Month: January 2023

Uruzinduko rw’amateka rwa Papa Francis i Kinshasa

Uruzinduko rw’amateka rwa Papa Francis i Kinshasa

Amakuru, IYOBOKAMANA, MU MAHANGA, POLITIQUE
Papa Francis byitezwe ko agera i Kinshasa muri DR Congo kuri uyu wa kabiri, mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri iki gihugu gituwe n’abakirisitu gatolika benshi kurusha ibindi muri Afurika. Papa François yahagurutse ku kibuga cy'indege cya Fiumicino ku isaha ya 8:29 ku isaha ya Roma na ITA Airways biteganijwe ko agera muri RDC ku isaha ya 15:00. Nyuma y'urugendo rw'amasaha 6:50 Papa aragera ku kibuga cy'indege cya N'djili aho aza kwakirwa na Mgr Ettore Balestrero na minisitiri w'intebe, mbere yuko yerekeza muri Palais ya Nation aho ahahurira n'abandi bayobozi bakuru b'igihugu barimo Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo Papa Yohani Pawulo wa II niwe mushumba wa Kiliziya Gatolika waherukaga gusura DR Congo ubwo yari ikitwa Zaïre, ubu hashize imyaka hafi 38, icyo gihe yasuye imijyi
Abacuruzi batumiza ibicuruzwa hanze RRA ibashinja maguyi mubyo batumiza

Abacuruzi batumiza ibicuruzwa hanze RRA ibashinja maguyi mubyo batumiza

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA kirashinja abacuruzi batumiza ibicuruzwa mu mahanga gukora amanyanya no gutubya ingano y’ibiciro by’ibicuruzwa bigatuma basora make. Urugaga rw’abikorera rwemera ko bihari koko ariko rugiye kwigisha abacuruzi kugira ngo bareke aya makosa. Ibi byagarutsweho ubwo RRA yagiranaga ibiganiro na bamwe mu bacuruzi batumiza ibicuruzwa mu mahanga bigamije gushakira hamwe ibibazo by’imisoro ihanitse.  Mur’ibyo biganiro byabaye mu mpera z'icyumweru gishize, Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA cyagaragaje ko hari bamwe mu bacuruzi batumiza ibicuruzwa mu mahanga bakora amakosa yo kunyereza imisoro binyuze kubeshya ibiciro by’ibicuruzwa ndetse no guhindura ibicuruzwa bimwe na bimwe kugira ngo basore make. Ni ibikorwa iki kig
Urubyiruko rurasabwa guharanira kwigenga gusesuye kwa Afurika

Urubyiruko rurasabwa guharanira kwigenga gusesuye kwa Afurika

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza baravuga ko hari ibigikenewe kunozwa kugirango umugabane wa Afurika wigenge nyakuri birimo kugira uburezi butajegajega n’ibindi. Ibi biganiro byitabiriwe n’abagize umuryango uharanira ubumwe, agaciro no kwigira kwa Afurika biganjemo abayobozi bawo, abakozi n’abanyeshuri muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye byari bigamije kurebera hamwe uko umugabane wa Afurika wagira uburezi bufite ireme butarambiriza ku bazungu. Ababyitabiriye bagaragaje ko hari umusanzu byashyize ku bumenyi bari bafite kuri Pan Africanism. Bagaragaza ko hari ibigikenewe kunozwa kugirango Afurika yigenge bya nyabo cyane cyane mu burezi kuko ngo usanga abanyafurika bifashije bumva ko uwize neza ari uwize i Burayi. Umwe yagize ati "ibiganiro dufite
Ku kibuga cy’indege cya Dar es Salaam Nemes Tarimo Raymond yagarutse ari umurambo

Ku kibuga cy’indege cya Dar es Salaam Nemes Tarimo Raymond yagarutse ari umurambo

