Monday, September 25
Shadow

Month: July 2018

Abarwanyi 10 ba Al Shabaab batahutse bataka ubukene n’inzara

Abarwanyi 10 ba Al Shabaab batahutse bataka ubukene n’inzara

Amakuru, MU MAHANGA
  Abarwanyi 10 b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab, bishyikirije abasirikare ba Kenya (KDF), bari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, bavuga ko bari babayeho ubuzima bubi ndetse bafatwa nabi. Umwe mu batahutse witwa Omar Said Omar, ukomoka mu gace ka Lamu gaherereye mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru ya Mombasa, yabwiye inzego z’umutekano ko bari babayeho mu buzima bugoye, bafashwe nabi ndetse ntibanahembwe. Yagize ati “Ubuzima bw’ubukene twari tubayemo nibwo bwatumye mfata icyemezo  cyo guhunga ariko ubwo nabagamo ntaho bitaniye.” Akomeza avuga ko yari yarahisemo kujya muri uriya mutwe w’iterabwoba ajyanywe na nyirarumwe wahoze ari umwarimu ku ishuri rya Kisilamu rya Madarassa, riherereye mu gace kazwi nka Hindi ariko igihe kikaba kigeze ngo asubire mu gihugu cyamubyaye....
Abakinnyi ba Karate bagarukanye ishema n’imidali

Abakinnyi ba Karate bagarukanye ishema n’imidali

IMIKINO, RWANDA
Abakinnyi bahagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika y"urubyiruko yaberaga muri Algeria bagarukanye imidali nubwo batayibonye bose ariko ikigaragara nuko imyiteguro ya abakinnyi ba Karate yagenze neza ,aha hakaba haragiye abakinnyi ba Karate ,Ahtletism, Abakinnyi ba beach volleyball. Nkuko byatangajwe n"umutoza wa Karate Sensei nkuranyabahizi Noel ati "" twiteguye neza nubwo tutazanye umudali was zahabu ariko twakinnye neza kandi biraduha icyizere ko tuzagira abakinnyi beza'', abana nabo bavuga ko kuba babashije kuzana iriya midali amakosa bakoze yo kutazana imidali ya zahabu ntabwo bazongera kuyakora . Amarushanwa ateganijwe kuzabera mu Rwanda mu mpera zukwezi kwa munani biteguye kuzitwara neza kuko bagiye kurushaho gukora imyitozo kuko ubu bafite umutoza ufite byinshi byo ku...
Abaturage batuye munsi ya APACOPE baratakamba

Abaturage batuye munsi ya APACOPE baratakamba

Amakuru, RWANDA
Nyuma yaho hatangiye gutegurwa umuhanda uva Yamaha werekeza mu mujyi unyuze kuri RIAM ugatunguka munsi ya Gare yo mu mujyi aho hari mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka abatuye aho uwo muhanda urimo gukorwa baratakamba ngo WASAC itangire ibibuke kuko ayo mezi yose ashize kubona amazi ni ikibazo kubahasigaye batimutse abo umuhanda utagonze. Nkuko abaturage baganiriye na Rebero.co.rw badutangarije ko ubu aho basigaye bavoma kubera ko batemerewe kuvomesha byatumye amafaranga bishyuraga mu kwezi yikuba nk’ icumi kuko fagitire ye yiyongereye, bigatuma abo bafashaga bagenzi babo ngo batabura amazi bagiye kubihagarika kuko bishyuzwa menshi ndetse kuyabona nabo bikaba byatuma bajyamo umwenda batateganyaga. Ubundi iyo ubona ibikorwa by’umuhanda bisa nkaho birimo kurangira kuko ubu ikig...
Muhitira Felicien ( Magare ) yatsinze igice cya Marathon muri France

