Month: March 2020

COVID-19 itumye nyuma y’imyaka 25 urugendo n’ijoro ryo kwibuka bidakorwa nkuko byari bisanzwe

COVID-19 itumye nyuma y’imyaka 25 urugendo n’ijoro ryo kwibuka bidakorwa nkuko byari bisanzwe

Amakuru, RWANDA
Ku nshuro ya mbere mu myaka 25 ishize, urugendo rwo kwibuka ndetse n’ijoro ryo kwibuka ntabwo bizaba mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 26. Impamvu nta yindi, ni icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi muri iki gihe, kwibuka bikazaba mu buryo budasanzwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ryacyo, aho kuri ubu mu Rwanda kimaze kugaragara ku bantu 60. Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, Dr Jean-Damascene Bizimana yagize ati: "Bitewe n’ibihe bidasanzwe byo kurinda ikwirakwira rya Covid-19, kwibuka bizakorwa mu buryo budasanzwe," Ibi Dr Bizimana yabitangarije kuri Televiziyo y’u Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu mu gihe u Rwanda rwitegura Icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi gitangira buri tariki 07 Mata kugeza tariki 13 Mata
Mu Murenge wa Muhima hatangiye kugezwa ibiribwa ku baturage nyuma y’ijambo ry’ihumure ryatanzwe n’umukuru w’igihugu

Mu Murenge wa Muhima hatangiye kugezwa ibiribwa ku baturage nyuma y’ijambo ry’ihumure ryatanzwe n’umukuru w’igihugu

Amakuru, UBUZIMA
Umukuru w'igihugu mu ijambo ry'ihumure yagejeje ku baturage kuri uyu mugoroba w'itariki ya 27 Werurwe yasezeranije abaturage ko inzego z'igihugu zirimo gutegura uko abaturage bahabwa ibiribwa none imvugo niyo ngiro uyu munsi abaturage byatangiye kubageraho. Mu murenge wa Muhima bikaba bitangirwa kuri buri kagali bikaba bigezwa kubaturage na buri Mutwarasiba wa buri sibo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w'akagali ka Kaberaza Mukandoli Alphonsine  akaba ashimira inzego z'igihugu zashyize mu bikorwa ibyo zemereye abaturage. Yagize ati"Turashimira inzego z'igihugu zagobotse abaturage ubu ibiryo bikaba byamaze kutugeraho ubu tukaba twiyambaje urubyiruko rw'abakorerabushake kugira ngo tubashe kubipima maze buri Mutwarasibo abigeze kuri buri muturage wo mu isibo ayobora ibi biryo bahawe b
Amabwiriza yasizweho na Leta yo kwirinda Coronavirus akomeje gushyirwa mu bikorwa abatayubahiriza bafatirwa ibihano

Amabwiriza yasizweho na Leta yo kwirinda Coronavirus akomeje gushyirwa mu bikorwa abatayubahiriza bafatirwa ibihano

Amakuru, UBUZIMA
Leta ikomeje gukangurira abanyarwanda kurushaho gukaza ingamba zo kurwanya icyorezo cya Coronavirus dorekokugirango gicike aruko abaturage bazabigiramo uruhare rungana 100% kugirango ikicyorezo kiranduke burundu. Minisiteri y’Ubuzima ikomeje gufatanya nizindi  nzego zitandukanye  nka Polisi na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kurushaho gukangurira abanyarwanda kurushaho kwirinda icyorezo cya Coronavirus basaba abatura Rwanda kuguma murugo mu rwego rwo kurushaho kugihashya kugirango gicike burundu. Nyuma yaho Minisiteri y’Ubuzima itangaje ko imibare yabarwayi ba COVID-19 biyongereye bakava kuri 36 bakagera kuri 40 ingamba zafashwe na Leta zikomeje gushyirwa mu bikirwa mu rwego rwo kurusha guhashya no gukumira COVID-19. Kuri uyu wa kabiri bimwe mubice by’umugi wa Kigali ah
U Rwanda rwabaye urwambere rufite abarwayi benshi mu karere ruherereyemo ba Coronavirus

U Rwanda rwabaye urwambere rufite abarwayi benshi mu karere ruherereyemo ba Coronavirus

