Monday, September 25
Shadow

Month: September 2019

Ibihugu 10 udashobora gusura cyangwa gukoreramo ubukerarugendo uko wiboneye

Ibihugu 10 udashobora gusura cyangwa gukoreramo ubukerarugendo uko wiboneye

Amakuru, MU MAHANGA
Gukora ubukerarugendo aharihose nuko rimwe na rimwe uba wahakunze cyangwa se ushaka kuhishimishiriza, Ibihugu cyemera kwakira ba Mukerarugendo kuko baba binjiza amadovize mu gihugu baba batembereyemo ndetse n’ubundi butunzi, ariko hari ibihugu byo ku ikarita y’isi  bidakeneye ba Mukerarugendo. Ibi bikaba ariyo mpamvu byashyizwe kuri uru rutonde 10 rw’ibihugu ukurikije igihe bimaze utashobora kumva gusa ukaba uza gutangazwa na bimwe muri ibi bihugu bitewe n’imiterere yabyo. NORTH KOREA Ni igihugu gifite amateka maremare kandi kigira amategeko akakaye ku buryo bwo gukoresha Internet ndetse nuko bagomba kwiyogoshesha, ariko iki gihugu gisaba ba Mukerarugendo bagisura gutegura urugendo rwabo byuzuye ndetse bujuje imifuka yabo ( Amafaranga) mbere yuko bagera muri iki gihugu. K...
Robert Mugabe yashyinguwe mu gace akomokamo  ntawuhagariye Leta waruhari

Robert Mugabe yashyinguwe mu gace akomokamo ntawuhagariye Leta waruhari

Amakuru
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo nyakwigendera Robert Gabiel Mugabe yashyinguwe mu gace kihariye gaherereye mu cyaro aho akomoka. Yashyinguwe n’abo mu muryango we ariko nta ntumwa ya Leta yari ihari.  Umupadiri wasomye misa yavuze ko uriya mukambwe atazibagirana. Robert Gabriel Mugabe yapfuye mu byumweru bike bishize aguye mu bitaro byo muri Singapore aho yari amaze iminsi ajya kwivuriza. Urupfu rwe rwababaje abantu benshi muri Africa muri rusange kuko afatwa nk’intwari yarinze ipfa igiharanira ko Abanyafurika bagenga mu bitekerezo kandi ntibemere kuba ingaruzwa muheto y’Abazungu,Mu muhango wo kumusezera hari umugore we Grace Mugabe wari wifurebye igishura kirabura, kerekana ko ari mu cyunamo. Ku isanduku Mugabe yashyinguwemo hari ho idarapo rya Zimbabwe. Abaje kumushyingura bari bambay...
Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bukomereje mu nsengero

Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bukomereje mu nsengero

Amakuru, UMUTEKANO
Ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu mihanda buzwi ku izina rya Gerayo Amahoro burakomeje. Kuri uyu wa Gatandatu tariki  ya 28 Nzeri ubu bukangurambaga bwabereye mu rusengero rw’itorero  rya Restoration Church riherereye mu mujyi wa Kigali. Ubwo yaganirizaga  abakirisito b’iri torero barengaga ibihumbi  bibiri(2000), umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali  Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yibukije aba bakirisito ko nk’abantu bakoresha umuhanda mu buryo butandukanye nko gutwara ibinyabiziga, abagenzi ndetse hari n’abakoresha umuhanda   bawugendamo  n’amaguru, bafite uruhare  mu gushimangira umutekano wawo. Yagize ati: ”Buri gihe mujye mugira amacyenga igihe murimo gukoresha umuhanda, waba uri umushoferi cyangwa umunyamaguru, ugomba kumen...
MCKinstry wahoze atoza Amavubi yagizwe umutoza wa Uganda Cranes ese bizamuhira nkabandi banyuze mu Rwanda nka Mico

MCKinstry wahoze atoza Amavubi yagizwe umutoza wa Uganda Cranes ese bizamuhira nkabandi banyuze mu Rwanda nka Mico

