Monday, September 25
Shadow

RWANDA

Rayon Sport umukino ubanza muri Confederation uratangira nta bafana bari kuri Stade

Rayon Sport umukino ubanza muri Confederation uratangira nta bafana bari kuri Stade

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Rayon Sport yageze mu matsinda ikumbuye kongera gusubiramo ibyo ikaba igomba kubitangira uyu munsi ubwo iba ikina umukino ubanza, nta bafana bari ku kibuga kuko Al Hilal Benghazi ariyo yakiriye umukino. Abakunzi ba Rayo bakaba bahamariwe guherekeza ikipe yabo aho iva Karumuna icumbitse yerekeza kuri Stade y’Inyamirambo bikaba biteganijwe ko bahaguruka Karumuna 15:00 bakayigeza aho ije gukinira umukino ubundi bagategereza Ibiza kuva mu mukino. Ikipe yo muri Libya Al Hilal Benghazi nyuma yo kuba mu gihugu cyabo harabaye Ibiza umukino basabye ko iyo mikino yombi izabera mu Rwanda ku byumvikane bw’amakipe yombi, akaba ariyo mpamvu umukino ubanza uteganijwe kuri iki cyumweru naho uwo kwishyura nawo uzabera mu Rwanda ukazaba tariki ya 30 Nzeri. Ikipe ya Al Hilal Benghazi ikaba ...
Rusizi: GS Saint Paul Muko,ishuri ridasanzwe rikora ibidasanzwe

Rusizi: GS Saint Paul Muko,ishuri ridasanzwe rikora ibidasanzwe

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Abarerera muri GS Saint Paul Muko, mu Bugarama,akarere ka Rusizi,barashimira ubuyobozi bwaryo urwego bumaze kurigezaho,kuko ngo  nubwo ari ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12,ry’abana biga bataha, rigeze ku rwego rukora ibirenze kure iby’amashuri y’icyitegererezo,abacumbikira,haba mu mikino,imyidagaduro,n’imitsindire mu bizamini bya Leta. Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju yishimana n'abanyeshuri ba GS Saint Paul Muko bari bamaze gutwara igikombe cya FEASSSA Mu kiganiro kirambuye na Rebero.co.rw,umuyobozi waryo padiri Uwingabire Emmanuel, yavuze ko intego yari afite agihabwa ubutumwa na Diyoseze gatolika ya Cyangugu bwo kuriyobora,mu mwaka w’amashuri 2020-2021,yo kurihindura ishuri ryo ku rwego rw’amashuri akomeye mu gihugu acumbikira abana,mu nzego zose z’u...
Rusizi: Ibyumba by’amashuri byitezweho  kugabanya ubucucike no gusimbura ibishaje

Rusizi: Ibyumba by’amashuri byitezweho  kugabanya ubucucike no gusimbura ibishaje

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike kigaragara muri GS Bugarama Cité, no gusimbuza ibyumba 13 bishaje cyane byari bikigirwamo,mu murenge wa Bugarama,akarere ka Rusizi, kuri uyu wa 20 Nzeri,umuyobozi w’akarere ka Rusizi,Dr Kibiriga Aicet,yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ibyumba 15 bishya. Umuyobozi w'akarere ka Rusizi,Dr Kibiriga Anicet ( wambaye umupira w'icyatsi) n'abandi bayobozi bashyira ibuye ry'ufatizo ahazubakwa ibyumba bishya 15 by'amashuri Bizubakwa ku bufatanye bw’akarere ka Rusizi, idini rya kiyisilamu nyir’ishuri, n’umuryango w’abongereza ‘Hands aroud the World ‘uzatanga amafaranga yo kubyubaka.  Bizubakwa mu byiciro 3,mu myaka 3,icyambere  cy’ibyumba 5 kizarangira mu mezi 6 uhereye igihe ibuye ry’ifatizo ryashyiriweho, bizuzura bitwaye amanyarwanda...
Kazungu Denis mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro yemeye ibyo aregwa

Kazungu Denis mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro yemeye ibyo aregwa

