Saturday, September 23
Shadow

Author: Egide

Ubwitabire bw’urubyiruko mu kwibumbira mu makoperative bukomeje kuba hasi cyane

Ubwitabire bw’urubyiruko mu kwibumbira mu makoperative bukomeje kuba hasi cyane

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Bamwe mu rubyiruko baravuga ko impamvu ubwitabire bw’urubyiruko rugenzi rwabo mu kwibumbira mu makoperative bukiri hasi basanga ari ukuba rutarasobanukirwa n’inyungu zibirimo cyane ko arimwe mu nzira yo kurandura ubushomeri burwugarije. Imwe mu nzira zishobora gufasha urubyiruko kwivana mu bukene harimo no kwibumbira mu makoperative bagakorera hamwe arinako barushaho kungurana ibitekerezo bigamije guhanga udushya, gusa ariko imibare iherutse gukorwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) igaragaza ko urubyiruko rutarasobanukirwa neza n’iyi nzira kuko ubwitabire bukiri hasi ku kigero cya 5%. Ubwo Isango Star yaganiraga na bamwe mu rubyiruko kuri iyi ngingo, bagaragaje ko impamvu ubwitabire bw’urubyiruko mu makoperative bukiri hasi ari ukubera ko bataramenya ibanga ribir...
Ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka ku buzima bwa muntu

Ihindagurika ry’ibihe rigira ingaruka ku buzima bwa muntu

Amakuru, IBIDUKIKIJE, RWANDA, UBUREZI
Nyuma yo gusanga ihindagurika ry’ibihe ryaratangiye kugira ingaruka ku buzima bwa muntu aho ritera benshi ibikomere, impfu, indwara ziterwa n’amazi mabi, indwara z’ubuhumekero n’izindi, hatangijwe ubushakashatsi bugamije kumenya imiterere y’ihindagurika ry’ibihe mu Rwanda n’ingaruka bishobora kugira ku buzima bw’abatari bake. Ihindagurika ry’ibihe ryagiye rigira ingaruka nyinshi mu bihe bitandukanye, ndetse n’ubwo isi yose yahagurukiye guhangana n’iki kibazo gitera izamuka ry’ubushyuhe kugeza ubu bukomeje kwiyongera umusubirizo, ihindagurika ry’ikirere ndetse n’ibiza bikomeje gutwara benshi ubuzima no gutikiza ubukungu bw’ibihugu binyuze mu kwangiza imitungo ya benshi hadasigaye n’iyangirika ry’ibikorwaremezo by’ingirakamaro. Ngo bimaze kugaragara ko iri hindagurika ry’ibihe rig...
Aborozi b’inka ba Nyagatare barasaba ko ibibafasha kuhira inka byiyongera

Aborozi b’inka ba Nyagatare barasaba ko ibibafasha kuhira inka byiyongera

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU, UBUZIMA
Abakorera ubworozi mu nzuri zo mu kagari ka Kamati akarere ka Nyagatare barasaba ko ibikorwaremezo begerejwe bibafasha kuhira inka, byakiyongera kuko inka zabo ziri kugenda ziyongera bigatuma zihurira ku kibumbiro kimwe zimwe zigataha zitanyoye amazi. Aba borozi bo mu karere ka Nyagatare, bororera mu nzuri ziri mu murenge wa Karangazi bishimira ibikorwaremezo begerejwe bifashisha kuhira inka zabo birimo ibigega by’amazi bihari ndetse n’ibibumbiro inka zinyweramo amazi, ngo ibyo byatumye inka zitagikora urugendo runini zijya gushaka amazi Rwabiharamba. Gusa bakavuga ko n’ubwo ibyo byose bihari, bitewe n’uko inka ziyongera bigenda biba bicye ku buryo bitabasha guhaza inka zose mu buryo bworoshye, ari nayo mpamvu basaba ko byakongerwa bikaba byinshi ndetse bakanahabwa na damushiti ...
Urubyiruko rukuze rwavutse nyuma 1994 nirwo rwiganje mu byaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rukuze rwavutse nyuma 1994 nirwo rwiganje mu byaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abadepite bagize komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside mu nteko Ishinga Amategeko bagaragarije inteko rusange y’abagize umutwe w’Abadepite nyuma yo kuganira na Minisiteri y’Ubutabera na MINUBUMWE ku ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, basanze hari ibyiciro bikwiye inyigisho zihariye kuri ibi byaha nk’abamotari, abanyonzi, n’abakora mungo. Ageza ku nteko rusange y’abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite raporo ya komisiyo abereye Perezida y’ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside ku ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko ryatowe mu mwaka wa 2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na y...
Commissioner of Police (CP) Felly Bahizi Rutagerura yasuye abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-1 bari muri Sudani