Muhitira Felicien ( Magare ) yatsinze igice cya Marathon muri France

IMIKINO, MU MAHANGA
Ni irushanwa ryaraye ribaye aho basiganywe kuva Marvejols bajya Mende aho yakoresheje 01h11’25’’ akurikirwa n’umunyakenya  witwa Liothan John hamwe n’umugande Chepkorm Ezekiel, iri rushanwa rimufasha kwitegura andi marushanwa atandukanye agomba gukora ku mugabane w’iburayi, kuko uyu musore ashaka gushaka minima zigomba kuzamujyana mu mikino ya nyuma izaba muri 2020 aho imikino izabera Tokyo muri Japan. Uyu musore ubwo yahagurukaga mu Rwanda agiye mu kazi ku mugabane w’iburayi yajyanye intego ko ayo azakinamo yose agomba kuyatsinda kuko niko kazi kamujyanye kandi intego ye ari ukubona iyo minima, bimwe mu bituma uyu musore akora cyane nuko yifuza kuva ku gice cya marathon akajya gukina marathon kuko nizo ndoto ze. Mu kiganiro yagiranye na Rebero.co.rw we yemeza ko iyo ari mu Rwand...
APE Rugunga muri O’level igeze ku mukino wa nyuma bitayoroheye

APE Rugunga muri O’level igeze ku mukino wa nyuma bitayoroheye

IMIKINO, RWANDA
Imikino y’amashuli muri O’level hamwe n’Amashuli abanza kuri iki cyumweru nibwo bakinnye ½ aharaye habonetse amakipe azakina umukino wa nyuma kuri uyu wa mbere, muri iyi mikino nta mwanya wa gatatu wateganijwe kuko amakipe azitabira FEASSSA mu mashuli abanza ari abiri muri buri mukino mu mikino itatu yatoranijwe kuzatangira gukinwa dore ko ari ku nshuro ya mbere amashuli abanza yitabira iyi mikino. Ikipe ya APE Rugunga yakinnye n’ikipe ya Kabare byayisabye kuyisezerera aruko bitandukanijwe na Penalite kuko iminota yateganijwe barangiye banganya 0-0 bityo bitabaza penalite nibwo ikipe ya APE Rugunga yinjije 4-1 kuko umuzamu wa APE Rugunga yafashe 3 noho imwe bayitera hanze bityo ibona itike y’umukino wa nyuma, kandi ni imwe mu makipe yahabwaga amahirwe yo kwitara neza kuko ifitemo ab...
Imikino isoza amashuli abanza yimuriwe I Rwamagana muri iyi week end

Imikino isoza amashuli abanza yimuriwe I Rwamagana muri iyi week end

IMIKINO, RWANDA
Amashuli abanza kuko azitabira FEASSSA bwa mbere byabaye ngombwa ko bashaka azahagararira u Rwanda dore ko hari hemeye ibihugu bitatu kuzitabira iyi mikino harimo u Rwanda ruzayakira hakaba Kenya hamwe na Uganda byaje kurangira igihugu cya Kenya gihakanye kuzayitabira bityo ibihugu bisigayemo akaba ari bibiri gusa. Iyi mikino yari iteganijwe kubera mu karere ka musanze ahazakinirwa imikino ya FEASSSA ariko byahindutse kuko iyi mikino izaba ku cyumweru muri ½ naho finale zikaba kuwa mbere, imikino iteganijwe kuzakinwa muri FEASSSA izahuza za amashuli abanza akaba ari umupiara w’amaguru ( Football) umukino w’amaboko ( Volleyball, na Netball ). Imyiteguro ikaba irimbanije kugira ngo amakipe azaserukira u Rwanda akomeze kwitegura neza mu gihe ibizamini bizaba birangiye muri cya gihe ...
Special Olympics yasojwe no gutombora abazajya Abu Dhabi

Special Olympics yasojwe no gutombora abazajya Abu Dhabi

IMIKINO, RWANDA
Imikino ya Special Olympics yari imaze iminsi itatu ibera ku mahoro yasojwe kuri iki cyumweru aho hatomboye abana bazajya mu mikino izabera Abu dhabi mu mwaka utaha hakaba hatomboye abana 26 bazaherekezwa n’abatoza 9 hamwe n’abayobozi 5, ubwo mu Rwanda hakaba hazaturuka abantu 40 bazitabira iyo mikino.            Uwari uhagarariye ababyeyi muri Special Olympics nawe yatanze ibihembo Uku gutoranya nuko abajya muri iyi mikino bose barahembwa kuko niko Special Olympics ikora nubwo haboneka aba mbere ariko abitabiriye bose barahembwa, imikino izakinwa yo harimo imikino ngorora mubiri, Boccia, umupira w’amaguru hamwe no kwoga ikaba ari imikino y’abafite ubumuga bwo mu mutwe ariko ituma nabo babasha kwishimana n’abandi. Uwavuze mw’izina ry’abakinnyi Fabrice yasabye ko bashima Sp...
CECAFA Uganda Cranes mu bagore ikomeje gutsinda