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Umurambo w’umunyatanzaniya wapfiriye muri Ukraine arwanira Uburusiya wageze muri Tanzania kuri uyu wa gatanu tariki ya 27 Mutarama 2023. Nemes RaymondTarimo, wari ufite imyaka 37, yapfuye mu mezi atatu ashize nyuma yo kwemera kujya mu bacancuro ba Wagner. Umurambo we wakiriwe n’umuryango we ku kibuga cy’indege cya Dar es Salaam mu gihe kumushyingura biteganyijwe ku ivuko rye mu majyepfo y’igihugu. Nyuma y'umunya-Zambiya nawe waje gushyingurwa mu gihugu cye aguye mu mirwano ya Ukrain n'Uburusiya ibi bigaragaza ko hari abanyafurika benshi bashowe muri iyi ntamabara bari baragiye kwiga mu Burusiya ariko bakaba baragiye bashorwa muri iyi ntambara ahubwo ibihugu bifiteyo abanyeshuri by'Afurika byari bikwiriye gukurikirana niba abo banyeshuri bakiriyo mu masomo cyangwa se niba baki
Umujyi wa Kitshanga muri teritwari ya Masisi wafashwe n’inyeshyamba za M23

Umujyi wa Kitshanga muri teritwari ya Masisi wafashwe n’inyeshyamba za M23

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Nyuma y’imirwano ikomeye yabaye kuwa kane, umujyi wa Kitshanga muri teritwari ya Masisi wafashwe n’inyeshyamba za M23, nk’uko zibyemeza. Imiryango ya sosiyete sivile yaho na MONUSCO biramagana imirwano ya M23. MONUSCO ivuga ko ku kigo cyayo cya Kitshanga hahungiye abantu amagana irimo kwitaho. Ifatwa rya Kitshanga ryemezwa kandi na Radio Okapi iterwa inkunga na ONU. M23 yasohoye itangazo kuwa kane n'imugoroba ishinja ingabo za leta gufatanya n’umutwe wa FDLR gukora jenoside ku batutsi muri Kitchanga, Burungu, Kilolirwe no hafi yaho, bityo ko M23 yisanze ari ngombwa ko igira icyo ikora ngo ihagarike iyo jenoside. Leta ihakana gukorana na FDLR kandi ko nta jenoside cyangwa ubwicanyi bwibasira Abatutsi buri muri DR Congo. Imirwano ikomeye yahereye kuwa kabiri hafi ya Kitshang
Ubufaransa bwemeye kuvana ingabo zabwo muri Burkina Faso

Ubufaransa bwemeye kuvana ingabo zabwo muri Burkina Faso

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Ubufaransa bwemeye kuvana ingabo zabwo muri Burkina Faso mu gihe cy’ukwezi kumwe, nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubufaransa. Aba ni abasirikare b’Ubufaransa, muri Kanama 2022, bazinga ibendera ry’igihugu cyabo ngo bave muri Mali aho ubutegetsi bwaho bwabirukanye Muri iki cyumweru nibwo ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Burkina Faso bwamenyesheje Ubufaransa ko bugomba kuvana ingabo zabwo muri iki gihugu, kandi ko busheshe amasezerano yose ya gisirikare ibi bihugu byari bifitanye. Burkina Faso irimo itsinda ry’ingabo zidasanzwe ryitwa Sabre rigizwe n’abasirikare b’Abafaransa bagera kuri 400. Ubu bagomba kuva muri iki gihugu bitarenze impera za Gashyantare naho ibikoresho byabo byose bikaba byahavuye bitarenze muri Mata, nk’uko AFP ibivuga. Perezida w’Ub
Gukwepa ibiganiro biyunga n’u Rwanda kwa RDC bishobora guteza intambara mu karere

Gukwepa ibiganiro biyunga n’u Rwanda kwa RDC bishobora guteza intambara mu karere