IMIKINO
Umunya- Ireland Jonathan MCKinstry wahoze atoza ikipe y’igihugu Amavubi, yamaze kugirwa umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda, The Cranes. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ni bwo uyu mugabo yageze mu mujyi wa Kampala, yakirwa n’abayobozi b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda FUFA. Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda ryamwemeje nk’umutoza mukuru w’imisambi ya Uganda ribinyujije kuri Twitter yaryo. Yahawe amasezerano yo gutoza Uganda mu gihe kingana n’imyaka itatu. Jonathan MCKinstry yatoje Amavubi hagati ya 2015 na 2016 gusa aza kwirukanwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru hano mu Rwanda kubera umusaruro mubi w’ikipe y’igihugu Amavubi. Kwirukanwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko byatumye uyu mugabo arega u Rwanda mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ...
Rwatubyaye Abdoul na Sibomana Patrick Papy amakipe yabo ntiyahiriwe abandi nka Meddie Kagere na Kayumba Soter amakipe ya bo yitwara neza

Rwatubyaye Abdoul na Sibomana Patrick Papy amakipe yabo ntiyahiriwe abandi nka Meddie Kagere na Kayumba Soter amakipe ya bo yitwara neza

IMIKINO
Ba myugariro Rwatubyaye Abdoul na Kayumba Soter batsinze ibitego, gusa abakinnyi bo hagati b’Amavubi ntibagaragara mu mpera za bimwe mu byumweru bike byahiriye abanyarwanda bakina hanze y’inkiko z’igihugu. Muri rusange mu mperaz’icyumweru gishize ibitego bitatu ni byo byabonywe n’abanyarwanda bakina hanze mu gihe amakipe bakinamo ayabonye intsinzi ari atatu muri arindwi yari yakinnye. Dore uko abanyarwanda bitwaye mu mpera z’icyumweru: Meddie Kagere- Biashara Mara United 0 – 2 Simba SC Rutahizamu w’umunyarwanda Meddie Kagere akomeje kwandikisha izina mu gihugu cya Tanzania. Uyu nyuma yo gutsinda ibitego bibiri Kagera Sugar mu mukino bahuriyemo kuwa kane w’icyumweru twashoje, uyu yaraye yongeye gutsinda igitego ku munota wa 23 ubwo Simba yasangaga Biashara Mara i Mwanza ikay...
Kayumba Soter  na Ndikumana Tresor bahoze bakina hano mu Rwanda bafashije AFC Leopards ya Cassa kwitwara neza

Kayumba Soter na Ndikumana Tresor bahoze bakina hano mu Rwanda bafashije AFC Leopards ya Cassa kwitwara neza

IMIKINO
Kayumba Soter usanzwe ari na Kapiteni w’iyi kipe ya AFC Leopards na Ndikumana Tresor nibo bafashije Cassa Mbungo Andre kubona manota 3. Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya ibifashiwemo na bamwe mu bakinnyi bahoze bakina muri shampiyona y’u Rwanda, yanyagiye Chemilil Sugar ibitego 4-0 mu mukino wa shampiyona ya Kenya wakinwe kuri iki cyumweru. Ibi bitego by’iyi kipe itozwa na Cassa Mbungo Andre, harimo bibiri byatsinzwe n’Umunyarwanda Kayumba Soter usanzwe ari na Kapiteni w’iyi kipe, ndetse n’icyatsinzwe na Ndikumana Tresor wahoze akinira Amagaju y’i Nyamagabe. Ibindi bitego bibiri byatinzwe na n’Umunya-Kenya John Makwata uri muri ba rutahizamu AFC Leopards igenderaho,Gutsinda uyu mukino byafashije AFC Leopards kuzuza amanota arindwi, mu mikino ine ya shampiyona imaze gukin...
Murukerera rwo kuri uyu wa gatanu nibwo impunzi zambere zivuye muri Libya zageze I Kigali

Murukerera rwo kuri uyu wa gatanu nibwo impunzi zambere zivuye muri Libya zageze I Kigali

Amakuru
Itsinda ry’impunzi n’abandi bashaka ubuhungiro bose hamwe 66 baturutse muri Libya baraye bageze mu Rwanda nyuma y’uko rwemeye kubafasha. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) muri Libya, ryatangaje ko ‘abenshi bari muri uru rugendo ari abana batari kumwe n’imiryango, abagore b’abapfakazi ndetse n’imiryango’. Amasezerano areba impunzi zimwe z’Abanyafurika zaheze muri Libya ziri mu mayira zishaka kujya i Burayi, yashyizweho umukono ku wa Kabiri tariki ya 10 Nzeri hagati y’u Rwanda, Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR. U Rwanda rwatangaje ku ikubitiro ko ruzakira impunzi 500, icyiciro cya mbere cyageze mu Rwanda ari 66. Bazanywe n’indege ya Buraq Air, ibagejeje i Kigali burizwa imodoka bajyanwa mu nkamb...
Byakomeye bamwe mu bayobozi batatanze amakuru ku mitungo yabo bashobora gushyikirizwa ubushinja cyaha