CECAFA Uganda Cranes mu bagore ikomeje gutsinda

IMIKINO, RWANDA
Imikino ya CECAFA mu bagore yahuje amakipe atanu yo muri aka karere irakomeje ku munsi wayo wa kabiri aho ikipe ya Uganda ikomeje kwerekana ko yiteguye kuko imaze gutsinda umukino wayo wa kabiri, umukino wayo wa mbere yafunguye iri rushanwa itsinda ikipe ya Kenya 1-0, none umukino wabo bakinnye na Ethiopia umaze kurangira iyitsinze 2-1 kugeza ubu iyi kipe ya Uganda ikaba imaze kwibikaho amanota 6. Uyu wari umukino wa gatatu ariko wagaragayemo guhanahana neza hagati yaya makipe yombi dore ko Ethiopia yaburaga rutahizamu wayo wagiye kugerageza amahirwe muri Sweden, iyi kipe ya Ethiopia niyo yafunguye amazamu ku munota wa 39’ aho cyatsinzwe na Ware Birtukan maze Uganda ikomeza gusatira kuko cyaje kwishyurwa na Aluka Grace ku munota wa 69’ maze Nakayenze Judaya ashyiramo icyo gutsinda k...
Special Olympics imaze imyaka 50 ishinzwe –Pr Sangwa Deus

Special Olympics imaze imyaka 50 ishinzwe –Pr Sangwa Deus

IMIKINO, RWANDA
Ku munsi wayo wa kabiri wo kwizihiza imyaka 50 ishize hashinzwe Special Olympics habaye imikino itandukanye aho uyu munsi hasiganywe abana batandukanye bafite ubumuga bwo mu mutwe kuko nabo baba bagomba kwishima. Nkuko byatangajwe n’umuyobozi wa Special Olympics Pasteur Deus Sangwa. Umukino wahuje abakobwaba Gisagara na Rulindo ( Buyoga ) w’amaguru waje kurangira nta kipe n’imwe itsinze indi ariko byagaragaye ko bari bahuje umukino nubwo byabonekaga ko bananirwaga cyane, naho akarere ka Ngororero hamwe na Himure ya Gasabo mu bahungu nibo bakinnye umukino ukaba warangiye banganya 1-1 bitabaze Penaliti hatsinda Ngororero 3-1 Gasabo, iyi mikino itandukanye ikaba ari igomba gutanga abakinnyi bazajya muri Leta yunze ubumwe y’abarabu ( Abu dhabi ) muri 2019 mu kwezi kwa Werurwe. ...
Ikipe y’igihugu y’abakobwa yisubije icyubahiro itsinda Tanzaniya

Ikipe y’igihugu y’abakobwa yisubije icyubahiro itsinda Tanzaniya

IMIKINO, RWANDA
Imikino ya CECAFA y’abagore irimo kubera mu Rwanda yatangiye uyu munsi Ikipe y’igihugu y’abakobwa yatangiye yerekana ko imyitozo yakoze itayibereye ubusa umukino wabo wa mbere bakaba batsinze Tanzaniya ari nayo ifite iki gikombe 1-0 umukino waje ukurikira uwa Kenya na Uganda nawo warangiye ari 1-0 bwa Uganda.   Minisitiri w’umuco na Sport niwe wari umushyitsi mu mukuru kuri uyu mukino wabanje kubwira ikipe y’u Rwanda ko icyo abasaba ari itsinzi nawe ibindi bazabimubaze, burya iyo ushyigikiwe ntacyo utageraho nkuko Kapiteni Nibagwire nawe yabyitangarijee agira ati “ Twahawe byose kandi twizeye kuzagera kure kuko ntacyo twaburanye ubuyobozi, iyi ni intangiriro ariko mukomeze mutube hafi natwe tuzakora ibishoboka”. Umutoza Kayiranga Baptiste nawe yavuze ko ibyo bagez...