Ikimoteri kigezweho muri Ruhango mu guhindura imibereho y’abagituriye.

Nshimiyimana Silivestre, umuhinzi-mworozi utuye mu kagali ka Rwoga gaherereye mu karere ka Ruhango yabashije guhindura imibereho ye n’umuryango we, batera imbere  babikesha ikimoteri kigezweho kuva aho yatangiye kubona ifumbire mu buryo bumworoheye.

Muri gahunda yo kubungabunga ibidukikije ndetse no guteza imbere isuku n’isukura, Akarere ka Ruhango kabifashijwemo n’ikigo cy’igihugu gishwinzwe kurengera ibidukikije (REMA) kashoye amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 220 za mafaranga y’u Rwanda.

Bimwe mu bikorwa by’ibanze harimo kubaka kiriya kimoteri kigezweho aho ibyafatwaga nk’imyanda mu myaka yashize kugeza ubu byahindutse imari ishyushye aho imyanda ikusanyirizwamo bayibyazwamo ibindi bintu bitandukanye.

Usibye iryo terambere kandi kiriya kimoteri  cyafashije  abagituriye nka Nshimiyimana kubona akazi aho kugeza ubu abaturage bagera kuri 40 babasha kwiyishyurira mituweli ndetse n’iriya myanda yindi itabora ikaba yaratangiye kubyazwa umusaruro hakorwamo ibicanwa  atuma abantu badakomeza gucanisha inkwi ndetse n’amakara mu ngo zabo mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.

Ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’Akarere busobanura ko kuba harubatswe kiriya kimoteri kigezweho byari mu rwego rwo kwita ku bidukikije n’isuku y’umugi wa Ruhango.

 

Imyanda iravangurwa igashyirwa aho yagenewe.

Iki kimoteri kikaba ari bimwe mu bikorwa bitandukanye byo gufasha abaturage kuzamura imibereho y’abaturage, ndetse n’iterambere muri rusange, nk’uko Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Ruhango,  Bwana Rusiribana Jean Marie Vianey yabisobanuriye itsinda ry’Abanyamakuru bari basuye akarere mu rwego rwo kureba ibikorwa bitandukanye byagezweho mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

Mu ikubitiro, akarere kakaba gateganya gushaka rwiyemezamirimo usahabwa isoko ry gucunga no kubyaza  umusaruro kiriya kimoteri ndetse nawe kikamwungukira mu rwego rw’ubucuruzi.

Imyanra iravangurwa ibora ni tabora igashyirwa mu gice cyayo.

Biteganijwe ko uriya rwiyemezamirimo azita cyane cyane  gutuma imyanda ihari ibyazwa umusaruro aho iyo ihagejejwe ivangurwa ikajya ahabugenewe maze hakaba  igikorwa cyo gutandukanya imyanda ibora ndetse n’itabora nayo igashyirwa ukwayo.

Mu rwego rwo kwagura iki gikorwa, akarere ka Ruhango karateganya gufatanya na Muhanga bihana imbibi muri  gahunda yo kuba  imyanda ivuye mu  turere twombi izajya ukisanyirizwa hamwe bityo ibintu bitandukanye harimo nk’ibicanwa biva muri iriya myanda bitatanga umusaruro utubutse.

Imyanda itabora nka purasitike yatangiye kubyazwa umusaruro.

Nk’uko bisobanurwa na Bwana Uwimana Vincent umukozi ushinzwe ibidukikije mu karere ka Ruhango Umwe mu musaruro iki kimoteri cyatanze kugeza ubu, habonetse akazi ku baturage baturiye ikimoteri basaga 40  kandi bikaba byararushijeho gushimangira gahunda yo kwimakaza isuku muri rusange.

@rebero.co.rw

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *