Monday, September 25
Shadow

Month: August 2018

MUYIRA : Abahinzi b’urutoki bahangayikishijwe no kubura isoko ry’umusaruro wabo

MUYIRA : Abahinzi b’urutoki bahangayikishijwe no kubura isoko ry’umusaruro wabo

Amakuru, UBUKUNGU
Mu Karere ka NYANZA mu Murenge wa  Muyira akagali ka Migina ubwo itangazamakuru ryasuraga abahinzi mu kiganiro mpaka cyiswe “uruhare rw'umuturage mu bimukorerwa” bamwe mu bahinzi bahinga urutoki bavuzeko babuze isoko ry'umusaruro w’ibitoki beza. Abahinzi b’urutoki mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza ntibemeranywa n’abayobozi bavuga  ko isoko ry'umusaruro w'ibitoki uhari nka kimwe mu bihingwa byatoranijwe guhingwa, kuko bashishikarijwe guhinga urutoki baruhinga bivuye imuzi narwo rurabakundira rurera babona umusaruro mwinshi ariko kugeza magingo aya ntibarabona aho bagurishiriza umusaruro wabo. Umunhinzi MPARIRWA Jean agira ati “Twahisemo guhinga igihingwa cy'urutoki kuko mu minsi ya mbere hari abaguzi bazaga kutugurira natwe si uguhinga turahinga umuhinzi ufite insina nziza ...
Ishyaka rya Green Party ryiteguye kuvanaho ubukode bw’ubutaka niritorwa

Ishyaka rya Green Party ryiteguye kuvanaho ubukode bw’ubutaka niritorwa

Amakuru, POLITIQUE
Ishyaka rya Green Party kuri uyu mugoroba ryiyamamarije mu Karere ka Nyarugenge umurenge wa kimisagara muri Nyabugogo aho bakiriwe n’abakorera muri kari gace baza kumva ibyo bazabakorere mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite. Umunyamabanga nshingwa bikorwa wa Kimisagara niwe wakiriye ishyaka Green Party anarimenyesha ko ubusabe bwabo bwo kwiyamamariza muri Nyabugogo babubonye bakaba bahawe uburenganzira bwo kwamamaza abakandida depite babo muri uwo murenge. Yakomeje agira ati “ Kuba hari amashyaka arimo kwamamaza abakandida bayo muri aya matora y’abadepite ni umuco mwiza wa demokarasi muri iki gihugu, tukaba tubifuriza kwisanzura tubifurize kugeza ibitekerezo byanyu ndetse n’imigabo n’imigambi y’ishyaka ryanyu ku baturage bateraniye hano, tunabifuriza kuzagira amahirwe menshi...
‘’Imvura iri kugwa izageza mu ntangiriro z’umwaka utaha’’Meteo Rwanda

‘’Imvura iri kugwa izageza mu ntangiriro z’umwaka utaha’’Meteo Rwanda

Amakuru, UBUKUNGU
Ikigo gishinzwe iteganyagihe ry’u Rwanda “Meteo-Rwanda” gitangaza ko imvura igwa muri iki gihe cy’impeshyi izageza mu gihe cy’umuhindo ikigwa. Icyo kigo cyemeza ko nta zuba rizongera gucana igihe kirekire muri uyu mwaka wa 2018 usigaje amezi make ngo urangire. Umuyobozi muri Meteo-Rwanda ushinzwe Iteganyagihe n’uko rishyirwa mu bikorwa, Twahirwa Antony avuga ko iyi mvura y’impeshyi itazatuma iy’umuhindo igabanuka. Ati: “Iyi mvura tubona ubu, izakomeza kugwa kugeza hagati mu kwezi kwa cyenda k’uyu mwaka, ubwo imvura y’umuhindo izaba itangiye, abantu rero ntibakeke ko hagiye kongera kuva izuba ryinshi. ” Ikirere kiragaragaza ko gifite imvura ihagije, kandi no mu gihembwe cy’ihinga mu Rwanda hose imvura izakomeza kugwa”. Uwo muyobozi yasobanuye ko imvura yaguye mu mpeshyi y...
Shaddyboo, Umukobwa uzwiho gukurura abatari bake ku mbuga nkoranyambaga konti ye ya Instagram yibwe

Shaddyboo, Umukobwa uzwiho gukurura abatari bake ku mbuga nkoranyambaga konti ye ya Instagram yibwe

Amakuru, IMYIDAGADURO
Shaddy Boo, kizigenza mu bakobwa bazwi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda ari mu bwigunge nyuma y’uko konti ye ya Instagram yashimuswe n’abataramenyekana. Mbabazi Shadia waryubatse nka Shaddy Boo yari amaze kumenyerwaho amafoto n’amashusho akurura abatari bake by’umwihariko ku rubuga rwa Instagram. Nk’uko bisanzwe, akiva mu buriri mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Kanama 2018, yinjiye muri konti ye ashaka kureba uko umuryango mugari yari amaze kugira waramutse atungurwa no gusanga bayimutwaye. Shaddy Boo yatangaje ko yabuze konti ye muri iki gitondo ndetse kugeza ubu akaba agishakisha uburyo yayisubiza nubwo bigoranye. Ati “Konti bayintwaye uyu munsi, nabyutse ndayibura, bayitwaye nyine byarangiye. Ndi kureba ko nabona abamfasha nkayigarura, sinzi muri make.” Yavuze k...
Musanze-Rwaza: Abaturage bijejwe na FPR Inkotanyi kubona umuriro w’amashanyarazi nyuma y’amatora

Musanze-Rwaza: Abaturage bijejwe na FPR Inkotanyi kubona umuriro w’amashanyarazi nyuma y’amatora

Amakuru, POLITIQUE
Abatuye Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze barashimira FPR - Inkotanyi yabagejeje kuri byinshi ariko ngo bakeneye umuriro n’ubwo bizeye kuzakorerwa ubuvugizi bakawubona nyuma y’amatora. Munyandamutsa Ephrem wamamaza FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, avuga ko mu byo FPR-Inkotanyi yagejeje i Rwaza, harimo imihanda, amashuri abanza n’ayisumbuye muri buri kagari, ikigo nderabuzima n’amavuriro mato (Poste de santé) na gahunda nshya y’ubuhinzi yo kuhira imyaka. Abaturage baremeza ko FPR-Inkotanyi yabahaye byose, ngo ikibazo basigaranye ni icy’umuriro utaragera iwabo. Mu gikorwa cyo kwamamaza FPR-Inkotanyi muri uwo murenge, kuri uyu wa Mbere tariki 27 Kanama 2018, bavuze ko bategereje amashanyarazi nyuma y’umwaka amapoto ashinze ku marembo y’ingo zabo. Nsababera Nepomuscene ...
Polisi y’U Rwanda yerekanye abajura bibaga mu mujyi wa Kigali bakoresheje ubwenge

Polisi y’U Rwanda yerekanye abajura bibaga mu mujyi wa Kigali bakoresheje ubwenge

Amakuru, UMUTEKANO
Kuri iki Cyumweru polisi y’ u Rwanda yagaragarije itangazamakuru abagabo batatu bakeye bibaga amaduka yo mu mujyi wa Kigali acuruza mudasobwa n’ amatelefone bakoresheje ubwenge polisi ibabwira ko ubwenge bwabo byari kubabera byiza iyo batabukoresha mu bujura. Aba basore batatu umwe yahoze ari umukanishi mu Gatsata, undi yari umukozi wa kampani y’ itumanaho n’ undi bafatanyaga yabaga I Rubavu. Yagize ati “Hari ahantu mu mujyi ku Muhinde no hepfo yaho bacuruza za telefone kwa Innocent, twaragiye turahiba dukurayo imashini 29 ku Muhinde dukurayo n’amafaranga, tujya kwa Innocent dukurayo telefone n’amafaranga miliyoni eshanu na telefone 70.” Uyu musore wahoze ari umukanishi mu Gatsata avuga ko iyo bamaraga kwiba, ibyo bibye babyoherezaga kuri mugenzi wabo ukorera mu Karere ka Ruba...
Rwandair igiye kugura indege enye mu kwagura ingendo zayo

