Monday, September 25
Shadow

Month: October 2018

Ibitaro bya Ruhengeri byikorera umwuka wa Oxygene bigemurira mu bindi bitaro.

Ibitaro bya Ruhengeri byikorera umwuka wa Oxygene bigemurira mu bindi bitaro.

Amakuru, UBUZIMA
Uyu mwuka duhumeka duhabwa n’Uwiteka binyuze mu byaremye kuko iyo indabyo ibiti biwutugezaho tugomba gushimira Imana, ariko nanone rimwe na rimwe hari igihe iyo tumaze kwugarura twumva ko ibyawo biba birangiye. Ibitaro bya Ruhengeri bifashijwe na Healthy Builders na Minisante ku bufatanye na American NGO ( Access ) bubakiye ibitaro bya ruhengeri ahongera gutunganyirizwa uyu mwuka ( Oxygene ) ukagaruka ufasha abawukeneye bari mu bitaro bitandukanye hano mu gihugu cyacu. Iyi Oxygene ikaba igemurwa mu bitaro bigera kuri icyenda hamwe n’ibitaro bya Ruhengeri ari naho ukorerwa, ariko ku munsi hakaba hakorwa ibiro 1000-2500, kuri ibyo bitaro bagenurira babigiriwemo inama na minisante ikilo kimwe bagitangira ku mafaranga 250, ubwo ibyo bitaro bigafata ibiro bikeneye. Muri ibyo bitaro...
Bukavu: FARDC na Raia Mutomboki Blaise barwaniye Kisimba

Bukavu: FARDC na Raia Mutomboki Blaise barwaniye Kisimba

Amakuru, MU MAHANGA, UMUTEKANO
Mu guhangana guherutse kuba tariki ya 25 Ukwakira hagati y’ingabo za FARDC (Forces armées de la République démocratique du Congo) hamwe n’Agatiko k’ingabo za Raia Mutomboki Blaise muri Kasimba mu gace ka Nindja mu ntara ya Kabare hahana imbibe na Kalonge mu ntara ya Kalehe muri Sud-Kivu. Umudugudu wa Luhanga (Nord-Kivu)abaturage bavanywemo kubera guterwa n’abarwanyi ba Mai-Mai kuri iki cyumweru Nkuko bitangazwa na Commandant ko hari abasilikare bakomeretse bo muri Batayo ya FARDC. Ibikorwa by’uburenganzira bwa muntu muri ako gace bikaba bivuga ko hari umubare munini w’abasilikare ba Leta. Aba Police hamwe n’abasilikare bayobora uwo murenge wa Nindja bemeza uko guhangana kwabaye. Nkuko bitangazwa n’abatuye aho abayobozi 2 bashyizeho Umwami mushya kugira ngo bayobore abasilikare...
Burera: Polisi yafashe imifuka 35 y’inzoga zitemewe zizwi nka Blue Sky

Burera: Polisi yafashe imifuka 35 y’inzoga zitemewe zizwi nka Blue Sky

Amakuru, UMUTEKANO
K’ubufatanye n’abaturage Polisi yo mu Karere ka Burera, Umurenge wa Cyanika yakoze ibikorwa byo gushakisha abacuruza ibiyobyabwenge hafatirwamo imifuka 35 y’inzoga zitemewe zizwi nka Blue Sky. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Chief  Inspector of  Police (CIP) Alex Rugigana avuga ko ibi biyobyabwenge byafatiwe mu Kagari ka Kamanyana  mu murenge wa Cyanika  mu mpera z’icyumweru dusoje ku makuru yatanzwe n’abaturage. Yagize ati “ Abacuruza ibiyobyabwenge bazwi nk’abarembetsi bari bambukanye inzoga zitemewe bikanze abaturage bari ku irondo mu kagari ka Kamanyana  bariruka.” CIP Rugigana akomeza avuga ko aba baturage bahise bitabaza Polisi,ikorera kuri Sitasiyo ya Cyanika  mu kuhagera yahise ibakurikira ndetse hafatwa imifuka 35 ya blue sky. CIP Rugigana akomeza asaba...
Police ishinzwe kurinda abaturage yageze Lubumbashi (Haut-Katanga)

Police ishinzwe kurinda abaturage yageze Lubumbashi (Haut-Katanga)

