Monday, September 25
Shadow

Month: June 2019

Kigali: Abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona bati; ‘‘byose ntibyuzuye tutarimo’’

Kigali: Abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona bati; ‘‘byose ntibyuzuye tutarimo’’

Amakuru, UBUZIMA
Abanyamuryango bafite ubumuga bukomatanyije ari bo abatumva n’abatabona bibumbiye mu muryango ROPDB (Rwanda Organization of  Persons with Deaf Blindness) barasaba Leta y’u Rwanda ko bahabwa uburenganzira bwo kubitaho harimo kwivuza, kwiga no kubagoboka mu mibereho myiza yabo. Ibyo babitangaje mu gihe cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona, wabaye ku wa 27 Kamena 2019 mu cyumba cy’Inama cy’Umujyi wa Kigali, aho insanganyamatsiko yagiraga iti; ‘‘Bose’’, ntiryuzuye tutarimo, uburenganzira bw’Abanyarwanda bose bivuga n’ubw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona  bishatse kuvuga ko byose ntibyuzuye batarimo. Musabeyezu Jeannette umubyeyi w’umwana ufite ubumuga bukomatanyije bwo kutumva no kutabona,akaba atuye mu Mudugudu wa Kangondo II, Akagari ka...
Dore impamvu utari uzi yatumye zimwe mu nyamaswa nini ku isi nka Dinezore zicika burundu

Dore impamvu utari uzi yatumye zimwe mu nyamaswa nini ku isi nka Dinezore zicika burundu

Amakuru, UBUZIMA
Nkuko amateka abivuga ku isi habayeho inyamaswa zari akataraboneka mu bunini, mu miterere no mu mibereho yazo ariko zarazimye. Izo nyamaswa ngo zabayeho mbere y’umuntu zitwaga Dinozore cyangwa Dinosaures. Abahanga bavuga ko kuva izo nyamaswa z’inkazi zicitse ku isi hashize imyaka irenge miliyoni 65, kandi izo nyamaswa zajyanye n’ubundi bwoko bw’inyamaswa ndetse n’ibimera bitakibaho. Bamwe mu bashakashatsi bagerageje gushakisha icyatumye izo nyamaswa zicika, banzura ko bishobora kuba byaratewe n’ibiza nko kuruka kw’ibirunga, ihinduka ry’ibihe, ibyorezo bitandukanye n’ibindi. Icyo abenshi bahurizaho ni uko izo nyamaswa zapfuye mu gihe gito cyane, kandi ngo byatewe n’ikibuye kinini (astéroïde) cyahanutse mu kirere kikitura ku isi maze kigatsemba izo nyamaswa. Icyo kibuye k...
APR FC yacishije umweyo mw’ikipe yirukana abagera kuri 15 barasezerewe.

APR FC yacishije umweyo mw’ikipe yirukana abagera kuri 15 barasezerewe.

IMIKINO
Sekamana Maxime na Dominique Savio nyuma yo kwirukanwa na APR FC bashobora kwerekeza muri Rayonsports fc. Bamwe mubakinnyi bakiniraga ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC itarabashije gutanga umusaruro mu mwaka w’imikino wa 2018/2019 yamaze gusezerera bamwe mu bakinnyi baribayigize doreko yasezereye abagera kuri 15 muri 30 bari bagize iyi kipe. Nkuko byatangajwe nubuyobozi bwiyi kipe impamvu yo kwirukanwa kwa bamwe mubakinnyi bari bamaze igihe gito nabari baragauzwe ariko nti babone umwanya wo gukina barimo Rukundo Denis, Ntwari Evode, Nsengiyumva Moustapha nabandi batandukanye barimo nkunuzamu wabo wari uwambere mugihe kigeze kumyaka itatu ariwe ubanza mw’izamu Kimenyi Yves. Nyuma yo kwirukwanwa kwabamwe muri aba bakinnyi nuko bamwe muribo bari baramaze kumenyako batazakomezan...
Hotel ziteye ubwoba kurusha izindi ku Isi