Amakuru, UBUZIMA
Icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira ibihugu bitandukanye ku cyafashe indi ntera mu Rwanda ariko inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima na Polisi y’igihugu barimo gukaza ingamba zafasha abaturage kwirinda. Kugeza ubu, imibare yemejwe igaragaza ko u Rwanda ari cyo gihugu gifite imibare myinshi y’abanduye Coronavirus mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuwa Mbere tariki 23 Werurwe 2020 mu Rwanda hagaragaye abandi barwayi 17 ba Coronavirus, biyongera kuri 19 batangajwe mbere, bose hamwe bakaba babaye 36. Muri abo 17 harimo 9 baje baturutse i Dubai, 3 baje baturutse muri Kenya, 2 baje baturutse muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umwe waje aturutse muri Qatar, umwe waje aturutse mu Buhinde, n’umwe watahuwe ko yahuye n’undi wagaragayeho Coronavirus
Mu Rwanda 36 banduye corona virusi bitewe ni ngendo zahato na hato

Mu Rwanda 36 banduye corona virusi bitewe ni ngendo zahato na hato

Amakuru, UBUZIMA
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel avuga ko icyatumye umubare w’abantu banduye icyorezo cya Coronavirus uzamuka byatewe n’uko kuba nyuma y’aho u Rwanda rufatiye ingamba zo guhagarika ingendo z’indege, abantu baje nyuma bahise bapimwa hagahita haboneka abanduye bashya. Ibyo Minisitiri Dr  Ngamije Daniel yabitangarije RBA mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’aho Minisiteri ayobora itangaje ko umubare w’abanduye COVID 19 wiyongereye uvuye ku bantu 17 ukaba 36. Ibintu bikomeje gufata indi ntera dore kuva mu Rwanda haboneka umurwayi wa COVID-19 bakomeje kugenda biyongera kugeza ubwo Leta ifashe icyemezo cyo guhagarika bimwe mubikorwa byahurizaga abantu benshi hamwe ndtse namwe mu mazu akorerwamoibikorwa by’ubucuruzi bikaba ngombwa ko afungwa kugirango COVID-19 ikomeze kurwan
Amabwiriza yo gufunga ahadacururizwa ibiribwa yubahirijwe mu Karere ka Muhanga

Amabwiriza yo gufunga ahadacururizwa ibiribwa yubahirijwe mu Karere ka Muhanga

Amakuru, UBUZIMA
Mu karere ka Muhanga hatangiye kubahirizwa amabwiriza yo gufunga inzu z’ubucuruzi hagasigara hakora izicuruza ibiribwa kimwe no mu isoko. Hagamijwe kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus kandi hakurikijwe amabwiriza yatanzwe na Minisitiri w’Intebe, mu mujyi wa Muhanga, amaduka, inzu z’ubucuruzi kimwe no mu isoko hubahirijwe amabwiriza yo gufunga ku badacuruza ibiribwa nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’ako karere. Umwe mu bacuruza imbuto mu isoko rya Muhanga yatangarije Imvaho Nshya ko barimo gucuruza ariko abaguzi bagabanutse. Yagize ati “Ubusanzwe najyaga nakira abakiriya nka 30 ku munsi ariko uyu munsi kugeza ubu mu ma saa kenda n’igice naguriwe n’abantu babiri gusa”. Yongeyeho ko impamvu yo kubona abaguzi bake yumvikana ko icya mbere ari ubuzima. Ati “Ubuzima
Kinshasa Coronavirus: Hamaze kugaragara abanduye bageze kuri 7 ( Dr Eteni Longondo )

Kinshasa Coronavirus: Hamaze kugaragara abanduye bageze kuri 7 ( Dr Eteni Longondo )

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Nkuko byagaragaye tariki 17 Werurwe ababonyweho ubwandu bwa Coronavirus ni 4 ariko ntabwo bagaragazaga uburwayi ni nyuma yo kubapima bakabazangana ubwo bwandu, Umuyobozi wa Porogaramu y’igihugu y’isuku ku mipaka Dr Ndungi Ndungu niwe wabyemeje. Dr Ndungi Ndungu yakomeje avuga ko aba bane bageze Kinshasa bazanye n’indege tariki ya 8 Werurwe bavuye mu gihugu cy’Ubufaransa. Yemeza ko uko bagaragaje ibimenyetso uko ari bane byatangiye kugaragara nyuma y’iminsi itatu cyangwa se ine bahita babitumenyesha. “Bivuze ko tudakora twenyine ku mipaka kuko hari ugukurikirana abashyizwe mu kato n’izindi nzego z’igihugu zkomeza gukorana natwe”. Uyu munsi hagaragaye abandi batatu nkuko bitangazwa na Minisitiri w’Ubuzima Dr Eteni Longondo Aba batatu banduye Cornavirus bagaragaye Kinshasa
Umwana w’amezi icyenda niwe muntu muto mu Bwongereza ugaragaje ibimenyetso bya Covid-19