Amakuru, RWANDA, UBUTABERA, UMUTEKANO
Kazungu wamenyekanye ku byaha bitandukanye, uyu munsi tariki ya 21 Nzeri yagejejwe imbere y’abacamanza,umwirondoro we ni Kazungu Denis mwene Uragiwenayo na Nyirigira, wavutse mu 1989 ubu ufite imyaka 34. Kazungu Denis imbere y’abacamanza asomerwa ibyaha aregwa 10 bamubajije icyo avuga kuri ibyo byaha yabyemeye byose,ahita asaba ko yaburanira mu muhezo, umucamanza abaza abashinjacyaha icyo babivugaho nabo basubiza ko impamvu za Kazungu nta shingiro zifite Ibyaha Kazungu akurikiranyweho harimo Ubwicanyi buturutse ku bushake, Iyicarubuzo, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu, ubujura bukoresheje kiboko, icyaha cyo konona inyubako atari nyirayo, inyandiko mpimbano ndetse no kugera mu b...
Ishuri ryisumbuye rya ASPEK “Institut Saint Aloys” ryiteguye neza umwaka w’ amashuri 2023 – 2024

Ishuri ryisumbuye rya ASPEK “Institut Saint Aloys” ryiteguye neza umwaka w’ amashuri 2023 – 2024

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Iri shuri ry’ indashyikirwa riherereye mu karere ka Ngoma mu mujyi wa Kibungo ku muhanda Kigali Rusumo hafi ya stade y’ akarere ka Ngoma. ? Ryafunguye ku mugaragaro mu 1986, ubu rifite amashami: HGL, LFK, HEG(S6) na LKK (S6); rikagira n’icyiciro rusange (Tronc commun). Riratangaza ko nyuma yo gutsindisha neza 100% umwaka ushize ubu ryamaze gutegura ibisabwa byose ngo umwaka w’ amashuri wa 2023-2024 uzarusheho gukomeza kurigira indashyikirwa nkuko abaryizeho n’ abarirereyeho bakomeje kurivuga imyato. Umuyobozi w’ ikigo ASPEK/ISA, uvuga ko muri rusange basoje neza umwaka w’ amashuri wa 2022-2023, abakoze ibizamini bya Leta bakaba barabitsinze  ku kigereranyo cyo hejuru, bityo baka babaramaze no kwitegura umwaka mushya wa 2023-2024, aho biteguye guha ikaze abasanzwe biga kur...
Abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga bakeneye kwisanzura muri sosiyete nyarwanda

Abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga bakeneye kwisanzura muri sosiyete nyarwanda

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Umunsi wa kabiri mpuzamahanga w’icyumweru cyahariwe abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga waranzwe n’abayobozi bifatanije nabo mu rurimi rw’amarenga aho bagiye batanga ubutumwa butandukanye. Anne Niwemwiza umunyamakuru wa KT Radio nawe yagize icyo atangaza akoresheje ururimi rw’amarenga muri iki cyumweru mpuzamahanga cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga. Agira ati: “Yatangije avuga uko izina rye ryandikwa mu rurimi rw’amarenga akomeza avuga ko ari uvuga rikumvikana ku mbuga nkoranyambaga, akomeza avuga ko abakoresha ururimi rw’amarenga bumvikana aho bari ku isi hose”. Musangabatware Clement Intumwa ya rubanda mu nteko ishingamategeko ya EALA nawe yagize ubutumwa atanga akoresheje ururimi rw’amarenga muri iki cyumweru mpuzamahanga cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kuvu...
Inzovu Mall biteganijwe ko izatahwa mu kuboza 2025

Inzovu Mall biteganijwe ko izatahwa mu kuboza 2025

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA, UBUKUNGU
Mu Rwanda ibikorwa remezo bikomeje kubakwa bihindura umujyi wa Kigali, ahahoze urukiko rw’ikirenga ndetse na Minisiteri y’ubutabera hafi ya Convention Center hagiye kuzamuka inzu nini izaba ifite isoko rinini. Iri soko rinini ry’u Rwanda biteganijwe ko rizafungurwa mu kuboza 2025, Inzovu mall ifite m 68 batangiye gusiza ndetse no kuyuba mu kwezi gushize, izubakwa ahantu hangana na m2 40.000, iyi nzu izaba ifitemo hotel y’inyenyeri 4. Hazaba harimo ibiro bitandukanye kubabikeneye, umwanya ucururizwamo ibiribwa, ahazabera ibyumba by’inama dore ko ubu u Rwanda rurimo kwakira inama zitandukanye, hamwe n’inzu z’imyidagaduro. Inzovu Mall izaba inzu irengera ibidukikije kuko izaba igaragaza ibidukikije neza nkuko bigaragara ku mashusho yayo, gahunda igihugu cyihaye yo kureng...
Iterambere ry’abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga rishingiye ku rurimi rw’amarenga

