Month: June 2019

Dore amakosa 7 udakwiriye gukora igihe woza amenyo kandi ukamenya ko ugomba kurinda ishinya yawe

Dore amakosa 7 udakwiriye gukora igihe woza amenyo kandi ukamenya ko ugomba kurinda ishinya yawe

Amakuru, UBUZIMA
Mu kanwa ni hamwe mu hantu habarurwa mikorobe nyinshi; zigera kuri miliyari 10. Koza amenyo neza niwo muti wo guhangana n’izi mikorobe zose. Abantu bagenda bakora amakosa atandukanye mu koza amenyo yabo bishobora kubaviramo n’uburwayi. Uburoso ukoresha woza amenyo, bushobora kuba indiri ya mikorobe iryaguye; guhera kuri bagiteri, virusi ndetse n’imiyege. Izi bagiteri zose nizo zitera amenyo yawe kwangirika, kuva amaraso ku ishinya, no kuzana indi myanda ku menyo. Reba hano amakosa akunze gukorwa mu koza amenyo, urebe niba hari ayo ukora n’uburyo ushobora kuyakosora 1.Gukoresha uburoso bw’amenyo bukomeye Mu maguriro atandukanye habonekamo amoko atandukanye menshi y’uburoso bw’amenyo; gusa yose siko ari meza gukoresha ku menyo yawe. Igihe ugura uburoso bw’amenyo ni ngombwa
Nyabihu:Abajyanama b’ubuzima mu kurwanya igwingira n’imirire mubi igaragara mu murenge wa Mukamira

Nyabihu:Abajyanama b’ubuzima mu kurwanya igwingira n’imirire mubi igaragara mu murenge wa Mukamira

Amakuru, UBUZIMA
Mu karere ka Nyabihu hagaragaye igwingira n’imirire mibi biri ku kigera cya 59% ibi bikaba biterwa no kutita ku bana babo kubera impamvu zitandukanye zatanzwe n’ababyeyi babo, ariko ikiri ku isonga akaba ari guha umwanya akazi kwita ku bana bikaba bikeya. Mu murenge wa Mukamira ku kigo nderabuzima cya Rwankeri aho twahuriye n’abajyanama b’ubuzima benshi muribo bakaba bamaze imyaka myinshi muri aka kazi bemeza ko nabo batangiye gushyira imbaraga mu guhangana n’ikibazo cy’imiririe mibi n’igwingira batoza abatuye uwo murenge akarima k’igikoni ndetse n’icy’umudugudu. Bahumure Desire umujyanama w’ubuzima  muri Binone umudugudu wa Gisenyi akaba akorera mu kigo nderabuzima cya Rwankeri amaze imyaka icumi akora aka kazi, kubera kurwanya iki kibazo hari imishinga yatwunganiye itwubakiye u
Rubavu: Umunsi wo gukoresha ururimi rwa marenga mu kigo cy’Ubumwe community Center

Rubavu: Umunsi wo gukoresha ururimi rwa marenga mu kigo cy’Ubumwe community Center

Amakuru, UBUREZI
Ikigo Ubumwe Community Center cyakira abana bafite ubumuga mu mashuli y’ubumenyi ngiro mu myuga, abana bafite ubumuga bwo mu mutwe hakaba n’irindi shami ry’ishuli ryitwa House of Children ritanga uburezi budaheza. Umuhuzabikorwa byose muri iri shuli Bwana Justin Nshimiyimana yatubwiye uburyo Iri shuri rya House of Children ryakira abana bose abafite ubumuga n;abatabufite bakigishwa n’abatimu bamwe, akarusho muri iri shuli nuko mu masomo batanga harimo isomo abana bakorera n’ikizamini harimo ururimi rw’amarenga ku buryo byabaye ngombwa ko bashyiraho n’umunsi wo gukoresha ururimi rw’amarenga. Yagize ati “Mu rwego rwo kugira ngo abana babikurane uwo munsi wo gukoresha ururimi rw’amarenga uba buri wa mbere w’ukwezi mu gihe cy’ikiruhuko cya sayine, ku buryo ubu abana bamaze kubimenyer
Abana basigaraga ku mupaka muto babonye urugo mbonezamikurire rubarinda igwingira n’imirire mibi

Abana basigaraga ku mupaka muto babonye urugo mbonezamikurire rubarinda igwingira n’imirire mibi