Umwana w’amezi icyenda niwe muntu muto mu Bwongereza ugaragaje ibimenyetso bya Covid-19

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Umwana Cassian Coates, yajyanywe kwa muganga n’ababyeyi be nyuma yo kugaragarwaho umuriro mwinshi ndetse no kugaragaza ibimenyetso uyu munsi. Ababyeyi be Myroslave na Callum bahise batandukanywa nawe bashyirwa mu cyumba cyo gutegererezamo aho abo bashidikanyaho abafite icyorezo cya Covid-19. Myroslava akaba yatangarije Sky News dukesha iyi nkuru ati “Tugiye gufata ingamba zidasanzwe ndetse tunahamare bamwe twahuye ko nabo bagomba kwiheza, mu cyumba cya kato haba ufite ibimenyetso nkuko bivugwa cyangwa ushidikanywaho kwandura”. Njyewe n’umufasha wanjye nkuko turi Imana itwiteho, abaforomo batambuka hafi yacu baratwitegereza cyane, batangajwe no kubona umwana wanduye Coronavirus, Abaganga bambaye udupfukamunwa bagerageje gufata ibizamini bemeje ko ari Coronavirus. Ababyey
Nord-Kivu: Ubuyobozi bw’intara bwasubije abarundi 1400 mu gihugu cyabo banyuze muri Sud-Kivu

Nord-Kivu: Ubuyobozi bw’intara bwasubije abarundi 1400 mu gihugu cyabo banyuze muri Sud-Kivu

Amakuru, MU MAHANGA
Abarundi bagera kuri 1400 babaga I Goma nta byangombwa kuri uyu wa mbere bavuye mu mujyi wa Goma banyura Bukavu bakaba batwawe n’amato 3 yakodeshejwe na Guverineri w’intara ya Nord-Kivu. Aba barundi babaga muri RDC nta byangomba bakaba bari bamazeyo hagati y’imyaka 4-3 ariko kubera imyemerere yabo bakaba baranze gushaka ibyangombwa byatuma baba muri icyo gihugu ku buryo bwemewe n’amategeko Minisitiri w’Intara ushinzwe ubutegetsi n’imibereho n’umuco wa Sud-Kivu avuga ko aba bakomoka mu gihugu cy’uburundi bari muri Transit I Bukavu kugira ngo bakomeze berekeza Bujumbura banyuze ku mupaka wa Kavimvira muri Uvira bakaba bahumurizwa ngo ntibagire ubwoba bwizo nzira banyuzemo. Intara ya Sud-kivu ikaba yateguye imodoka bahita binjiramo kugira ngo zihite ziberekeza Uvira abenshi muri
Muri USA bwa mbere bagerageje urukingo rwa Coronavirus ku bantu

Muri USA bwa mbere bagerageje urukingo rwa Coronavirus ku bantu

Amakuru, MU MAHANGA, UBUZIMA
Igerageza rya mbere ku bantu ry'urukingo rwo kurinda abantu kwandura coronavirus ryakozwe muri Amerika. Abarwayi bane batewe inshinge z'uru rukingo ku kigo cy'ubushakashatsi cya Kaiser Permanente kiri i Seattle muri leta ya Washington nk'uko bivugwa n'ibiro ntaramakuru Associated Press. Uru rukingo (urucanco mu Kirundi) ntabwo rushobora gutera Covid-19 ariko rufite igice kirugize cyavanwe muri iyi virus itera iyi ndwara. Abahanga bavuga ko bizafata amezi menshi kumenya niba uru rukingo, cyangwa izindi ziri mu bushakashatsi, ruzakora. Umuntu wa mbere watewe uru rukingo ejo kuwa mbere, ni umugore wo muri Seattle w'imyaka 43 ufite abana babiri. Uyu mugore witwa Jennifer Haller yabwiye AP ati: "Aya ni amahirwe akomeye kuri njye yo kugira icyo nkora". Abashakashatsi ku...