Monday, September 25
Shadow

UBUREZI

Rusizi: GS Saint Paul Muko,ishuri ridasanzwe rikora ibidasanzwe

Rusizi: GS Saint Paul Muko,ishuri ridasanzwe rikora ibidasanzwe

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Abarerera muri GS Saint Paul Muko, mu Bugarama,akarere ka Rusizi,barashimira ubuyobozi bwaryo urwego bumaze kurigezaho,kuko ngo  nubwo ari ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12,ry’abana biga bataha, rigeze ku rwego rukora ibirenze kure iby’amashuri y’icyitegererezo,abacumbikira,haba mu mikino,imyidagaduro,n’imitsindire mu bizamini bya Leta. Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju yishimana n'abanyeshuri ba GS Saint Paul Muko bari bamaze gutwara igikombe cya FEASSSA Mu kiganiro kirambuye na Rebero.co.rw,umuyobozi waryo padiri Uwingabire Emmanuel, yavuze ko intego yari afite agihabwa ubutumwa na Diyoseze gatolika ya Cyangugu bwo kuriyobora,mu mwaka w’amashuri 2020-2021,yo kurihindura ishuri ryo ku rwego rw’amashuri akomeye mu gihugu acumbikira abana,mu nzego zose z’u...
Rusizi: Ibyumba by’amashuri byitezweho  kugabanya ubucucike no gusimbura ibishaje

Rusizi: Ibyumba by’amashuri byitezweho  kugabanya ubucucike no gusimbura ibishaje

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike kigaragara muri GS Bugarama Cité, no gusimbuza ibyumba 13 bishaje cyane byari bikigirwamo,mu murenge wa Bugarama,akarere ka Rusizi, kuri uyu wa 20 Nzeri,umuyobozi w’akarere ka Rusizi,Dr Kibiriga Aicet,yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ibyumba 15 bishya. Umuyobozi w'akarere ka Rusizi,Dr Kibiriga Anicet ( wambaye umupira w'icyatsi) n'abandi bayobozi bashyira ibuye ry'ufatizo ahazubakwa ibyumba bishya 15 by'amashuri Bizubakwa ku bufatanye bw’akarere ka Rusizi, idini rya kiyisilamu nyir’ishuri, n’umuryango w’abongereza ‘Hands aroud the World ‘uzatanga amafaranga yo kubyubaka.  Bizubakwa mu byiciro 3,mu myaka 3,icyambere  cy’ibyumba 5 kizarangira mu mezi 6 uhereye igihe ibuye ry’ifatizo ryashyiriweho, bizuzura bitwaye amanyarwanda...
Ishuri ryisumbuye rya ASPEK “Institut Saint Aloys” ryiteguye neza umwaka w’ amashuri 2023 – 2024

Ishuri ryisumbuye rya ASPEK “Institut Saint Aloys” ryiteguye neza umwaka w’ amashuri 2023 – 2024

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Iri shuri ry’ indashyikirwa riherereye mu karere ka Ngoma mu mujyi wa Kibungo ku muhanda Kigali Rusumo hafi ya stade y’ akarere ka Ngoma. ? Ryafunguye ku mugaragaro mu 1986, ubu rifite amashami: HGL, LFK, HEG(S6) na LKK (S6); rikagira n’icyiciro rusange (Tronc commun). Riratangaza ko nyuma yo gutsindisha neza 100% umwaka ushize ubu ryamaze gutegura ibisabwa byose ngo umwaka w’ amashuri wa 2023-2024 uzarusheho gukomeza kurigira indashyikirwa nkuko abaryizeho n’ abarirereyeho bakomeje kurivuga imyato. Umuyobozi w’ ikigo ASPEK/ISA, uvuga ko muri rusange basoje neza umwaka w’ amashuri wa 2022-2023, abakoze ibizamini bya Leta bakaba barabitsinze  ku kigereranyo cyo hejuru, bityo baka babaramaze no kwitegura umwaka mushya wa 2023-2024, aho biteguye guha ikaze abasanzwe biga kur...
Rusizi: Abana 160 b’imfubyi n’abo mu miryango itishoboye bahawe ibikoresho by’ishuri