Hotel ziteye ubwoba kurusha izindi ku Isi

Amakuru, UBUKUNGU
Kuri iyi si hari aho watemberera ukahakura ihungabana, ku bakunda gutembera, hagaragajwe zimwe muri hotel ziteye ubwoba kurusha izindi aho umuntu aburirwa kwirinda, ubishaka ariko ukahajya akimara amatsiko ku bihavugwa nubwo zimwe muri zo zitagikora magingo aya. 1.H.H holmes - Chicago Iyi hotel yashinzwe na Dr. Henry Howard Holmes wamenyekanye nk’umwicanyi kabuhariwe muri Amerika, akaba yari atuye i Chicago akora nk’umuhanga mu by’imiti (pharmacien). Yafunguye iyi hotel mu 1882, aza kurongora umugore w’umuherwe wamuguriye iguriro ry’imiti ‘pharmacie’ arihindura inzu y’akataraboneka. Iyi nzu yashyizwemo utuyira twinshi tw’ibanga, ibyumba bitagira urumuri, imitego inyuranye, inzu zo mu kuzimu (caves), imiryango yikingura mu matafari yo ku bikuta by’inzu, n’ibindi biteye ubwoba, ...
{AMAFOTO} Dore urutonde rwa hotel 10 zihenze kuraramo ku isi 

{AMAFOTO} Dore urutonde rwa hotel 10 zihenze kuraramo ku isi 

Amakuru, UBUKUNGU
Uko hotel zirutanwa muri serivisi zitanga, uburyo zubatsemo, ninako usanga zigenda zitandukana mu biciro mu kuziraramo uyu munsi tukaba tugiye kubagezaho urutonde rwa hotel 10 zihenze kuraramo ndetse n’amafaranga bitwara 10. Royal Towers Bridge Suite Kurara muri iyi hotel ijoro rimwe gusa bikaba bisaba ibihumbi 25 by’amadorari y’Amerika ikaba iherereye ku kirwa cya paradise mu mujyi w’Atlanta 9. Ritz-Carlton Suite, Ritz-Carlton Kurara muri iyi hotel ijoro rimwe gusa bikaba bisaba ibihumbi 26.300 by’amadorari y’Amerika ikaba iherereye mu mujyi wa Tokyo mu Buyapani 8. Villa La Cupola Suite, Westin Excelsiort Kurara muri iyi hotel ijoro rimwe gusa bikaba bisaba ibihumbi 30.000 by’amadorari y’Amerika ikaba iherereye mu mujyi wa Roma mu Butaliyani 7. Presidentia...
Uburyo bushya bwo kwipima wiherereye HIV ukiha ibisubizo wenyine

Uburyo bushya bwo kwipima wiherereye HIV ukiha ibisubizo wenyine

Amakuru, UBUZIMA
Uyu munsi , nibwo hagaragajwe uburyo bushya bwo kwipima agakoko gatera Sida, nubwo bwamaze kugera hanze ndetse ubu bukaba bwaratangiye gukoreshwa . Ubundi mu Rwanda hagaragara umubare w’abantu banduye agakoko gatera Sida urengaho gato ibihumbi 240, ariko mu mujyi wa Kigali akaba ariho habarirwa benshi ku buryo hakuba inshuro 3 izindi ntara zigize u Rwanda, hanyuma impuzandengo mu gihugu hose ikaba 3%. Ibi ni ubushakashatsi bwakozwe mu myaka itanu ishize ariko ubu hakaba hari ubundi bushakashatsi bwatangiye burimo gukorwa nabwo bushobora kuzaduha indi mibare, ubu bushakashatsi bukaba buzatangazwa umwaka utaha wa 2019. Abagore bakora umwuga w’uburaya banduye agakoko gatera Sida bakaba bageze kuri 45,8%, mu mujyi wa Kigali birenze icya kabiri cyabo, naho abagabo b'abatinganyi...
Hinga weze irashishikariza abagore kwinjira mu bucuruzi bw’inyongera musaruro

Hinga weze irashishikariza abagore kwinjira mu bucuruzi bw’inyongera musaruro

Amakuru, UBUKUNGU
Hinga Weze ni umushinga watangijwe ku bufatanye n’Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ku nkunga y’Umuryango w’Abanyamerika wita ku iterambere mpuzamahanga (USAID) ukaba wibanda ku buhinzi no kunoza imirire. Umusaruro ushimishije ntupfa kwizana Hinga weze mu turere ikoreramo ifasha abahinzi kubona inyongera musaruro ibahuza n’abacuruzi bacuruza izo nyongera musaruro zitandukanye harimo amafumbire ndetse n’imbuto rimwe na rimwe n'imiti byabasha kubaha umurasuro mwiza. Hinga weze ikorana nabo bacuruzi b’inyongera musaruro ibaha amahugurwa tukabigisha neza uburyo  bagomba kugeza izo nyongera musaruro ku bahinzi  kandi bakabaha ibisobanuro by’uko zikoreshwa kugira ngo abo bahinzi babashe kuzikoresha mu turere Hinga weze ikoreramo, Ubundi umuhinzi hari ...
Nyabarongo isoko ya Nil irushanwa ryo kwoga ryagaragayemo amakipe mashya