Amakuru, UBUZIMA
Mu karere ka Rubavu ababyeyi bari mu cyiciro cya mbere nicya kabiri cy’ubudehe bakora ubucurzi bwambukiranya imipaka babonye aho bareresha abana babo bo kuva ku mezi arindwi kugera ku myaka 4, cyatangiye ari irerero rya Petite barriere, aho barwanya imirire mibi ndetse n'igwingira ryugarije aka karere. Aba bana bajyaga basigaranwa na bakuru babo b’imyaka itatndatu bigatuma basiba amashuli kuko ababyeyi babo babaga bagiye gushaka ibyo bakora muri Congo (Goma), bigatuma abana batitabwaho neza kuko batabashaga gukorerwa isuku nabo babaga babasigaranye, ndetse nabo bigatuma bacikiriza amashuli. Mukeshimana Louise umuhuzabikorwa w’urugo mbonezamikurire rwa petite barriere, yatangiye avuga ko bakira abana kuva mu gitondo ababyeyi bagiye mu bucuruzi bwabo bwambukiranya imipaka bakagaruk
Wari uziko hari ubwoko bw’urukundo bugera kuri 6 abantu bashobora gukunda no gukundwakazamo ?

Wari uziko hari ubwoko bw’urukundo bugera kuri 6 abantu bashobora gukunda no gukundwakazamo ?

Amakuru
Usanga abantu benshi badakunda cyangwa se ngo bakundwe mu buryo bumwe bitewe n’uko hari ubwoko bwinshi bw’urukundo bityo bigatuma hari n’abantu benshi bakundwa ariko ntibishimire urukundo bahabwa ndetse rimwe na rimwe ugasanga bifuza guhabwa urukundo nk’urwo babona bagenzi babo bahabwa; ibi rero ngo usanga ahanini nta kindi kibitera kitari uko hariho ubwoko bunyuranye bw’urukundo, aho usanga bamwe bibona mu buryo runaka, abandi na bo bakibona mu bundi.  Urubuga rwa internet www.truthaboutdeception.com ruvuga ko ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu byurukundo ari bo: Lee na Regan bwerekanye ko hari ubwoko bwinshi bw’urukundo aho ngo usanga ijambo kuba mu rukundo rifite ubusobanuro bwinshi bitewe n’ubwoko bw’urukundo uwo mwahuye yaguhaye. Uru rubuga rukomeza ruvuga ko ubu bushakas
Rubavu: Urugo mbonezamikurire rwa Madjengo rugaburira abana indyo yuzuye 

Rubavu: Urugo mbonezamikurire rwa Madjengo rugaburira abana indyo yuzuye 

Amakuru, UBUZIMA
Urugo mbonezamikurire rwa Madjengo twatangiye mu kwezi kwa karindwi muri 2018 ku bufatanye bwa RMC-Umusigiti wa Madjengo n’urugaga rw’abanyamadini k’ubuzima  (RICH) ku nkunga ya Unicef n’abaholande. Urugo mbonezamikurire rwatangiranye abana 87 batanga serivise zigera kuri esheshatu kuva umwana akiri mu nda ya nyina kugeza ageze ku myaka itandatatu, muri izo serivise harimo iz’uburezi,imirire, isuku nisukura, kurinda umwana no kumukurikirana mu buzima bwe bwa buri munsi, mu kwezi kwa mbere uyu mwaka twari tumaze kugeza ku bana 201, nyuma y’igihembwe cya mbere abana bakaba baragabanutse kuko dusigaranye abana 189. Uwizeyimana Solange ufite umwana ugize imyaka ine akaba arererwa m’urugo mbonezamikurire rwa Madjengo nyuma yo kumva ko uru rugo rgiye gufungura badusabye kwandikisha aba
Nimba ukunda kubura ibitotsi dore amafunguro 5 y’ingenzi ugomba kujya wibandaho

Nimba ukunda kubura ibitotsi dore amafunguro 5 y’ingenzi ugomba kujya wibandaho

Amakuru, UBUZIMA
Gusinzira neza n’ingenzi cyane ku mikorere myiza y’umubiri, kuko bifasha ingingo zitandukanye z’umubiri gukora neza. Mu gihe usinzira neza bihagije uba urinze umubiri wawe ibyago byo kwibasirwa n’indwara zikomeye zibasira umutima, impyiko, urwungano rw’ubwirinzi ndetse n’ubwonko. Hari ibintu bitandukanye ushobora gukora bikagufasha gusinzira neza, kimwe muri ibyo kandi cy’ingenzi harimo amafunguro ufata mu ijoro mbere yo kuryama. Muri iyi nkuru tugiye kureba amafunguroy’ingenzi ushobora gufata akagufasha gusinzira neza. Amafunguro 5 y’ingenzi yagufasha gusinzira neza 1.Amata ashyushye Amata ashyushye (cg akazuyazi) kuva cyera yagiye akoresha nk’umuti wo kubura ibitotsi. Yuzuyemo ibituma usinzira nka tryptophan, melatonine, Vitamin D  ndetse na  kalisiyumu Kuba wafata
Dore bimwe mu byakwereka ko urwaye indwara yo kwibagirwa

