Monday, September 25
Shadow

Month: October 2019

I Cape Town muri Afurika yepfo Impunzi zirimo Abanyarwanda zakubiswe karahava

I Cape Town muri Afurika yepfo Impunzi zirimo Abanyarwanda zakubiswe karahava

Amakuru
Impunzi zitandukanye zirimo Abanyarwanda zari zarakambitse imbere y’Ibiro bikuru bya HCR mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa Gatatu, itariki 30 Ukwakira, zahakuwe nabi cyane n’igipolisi cyakoreshaga ibyo kijwaje byose birimo ibyuka biryana mu maso, amasasu akoze muri kawucu, n’amazi, aho bamwe mu babyeyi batatanyijwe n’abana babonk’Umunyarwandakazi Iturushimbabazi. Ku isaha ya saa tanu z’amanywa kuri uyu wa Gatatu nibwo Igipolisi cya Afurika y’Epfo cyafunze Umuhanda wa Burg, ubundi gitangira gukura mu nzira impunzi zari zimaze ibyumweru bigera kuri bitatu z’ikambitse imbere y’inyubako ya Waldorf Arcade, irimo n’ibiro bikuru bya HCR. Aba basabaga HCR kubafasha kuva muri Afurika y’Epfo kubera ubugizi bwa nabi bakorerwa bushingiye ku kwibasira abanyamahanga. U...
Imboni ya rebero.co.rw:Abatoza 4 bashobora kwerekwa umuryango muri shampiona ya 2019/2020 mu Rwanda

Imboni ya rebero.co.rw:Abatoza 4 bashobora kwerekwa umuryango muri shampiona ya 2019/2020 mu Rwanda

IMIKINO
Mu gihe shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda itangiye, ku makipe amwe namwe ntiyitware uko yabishakaga bitewe n’amafaranga yakoresheje kugira ngo yiyubake, Genesisbizz, twabateguriye urutonde rw’abatoza bashobora kudasozanya amasezerano n’amakipe yabo bitewe n’umusaruro muke yewe no kutumvikana. Uru rutonde ruribanda cyane cyane ku batoza bakuru b’amakipe yo mu kiciro cya mbere byitezwe ko bashobora kwirukanwa cyangwa bagatandukana n’amakipe basanzwe batoza. Uru rutonde tugiye kubagezaho ni urwa Genesisbizz, bitavuze ko buri umwe wese afite uko abyumva ndetse nuko yitegereza shampiyona uko yatangiye yewe nuko iri kugenda n’ibibazo biri mu makipe ayikinamo. Niyongabo Amars Uyu ni umutoza mukuru wa Musanze Football Club, ashobora gusezererwa bitewe nuko hari ibyo yumv...
Zamukana Ubuziranenge bizakugeza ku mikorere myiza mu bikorwa byawe

Zamukana Ubuziranenge bizakugeza ku mikorere myiza mu bikorwa byawe

Amakuru, UBUKUNGU
Mu Rwanda hamaze gutangazwa amabwiriza mashya abuza inganda z’ibiribwa n’ibinyobwa batabiherewe uburenganzira n’ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti bikorerwa mu gihugu ndetse n’ibyinjira aricyo Rwanda FDA ( Rwanda Food and Drugs Authority). Kuri uyu wa kabiri taraiki ya 29 Ukwakira muri Lemigo Hotel hateraniye inama yahuje abayobozi ba Rwanda FDA n’abanyenganda n’abacuruza ibiribwa n'ibinyobwa n’imiti mu Rwanda kugira ngo baganire ku mikoranire hagati yabo. Rwanda FDA mu nshingano zaho hakaba harimo gukora ubushakashatsi kugira ngo ibashe guha amakuru Leta cyane cyane ibijyanye nibyo iki kigo kigenzura akaba ari nayo mpamvu mu minsi ishize Rwanda FDA yakoze ingendo mu bigo bishinzwe gukora ubushakashatsi kugira ngo baganire ku mikoranire nabo. Ndayisenga Juvenal ukuriye abe...
Nyamagabe: Polisi yafashe umugore wakwirakwizaga ibiyobyabwenge