Byakomeye bamwe mu bayobozi batatanze amakuru ku mitungo yabo bashobora gushyikirizwa ubushinja cyaha

Amakuru
Abayobozi hafi ya bose bakoze ibyo basabwaga gukora uretse abayobozi 10 bonyine nibo batagaragaje uko ibyo batunze babibonye niba hatarimo ibyo babonye bahombeje igihugu. Umuvunyi mukuru Anastase Murekezi, yasabiye abayobozi 10 bakora muri leta batatanze amakuru ku mitungo bafite gushyikirizwa ubushinjacyaha. Hagati ya 2018 na 2019, abayobozi 12,237 bakora muri leta y’u Rwanda ni bo bagombaga kuzuza impapuro zimenyekanisha imitungo bafite, yaba itimukanwa ndetse n’iy’amafanga. Abo bayobozi ni bo umuvunyi mukuru yavuze ko bagiye kugezwa imbere y’amategeko kugira ngo basobanure impamvu batatanze amakuru ku mitungo yabo,Umuvunyi mukuru yirinze gutangaza amazina y’aba bayobozi. Mu mwaka ushize abayobozi bane ni bo bari banze gutanga amakuru ku mitungo yabo, bikaba bivuze ko...
Hinga Weze iteza imbere ubuhinzi bwo mu Rwanda bugashobora guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

Hinga Weze iteza imbere ubuhinzi bwo mu Rwanda bugashobora guhangana n’ihindagurika ry’ibihe

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Kuri uyu wa kane tariki ya 26 Nzeri mu Kagali ka Gituza umurenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma hatangijwe ku mugaragaro umushinga uzafasha abaturage kuhira imyaka yabo bakoresheje imirasire y’izuba kubufatanye bw’ikigo k’igihugu cyita k’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) n’ikigo cya Leta zunze Ubumwe z’Amerika cyita ku iterambere mpuzamahanga (USAID) hamwe n’Akarere ka Ngoma. Abashyitsi bakuru bitabiriye uyu muhango hari Umunyamabanga uhoraho mu ntara y'iburasirazuba,Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Umuyobozi Mukuru w’ bw’ikigo k’igihugu cyita k’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Dr Patrick Karangwa akaba yarahagarariye Minisitiri w’ubuhinzi n’Ubworozi n’Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda Bwana Peter Vrooman hamwe n’abahinzi bo muri Twigire Muhinzi. Hinga Weze ni umushinga wata...
Byakunuka  ati KNC na Gasogi United FC ni nkimirya y’inanga itanaze neza ariko batangira kuyikirigita igeze aharyoshye igaturika

Byakunuka ati KNC na Gasogi United FC ni nkimirya y’inanga itanaze neza ariko batangira kuyikirigita igeze aharyoshye igaturika

IMIKINO
Shampiyona y'icyciro cya mbere mu Rwanda izatangira taliki 04/10/2019,uburyo amakipe azahura byamaze kumenyekana. Gasogi United FC izatangira urugendo rwayo mu cyiciro cya mbere yakira ikipe ya Rayon sport ifite igikombe cya shampiyona giheruka,uyu mukino uzaba taliki 05/10/2019 ubere kuri stade ya Kigali i Nyamirambo. Perezida wa Gasogi United FC KNC akimara kumenya ko azatangira yakira Rayon Sport yagize ati" Rayon sport irapfuye,niba izakina ibintu bisa nkibyo yakinnye mu irushanwa ry'Agaciro irapfuye,reka mbonereho kubwira mucuti wanjye Sadate mpamagara na Muvunyi ,Rayon sport yo turayihotora,mukuri kw'Imana isumba byose,Aba Rayon ibyo mwategereje urupfu rwanyu rubagezeho,Rayon sport turayihotora irapfa,irapfa,irapfa,irapfa.Ahubwo umusumari wanyuma mu isanduku yayo tugiye kuw...