Commissioner of Police (CP) Felly Bahizi Rutagerura yasuye abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-1 bari muri Sudani

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bw’Amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ushinzwe ibikorwa, Commissioner of Police (CP) Felly Bahizi Rutagerura, yasuye abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-1 n’amasibo abiri y’itsinda RWAFP-3 mu gace ka Malakal mu Ntara ya Upper-Nile. Ni uruzinduko yagiriye muri ako gace ka Malakal, kuri uyu wa 11 Kamena, mu gihe hamaze iminsi havugwa amakimbirane yashyamiranyije imiryango mu nkambi ku wa 8 Kamena, yaguyemo abagera kuri 19 hakomereka abasaga 64. Ubusanzwe iyo nkambi icungwa n’abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU-1. Amasibo abiri agize itsinda RWAFU-3 rikorera mu murwa mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba, yaje kongera imbaraga mu kurinda iyo nkambi mu gihe cy'amezi 3. CP Bahizi yashimiye abapolisi bari mu butum...
Dj Briane ntiyemeranya n’umuvuga butumwa wigishije kwa Apotre Mignone yagiye gusengerayo

Dj Briane ntiyemeranya n’umuvuga butumwa wigishije kwa Apotre Mignone yagiye gusengerayo

Amakuru, IMYIDAGADURO, RWANDA
Umuvangamiziki Gateka Brianne uzwi nka Dj Brianne, yanenze ibyo yumvanye uwari uri kubwiriza mu rusengero rwa Pasiteri Mignone, bigatuma ataha adafashijwe nk’uko yari abyiteze. Dj Briane uzwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo, akaba adasiba kuvugira mu biganiro ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje uko aherutse kujya gusenga azi ko ari bufashwe ariko agatungurwa n’inyigisho zatanzwe n’umwe mu babwirizaga. Yagize ati “Nagiye gusenga kwa Mignone nsanga umugore muremure w’igikara abwiriza, sinamwibagirwa n’ubu ngiyeyo namusangayo. Numva aravuze ngo haleluya, turashima Imana ko twese hano uko turi aha Imana yaduhaye amamodoka, amazu meza twese tugenda mu mamodoka meza. Yakomeje agira ati “Icyo gihe hari hamaze kwinjira umukecuru n’umuryango we baberekeza iyo bicaraga. Nakom...
Abafite ubumuga bifuza ko Mitiweli yakoreshwa bahabwa insimburangingo n’inyunganirangingo

Abafite ubumuga bifuza ko Mitiweli yakoreshwa bahabwa insimburangingo n’inyunganirangingo

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Abafite ubumuga barasaba ko barushaho kwegerezwa insimburangingo n’inyunganirangingo, ku buryo babibonera ku rwego rw’Akarere kandi ku bwisungane mu kwivuza (Mituweli), kuko ahenshi bazibona bibahenze. Insimburangingo n’inyunganirangingo ziboneka ku bitaro bine mu gihugu, aho ufite ubumuga uzikeneye ashobora kuzibona akoresheje mituweli, ariko nabwo agahabwa inyunganirangingo kubera ko insimburangingo zihenze. Kuba buri wese ukeneye insimburangingo cyangwa inyunganirangingo adashobora kubibona hafi ye kuri mituweli, ngo ni imbogamizi ku bafite ubumuga, kubera ko uretse umwanya bibatwara, hari andi mikoro bisaba, kuko udashobora kuyisaba ngo uhite uyibona. Bamwe mu bafite ubumuga baganiriye n’itangazamakuru batangarije ko bifuza ko bazegerezwa byibura kugera ku rwego rw’Akarer...
Afghanistan: Abantu 11bapfuye, 30 barakomereka mu gushyingura Guverineri