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Abakurikiranira hafi ibya Politiki baravuga ko mu gihe Leta ya Repubulika iharanira Democaratie ya Congo ikomeje gukwepa ibiganiro bigamije kuyunga n’u Rwanda bishobora guteza intambara muri aka karere ka Afrika y’Iburasirazuba. Ibi bivuzwe mu gihe Felix Antoine Tshisekedi; Perezida wa Repubulika iharanira Democaratie ya Congo yanze kwitabira ibiganiro byari kuyihuza na Perezida Kagame w’u Rwanda bigamije kugarura amahora. Umuhuro w’aba Perezida bombi wagombaga kubera mu gihugu cya Qatar I Doha ku wa mbere, ku ya 23 Mutarama (01) 2023 mu mugambi wo gushakira umuti umwuka utari mwiza uri hagati y’ibi bihugu by’ibituranyi wadutse nyuma y’aho umutwe wa M23 wubuyemo imirwano muri Congo. Gusa, hari amakuru yaturukaga muri Perezidansi ya RDC ku cyumweru, avuga ko Perezida Félix Tsh
Harigukorwa mu gusubiza abacuruzi amafaranga y’umusoro ku nyongeragaciro?

Harigukorwa mu gusubiza abacuruzi amafaranga y’umusoro ku nyongeragaciro?

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Impuguke mu bukungu zivuga ko hagakwiye kubaho uburyo bw’imikoranire hagati y’abacuruzi n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) bwakoroshya isubizwa ry’umusoro ku nyongeragaciro, ibi ni nyuma yuko abacuruzi bagaragarije RRA ko aya mafaranga bakunze gutinda kuyasubizwa. Mu gihe umusoro ku nyongeragaciro wishyurwa n’umuguzi wanyuma, itegeko ubusanzwe rigateganya ko abacuruzi baba bagomba gusubizwa amafaranga bishyuye nk’umusoro ku nyongeragaciro mu gihe kitarenze amezi atatu, uhereye igihe bayamenyekanishirijeho. Ibi ariko abacuruzi bavuga ko aya mafaranga bakunze gutinda kuyahabwa. Jean-Louis Kaliningondo, Komiseri mukuru wungirije wa RRA aravuga ku mpinduka nshya ku musoro nyongeragaciro nicyo zitezweho. Yagize ati "guhera ku itariki ya 17 z'uku kwezi twabonye urwandiko
Indege y’intambara ya DR Congo yarasiwe mu kirere cy’u Rwanda

Indege y’intambara ya DR Congo yarasiwe mu kirere cy’u Rwanda

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Ku nshuro ya gatatu indege y’intamabara ya Sukhoi-25 ya DR Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda saa kumi n'imwe z'umugoroba. Leta y’u Rwanda yatangaje ko hafashwe ingamba z’ubwirinzi. Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga yerekana indege y’intambara ikubitwa n’ikimeze nk’igisasu ariko igakomeza ikaguruka.  Bamwe bavuga ko iyi ndege yari mu kirere cya Goma muri DRC, abandi ko yari mu kirere cya Gisenyi mu Rwanda, imijyi yombi itandukanywa n’umupaka w’ubutaka.  Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko "Uyu munsi ahagana saa kumi n’imwe n’iminota itatu, indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 iturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavogereye ikirere cy’u Rwanda ku nshuri ya gatatu. Ingamba z’ubwirinzi zahise zifatwa. U Rwanda r
ISONGA Project izibanda ku bana bari hagati y’imyaka 11 na 13

ISONGA Project izibanda ku bana bari hagati y’imyaka 11 na 13

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Uyu mushinga ufite intego zo kuzamura impano z'abana bari muri icyo kigero, ukaba ari umushinga watewe inkunga na Guverinoma y'Abafaransa babinyujije mu kigega gitsura amajyambere cya AFD( Agence Franciase de developement), uyu mushinga ukaba uteganijwe kumara imyaka ibiri. Uyu mushinga uzibanda ku mikino y'umupira w'amaguru (Football), imikino ya Volleyball, imikino ya Basketball, Umukino w'Amagare( Cycling), umukino wa Handball, Umukino ngororamubiri (Athletism), binyuze mu bigo by'amashuri. Muri iyi mikino yose tubonye biteganijwe ko izakorerwa muri Center zigera kuri 30 ziri mu bigo by'amashuri 17, bikaba bizazamura impano z'abana bagera kuri 599 bose hamwe muri iki cyiciro cya mbere cy'uyu mushinga wa AFD. Umuyobozi w'uyu mushinga w'Isonga muri Minisiteri ya Sport Bw...