Month: June 2021

Inzobere mu by’ubuzima zavuze impamvu y’ubwiyongere bwa Covid19 muri Kigali

Inzobere mu by’ubuzima zavuze impamvu y’ubwiyongere bwa Covid19 muri Kigali

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Inzobere mu birebana n’ubuzima zemeza ko zimwe mu mpamvu zituma mu Mujyi wa Kigali hagaragaramo umubare munini w’abandura icyorezo cya COVID-19 kurusha ahandi, ari uko hari ubucucike bw’abantu cyane ahahurira abantu benshi nko mu masoko, mu modoka rusange n’ahandi henshi bikiyongeraho no kwirara kuri benshi. Sibomana Jackson igihe kinini akimara mu gace kahariwe ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali ahazwi nko muri Mateus no mu isoko rya Nyarugenge. Yemeza ko atewe impungenge n’uyu mubare munini w’abandura icyorezo cya COVID-19. Yagize ati “Natwe tuba dufite impungenge nk’iyo dusanze bagenzi bacu begeranye, nkanjye nkunda kubabwira nti reba camera ziba zitureba n’icyorezo kirushaho kwiyongera, nkababwira nti nyamuneka ni mutandukane.” Abagenda mu mujyi wa Kigali bagenda bahura
Kutabona amakuru yuzuye intandaro yo kwiyongera y’icyorezo cya Covid-19

Kutabona amakuru yuzuye intandaro yo kwiyongera y’icyorezo cya Covid-19

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Ubukana bw’icyorezo cya Covid-19 bukomeje kwiyongera ndetse abandura nabo bararushaho kuba benshi, ibi bigaturuka kuba abaturage batubahiriza ingamba n’amabwiriza ashyirwaho n’ababishinjwe, ndetse no kutabona amakuru yuzuye. Ibi bigaturuka kuba itangazamakuru ritabona amakuru ahagije kuri iki cyorezo cya Covid-19, aho usanga abashinzwe kugira icyo batangaza kuri iki cyorezo bibanda mu bitangazamakuru bya leta gusa. Kubona amakuru ku bitangazamakuru biracyari imbogamizi rimwe na rimwe ugasanga n’urwego rushinzwe ubuzima rwa RBC narwo amakuru rutangaza avuguruzanya. Urwego rw’abanyamakuru bigenzura RMC rufatanije na UNESCO bateguye ibiganiro bizamara iminsi itatu bamije kurebera hamwe uruhare rw’itangazamakuru mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Ni ibiganiro bibera kuri Z
Abayobozi n’abarimu batanu ba ESSI Nyamirambo(Kwa Gaddafi) bakurikiranyweho gusambanya abanyeshuri

Abayobozi n’abarimu batanu ba ESSI Nyamirambo(Kwa Gaddafi) bakurikiranyweho gusambanya abanyeshuri

Amakuru, UBUREZI
Abarimu batatu, umuyobozi ushinzwe uburezi n’ushinzwe amasomo mu Ishuri ryisumbuye rya ESSI Nyamirambo rizwi nko kwa Gaddafi, riherereye mu Karere ka Nyarugenge, batawe muri yombi bakekwaho gusambanya abanyeshuri. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB,Dr Murangira Thierry, yemereye itangazamakuru ko aba barezi uko ari batanu bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana. Ati “Bagiye bafatwa mu bihe bitandukanye ariko icyo bakurikiranyweho bakekwaho ni icyaha kimwe cyo gusambanya abana. Harimo ushinzwe uburezi n’ushinzwe imyitwarire bose bakoraga muri kiriya kigo imirimo itandukanye.” Thierry avuga ko dosiye z’abo barezi zamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha. Kugeza ubu hari abafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo, iya Nyarugenge ndetse n’iya Kicukiro. Ingingo ya 133 yo mu gitabo
Ikipe ya Dream Fighters Taekwondo Club yegukanye igikombe cya GMT

