Month: November 2019

Muhima:Abunzi bahawe ishimwe na Minisitiri w’ubutabera ku mikorere yabo myiza.

Muhima:Abunzi bahawe ishimwe na Minisitiri w’ubutabera ku mikorere yabo myiza.

Amakuru, RWANDA, UMUTEKANO
Uyu munsi tariki ya 29 Ugushyingo mu cyumweru cyahariwe abunzi, aho abaturage bakangurirwaga gusanga abunzi ngo babakemurire ibibazo , iki cyumweru cy’abunzi kikaba kizasozwa kuri uyu wa gatandatu bifatanya n’abaturage gukora umuganda . Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muhima Madame Mukandoli T. Grace yatangiye ashima uburyo abunzi bakemura amakimbirane kuko ibyo abunze bakemuye nta bujurire bajyamo, insanganyamatsiko yagiraga iti “Dushyigikire uburyo bwo gukemura amakimbirane mu mahoro twubakwa u Rwanda twifuza”. Yagize ati “Iki cyumweru cyari icyo kubwira abaturage ngo mugane abunzi, si uko batabazi ahubwo ni mugane abunze babafashe gukemura amakimbirane mu mahoro, kandi ibibazo byakemuriwe mu tugali hari igihe bitagaruka mu rwego rw’umurenge bigaragaza ko abaturage
Ngoma : Tekana urishingiwe Muhinzi-Mworozi utandukanye ni byakubuzaga gutera imbere

Ngoma : Tekana urishingiwe Muhinzi-Mworozi utandukanye ni byakubuzaga gutera imbere

Amakuru, RWANDA, UBUKUNGU
Mu karere ka  Ngoma, Umurenge wa  Murama, kuri uyu wa kane tariki ya 28/11/2019  hatangirijwe gahunda ya Leta y'ubwishingizi bw'amatungo n'ibihingwa izafasha abahinzi n’aborozi kwirinda ibibazo bajyaga bahura nabyo bakabura imyaka yabo cyangwa se amatungo yabo. Iki gikorwa cyatangijwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere n'Ubukungu Bwana MAPAMBANO N. Cyriaque, wari kumwe n'intumwa ya MINAGRI Madame NIRERE Marion,  hamwe  n'umuyobozi ushinzwe Abinjira n'abasohoka mu karere ka Ngoma, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'umurenge wa MURAMA na RUKIRA, abagoronome b'imirenge yose ndetse n'Abahinzi borozi. Uzamukunda Pascasie njye nta sambu ngira ariko iyo nahinze tugabana na nyirayo iyi gahunda rero izaduteza imbere kuba leta yadutekerejeho ikaba idufatiye ubwishingizi bw’im
Abakozi ba Loni bagabwe ho igitero hapfa 4 abandi barakomereka

Abakozi ba Loni bagabwe ho igitero hapfa 4 abandi barakomereka

Amakuru
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryemeje iyicwa ry’abakozi baryo bane bishwe, kandi ko abandi benshi bakomerekeye mu bitero 2 byagabwe ku bigo by’abarwanya Ebola mu burasirazuba bwa Kongo kuri uyu wa Kane taliki 28 Ugushyingo 2019. OMS ivuga ko abo bakozi bahitanywe n’igitero, abarwanyi b’aba Mai Mai bagabye ku bigo by’ubuzima bya ONU kuri uyu wa kane i Biakato. Ni mu ntara ya Ituri aho abakozi bahanganye na Ebola baba. Umwe mu bantu bahatuye nawe yishwe. OMS isobanura ko igitero cyo mu mujyi wa Mangina mu ntara ya Ituri, cyasubijwe inyuma. Amakuru dukesha Ijwi rya Amerka aravuga ko  mu butumwa ku rubuga rwa Twiter, umuyobozi mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yumvikanishije akababaro gatewe n’abatakaje ubuzima. Yavuze ko icyo batinyaga kibaye.
Drissa Dagnogo Rutahizamu wagaragaje ko azabimariramo yahawe amasezerano na Rayon Sports

Drissa Dagnogo Rutahizamu wagaragaje ko azabimariramo yahawe amasezerano na Rayon Sports