Nyamagabe: Polisi yafashe umugore wakwirakwizaga ibiyobyabwenge

Amakuru, UMUTEKANO
Kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Ukwakira, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyamagabe umurenge wa Kitabi yafatanye ibiro icumi by’urumogi  umugore witwa Akimpaye Delphine ufite imyaka 39 y’amavuko, uyu mugore avuga ko urumogi yari arukuye mu karere ka Rusizi arujyanye mu mujyi wa Kigali. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko uyu mugore yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage. Yagize ati: “Abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange  iturutse mu karere ka Rusizi yerekeza i Kigali itwawemo urumogi niko guhita Polisi ishyira bariyeri mu muhanda kugira ngo urwo rumogi rufatwe.” Yakomeje avuga ko iyo modoka imaze guhagarikwa yasatswe igasangwamo umufuka urimo urum...
Inkengero z’ikiyaga cya kivu zigiye gutunganwa ku bufatanye bw’u Rwanda n’u Bahorandi

Inkengero z’ikiyaga cya kivu zigiye gutunganwa ku bufatanye bw’u Rwanda n’u Bahorandi

Amakuru
Nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gishyiriyeho itegeko ryo gusiga byibuze metero 50 uvuye ku kiyaga cyangwa igishanga bikababyari mu rwego rwo gufata no gusigasira umutungo kamere no kurwanya isuri yatwaraga ubutaka bujya mu biyaga n’ibishanga. Mu rwego rwo kubyaza umusaruru inkengero z’ikiyaga cya Kivu, Akarere ka Rubavu kari gukora inyigo y’uburyo ahazwi nko ku mucanga wa Rubavu hakubakwa ibibuga bitandukanye bizajya bikinirwaho imikino itandukanye , ibi bikaba byaratangiye gushyirwamo imbaraga nyuma yuko habereye imikino y’isi y’umukino wa Volleyball ibera ku mucanga beachvolleyball Narcisse Nyamunaga, umuturage utuye mu karere ka Rubavu, avuga ko umucanga ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ari kimwe mu bikurura ba mukerarugendo Nyamunaga at...
Rubavu: Ahari amashyuza ni hamwe mu hantu nyaburanga hateye amatsiko

Rubavu: Ahari amashyuza ni hamwe mu hantu nyaburanga hateye amatsiko

Amakuru
Mu murenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu iyo uhageze hari agace k’ubukerarugendo kabonekamo amazi ava mu butaka ashyushye, azwi nk’amashyuza. Abasura aya mashyuza barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, bavuga ko  batangazwa nayo,Ni amazi ava mu mu rutare ashyushye ku kigero cya degre celecius 80, akaba ari ahantu hazitiye mu buryo bwohambere dore ko hazitije imigano iriho imbariro,byumwihariko  amazi akaba ari mu buryo bw’amariba afukuye ku buryo bifasha abashaka kuyogeramo. Ikindi gitangaje kuri aya mazi ni uko ubushyuhe bwayo budahinduka haba mu gihe cy’imvura cyangwa izuba, bikaba ari byo bituma abahasura biyongera bafite n’amatsiko yo kureba imiterere yayo. Mushimiyimana Zawuda, ni umwe mu bo twasanze muri aya mashyuza ndetse akaba akunda kuza kuyaruhukiramo. Atuye m...
Handball: Nyuma y’imyaka 4 irushanwa rya ECAHF (East and Central Africa Handball Competition) rigarutse mu Rwanda

Handball: Nyuma y’imyaka 4 irushanwa rya ECAHF (East and Central Africa Handball Competition) rigarutse mu Rwanda

Amakuru, IMIKINO
Iri rushanwa umwaka ushize ryabereye muri Zanzibar mu kirwa cyo muri Tanzaniya amakipe yaryegukanye haba mu bakobwa ndetse n’abahungu akaba yiteguye kuza mu Rwanda kongera guhatana ngo aryisubize, ariko kuba rizabera mu Rwanda mu ntangiro z'Ukubuza 2019 hari byinshi amakipe, abatoza ,abasifuzi bazaryungukiramo . Iri rushanwa ryaherukaga kubera mu Rwanda muri 2015 ubwo ryegukanwaga n’ikipe ya Police Handball hanyuma mukeba wayo w’ibihe byose APR Handball ikaza ku mwanya wa gatatu, umutoza wa Police Handball akaba yagize ibyo atangariza www.Rebero.co.rw ku bijyanye n'imyiteguro yaryo. Yagize ati “Ni irushanwa riri ku rwego rwo hejuru niyo mpamvu twatangiye imyiteguro hakiri kare kugira ngo turebe ko twazarushaho kwitwara neza, kuba rizitabirwa n’ikipe iheruka kuritwara ya Police DR...
Goma: Ntabwo dukeneye ingabo zambuka zikaza kurwanira muri Congo-Kinshasa-General Kasongo

