Month: June 2019

Dore amahame 13 y’urukundo akwiye kuranga buri mukobwa

Dore amahame 13 y’urukundo akwiye kuranga buri mukobwa

Amakuru, UBUZIMA
Mu buzima bwacu bidusaba kugira amahame cyangwa umurongo ngenderwaho kugira tugere kubyo twifuza. Iri n’ihame abantu twese duhuriyeho mu buzima, no mu rukundo rero naho n’uko.  Muri iy’inkuru turibanda ku mahame  akwiye kuranga umukobwa mu rukundo nkuko urubuga rwa elcrema rwabigaragaje. 1.Wikwihutira gushaka umugabo Gukora ubukwe ukava mu nzu ya so na nyoko ni indoto za buri mukobwa aho ava akagera. Ariko gukora ubukwe bihabanye no kubaka urugo rugakomera. Kubyitondamo no kutabihubukira ni ingenzi cyane. Wirebera ku bandi , ingendo y’undi iravuna . Wikoreshwa n’igitutu cy’abantu ngo wihutire gushaka umugabo kuko sibo bazakubakira. Gushaka umugabo ukubaka urwawe ntawe bitanyura ariko kubaka rugakomera bikaba byiza kurushaho. Nta kikwirukansa, kandi ngo iyihuse yabyaye igihumye. Ni
Push Pull igisubizo ku mashyirahamwe y’abahinzi b’ibigori mu kurwanya nkongwa

Push Pull igisubizo ku mashyirahamwe y’abahinzi b’ibigori mu kurwanya nkongwa

Amakuru, UBUKUNGU
Imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi ribera ku murindi abahinzi n’aborozi baryitabira cyane cyane amashyirahamwe akora ubuhinzi yabonye igisubizo mu kurwanya nkongwo ndetse n’ibyonnyi mu mirima yabo. Food for Hungry na ICIPE (International Center for Insect Physiology and Ecology) bafite aho bamurikira ikoranabuhanga rya Push Pull (Hoshi Ngwino) mu kurwanya Nkongwa n’icyonnyi cya Kurisuka , kugira ngo abahinzi ndetse n’amashyirahamwe y’ubuhinzi n’ubworozi bamenye ibyiza byiryo koranabuhanga. Umugoronome Ntagungira Donate ukorera Food for hungry avuga ko icyo cyonnyi cyari cyaribasiye ibinyampeke ubu cyabonewe igisubizo ibi akaba abihuriyeho n’abahinzi n’amashyirahamwe y’abahinzi n’aborozi basura aho mu imurikabikorwa ry’ubuhinzi ku murindi. Yagize ati “Ubu tumaze gusurwa n’ab
[AMAFOTO]  Dore imihanda 12 iteye ubwoba kandi itangaje cyane ku isi

[AMAFOTO]  Dore imihanda 12 iteye ubwoba kandi itangaje cyane ku isi

Amakuru, MU MAHANGA
Ku isi hagenda hagaragara ibintu binshi bigenda byibazwaho n’abantu bitewe n’imitere yabyo byoroshye guhitana n‘ushobora kubikoresha ku buryo budashidikanwaho. Muri ibyo harimo imwe mu mihanda iteye ubwoba,ihanamye ndetse igoye kuba wayigenderamo wenyine cyangwa ngo ugende utuje iyo mihanda usangamo Khardung La , Guoliang Tunnel , Atlantic Ocean Road ndetse ni indi mihanda ikurura ba mukerarugendo batari bake. Inkuru rebero.co.rw ikesha iyi nkuru hareably ni uko iyi mihanda 12 ngo iteye ubwoba kuburyo bukomeye kuburyo udashobora kuyitwaramo imodoka igihe utameze neza cyangwa igihe utwaye imodoka ifite ikibazo ngo bigoye kuba wahava amahoro. 1.Khardung La, India Ni umuhanga ubarizwa mu gihugu cy’u Buhinde ukaba ari umuhanda ukikijwe ndetse uca no bitare n’amabuye impande n’
Wa muhungu we irinde aya makosa  akomeje gusenya ingo zitari nke