Iterambere ry’abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga rishingiye ku rurimi rw’amarenga

Amakuru, RWANDA
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabeye kuri uyu munsi tariki ya 18 Nzeri 2023, aho Umuryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga (RNUD) batangije icyumweru gitegura umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga. Ikiganiro n'itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa mbere tariki ya 18 Nzeri 2023 Iki cyumweru cyatangiye uyu munsi tariki ya 18 Nzeri kikazarangita tariki ya 22 hizihizwa umunsi mpuzamahanga ku nsanganyamatsiko igira iti: “Isi aho abatumva bashobora gusinya ahantu hose”, iki cyumweru ni icyo kugira ngo abantu cyangwa sosiyete nyarwanda imenye ko abafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga bariho kandi bafite ibyo bashoboye. Umuyobozi w’Umuryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga (RNUD) Bwana Augustin Munyangeyo akaba yavuze ...
Rusizi: Abana 160 b’imfubyi n’abo mu miryango itishoboye bahawe ibikoresho by’ishuri

Rusizi: Abana 160 b’imfubyi n’abo mu miryango itishoboye bahawe ibikoresho by’ishuri

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Itsinda Kamembe FIISALILLAHI Groupe (KFG) Shakijuru  rya kiyisilamu mu mujyi wa Rusizi  ryageneye abana 160 b’imfubyi n’abo mu miryango itishoboye mu karere twa Rusizi ,na 40 nk’abo ba Nyamasheke,ibikoresho by’ishuri,kuri iki cyumweru tariki 17 Nzeri,aba Rusizi bakaba babishyikirijwe. Bamwe mu babyeyi bagize iri tsinda bafasha mu guha ibikoresho by'ishuri aba bana. Bigizwe n’amakayi,amakaramu n’ibindi abanyeshuri bakenera mu ishuri , bifite agaciro k’arenga 1.342.000,abana babihawe,ababyeyi babo n’ababarera bakavuga ko ari igikorwa bishimiye cyane bakurikije uburyo bari batangiye kubunza imitima bibaza uko biri bubagendekere, bagashimira aba bagiraneza, bemeza ko babakuye habi cyane. Umutesiwase Sonia ugiye mu wa 5 w’ayisumbuye,avuga ko arerwa na nyirakuru nyuma yo gupfusha a...
Kung Fu Wushu: Ambasaderi w’u Bushinwa n’uwa Kenya mu Rwanda basuye abari mu mahungurwa

Kung Fu Wushu: Ambasaderi w’u Bushinwa n’uwa Kenya mu Rwanda basuye abari mu mahungurwa

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Ishyirahamwe ry’umukino njyarugamba wa Kung Fu Wushu mu Rwanda “RKWF” ku bufatanye n’Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, Henan University of Technology binyuze muri “Henan Friendship Overseas Affairs service Co.Ltd”, taliki 06 Nzeri 2023 hatangiye amahugurwa atangwa n’inzobere yaturutse mu Bushinwa, Chen Haijun. Aya mahugurwa “Seminar on Shaolin Martial Arts and Taiji Boxing of Chen Style” biteganyijwe ko azamara iminsi 50 akazasozwa taliki 25 Ukwakira 2023 arimo kubera mu nzu y’imikino ya Tsen Sport Kung-Fu Organization ku Kimihurura mu Rugando. Ku wa Gatanu taliki 15 Nzeri 2023, Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun ari kumwe na mugenzi we, Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Philip Mundia Githiora basuye aharimo kubera aya mahugurwa bakurikirana uko abitabiriye bashyira mu b...