano y’ahazwi nka Sonatubes mu karere ka Kicukiro mu rwego rwo kurimbisha umujyi no gusobanura neza umuco w’abanyarwanda wo kwakira abashyitsi. Ni mu gihe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali hakomeje kurimbishwa imitako y’iminsi mikuru inogeye ijisho yaba ku nyubako z’abikorera n’iza leta ku buryo abawugendamo n’abawukoreramo bibagaragariza ko abanyarwanda bose bakereye kwinjira mu mwaka mushya wa 2020 mu byishimo. Iki kibumbano gishya cyashyizwe ku masangano ya Sonatubes gikozwe mu buryo butangaje kuko kigaragaza abantu batatu bishimye cyane babyina imbyino gakondo nyarwanda zizwi nk’imishayayo ubusanzwe zifashishwaga mu kwakira abashyitsi mu muco w’Abanyarwanda. Kigaragaza abantu babiri b’abagore bashayaya b...