Wa muhungu we irinde aya makosa  akomeje gusenya ingo zitari nke

Amakuru, IMYIDAGADURO
Muri kamere  y’abagabo bose bazwiho kugira umutima wo kwihagararaho no mu makosa yabo aho usanga bashaka impamvu zatuma amakosa yabo adahabwa uburemere akwiye kugira cyangwa bagashakisha impamvu ituma kidafatwa nk’ikosa. Gusa icyo abantu bose bahuriraho ni uko mu buzima nta muntu udakosa ariko hari amakosa adakwiriye gukorwa kuko aba ashobora kwangiza byinshi. Uyu munsi rebero.co.rw yabakusanyirije amwe mu makosa akomeye abagabo bakorera abakunzi babo bigatuma umushyikirano bagiranaga nabo uzamo agatotsi: Gutesha agaciro ibitekerezo by’abo bakundana Burya ngo iyo ushaka kubana neza n’umukunzi wawe amahoro, ni byiza kumutega amatwi maze akakubwira ibyifuzo bye kandi ukabiha agaciro mu gihe cyo gufata imyanzuro, iki ngo ni ikintu kiba muri kamere y’abagore muri rusange dore k
Rwimiyaga umurenge ugize akarere ka Nyagatare abaturage barembejwe no kutagira amazi meza.

Rwimiyaga umurenge ugize akarere ka Nyagatare abaturage barembejwe no kutagira amazi meza.

Amakuru, UBUZIMA
Abaturage ba Rwimiyaga baratakamba basaba kugezwaho amazi meza dore ko amezi abaye atanu batabona amazi meza. Mu murenge wa Rwimiyaga ho mu karere ka Nyagatare abaturage baratakambira ubuyobozi basaba amazi meza yo gukoresha aho bavuga ko bagiye kumara igihe kigera ku mezi atanu batabona ikitwa amazi  meza ya wasac kandi aho batuye hari ibigega byayo mazi. Abaturage  bo mu Murenge wa  Rwimiyaga kuri ubu abafite amafaranga barishyura bakajya kwishakira amazi meza yo gukoresha imirimo yo mu rugo ya buri munsi umwe mu baturage batuye Rwimiyaga utarashatse kuvuga amazina ye yabwiye itangazamakuru ko bibakomereye cyane kubaho nta mazi meza bafite dore ko ijerekani imwe y’amazi arigura amafaranga ari hagati ya 400 na 600. Ni ikibazo kigaragara nk’ikidindiza iterambere ry’aka Kar
CECAFA Kagame Cup ya 2019 izabera mu Rwanda yahujwe n’imyaka 25 u Rwanda rwibohoye.

CECAFA Kagame Cup ya 2019 izabera mu Rwanda yahujwe n’imyaka 25 u Rwanda rwibohoye.

Amakuru, IMIKINO
Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona ikaba inakomeje kwitwara neza  mu gikombe cy’amahoro Rayon Sports izacakirana na TP Mazembe yo muri Congo Kinshasa ku mukino ufungura irushanwa. U Rwanda ruzakira iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 42 guhera tariki ya 7 kugeza ku ya 21 Nyakanga, aho Rayon Sports, APR FC na Mukura Victory Sports ziri mu makipe 16 azaryitabira. Umunyamabanga Mukuru wa CECAFA, Nicholas Musonye, yashimiye Perezida Kagame uruhare agira mu guteza imbere iri rushanwa, aho amaze imyaka igera kuri 20 aritera inkunga. Nicholas Musonye abajijwe kuba amakipe nka Simba na Young Africa zo muri Tanzania zarikuye muzizitabira yavuzeko zidahari ntacyabuza CECAFA kuba anavuga ko kuba zitaraje zatinye kuza guhangana na makipe ya bagabo dore ko aya makipe mu mikono
Hinga Weze yamuritse ibigo bishinzwe gufasha abahinzi kubonera hamwe inyongeramusaruro

Hinga Weze yamuritse ibigo bishinzwe gufasha abahinzi kubonera hamwe inyongeramusaruro