Afghanistan: Abantu 11bapfuye, 30 barakomereka mu gushyingura Guverineri

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA, UMUTEKANO
Kur’uyu wa kane, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yavuze ko byibuze abantu 11 bishwe, abandi 30 barakomereka mu gitero cyagabwe ku musigiti uri mu majyaruguru ya Afghanistan, ahaberaga umuhango wo gushyingura guverineri wishwe ku wa kabiri. n'umwiyahuzi. Yagize ati: “Uyu munsi, ahagana mu ma saa kumi n'ebyiri za mu gitondo, abanzi ba Islam baturikirije umusigiti wa Nabawi wo mu mujyi wa Faizabad (...), ubwo umubare munini w'abaturage bari bitabiriye uwo muhango wo guha icyubahiro Nisar Ahmad Ahmadi, guverineri w'intara ya Badakhshan.” Mu itangazo, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yamaganye icyo gikorwa yise icy’ubugome cyagabwe n’abanzi. Nubwo bimeze bitya, kuva Abatalibani bafata ubutegetsi muri Kanama (08) 2021, ubwo birukanaga ku butegetsi guverinoma yari ishyigik...
Donald Trump araregwa ibyaha birindwi birimo gufatira inyandiko z’ibanga

Donald Trump araregwa ibyaha birindwi birimo gufatira inyandiko z’ibanga

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Donald Trump wahoze ari perezida wa Amerika yarezwe ibyaha bijyanye n’uko yafashe inyandiko z’ibanga rya leta nyuma yo kuva muri Maison Blanche/White House. Trump w’imyaka 76, araregwa ibyaha birindwi birimo gufatira inyandiko z’ibanga, nk’uko ibinyamakuru muri Amerika bibivuga. Ibirambuye kuri ibi birego ntibiratangazwa. Abanyamategeko be batangaje ko kuwa kabiri Trump ubwe azitaba urukiko rw’i Miami, bizaba ari inshuro ya kabiri agiye mu rukiko ashinjwa, ari nabwo bwa mbere uwahoze ari perezida ashyiriweho ibirego byo ku rwego rwa leta. Inzobere mu mategeko zivuga ko ibi birego bitazagabanya ubushobozi bwa Trump bwo kongera kwiyamamaza nka perezida mu 2024. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe Trump Social, yavuze ko ari umwere nubwo yahamagajwe mu rukiko kuwa kabiri muri l...
Abaturage ba Nyaruguru Abanywaga amata bayaguze bagiye kujya bayikamira

Abaturage ba Nyaruguru Abanywaga amata bayaguze bagiye kujya bayikamira

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Mu karere ka Nyaruguru bamwe mu batuye mu Murenge wa Cyahinda baravuga ko bagiye guca ukubiri no kugura amata, ngo bakazajya banywa ayo bikamiye nyuma yaho baherewe inka z’agaciro gasaga miliyoni 22 z'amafaranga y'u Rwanda muri gahunda ya Girinka Munyarwanda. Renzaho Meliyana na Nzamuye Emmanuel ni bamwe mu batuye mu Murenge wa Cyahinda mu kagari ka Muhambara. Bavuga ko mu mibereho yabo ya buri munsi, kunywa amata ari imbonekarimwe kuko bibasaba kuyagura nyuma y’ibindi bibatunga baba bahereyeho iyo bagiye ku isoko. Magingo aya, ngo bafite akanyamuneza kuko ibyo bitanzongera kuko bagiye kujya bikamira ayabo, nyuma yo korozwa inka. Renzaho Meliyana yagize ati "kugirango mbone ifumbire yo gufumbiza imboga yari ukujya gushaka amase aho inka zahutse, kugirango mbone amata kwari uk...