IMIKINO
Rayon Sports yasinyishije amasezerano y’imyaka ibiri rutahizamu mushya ukomoka muri Côte d’Ivoire, Drissa Dagnogo, winjiyemo ayisangamo abandi barimo Michael Sarpong na Bizimana Yannick. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 28 Ugushyingo 2019, nibwo uyu rutahizamu w’ibigango yashyize umukono ku masezerano yo gukinira Rayon Sports kugeza mu 2021. Biteganyijwe ko azemererwa gutangira gukinira Gikundiro guhera tariki ya 15 Mutarama 2020 ubwo isoko ryo kugura no kugurisha mu Rwanda rizaba ryongeye gufungurwa. Drissa Dagnogo yari amaze ukwezi muri Rayon Sports akora igeragezwa, akaba yarakinnye n’umukino wa gicuti ikipe ye yatsinzemo Gasogi United. Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, yatangaje ko Dagnogo ari rutahizamu abafana ba Rayon Sports bakwitegaho ibin
REG BBC IRESURANIRA NA PATRIOTS MURI KIGALI ARENA

REG BBC IRESURANIRA NA PATRIOTS MURI KIGALI ARENA

Amakuru, IMIKINO, RWANDA
Aya makipe yombi yakatishije itike yo kuzakina uyu mukino wa nyuma w’iri rushanwa, abikesha kuba yaritwaye neza mu mikino zakinnye mu mpera z’icyumweru gishize. REG BBC yabaye iya kabiri muri shampiyona ishize, yageze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ry’Agaciro itsinze APR BBC yabaye iya 3, ku manota 71 kuri 66, ni umukino wabereye muri Petit Stade tariki 23 Ugishyingo 2019. Muri uyu mukino, REG BBC yatangiye neza itsinda agace ka mbere ku manota 17 kuri 11, amakipe yombi yaje kunganya amanota mu gace ka kabiri (15-15), ni mu gihe bagiye kuruhuka REG BBC iri imbere ku manota 32 kuri 26. Aya makipe yagarutse mu gace ka 3, agaragaza ingufu nyinshi ndetse karangira banganya amanota 16-16, naho agace ka nyuma (4), karangiye APR BBC igatsinze ku manota 24-23, gusa byarangiye REG B
Hagiye kuvugururwa ibishushanyo mbonera by’imijyi 6 yunganira Kigali

Hagiye kuvugururwa ibishushanyo mbonera by’imijyi 6 yunganira Kigali

Amakuru
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire kirateganya kuvugurura ibishushanyo mbonera by’imijyi 6 yunganira Kigali mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’imijyi irambye kandi iganisha mu cyerekezo cy’u Rwanda cy’uko umujyi wa Kigali wazaba igicumbi cy’ubukungu bw’igihugu kandi ikazagabanya umutwaro w’ubwiyongere bw’abaturage buteye inkeke uyu mujyi ufite. Kuvugurura ibi bishushanyo mbonera by’iyo mijyi kandi bizatuma hahuzwa igenamigambi ry’imijyi n’amabwiriza y’iterambere ry’imijyi,amabwiriza y’imiturire n’iz’icyerekezo 2050 igihugu cyihaye. Iki gishushanyo mbonera kandi kizagaragaza ibyashyirwa mu bikorwa mu koroshya ishoramari harimo ibyiciro byose by’imikoreshereze y’ubutaka,ibishushanyo byimbitse mu bice byo guturamo.   Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire kivuga ko ivugururw
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika nk’igihugu gifite abagore benshi mu buyobozi

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika nk’igihugu gifite abagore benshi mu buyobozi

Amakuru
Ku wa Kabiri taliki ya 26 Ugushyingo 2019, ubwo hatangazwaga raporo  yiswe Africa Gender Index Report 2019, u Rwanda rwisanze ku isonga nk’igihugu cyo muri Afurika gifite abagore benshi mu nzego zifata ibyemezo. U Rwanda kandi muri rusange rwaje  ku mwanya wa kane mu kugira ubusumbane buri ku gipimo cyo hasi hagati y’abagore n’abagabo. Iyi raporo y’uyu mwaka ku busumbane hagati y’abagabo n’abagore muri Afurika yamurikiwe mu nama mpuzamahanga ku buringanire, Global Gender Summit ibera i Kigali. Ni raporo ifite inkingi 3 z’ingenzi, zirimo ubukungu, imibereho myiza n’ibijyanye n’imiyoborere, aharebwe uburyo abagore bahagarariwe mu nzego zose n’uko bubakirwa ubushobozi mu bihugu byabo. Kuri iyi nkingi ya 3, u Rwanda ruzwiho kugira abagore 50% by’abagize guverinoma na 61% by’aba
Irerero ry’imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi mu rubyiruko muri Kaminuza y’U Rwanda Ishami rya Busogo-Musanze