Rwandair igiye kugura indege enye mu kwagura ingendo zayo

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege (RwandAir) igiye kugura indege enye zizayifasha kwagura imikorere no guhangana n’imbogamizi ziri mu isoko ry’ubwikorezi bwo mu kirere. RwandAir ifite indege 12 ikoresha mu byerekezo 26. Intego yayo ni ugukuba kabiri umubare wazo mu myaka itanu, hagamijwe kwagura ibikorwa muri Afurika no gukora ingendo ku yindi migabane y’Isi. Biteganyijwe ko 2019, RwandAir izakira indege enye nshya zizayifasha no kwinjira ku isoko rya Amerika, Aziya n’u Burayi. Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko muri Nyakanga 2019, bazakira indege ebyiri zo mu bwoko bushya bwa Airbus A330 n’iza Boeing 737 MAX. Abahanga mu by’ubwikorezi bavuga ko nubwo hari izifite ubushobozi bwo gutwara imizigo ariko zitaragera ku rwego rufatika. ...
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis  yasabwe kwegura.

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis  yasabwe kwegura.

Amakuru, IYOBOKAMANA
Uwahoze ari Guverineri muri Leta ya Vatican n’Intumwa ya Papa muri Amerika, Carlo Maria Vigano, yasabye umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis kwegura. Arashinjwa kutagira icyo akora kuri Cardinal Theodore McCarrick ushinjwa gusambanya abana. Mu nyandiko ya Paji 11, Carlo Maria yasobanuye ko Papa Francis yadohoye ibihano McCarrick yari yarafatiwe na Papa Benedict XVI birimo kutagaragara mu butumwa bwa Kiliziya. Carlo ngo yahuye na Papa Francis, amusobanurira imyitwarire mibi ya McCarrick ariko akomeza kumukingira ikibaba, akajya yoherezwa mu butumwa bwa kiliziya. Inyandiko ya Carlo Maria isobanura ko Papa Francis akwiye kwemera amakosa yakoze yo kwirengagiza ihame ryo guhana uwakosheje, akegura, agatanga urugero ku bayobozi ba Kiliziya bakingiye ikibaba McCarrick. ...
Louise Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Minisiteri w’intebe wa Liban

Louise Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Minisiteri w’intebe wa Liban

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
 Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo muri aya masaha ya nyuma ya saa sita yagiranye ibiganiro na Saad Hariri Minisitiri w’intebe wa Liban, ni mu bikorwa arimo byo kwiyamamariza kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, na Liban ibereye umunyamuryango.  Mu rugendo rw’iminsi ibiri afite muri Liban, Mushikiwabo arageza kuri Hariri n’abandi bayobozi ashaka guhura nabo, gahunda afitiye uyu muryango ari gushaka kuyobora nk’uko bivugwa na National News Agency. Biteganyijwe ko ahura kandi n’umuyobozi w’Inteko Ishinga amategeko ya Liban ndetse na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Liban. Umuryango w’ibihugu bikoresha igifaransa ugizwe n’ibihugu 75 bigana na 1/3 cy’ibigize umuryango w’Abibumbye, ibihugu biwurimo bituwe b...
Imikino Nyafurika muri Karate izabera mu Rwanda mu Intare Conference Arena

Imikino Nyafurika muri Karate izabera mu Rwanda mu Intare Conference Arena

Amakuru, IMIKINO
Abakinnyi 31 hamwe n’abatoza 4 abakobwa ni 13 naho abahungu bakaba ari 18 iyi kipe twatangiye kuyitegura guhera mu kwezi kwa 4 batangiye ari abakinnyi bagera kuri 60 ubwo rero aba batoza bakoze akazi gakomeye kugira ngo babashe kujonjora abakinnyi hasigare abangana gutya. Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa gatanu niho Ferwaka yasobanuriye itangazamakuru ko ubu umukino wa Karate ukinwa utandukanye cyane nuwo abayobozi bawo bakinaga muri za 74 kuko ubu uyu mukino wabaye uwu mwuga ukina utari ukwishimisha kuko ubu ukina ukurikije igihe kandi hakaba harimwo n’ubwenge bwinshi, bityo rero umuyobozi wa Ferwaka Bwana Uwayo Theogene akaba avuga ko uru rubyiruko ruwukina rushobora kuzagera kure muri uyu mukino. Akaba yaragarutse kugushaka tike y’imikino Olimpike avuga ko kugi...