Nyabarongo isoko ya Nil irushanwa ryo kwoga ryagaragayemo amakipe mashya

Amakuru, IMIKINO
Ku nshuro ya munani ishyirahamwe ry’umukino wo kwoga ryibutse abahoze ari abakinnyi babo bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri 94, muri RSF ho bakaba baratangiye kwibuka muri  2011 kuri la Palisse mu Rwego rwari urwo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi 1994 abishwe bakajugunywa mu Mazi. Iri rushanwa rikaba ryabereye kuri Pisine ya Cercle Sportif de Kigali aho ryitabiriwe n’abantu binger zose, nah umwaka ushize rikaba ryabereye kuri Golden Tulip Nyamata mu karere ka Bugesera. Irushanwa ryabimburiwe n'urugendo rwo kwibuka abari abakunzi ba Sport n'abakinnyi  babozi, ariko byumwihariko abanyarwanda bishwe bajugunywa mu mazi muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994, rutangirira hafi yo mu Kanogo ugana Cercle Sportif ya kigali mu Rugunga Mu gutangiza iryo rushanwa bayobowe na Ruzindana...
Amahugurwa yari yatweguwe na Wealth Fitness International yahagaritswe ninzego z’umutekano.

Amahugurwa yari yatweguwe na Wealth Fitness International yahagaritswe ninzego z’umutekano.

Amakuru
Wealth Fitness International yari yateguye amahugurwa umuyobozi wayo yatawe muriyombi ninzego z’umutekano kubera kudategura neza imana yabo. Umubare munini w’abantu kuri uyu wa Kabiri bakoraniye muri Kigali Convention Centre, mu nama yari yateguwe nikigo kitwa Wealth Fitness International bigamije guha amahugurwa  ku bijyanye no gukora ubucuruzi, ariko birangira hitabajwe inzego z’umutekano. Ni inama byavugwaga ko yateguwe n’ikigo Wealth Fitness International, aho abiyandikishije bizezwaga gutahana amadolari ya Amerika 197, maze urubyiruko rwiyandikisha ku bwinshi. Gusa ubwo bahageraga, basanze ari ukubanza kwishyura, ibintu nabyo byabanje guteza akavuyo ndetse umubare munini ubanza guhagarara imbere ya Radisson Blu hotel, wabuze amajyo. Baje kwemererwa kwinjira, ariko ic...
Dream Club Taekwond Don Bosco irakataje mukuzamura umukino wa Taekwondo mu Rwanda

Dream Club Taekwond Don Bosco irakataje mukuzamura umukino wa Taekwondo mu Rwanda

Amakuru, IMIKINO, IMYIDAGADURO
Mu rwego rwo kwerekana ibikombe twavanye muri GMT irushanwa ryabereye Rubavu aho twegukanye umwanya wa kabiri ndetse n’umwanya wa mbere n’igikombe mu bafite ubumuga muri Taekwondo. Abakunzi bacu ndetse n’ababyeyi bafite abana bakina muri Dream Club Taekwondo uyu munsi twahuriye aho dusanzwe twitoreza maze dutumira amakipe agera ku munani ndetse n’indi kipe yaturutse mu ntara y’iburasirazuba mu karere ka Bugesera kugira ngo twereke abakunzi bacu ibikombe twavanye muri iryo rushanwa ndetse tunashimishe abana basanzwe bakinira Dream Club Taekwondo bakina na bagenzi babo baturutse muri ayo makipe twatumiye. Me Ntawangundi Eugene umuyobozi wa Dream Club Taekwondo ikinira mu kigo cy’urubyiruko cya Don Bosco mu Gatenga agaruka ku irushanwa ryari ryabahuje nayo makipe ko ari ukwereka...