Irerero ry’imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi mu rubyiruko muri Kaminuza y’U Rwanda Ishami rya Busogo-Musanze

Amakuru, UBUKUNGU
Ubuhinzi n’ubworozi byari bimenmyerewe ko bikorwa n’abantu bakuze ariko ihuriro ry’urubyiruko rwabakora ubuhinzi n’ubworozi mu bucuruzi (RYAF) bafatanije na Hinga Weze hamwe na Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi rya Busogo Musanze kuri uyu munsi tariki ya 27 Ugushyingo batoranije imishinga 15 izavamo imishinga 10 bagomba gukurikirana. Abayobozi ba Kaminuza y’U Rwanda ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi nibo bafunguye kumugaragaro irerero ry’ubuhinzi n’ubworozi muri iyi kaminuza kugira ngo abo bana batanze imishinga ikaba yarashimwe barusheho gutera imbere. Yagize ati “Muri iyi kaminuza yacu ntabwo twigisha abana guso ngo bahore mu bitabo ahubwo tubagira n’inama yuko bashobora gutekereza cyangwa se kwigira kubabanjirije uburyo bakwagura ibitekerezo byabo bashiraho imi
Umuhungu ubyarwa nu wahoze ari myugariro w’Amavubi Flits Emeran Nkusi kuri ubu ni umukunnyi wa Manchester United

Umuhungu ubyarwa nu wahoze ari myugariro w’Amavubi Flits Emeran Nkusi kuri ubu ni umukunnyi wa Manchester United

IMIKINO
Umuhungu wa Flits Emeran Nkusi  wahoze ari myugariro w’ u Rwanda hagati ya 2005 na 2007 witwa Emeran Noam yasinyiye amasezerano ya mbere nk’uwabigize umwuga muri Manchester United yo mu Bwongereza. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ni bwo Noam ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa yageze muri Manchester United ahawe amahirwe yo kwiga umupira ( Scholarship) avuye muri Amiens yo mu Bufaransa. Yasinye amasezerano ye ya mbere amaze kwishimira ubuzima abayemo muri Manchester United nkuko iyi kipe yabitangaje. Emeran w’imyaka 17 yageze muri  Manchester United muri Gashyantare uyu mwaka afite imyaka 16, biravugwa ko yagerageje kuvugana n’amakipe atandukanye  y’iburayi nka FC Barcelona, Juventus na PSG ngo abe yabasinyira ariko ntibamubonemo ubushobozi bakamwanga. Uyu musore ukiri muto ubwo y
Amarozi yagaragaye ku mukino wahuje Gasogi United na Gicumbi fc kimwe mubyaranze uwo mukino washojwe nabi

Amarozi yagaragaye ku mukino wahuje Gasogi United na Gicumbi fc kimwe mubyaranze uwo mukino washojwe nabi

IMIKINO
Umutoza w’ikipe ya Gicumbi FC, Banamwana Camarade yamaze kuregwa n’abashizwe umutekano kuri Stade Regional i Nyamirambo bo muri kompanyi ya Intersec Security nyuma y’uko amennyeho umwe muri bo umwanda bari bamwangiye kumena mu rwambariro rwa Gasogi United bari bagiye guhura(juju yari kumufasha gutsinda Gasogi). Ibi byabaye ku mukino w’umunsi wa 10 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2019-2020 wabaye ku munsi w’ejo ikipe ya Gasogi United yari yakiriyemo Gicumbi FC kuri Stade Regional i Nyamirambo, ikaza no kuyitsinda 1-0. Mbere y’uyu mukino habaye gushyamirana cyane hagati y’abashinzwe gucunga umutekano ku kibiga cya Regional ndetse n’umutoza wa Camarade(usanzwe ari umutoza wungirije ariko akaba atoza iyi kipe nk’umutoza mukuru kuko umukuru yamaze guta