Goma: Ntabwo dukeneye ingabo zambuka zikaza kurwanira muri Congo-Kinshasa-General Kasongo

Amakuru, MU MAHANGA, UMUTEKANO
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ukwakira General Leon Kasongo umuvugizi w’igisirikare cya Congo-Kinshasa avuga ko nta ngabo z’ibindi bihugu zigomba kwinjira ku butaka bwa Congo mu rwego rwo kwiyegeranya. Yagize ati “Guhanahana ibimenyetso no gusangira amakuru y’ubutasi, nicyo cyemezo gihuriwe , buri ngabo kuri Teritwari mu rwego rwo kwigisha guhuza ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwara gisirikare ituruka hanze ya RDC yafashe igice cy’iburasirazuba bw’igihugu cyacu.Ntabwo dukeneye izo ngabo zambukiranya imipaka zikaza kurwanira mu gihugu cyacu”. Ibi bikaba ari ibyatangarijwe mu nama ya Kabiri yahuje ubuyobozi bw’ingabo mu biyaga bigari nk’U Rwanda, Uburundi, Uganda, Tananiya hamwe na RDC, bagusha kuguca intege utwo dutsiko tw’ingabo z.abanyagihugu cyangwa imitwe ituruka hanze y’...
Sud-Kivu : Umutekano muke utumpe ibikorwa by’ubutabazi byimukira muri Fizi

Sud-Kivu : Umutekano muke utumpe ibikorwa by’ubutabazi byimukira muri Fizi

Amakuru, MU MAHANGA, UMUTEKANO
Ibikorwa by’ubutabazi byimutse bisigaye mu misozi miremire ndetse no mu bibaya bya Fizi kubera umutekano muke, ibikorwa by’ubutabazi bikomeje gukomwa mu nkokora ndetse no kwandika abatazye izabo bizakomeza mu ntangiriro ziki cyumweru. Imibare iheruka gutangazwa kubavannywe mubyabo igeze ku bantu 3000, bakaba barerekeje muri Mikenge, ndetse no mu bibaya bya Fizi, kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira abaturage bari basigaye Mikenge bahunze berekeza mu bibaya bya Fizi abandi bajya mu mashyamba. Aba bakuwe mubyabo bakaba ari ukwirinda imirwano yagaraye muri Kivogogerwa, Kiluwe,Makaina,Kigazura,Mikalati,Kamombo ndetse na Gitasha, ubu abantu barenga 400 bahungiye ahari ibirindiro byagateganyo bya MONUSCO muri Mikenge. Itangazo ry’ibikorwa by’ubutabazi rya Ocho ritangaza ko ibikorwa by’...
Rukumberi: Hinga Weze yadushakiye amasoko arambye ubu turakirigita ifaranga

Rukumberi: Hinga Weze yadushakiye amasoko arambye ubu turakirigita ifaranga

Amakuru, UBUKUNGU
Nkuko tubikesha Radio Rwanda mu gishaka cy’umugezi w’Akagera mu murenge wa Rukumbere mu Karere ka Ngoma abaturage bakuye amaboko mu mifuka bakayobokayo kuhahinga ibyo bakunze kwita guhinga mu Nkuka bahejeje imyaka. Ubwo hatahwaga ku kugaragaro uburyo bushya bwo guhinga ibihe byose bakoreshe imirasire y’izuba aho bazajya buhira imyaka yabo mu gihe cy’impeshyi, igikorwa abaturage batewemo inkunga na Hinga Weze ifatanije n’Akarere ka Ngoma aho bateganya kubikora mu Turere 10 Hinga Weze ikoreramo . Hinga Weze ni umushinga watangijwe ku bufatanye n’Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ku nkunga y’Umuryango w’Aanyamerika wita ku iterambere mpuzamahanga (USAID) ukaba wibanda k’ubuhinzi no kunoza imirire. Aba baturage bahinze mu Nkuka z’igishanga cy’Akager...