Dore bimwe mu byakwereka ko urwaye indwara yo kwibagirwa

Amakuru, UBUZIMA
Muri iki gihe abantu benshi bibasiwe n’indwara yo kwibagirwa, aho usanga hari abatibuka aho bashyize ibikoresho, abandi bakibagirwa gahunda bafitanye n’abandi, ibyo bavuze n’ibindi, nyamara ugasanga nta gikorwa kugira ngo hirindwe iyi ndwara ndetse ugasanga n’uyirwaye ntazi icyamufasha ngo abe yayikira. Dore bimwe mu bintu utazi ku ndwara yo kwibagirwa. Muri iyi nkuru rero tugiye kurebera hamwe byinshi kuri iyi ndwara ndetse n’ubufasha ku baba barwaye iyi ndwara. Iyi ndwara yo kwibagirwa iteye ite ? Indwara yo kwibagirwa (Amnesia) ni indwara yibasira ubwonko, akenshi bikambura ubwonko ubushobozi bwo kwibuka ibintu bimwe na bimwe byabaye mu gihe gito cyangwa bimaze igihe byarabaye,bikaba byanagira ingaruka kuwayirwaye mu gutekereza ahazaza he. Akenshi iterwa n’indwara zo mu mut
Dore urutonde rw’imodoka 11 zahenze cyane mu mateka y’isi

Dore urutonde rw’imodoka 11 zahenze cyane mu mateka y’isi

Amakuru, UBUKUNGU
Uko ibihe bigenda bihita isi ikomeza gutera imbere ku muvuduko udasanzwe, abantu bagenda bavumbura byinshi, iterambere ku binyabiziga naryo ntiryasigaye, hagenda hakorwa ibinyabiziga ubona ko bishoboye haba mu gukomera cyangwa kwihuta cyane. Hari imodoka zigera muri 11 zahenze mu mateka y’isi. Buri wese yakwibaza uko imodoka ihenze cyane iba imeze cyangwa akarusho kayo ugereranyije n’izindi. Urubuga www.thesupercars.org dukesha iyi nkuru rugaragaza ko Bugatti Royale Kellner Coupe ariyo modoka yaguzwe amafaranga menshi angana n’amadolari 8,700,000 mu 1987. Nyamara iyi modoka n’izindi zimeze nkayo ntiziri bugaragare kuri uru rutonde, kuko zitongeye gukorwa mu nganda ngo zibe zaragiye ku isoko. Imodoka ihendutse kuri uru rutonde ni Koenigsegg CCX yaguzwe amafaranga $545,568 angana h
Ubufatanye bw’Akarere ka Bugesera na Hinga Weze mu kwimura abaturage bo mu kirwa cya Mazane

Ubufatanye bw’Akarere ka Bugesera na Hinga Weze mu kwimura abaturage bo mu kirwa cya Mazane

Amakuru, UBUZIMA
Imiryango 140 mu miryango 284 yimuwe mu kirwa cya Mazane ihabwa amazu yo guturamo mu murenge wa Rweru iki gikorwa kikaba cyarabaye kuri uyu wa kane tariki ya 30 Gicurasi 2019. Hinga weze nk’umufatanyabikorwa w’Akarere ka Bugesera muri iki gikorwa cyo kwimura abaturage batuye muri icyo kirwa cya Mazane iyo miryango 140 bakaba barabageneye umufariso wo kuryamaho kubafasha gushyiraho akarima k’igikoni ndetse no kwuhira imyaka yabo. Nyirajyambere Jeanne d’Arc ushinzwe imirire uburinganire no guhindura imyumvire y’abaturage muri Hinga Weze wakurikiranye iki gikorwa cyo gutuza abo baturage mu mudugudu mushya wa Rweru. Yagize ati “Iyi miryango yimukiye muri aya mazu bahawe buri muryango turawuha aho aryama ( umufariso) kuko aria ho bimukiye turabaha ibikombe ndetse n’amasafuriya abir