Month: February 2019

Burya kuruhuka gato(nap) si iby’abana gusa, ni ingirakamaro no ku bantu bakuru

Burya kuruhuka gato(nap) si iby’abana gusa, ni ingirakamaro no ku bantu bakuru

Amakuru, UBUZIMA
 Kuruhuka gato (sieste/nap) ni ingenzi cyane ku mikorere myiza y’umubiri. Nubwo akenshi uzasanga bikorerwa abana, gusa n’abakuru barabikeneye. Kuko ari ingirakamaro, cyane cyane ku bagenda bagana mu izabukuru, kuko baba baryama amasaha macye nijoro.  Gufata akaruhuko gato bigirira umumaro ubuzima bwa muntu Kuruhuka gato nyuma ya saa sita, mbere yo gusubira mu kazi ntibisaba igihe kirekire; hagati y’iminota 10 na 20. Kurenza iminota 30 ntibiba bikitwa sieste kuko biba byabaye gusinzira, kandi bishobora gutera byinshi bibi nko kubyukana ubunebwe ndetse no kumva nta mbaraga. Mu bihugu cyane cyane bishyuha ni ingenzi cyane kuko bifasha cyane mu mikorere myiza yaba mu kazi ndetse no mu mubiri. Rebero.co.rw yabakusanyirije imwe mu mimaro yo kuruhuka gato ku buzima  Bigabanya um
ARPST : Mu makipe 81 yatangiye Shampiyona ayageze ku mukino wa nyuma yari mu itsinda rimwe mu mupira w’amaguru

ARPST : Mu makipe 81 yatangiye Shampiyona ayageze ku mukino wa nyuma yari mu itsinda rimwe mu mupira w’amaguru

Amakuru, IMIKINO
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Gashyantare 2019 nibwo hasojwe irushanwa ry’imikino y’abakozi mu bigo bya Leta ndetse n’ibishamikiyeho hamwe n’ibyigenga, umushyitsi mukuru muri iyi mikino akaba yari Minisitiri w’umuco na Siporo wari watumwe na Minisitiri w’intebe utabashije kuboneka. Uyu munsi hakaba habaye imikino ibiri gusa kuko indi mikino yari yararangiye mu kwezi kwa mbere, mu bitabiriye gusoza kwiyi Shampiyona hakaba hari abayobozi batandukanye harimo Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, minisitiri ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri hamwe n’abandi bayobozi batandukanye. Umuyobozi wa ARPST Bwana Mpamo Thierry akaba yashimiye ibigo byose byitabiriye, ndetse anashishikariza ibindi bigo kurushaho kwitabira iyi mikino yabo, kuko bituma barushaho kumenyana kandi bakaba
Kuvura umuntu yarwaye si byiza kuruta kwirinda utararwara

Kuvura umuntu yarwaye si byiza kuruta kwirinda utararwara

Amakuru, UBUZIMA
Muri gahunda Guverinoma yihaye y’ imyaka irindwi niyo tugenderaho aho nka MINISANTE mu igenamigambi y’imyaka itandatu kuva muri 2018-2024 dushyize imbere gahunda yo gushishikariza abanyarwanda gukora siporo ya bose birinda indwara zitandura kandi iyi gahunda ikazagera mu Turere twose. Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba akaba yabitangaje ubwo habaga inama n’abafatanyabikorwa biyo Minisiteri bagamije kurebera hamwe ibyiryo genamigambi nubwo bariteguriye hamwe kugira ngo bazamure urwego rw’ubuzima bikava mu mpamuro bikajya mu bikorwa Yakomeje agira ati “Tugomba kwirinda indwara kuko kwirinda biruta kwivuza, kuko kuvura umuntu yarwaye wamurinda indwara kandi hari aho bishoboka, muri iri genamigambi harimo kwigisha abaturage kwongerera ubushobozi abajyanama b’ubuzima kuko bakora a
Dukeneye inganda zikora ibitambaro mu Rwanda kugira ngo tubashe kugera ku ntego y’ibyiwacu( Made in Rwanda )

Dukeneye inganda zikora ibitambaro mu Rwanda kugira ngo tubashe kugera ku ntego y’ibyiwacu( Made in Rwanda )

Amakuru, UBUKUNGU
Muri gahunda bihaye yo guteza imbere inganda ziciriritse ubuyobozi bw’ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda ( NIRDA) bukaba bukomeje gutanga amahugurwa kuri izo nganda. Umunsi wa kabiri w’amahugurwa ku nganda zikora imyenda baganiriye n’umukozi wa y’inganda n’ubucuruzi ( Minicom) Bwana Freddy Mugabe abagezaho ibyiza na gahunda y’ibyiwacu (Made in Rwanda ) ko iyi ari gahunda igihugu cyabashe y’imyaka irindwi, kuko yatangiye muri 2015 kandi ikaba imaze kugabanya igihombo cy’ibyo twavanaga hanze. Yagize ati “Burya iyo tugiye kuvana ibintu hanze twitwaza amadorali ariko iyi gahunda ikaba imaze  kugabanya igihombo twaterwaga no kujya kuza ibyo hanze kingana na Miliyoni 450 z’amadolari, kuko inganda zacu zibikora harimo iby’ubwubatsi, inganda zikora ibiribwa ndetse nizikora i