Amakuru, UBUKUNGU
Mu Imurikabikorwa by’ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi riri kubera ku Mulindi ryateguwe na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi k’ubufatanye n’Umujyi wa Kigali, Umushinga Hinga Weze wamuritse ibigo bishinzwe gufasha abahinzi kubonera hamwe inyongeramusaruro mu magambo ahinnye FSC  (Farm Services Center) FSC zamuritse iduka ry’ubuhinzi ririmo ifumbire, ishwagara n’umurama w’imbuto zitandukanye, hamuritswe n’ubucuruzi bushingiye ku matungo usangamo vitamini n’imyunyu inka zirigata Ubwo Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Mukeshimana Geraldine yatambagiraga ahari gukorerwa imurikabikorwa, ageze ku iduka rya FSC yarabishimye cyane, avuga ko muri gahunda y’imyaka 7 Leta yihaye yo kongera umusaruro mu bwinshi no mu bwiza kugira ngo babashe guhangana ku isoko mpuzamahanga, Hinga Weze izababera u
{Amafoto} Dore inzu 10 zihenze cyane kurusha izindi muri afurika

{Amafoto} Dore inzu 10 zihenze cyane kurusha izindi muri afurika

Amakuru, UBUKUNGU
Imigi imwe nimwe yo muri afurika, uyisangana imiturirwa yubatse ku buryo butangaje kandi ihenze cyane. Izo nzu zigaragaza ubwiza bw’ibihugu ndetse n’imigi ziturukamo, kuko bituma iyo migi cyangwa ibihugu bimenyekana cyane. Dore incamake ku nzu zihenze cyane zigaragara ku mugabane wa afurika. No.10: Hilton Taba Resort & Nelson Village – US $41 Million Iyi nzu Hilton Taba Resort na Nelson Village iri ku nkombe z’inyanja itukura. Yubatswe mu mpera y’imyaka 1980, guverinoma ya isirayeli yayigurishije miliyoni 41 z’amadolari ya amerika, nuko iyegurira misiri byuzuye muri 1989. No.09: Maison des Deputes, Yamoussoukro – US $50 Million Iyi nzu igeretse incuro 7, Maison des Deputes, iherereye Yamoussoukro, muri Ivory Coast. Iyi nyubako ikaba ifite gardens nziza cyane ndet
Ruhango: Abanyeshuri basaga 1000 bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge n’inda ziterwa abangavu

Ruhango: Abanyeshuri basaga 1000 bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge n’inda ziterwa abangavu

Amakuru, UMUTEKANO
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Kamena, abanyeshuri bagera ku 1058 n’abarezi babo 22 bo mu ishuri rya G.S Ruhango Gatorika rihereye muri ako karere bahwawe ikiganiro cyo kurwanya ibiyobyabwenge no kwirinda inda ziterwa abangavu. Ni ikiganiro bahawe na Assistant Inspector of Police (AIP) Evode Ntirenganya ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha mu Karere ka Ruhango arikumwe n’umufasha mu by'amategeko (MAJ) mu karere ka Ruhango Ushizimpumu Sylvere. AIP Ntirenganya yabwiye aba banyeshuri bitabiriye ibi biganiro ko Polisi k’ubufatanye n’abaturage yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge bityo ko bagomba kubyirinda no kubirwanya kuko nta kintu bigeza k’uwabinyweye uretse kumuyobya ubwenge bwe. Ati “Ibiyobyabwenge nk’uko bivugitse, byangiza kandi
Dore amahame 13 y’urukundo akwiye kuranga buri mukobwa

Dore amahame 13 y’urukundo akwiye kuranga buri mukobwa

Amakuru, UBUZIMA
Mu buzima bwacu bidusaba kugira amahame cyangwa umurongo ngenderwaho kugira ngo tugere kubyo twifuza. Iri n’ihame abantu twese duhuriyeho mu buzima, no mu rukundo rero naho n’uko.  Muri iyi nkuru turibanda ku mahame  akwiye kuranga umukobwa mu rukundo nkuko urubuga rwa elcrema rwabigaragaje. 1.Wikwihutira gushaka umugabo Gukora ubukwe ukava mu nzu ya so na nyoko ni indoto za buri mukobwa aho ava akagera. Ariko gukora ubukwe bihabanye no kubaka urugo rugakomera. Kubyitondamo no kutabihubukira ni ingenzi cyane. Wirebera ku bandi , ingendo y’undi iravuna . Wikoreshwa n’igitutu cy’abantu ngo wihutire gushaka umugabo kuko sibo bazakubakira. Gushaka umugabo ukubaka urwawe ntawe bitanyura ariko kubaka rugakomera bikaba byiza kurushaho. Nta kikwirukansa, kandi ngo iyihuse yabyaye igihumye