
Amahugurwa yaberaga mu karere ka Rwamagana arebana siporo kuri bose yasojwe hashimirwa abayitabiriye uko bari 17.
Kuruyu wa gatanu nibwo amahugurwa ya siporo kuribose yaberaga mu karere ka Rwamagana yasojwe aho abasaga 17 bashinzwe siporo n’umuco bari bitabiriye aya mahugurwa bakaba barayasoje bafashe ingamba zirimo kumanuka bakajya gukangurira abaturage bo mu tugari n’imidugudu gukora siporo bahuriyemo aribenshi kuko bibafasha kwiteza imbere.
Eugene Nzabanterura umujyanama muri komite Olempike y’u Rwanda akaba anashinzwe gukurikirana no gushyira mubikorwa ayamahugurwa arigutangwa muturere tugize igihugu avuga ko abona aya mahugurwa yatanzwe azagirira akamaro abaturage mu gukora siporo rusange akazatanga n'umusaruro mu kurwanya indwara zitanduura ziterwa no kudakora siporo.
Sharangabo Alexis Umunyabanga uhoraraho muri komite olwmpike mu Rwanda yashimiye abitabiriye amah