Ikipe ya Dream Fighters Taekwondo Club yegukanye igikombe cya GMT

Amakuru, IMIKINO
Ni irushanwa ryakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Kamena 2021, rikaba ryakozwe hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Abitabiriye irushanwa babanje gupimwa COVID-19, igikorwa cyakozwe ku bufatanye n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), maze babona gutangira kurushanwa mu myiyereko (Poomsae). Irushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi basaga 50, barimo abana (Cadets), ingimbi n’abangavu (Juniors) n’abakuze (Seniors Male&Female), barushanyijwe mu byiciro (categories) icyenda (9). Tubibutse ko irushanwa nk’iri rya GMT ryaherukaga kuba mu 2019, ubwo twibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, aho ryegukanywe n’ikipe ya Police TC. Abakinnyi barushanyijwe ku buryo bukurikira: RESULTS OF GMT 2021 Kids Cadets (U-10) 1.&n
Rurangirwa Louis ntiyemeranya n’amategeko yakurikijwe mu matora ya Ferwafa

Rurangirwa Louis ntiyemeranya n’amategeko yakurikijwe mu matora ya Ferwafa

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Mu matora ateganijwe kuri iki cyumweru muri Hotel Lemigo ahateraniye inteko rusange ya Ferwafa ari nayo itora usimbura (Rtd) Brig. Gen. Jean Damascène Sekamana weguye ku buyobozi bwa Ferwafa Rurangirwa Louis nawe avanyemo Kandidatire ye ku munsi w’amatora. Inteko rusange ya Ferwafa igomba gutora usimbura (Rtd) Brig. Gen. Jean Damascène Sekamana Uyu mukandida aragaruka ku itegeko Ngenga ryuzuzanya n’itegeko n0 61/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rigena imyitwarire y’abayobozi mu nzego za leta Akaba ashinja uruhande bahanganye ko mu barugize harimo abasanzwe bafite inshingano muri Leta, ku buryo zitabemerera kuba mu buyobozi bw’umupira w’amaguru mu Rwanda. Umuyobozi urebwa n’iri tegeko ngenga yemerewe kuba umunyamuryango w’umuryango utari uwa Leta. Icyakora ntiyemerewe kuyobora umur
Abanyeshuri 32 bo mu bihugu bitanu basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi riri i Musanze

Abanyeshuri 32 bo mu bihugu bitanu basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi riri i Musanze

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Abanyeshuri 32 nibo basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi riri I Musanze,bakaba baraturutse mu bihugu bitandukanye byo muri aka karere duherereyemo. Kuri uyu wa Gatanu, mu Ishuri Rikuru rya Polisi riri mu karere ka Musanze, Abanyeshuri 32  baturutse mu bihugu 5 byo muri Afurika aribyo  Kenya, Namibia, Somalia, Sudan y’Epfo n'u Rwanda basoje amasomo yo ku rwego rwo hejuru bari bamaze umwaka bahabwa. Abagiye guhabwa impamyabumenyi, harimo abanyarwanda 25 bakora mu nzego z'umutekano, iki akaba ari icyiciro cya 9, naho aya masomo bakaba barayatangiye umwaka ushize. Umuyobozi w'iri shuri, CP Christophe  Bizimungu yavuze  ko abanyeshuri basoje amasomo uyu munsi, ahamya ko bahawe  ubumenyi bubashyira ku rwego rwo hejuru mu mirimo yabo bashinzwe yo g
CP Kabera avuga ko hari abamenya ko banduye Covid19 bagakomeza kujya aho bahura n’abatarandura

CP Kabera avuga ko hari abamenya ko banduye Covid19 bagakomeza kujya aho bahura n’abatarandura

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yemeza ko bimaze kugaragara ko hari abamenya ko banduye covid19 bagakomeza kujya aho bahura n’abatarandura. Polisi yo ivuga ko abanga kuguma mu ngo bakahavurirwa, ibyo bakora bishobora kubakururira ibihano.  Inzego z’ibanze n’abajyanama b’ubuzima, bo barizeza abanduye covid19 bakurikiranwa n’abaganga bari mu ngo zabo, ko biteguye kubaba hafi kugira ngo bataremba batarajyanwa kwa muganga. Mu Murenge wa Gitega mu karere ka Nyarugenge, abayobozi b'inzego z'ibanze, abashinzwe umutekano, barangajwe imbere n'abajyanama b'ubuzima barasura abanduye COvid19 bari mu ngo zabo, ngo bamenye uko bamerewe. Bamwe muri aba bafite Covid19 bemeza ko bitaweho cyane n’abajyanama b’ubuzima, inzego z'ibanze n'iz'ubuzima zibakurikiranira
Akarere ka Rusizi kijeje ko urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi rugiye kwagurwa

Akarere ka Rusizi kijeje ko urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi rugiye kwagurwa

Amakuru, RWANDA, UBUZIMA
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burizeza abafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarushishi, ko imirimo yo kurwagura itazatinda kugirango indi mibiri yose ishobora kuboneka izajye ishyingurwa neza. Ni nyuma y’aho abafite ababo bahashyinguye bakomeje kubisaba ariko ubuyobozi bwo bukavuga ko hagishakishwa amikoro. Gatete Thacie umwe mu baharokokeye, avuga ko umusozi wa Nyarushishi wubatsweho uru rwibutso, ubitse amateka abawurokokeyeho batazibagirwa, harimo kuba abahiciwe barabanje kubabazwa bikomeye, byabanzirizwaga no gushukwashukwa bakagezwa aho bagombaga kwicirwa. Jenoside yakorewe Abatutsi igihagarikwa, haciyeho igihe kinini imibiri y’abazize Jenoside ishyinguye mu buryo butayihesha icyubahiro. Iyi mibiri yaje kwimurirwa mu rwibutso rugezweho ruruhukiyemo
Imirwano ikaze yubuye mu karere ka Tigray

Imirwano ikaze yubuye mu karere ka Tigray

Amakuru, MU MAHANGA, POLITIQUE
Amakuru avuga ko imirwano ikaze yadutse mu bice byinshi by'akarere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia hagati y'inyeshyamba n'ingabo za leta. Umutwe w'inyeshyamba wo muri Tigray uzwi nka Tigray Defence Force (TDF) wavuze ko wafashe imijyi myinshi, aho ababibonye babwiye BBC ko babonye abarwanyi b'uyu mutwe bagenzura iyo mijyi. Igisirikare cya Ethiopia cyamaganye ayo makuru, kivuga ko ari amakuru y'ibinyoma, kuko Igisirikare cya Ethiopia cyigaruriye umurwa mukuru Mekelle wa Tigray mu kwezi kwa cumi na kumwe mu mwaka ushize. Iyi ni yo mirwano ya mbere ikaze itangajwe kuva mu kwezi kwa cumi na kumwe mu 2020, ubwo igisirikare cya Ethiopia cyatangazaga ko cyatsinze imirwano. Abantu babarirwa mu bihumbi barishwe naho abandi babarirwa muri za miliyoni bata ingo zabo kubera intambar...
Kumvira biruta Guma mu Rugo imyanzuro yaraye ifashwe

Kumvira biruta Guma mu Rugo imyanzuro yaraye ifashwe

Amakuru, POLITIQUE, RWANDA
Inama ya guverinoma idasanzwe yaraye iteranye nyuma y’iminsi 9 yarishize habaye indi nama, buri munyarwanda wahuraga nawe yakubwiraga ibiri buve muri iyo nama kandi atayitabiriye. Abenshi twahuye nabo baba abagenda n’amaguru cyangwa se abateze Bus intero yari Guma mu Rugo kubera uburyo babona ubwandu bw’icyorezo burushaho kwiyongera, ariko byaba byiza buri wese afashe ingamba kugiti cye zo kwirinda kandi buri wese akaba ijisho rya mugenzi we “Ntabe arinjye wanduza abandi”. Mu myanzuro yaraye ifashwe amasaha yo kuva mu muhanda yavuye saa tatu z’ijoro arakonkoborwa ashyirwa saa moya naho gutangira kugenda ntacyahindutse, ariko amasaha yo gufunga ubucuruzi yavuye saa mbiri z’ijoro ashyirwa saa kumi n’ebyiri. Ingendo z’umujyi wa Kigali n’intara zirabujijwe kandi n’ingendo hag