Rusizi: Abana 160 b’imfubyi n’abo mu miryango itishoboye bahawe ibikoresho by’ishuri

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Itsinda Kamembe FIISALILLAHI Groupe (KFG) Shakijuru  rya kiyisilamu mu mujyi wa Rusizi  ryageneye abana 160 b’imfubyi n’abo mu miryango itishoboye mu karere twa Rusizi ,na 40 nk’abo ba Nyamasheke,ibikoresho by’ishuri,kuri iki cyumweru tariki 17 Nzeri,aba Rusizi bakaba babishyikirijwe. Bamwe mu babyeyi bagize iri tsinda bafasha mu guha ibikoresho by'ishuri aba bana. Bigizwe n’amakayi,amakaramu n’ibindi abanyeshuri bakenera mu ishuri , bifite agaciro k’arenga 1.342.000,abana babihawe,ababyeyi babo n’ababarera bakavuga ko ari igikorwa bishimiye cyane bakurikije uburyo bari batangiye kubunza imitima bibaza uko biri bubagendekere, bagashimira aba bagiraneza, bemeza ko babakuye habi cyane. Umutesiwase Sonia ugiye mu wa 5 w’ayisumbuye,avuga ko arerwa na nyirakuru nyuma yo gupfusha a...
Ibikorwa byo kwimakaza umuco wo gusoma no kwandika mu Rwanda byatangijwe

Ibikorwa byo kwimakaza umuco wo gusoma no kwandika mu Rwanda byatangijwe

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Minisiteri y’Uburezi yifatanyije n’abafatanyabikorwa mu iterambere mu rwego rw’umuryango wa Soma u Rwanda, abayobozi n’abaturage begerejwe abaturage mu mudugudu w’icyitegererezo wa Rugerero IDP mu Karere ka Rubavu gutangiza ukwezi kwahariwe gusoma no kwandika (NLM) muri Nzeri kugira ngo bateze imbere umuco wo gusoma no kwandika mu Rwanda. Ibirori byo gutangiza NLM byafunguwe kumugaragaro n’umuyobozi mukuru wa politiki y’uburezi n’isesengura muri minisiteri y’uburezi, Rose Baguma wari uhagarariye Minisitiri w’uburezi. Yari aherekejwe nabafatanyabikorwa batandukanye biterambere murwego rwa Soma Rwanda. Ukwezi kwahariwe gusoma no kwandika kwizihizwa ku nsanganyamatsiko: “Guteza imbere gusoma no kwandika kuri bose kugira ngo imyigire ishingiye”. Muri ibyo birori, abanyamuryango ...
Rusizi: Abaholandi basigiye abana bato urugo mbonezamikurire

Rusizi: Abaholandi basigiye abana bato urugo mbonezamikurire

Amakuru, RWANDA, UBUREZI, UBUZIMA
Abasore n’inkumi 34 b’abaholandi bibumbiye mu muryango ‘World servants’ bamaze ibyumweru 2 bubakira abana bato bo mu mudugudu wa Cyivugiza,akagari ka Gatare,umurenge wa Nkungu,akarere ka Rusizi, urugo mbonezamikurire,baravuga ko bishimiye uburyo bakiriwe aha I Nkungu,umutekano n’uburyo bafatanije n’ababyeyi n’izindi nzego  ubu bwubatsi, bagasaba abaturage kubyaza umusaruro iki gikorwa cyiza basigiwe. Ibi byumba bamaze ibyumweru 2 bubaka babisize bigiye kuzura Uru rubyiruko rw’abaholandi,nk’uko Rebero.co.rw yabitangarijwe n’umuhuzabikorwa w’umuryango nyafurika w’ivugabutumwa (AEE) mu karere ka Rusizi,Musafiri François Xavier, ngo rwo n’ababyeyi barwo,basanzwe bakusanya inkunga yo gufasha mu bikorwa bizamura abatishoboye, bibanda cyane cyane ku mibereho myiza y’abana bato, inkunga...
Ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka ku buzima bwa muntu

Ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka ku buzima bwa muntu

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA, UBUREZI
Nyuma yo gusanga ihindagurika ry’ibihe ryaratangiye kugira ingaruka ku buzima bwa muntu aho ritera benshi ibikomere, impfu, indwara ziterwa n’amazi mabi, indwara z’ubuhumekero n’izindi, hatangijwe ubushakashatsi bugamije kumenya imiterere y’ihindagurika ry’ibihe mu Rwanda n’ingaruka bishobora kugira ku buzima bw’abatari bake. Ihindagurika ry’ibihe ryagiye rigira ingaruka nyinshi mu bihe bitandukanye, ndetse n’ubwo isi yose yahagurukiye guhangana n’iki kibazo gitera izamuka ry’ubushyuhe kugeza ubu bukomeje kwiyongera umusubirizo, ihindagurika ry’ikirere ndetse n’ibiza bikomeje gutwara benshi ubuzima no gutikiza ubukungu bw’ibihugu binyuze mu kwangiza imitungo ya benshi hadasigaye n’iyangirika ry’ibikorwaremezo by’ingirakamaro. Ngo bimaze kugaragara ko iri hindagurika ry’ibihe rig...
Abanyeshuri bafite ubumuga basoza icyiciro rusange ndetse n’ayisumbuye boroherejwe gukora ikizamini cya Leta

Abanyeshuri bafite ubumuga basoza icyiciro rusange ndetse n’ayisumbuye boroherejwe gukora ikizamini cya Leta

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange ndetse n’ayisumbuye abanyeshuri bafite ubumuga bahawe umwanya uhagije wo gukora ikizamini cya Leta. Abakoreye mu kigo cya Saint Filippo Smaldone (GSFIS) Abanyeshuri bari mu cyiciro rusange (Ordinary Level) bafite ubumuga butandukanye abahungu bakoze ikizamini ni 195 mu gihe abakobwa bakoze icyo kizamini bafite ubumuga ari 183, hakaba harakoze bose hamwe 378. Abanyeshuri bafite ubumuga basoje amashuri yisumbuye (Advenced Level) bafite ubumga butandukanye abahungu bakoze ikizamini gisoza ayisumbuye ni 80, naho abakobwa nabo bakoze icyo kizamini ni 60, ubwo abashoje amashori yisumbuye ni 140. Abanyeshuri bari mu mashuri nderabarezi bafite ubumuga bakoze ikizamini gisoza abahungu ni 48, mu gihe abakobwa bo n’ubundi bakomeje kuba ba...
Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye byatangiye

Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye byatangiye

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
Kuri uyu munsi tariki ya 25 Nyakanga 2023 kuri GS Kigali niho Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y' Uburezi Charles KARAKYE yatangirije ku mugaragaro ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange (Ordinary Level) n'amashuri yisumbuye (Advanced Level). Kuri iki kigo cya GS Kigali hakoreye ibizamini bya Leta ibigo bibiri bisoza icyiciro rusange (Ordinary Level) GS Karama ikaba ifite abanyeshuri 177 mu gihe GS Kigali ifitemo abanyeshuri 105 abahungu n’abakobwa, naho abasoje amashuri yisumbuye (Advanced Level) ni abanyeshuri 113 abahungu n’abakobwa bose hamwe bakaba ari abanyeshuri 395. Nsengimana Emmanuel wiga mu cyiciro rusange (Ordinary Level) kuri GS Kigali yatangiye avuga ko yiteguye neza gukora ikizamini ubu tukaba tugiye kugaragaraza ibyo twize mu myaka itatu turangije. ...
Ange Gardien Primary School remains committed to educating children

Ange Gardien Primary School remains committed to educating children

Amakuru, RWANDA, UBUREZI
At the end of the school year, the children showed excellence in their studies, which took place in the new school site where the children will start the school year 2023-2024, where there are six schools and two offices. Foster parents at the Ange Gardien school in Karama in Nyarugenge district, are now allowed to receive children from different parts of Kigali because they have vehicles that will take the children to and from school. The parents praised the way their children showed their skills in the given subjects and also gave the lesson that their teachers teach them and teach their peers, which made those who have children say that they will not leave because they are now going to start learning in new schools, but it is expected that primary schools will be the ones...