Amakuru, MU MAHANGA
Umutwe wa Police ugizwe n’abanyamisiri wageze Lubumbashi ( Haut-Katanga) kuri uyu wa gatandatu 27 Ukwakira bavuye Bukavu muri Sud Kivu. Aba bapolice bakaba baziyongera mu minsi iri imbere umuyobozi wabo w’ungirije, Colonel Amahad Mihi akaba atangaza ko ikibagenza muri Lubumbashi ari ukurinda umutekano w’abaturage. “ Tuje kurinda abasivile hamwe n’ibikorwa bwa ONU ariko tunakora amarondo hamwe na UNPOL. Ariko turi hano kubw’umutekano w’uburenganzira bwa muntu, umutwe wacu ukaba ugizwe n’abapolice 140 kugeza kuri 30 Ugushyingo imitwe yose ikazaba igihari”. Colonel Amahad Mihi. Rebero.co.rw
Dore bimwe mu biribwa bifitiye igitsinagore akamaro kubera byinshi bihindura ku buzima bwabo

Dore bimwe mu biribwa bifitiye igitsinagore akamaro kubera byinshi bihindura ku buzima bwabo

Amakuru, UBUZIMA
Akenshi ibyago abantu bahura na byo biba bifite aho byahereye kandi rimwe na rimwe ni bo babigiramo uruhare. Muri ibyo byago hari n’ibyo bikururira bitewe n’ibyo barya bashaka kwimara inzara ndetse no kuryoherwa, Cyakora kwirinda bishingiye ku mafunguro abantu barya ni byo by’ingezi kuko muri yo haba higanjemo intungamubiri zirinda umubiri, zikawutera imbaraga ndetse zikanawubaka. Ibiribwa umugore wese akwiye kurya kubera umumaro bigira ku buzima bwe Uyu munsi Rebero.co.rw yabakusanyirije amafunguro arinda abari n’abategarugori ibyago byinshi bahura na byo mu buzima: Ifi Ifi ni isoko y’intungamubiri zihambaye ku buzima bw’abagore n’inkumi cyane cyane ku musatsi wabo, inzara amagufa ndetse n’uruhu. Ibi bishimangirwa n’imyunyungugu iba mu ifi irimo zinc (soma Zenke), po...
Iyo wisuzumishije kanseri y’ibere hakiri kare iravurwa igakira

Iyo wisuzumishije kanseri y’ibere hakiri kare iravurwa igakira

Amakuru, UBUZIMA
Kuri uyu munsi hatangiye ubukangurambaga kuri kanseri y’ibere kuko iyo wayipimishije kare ivurwa igakira, ni muri urwo rwego ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima ( RBC ) cyatangije ubwo bukangurambaga hatangwa ubuhamya ku bavuwe bagakira. Iyi Kanseri y’ibere ni imwe muri kanseri z’abagore kandi ikaba ari nayo kanseri yica abantu benshi, kuko iyo turebye mu baba bageze kwa muganga iyi ndwara yica abarenga 1300 kuko hari nabo yica bataragera kwa muganga kuko baba batazi ko bayirwaye. Ikindi kijyanye niyi Kanseri ntabwo ari iy’abagore gusa kuko n’abagabo barayirwara usibye ko bo atari benshi nk’abagore, kuko muri babandi twabonye  bicwa nayo 40 usanga ari abagabo, ni indwara dushaka ko abantu bamenya hakiri kare ndetse no kuyisuzumisha ugira amahirwe yo kuvurwa ugakira aba menshi. ...
Institut français  mu Rwanda iratanga amahugurwa ku barimu 25 bigisha mu mashuli abanza n’ayisumbuye

Institut français mu Rwanda iratanga amahugurwa ku barimu 25 bigisha mu mashuli abanza n’ayisumbuye

Amakuru, UBUREZI
  Mu Rwanda k’ubufatanye na Institut français ( icyahoze ari Centre Culturel Franco- Rwandais )batangije amahugurwa y’abarimu bigisha mu mashuli abanza n’ayisumbuye muri Kristus Remera Abo barimu bagera kuri 25 bigisha  isomo ry’ururimi rw’igifaransa cyane cyane gutegura uko umwana ashobora kwitwara mu gihe yitegura kwinjira muri za kaminuza zikoresha ururimi rw’igifaransa muri Afurika cyangwa se iburayi. Ibi bikazafasha abana kwitegura neza ibyo bizamini kuko bizaba byateguwe na minisiteri y’uburezi y’ igihugu cy’ubufaransa, bimwe muri ibyo bizamini bizajya bibafasha kubona uburenganzira bwo kwiga muri za Kaminuza zikoresha ururimi rw’igifaransa hakaba harimi icyo bita B2, bityo abana bateguwe mbere ntabwo byazabagora akaba ariyo mpamvu aya mahugurwa ahabwa aba barezi ba...
Mu Rwanda hari abanyeshuli 29 biga mu kigo k’inkingo bo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba na Malawi.

Mu Rwanda hari abanyeshuli 29 biga mu kigo k’inkingo bo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba na Malawi.

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Kuri uyu wa gatanu muri Grand Legacy Hotel hateraniye inama y’abaminisitiri b’ubuzima bahuriye mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba. Iyi nama ikaba yarabanjirijwe n’iy’Abatekinisiye nayo ikurikirwa niy’Abanyamabanga bakuru muri za Minisiteri, ubu ikaba isozwa n’iy’Abaminisitiri muri iyo nama ikaba yitabiriwe na minisitiri w’ubuzima muri  Uganda, Kenya na Zanzibar hamwe n’u Rwanda rwayakiriye. Ibyo bagomba kuganiraho ni ibibazo byugarije Akarere ariko cyane cyane biganisha ku ntumbere abakuru b’ibihugu baganiriyeho mu nama zabo, bikaba bikubiyemo kugeza ubuvuzi ku baturage bibyo bihugu babona ubuvuzi bubegereye hakoreshejwe ikoranabuhanga hibandwa k’ubushakashatsi. Ariko nanone harebwa uburyo hakumirwa ibyorezo muri gahunda bahuriraho ku mipaka uko abo ba Minisitiri baganira b...
Abanyamusanze ni abakozi kandi ibyo bakora bigomba kugaragara mu kunganira umujyi wa Kigali

Abanyamusanze ni abakozi kandi ibyo bakora bigomba kugaragara mu kunganira umujyi wa Kigali

Amakuru, UBUKUNGU
Umujyi wa Musanze ni umwe mu mijyi yatoranijwe yo kunganira umurwa mukuru Kigali uyu mujyi ukaba urimo kuzamuka cyane ku buryo ushobora kuzanyura kuyindi mijyi byatoranijwe hamwe kuko ni imijyi igera kuri itandatu. Ubwo Rebero.co.rw yasuraga umujyi wa Musanze wabonye ko hari ibikorwa byinshi bimaze gutera imbere yenda twahera aho bita Yaounde ni hanze y’umujyi gato werekeza Rubavu ariko ubona imihanda yahoo imyinshi yari igizwe n’ibitaka ubu bakaba bamaze kuyishyiramo Kaburimbo ariko n’abaturage bawegereye basabwa kuvugurura amazu yabo. Mu mujyi wa Musanze usibye kuba harubatswe isoko rya Kijyambere ritandukanye niryahahoze ubu abacuruzi begereye imihanda muri uwo mujyi barasabwa nibura gushyiraho igorofa nibura y’amazu atatu kandi nabyo byatangiye gushyirwa mu bikorwa . ...
Abatoza baturutse muri Arsenal FC bari mu Rwanda mu gushyira muri gahunda ya Visit Rwanda.

Abatoza baturutse muri Arsenal FC bari mu Rwanda mu gushyira muri gahunda ya Visit Rwanda.

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Muri gahunda ya Visit-Rwanda n’ikipe ya Arsenal mu bufatanye bwayo batangiye gushyira mu bikorwa ibyo basezeranye byo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda. Ni muri urwo rwego u Rwanda rwakiriye abatoza baturutse muri Arsenal FC  babiri, Abatoza Simon McManus hamwe na Kerry Green kuva tariki ya 20-24 Ukwakira 2018. Aba batoza bakaba bazayobora imyitozo y’abana 50 batarengeje imyaka 15 baturutse mu gihugu hose , abo bakinnyi harimo abakobwa 25 hamwe n’abahungu 25 baturutse mu makademi atandukanye yo mu gihugu. Impamvu nyamukuru yaba batoza ni ukungurana ubumenyi n’abatoza bo mu gihugu no gushyira ahagaragara urubyiruko rwacu mu mupira w’amaguru n’abatoza mpuzamahanga. Ku bijyanye n’abatoza ba Arsenal FC Simon McManus – ni Umutoza mukuru mu ishuli ry’umupira w’amaguru ...